Abanyarwanda barindwi bari bafungiye muri Uganda barekuwe
Urukiko rwa gisirikare rwa Makindye muri Uganda, rwarekuye Abanyarwanda barindwi bari bafungiye muri iki gihugu bashinjwa ibyaha birimo ibyo kuba intasi z’u Rwanda.

Ni mu gihe nyamara Leta y’u Rwanda yo idahwema kugaragaza ko Abanyarwanda batabwa muri yombi, bagakorerwa iyicarubozo, bazira kwanga kujya mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ishyigikiwe na Leta ya Uganda.
Ikinyamakuru The New Vision cyo muri Uganda, cyanditse kuri Twitter ko uru rukiko rwarekuye Abanyarwanda barindwi, ariko ko amakuru arambuye kikiyakurikirana.
Iki kinyamakuru cyavuze ko aba Banyarwanda bari bafunzwe guhera muri 2018, bashinjwa ibyaha birimo gutunga imbunda mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Lt Gen. Andrew Gutti, wari ukuriye urukiko rwafashe icyo cyemezo, yatangaje ko aba Banyarwanda barekurwa nyuma y’uko ubushinjacyaha bwari bumaze gutangaza ko buhagaritse ibirego bwabaregaga.
Ifungurwa ry’aba Banyarwanda ribaye nyuma y’iminsi mike Perezida Yoweri K. Museveni wa Uganda yohereje intumwa mu Rwanda, yagiranye ibiganiro na Perezida Kagame.
Mbere gato y’uko umwaka wa 2019 urangira, Perezida Museveni yari yanditse kuri Twitter avuga ko yakiriye Ambasaderi Adonia Ayebare, uherutse mu Rwanda afite ubutumwa bugenewe Perezida Kagame ku mubano w’ibihugu byombi.

Icyo gihe Museveni yavuze ko Ambasaderi Ayebare na Perezida Kagame bagiranye ibiganiro byiza, kandi ko mu gihe cya vuba hazaboneka imyanzuro ishyira iherezo ku bwumvikane buke bumaze igihe kinini mu mubano w’ibihugu byombi.
Mu kiganiro yagiranye na radio na televiziyo y’u Rwanda, mu mpera z’umwaka wa 2019, Perezida Kagame yavuze ko guhura n’intumwa ya Perediza Museveni nta cyizere yibwira byahita bitanga, mu gihe hakiri intambwe ikenewe guterwa ngo ibibazo birusheho gukemuka.
Inkuru bijyanye:
Kuba Uganda yarekuye Abanyarwanda barindwi ntibihagije – Nduhungirehe
Inkuru zijyanye na: Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda
- Perezida Kagame na Museveni baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi
- Perezida Kagame yageze muri Uganda
- Uganda: Gen Muhoozi yashimiye abitabiriye ibirori by’isabukuru ye y’amavuko (Amafoto)
- Perezida Kagame yagabiye inka z’Inyambo Gen Muhoozi
- Gen. Muhoozi yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
- Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Gen. Muhoozi Kainerugaba
- Gen. Muhoozi Kainerugaba yagarutse mu Rwanda
- Umuyobozi wa Kisoro muri Uganda na we ngo yari akumbuye gutemberera mu Rwanda
- Umupaka wa Cyanika wafunguwe: Dore ibisabwa ushaka kwambuka
- Umupaka ntushobora gufungurwa ibyatumye ufungwa bitabanje gukemurwa – Perezida Kagame
- Abaha serivisi abagenda mu muhanda Kigali-Gatuna-Kampala ngo bagiye kongera kubona inyungu
- Abaturage bishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe
- Abanyarwanda bifuza kujya muri Uganda barasabwa gushishoza
- Ibicuruzwa by’u Rwanda byiteguye guhatana ku isoko rimwe n’ibya Uganda umupaka nufungurwa?
- Imiryango ya Afurika yunze Ubumwe na EAC yishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Abanyarwanda 58 bari bafungiye muri Uganda n’Umurundi umwe barekuwe
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ugiye kongera gufungurwa
- Uganda: Gen Kandiho yakuwe ku buyobozi bw’ubutasi (CMI)
- Perezida Kagame na Gen. Muhoozi Kainerugaba bagiranye ibiganiro bitanga icyizere
Ohereza igitekerezo
|