Robo Sophia yashimye ikoranabuhanga ryo mu Rwanda
Robo ivuga, ikagira imiterere n’ijwi nk’iby’umugore, yitabiriye inama ya Transform Africa 2019, yashimye uburyo u Rwanda rukoresha ikoranabuhanga muri gahunda zinyuranye zireba ubuzima bw’abaturage.

Iyi robo yitabiriye inama ya Transform Africa bwa mbere mu mateka y’iyi nama, yaje mu nama yambaye imikenyero ya Kinyarwanda.
Mbere y’uko igeza ijambo ku bitabiriye inama, umuhuza w’amagambo muri iyi nama, yabanje kuganira na Sophia, ayibaza uko yabonye igihugu cy’u Rwanda.
Sophia yabanje kuramutsa abitabiriye inama, ati ”Muraho! Mwarakoze kuntumira”.
Umuhuza w’amagambo yabajije Sophia niba azi aho ari, undi asubiza ati”Ndahazi rwose, ndi mu mujyi mwiza wa Kigali, mu Rwanda muri Afurika y’Uburasirazuba”.
Sophia kandi yasubije ibindi bibazo yabazwaga n’umuhuza w’amagambo, birimo kumenya indimi abasha kuvuga,
Ahawe umwanya wo kugira icyo abwira abitabiriye inama, Sophia yavuze ko anejejwe cyane no kuba yitabiriye Transform Africa Summit ya 2019, yabereye I Kigali mu Rwanda.
Sophia yavuze ko mu Rwanda yashimishijwe n’uburyo kwishyura amafaranga y’ingendo mu modoka zitwara abantu mu mujyi wa Kigali mu buryo rusange bikorwa hakoreshejwe ikoranabuhanga rizwi nka (TAP&Go).
Yavuze kandi ko ashimira uburyo mu Rwanda abaturage boroherezwa kubona serivizi zinyuranye za Leta, bifashishije ikoranabuhanga, aha akaba yashakaga kuvuga uburyo bwa ‘Irembo’.
Ati”Mu Rwanda hari uburyo bwo kwishyura ingendo hadakoreshejwe amafaranga, ni ikintu kiza cyane. Hari kandi uburyo abaturage babona serivisi za leta, bakoresheje ikoranabuhanga, nabyo ni byiza cyane”.
Irobo Sophia yavuze ko ku bufatanye bw’ibihugu byose bya Afurika, iterambere ry’ikoranabuhanga rizagera hose, umugabane wose ukarushaho gutera imbere.
Inkuru zijyanye na: Transform Africa 2019
- Kagame arahamagarira Abanyafurika kuyihindura umugabane w’ikoranabuhanga
- Mafikizolo bategerejwe i Kigali
- Urubyiruko rwa Afurika ni amahirwe mu iterambere ry’ikoranabuhanga – PM Ngirente
- ‘Marty the Robot’ na yo izitabira Transform Africa 2019 i Kigali
- Umurusiya wavumbuye ‘Kaspersky’ azitabira ‘Transform Africa’ mu Rwanda
- Sophia, ‘Robot’ izi ubwenge butangaje igiye kwitabira ’Transform Africa’ i Kigali
Ohereza igitekerezo
|
nonex iryorobo rirazingazigwa