Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashimiye Impuzamashyirahamwe y’umukino wa Basketball ku Isi (FIBA) ku bw’igitekerezo cyiza cyo gushyiraho irushanwa rihuza amakipe ya Afurika (Basketball Africa League – BAL ).
Imiryango 53 mu miryango 116 yibumbiye mu itsinda ‛Twitezimbere-Gitwe’, yo mu Mudugudu wa Gitwe, mu Kagari ka Runoga Umurenge wa Gitovu mu Karere ka Burera, irishimira iterambere yagezeho, nyuma yo kuva mu nzu zisakaje amategura ijya mu nzu z’amabati ku nkunga y’umushinga Spark MicroGrants.
Umunsi wa kabiri w’amajonjora ya Basketball Africa League mu gice cy’Iburasirazuba , ubwo hakinwaga imikino y’umunsi wa kabiri, Kenny Gasana yafashije Patriots BBC kuyobora itsinda rya kabiri nyuma yo gutsinda University of Zambia Pacers (UNZA) amanota 76 kuri 53.
Inama ya 17 y’Umushyikirano yagaragaje ko ubukungu bwagiye buzamuka ku rugero rwa 8% mu myaka 18 ishize, buramutse buzamutse ku rugero rwa 10% ubushomeri bwacika mu Rwanda.
Mu nama y’Igihugu y’Umushyikirano yatangiye kuri uyu wa kane tariki 19 Ukuboza 2019, abaturage bo mu bice bitandukanye by’igihugu bagaragaje ko bafite ikibazo cy’umuriro w’amashanyarazi.
Inama y’igihugu y’Umushyikirano yitabirwa n’Abanyarwanda baturutse hirya no hino ku isi, aho baba baje guhura na bagenzi babo mu Gihugu bakungurana ibitekerezo mu buryo bwo kwihuta mu iterambere, banarushaho gusigasira ibyo u Rwanda rumaze kugeraho kugira ngo bitazasubira inyuma.
Irushanwa rya Miss Rwanda 2020, rigiye gutangira ibyiciro byaryo by’ibanze bizenguruka mu ntara zose z’igihugu hatoranywamo abakobwa batandatu bizatangirira mu Karere ka Rubavu kuwa 21 Ukuboza, risorezwe mu mugi wa Kigali kuwa 18 Mutarama 2020.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yategetse Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi kwishyura amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 800, Eugene Mukeshimana na bagenzi be bakorera ubuhinzi bw’urusenda mu Karere ka Bugesera, kubera igihombo batewe no kubura uko bakonjesha umusaruro, ukagera ku isoko wangiritse.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagaragaje ko abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda bitazabagwa amahoro, igihamya kikaba ari ababigerageje ariko bakahasiga ubuzima, abandi bagafatwa, abandi bagahunga.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yanenze abayobozi kuva mu nzego z’ibanze kuzamura, bemerera abaturage kubaka ahantu hatemewe, igihe cyo kuhabakura cyagera bigateza ibibazo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye abagore kongera umuvuduko w’ubwiyongere mu myanya ifata ibyemezo kugira ngo bazavemo umusimbura ku mwanya w’Ubuyobozi bw’Igihugu.
Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imfungwa n’Abagororwa (RCS), George Rwigamba, avuga ko kwigisha abagororwa imyuga bituma bunguka ubumenyi buzabafasha mu gihe bazaba batashye mu miryango yabo, bikanabarinda kongera gusubira mu byaha.
Pichette Kampeta Sayinzoga wari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubushakashatsi n’Iterambere mu byerekeye inganda (NIRDA), yagiriwe icyizere cyo kuyobora Banki y’Amajyambere y’u Rwanda (BRD).
Murenzi Abdallah wamamaye ubwo yayoboraga ikipe ya Rayon sports ndetse n’Akarere ka Nyanza yemejwe nk’umukandida rukumbi ku mwanya wo kuyobora Ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku magare (FERWACY).
Ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza na Mikel Arteta bemeranyijwe ko Mikel Arteta agiye kuba umutoza mukuru wa Arsenal mu gihe cy’imyaka itatu n’igice.
Niyomugaba Pierre wo mu Karere ka Nyamagabe ni we wegukanye igihembo cy’umushinga w’urubyiruko wahize iyindi muri uyu mwaka, nyuma yo guhatana kuva ku rwego rw’akarere, akaba yegukanye miliyoni icyenda na mudasobwa igendanwa yo mu bwoko bwa Positivo.
Karia Wallace wo muri Tanzania atorewe kuyobora impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ihuza amakipe y’ibihugu yo mu karere ka Afurika y’i Burasirazuba n’iyo hagati (CECAFA) asimbuye Mutasim Gafaar wo muri Sudani warangije manda ye mu Gushyingo 2019.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Shyaka Anastase yavuze ko ibikorwa byo kwimura abaturage batuye ahantu hashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga, biri gukorwa ku nyungu z’Abanyarwanda, hagamijwe kurengera ubuzima bwabo.
Kuva tariki ya 25 Ugushyingo kugeza kuri 18 Ukuboza 2019, hirya no hino mu bigo by’amashuri mu Mujyi wa Kigali no mu Karere ka Nyanza, habereye igikorwa cyo gukosora ibizamini bya Leta byakozwe n’abanyeshuri basoje icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye (O Level), ndetse n’abasoje amashuri yisumbuye (A Level).
Ku wa gatandatu tariki ya 21 Ukuboza 2019, ikipe ya APR FC izakira Rayon Sports mu mukino w’umunsi wa 15 wa Shampiyona.
Ikigega cy’Igihugu cy’Ubushakashatsi no Guhanga Udushya kimaze gutanga asaga miliyoni 550 z’amafaranga y’u Rwanda mu mishinga yo guteza imbere urubyiruko, n’urundi rugasabwa gutinyuka kuko amahirwe ahari.
Irangi risigwa ku nzara bita “vernis à ongles” mu gifaransa cyangwa “nail polish” mu cyongereza, ni umurimbo ukundwa n’abagore n’abakobwa batari bake hirya no hino ku isi, ariko Kigali Today yifuje kumenya niba nta ngaruka mbi rigira ku buzima bw’abaryisiga cyangwa se abakora umwuga wo gusiga inzara.
Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi (REB), Dr. Irené Ndayambaje avuga ko mu myaka itatu ikibazo cy’ubucucike n’ingendo ndende ku banyeshuri gishoboka kuzaba kitagihari.
Abahinzi bo mu Rwanda bagaragaza ko kubona imbuto n’izindi nyongeramusaruro bikirimo imbogamizi kuko batazibona ku gihe ndetse hakaba n’ubwo izo bahawe zidatanga umusaruro nk’uko babyifuza.
Ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), Akarere ka Huye katangije ku mugaragaro ikigo gihuza abashaka n’abatanga akazi (Huye Employment Service Center).
Guhera ku wa kabiri tariki ya 17 Ukuboza 2019 muri Kigali Arena hatangiye amajonjora ya kabiri ya Basketball Africa League, mu gice cy’Iburasirazuba. Ikipe ya Patriots BBC yatangiranye intsinzi mu mukino wa mbere aho yatsinze JKT (Jeshi La Kujenga Taifa) amanota 113 kuri 61.
Minisitiri w’umutekano mu gihugu, Gen. Patrick Nyamvumba ubwo yatangizaga inama nkuru ya Polisi yahuje abayobozi ba Polisi batandukanye baturutse hirya no hino mu gihugu aho bakorera mu mashami yayo, yabibukije ko ubunyamwuga n’ikinyabupfura ari byo bigomba gukomeza kuranga buri mupolisi wese kugira ngo inshingano zo (…)
Ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki ya 17 Ukuboza 2019, Inama ya Komite ya Mukura VS yateranye ifata imyanzuro irimo gusesa amaezerano y’umutoza wungirije.
Myugariro wa Rayon Sports Rugwiro Hervé yatawe muri yombi kuri uyu wa kabiri tariki 17 Ukuboza 2019 i Rubavu ku mupaka ava muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo, akekwaho gukoresha impapuro mpimbano no kwambuka umupaka mu buryo butemewe.
Mu Karere ka Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba haravugwa inkuru y’abakozi barindwi bari ku rwego rwa ‘Directeur’ banditse basezera ku kazi.
Ingagi zo mu misozi zari zigeramiwe aho ziri mu binyabizima byari birimo gucika ku isi. Icyakora muri iyi minsi imibare iragaragaza ko zirimo kwiyongera mu buryo bushimishije.
Amakimbirane mu miryango ni kimwe mu bibazo byugarije umuryango nyarwanda. Ibi bituma inzego zinyuranye, zaba iza Leta n’iz’imiryango ya sosiyete sivile zihaguruka, ngo zirebe uko byarangizwa. Hagenda hashyirwaho ingamba na politiki zinyuranye zafasha abaturage gusohoka muri ibyo bibazo, hagamijwe ko umuturage akora kandi (…)
Impuguke zinyuranye n’abiga iby’ubuvuzi mu ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri, baremeza ko kuba abaturage badasobanukiwe n’uburyo bwo gufata imiti bahabwa n’abaganga, ari kimwe mu bikomeje gutwara ubuzima bwa benshi.
Abavuzi gakondo barifuza ko itegeko rigenga umwuga wabo ryakwihutishwa rigasohoka, kuko batekereza ko ari ryo ryaca akajagari k’abiyitirira umwuga wabo, bityo ugatera imbere.
Leta ya Qatar yemeje amasezerano yasinyiwe mu Rwanda hagati y’ibihugu byombi, agamije imikoranire mu bijyanye n’ubukerarugendo, siporo n’ibindi mu rwego rwo gushimangira umubano hagati y’ibihugu byombi.
Umuryango w’Abibumbye washyize Abanyarwandakazi babiri mu myanya ikomeye ku rwego mpuzamahanga, akazi bazatangira gukora guhera muri 2020 na 2021.
Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwemeje ko umutoza wayo yasezeye ku mirimo yo gutoza iyi kipe ahabwa inshingano zo kujya mu kanama gashinzwe gushakira abakinnyi iyi kipe. Umutoza wungirije Ruremesha Emmanuel yasigaranye inshingano zo gutoza Kiyovu Sports.
Ku wa mbere tariki ya 16 Ukuboza 2019, abapolisi b’u Rwanda 280 barimo abagore 54 bagiye mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Repubulika ya Santarafurika.
Icyicaro gikuru cy’Ikigo Gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda (RAB), cyasubiye mu Karere ka Huye, Umurenge wa Rusatira aho cyahoze gikorera, nk’uko byemejwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa mbere tariki ya 29 Nyakanga 2019.
Soeur Immaculée Uwamariya washinze umuryango ‘Famille Espérance’(FAES) asanga abantu bakwiye kubaka ingo bakurikije uko Imana ibyifuza kuruta kubaka ingo bakurikije uko bo babyifuza.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 16 Ukuboza 2019, i Nylon mu Busuwisi habereye tombola y’uko amakipe azahura muri 1/8 cy’irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’i Burayi, irushanwa rizwi ku izina rya UEFA Champions League.
Abahanga bavuga ko konsa ari byiza cyane, kuko bigira akamaro ku mwana ndetse no ku mubyeyi wonsa neza. Ikindi kandi ibyiza byo konsa bitangira kuva umwana agifata ibere ubwa mbere akivuka kugeza acutse.
Aba Ofisiye bo mu gisirikari cy’u Rwanda (RDF Officers) bari bamaze ibyumweru bibiri bahugurirwa mu Kigo cy’Igihugu cy’Amahoro (Rwanda Peace Academy) kiri i Nyakinama mu Karere ka Musanze, kuwa gatanu tariki 13 Ukuboza 2019 bayasoje biyemeje gufasha bagenzi babo kongera ubumenyi bubategura koherezwa kubungabunga amahoro mu (…)
Miss Uwase Muyango Claudine wari umaze iminsi aba mu mujyi wa Dubai ku mpamvu avuga ko ari iz’akazi, yagarutse mu Rwanda mu ijiro ryo kuri iki cyumweru tariki 15 Ukuboza 2019, yakirwa n’umukunzi we Kimenyi Yves umunyezamu w’ikipe ya Rayon Sport.
Umuhanzikazi Ingabire Jeanne d’Arc uzwi nka Butera Knowless yarangije icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu ibaruramari, avuga ko mu bimuranga atajya atsindwa cyangwa ngo acike intege mu buzima bwe.
Amina Drocelle utuye mu Mudugudu wa Nyamahuru mu Kagari ka Sure, mu Murenge wa Mushubati mu Karere ka Rutsiro, avuga ko mu mwaka wa 2015 yari atunzwe no guca inshuro, ibyo ahashye ntibibashe gutunga urugo.