Intama yagaragaye hamwe n’Inkotanyi ntiyari umupfumu wacu- Gen. Kabarebe

General James Kabarebe yabwiye abarimu bigisha amateka bari mu itorero i Nyanza ko intama y’umweru yagaragaye ku mafoto hamwe n’Inkotanyi yazikundaga ikanazikurikira, ko itari umupfumu wazo.

Intama yagendanaga n'Inkotanyi
Intama yagendanaga n’Inkotanyi

Ni nyuma y’ikibazo yabajijwe n’uwitwa Appolinnaire Bizimana, ubwo yari amaze kubaganirira tariki 9 Mutarama 2020.

Icyo kibazo cyagiraga kiti “Tuzi ko ku rugamba ingabo z’u Rwanda zifata igihugu, hari intama bagendanaga. Ese iriya ntama yavugaga iki cyangwa yabafashaga iki ku rugamba”?

Mu kumusubiza, Gen. Kabarebe yagize ati “Intama, hari ifoto ijya igaragaramo. Nta gitangaza cyari muri iriya ntama, nta n’ubwo yari umupfumu wacu nta n’ubwo yaraguraga”.

Iyo ntama ngo yari yatoraguwe n’Inkotanyi zo muri batayo ya 101, yayoborwaga n’uwitwaga Kayitare.

Gen. James Kabarebe
Gen. James Kabarebe

Gen. Kabarebe ati “Ako gatama iyo abasirikare bakoraga parade (imyiyereko) na ko kayikoraga nka bo, bahindukira na ko kagahindukira, kandi batayo yakwimuka na ko kakimuka, abasirikare baba bavanze, ntigatakare kakamenya batayo yako kakayigendamo”.

Iyo ntama ngo yagaragaye ubwo abari mu mashyaka anyuranye bajyaga gusura FPR Inkotanyi, bagakora umunsi mukuru.

Ati “Icyo gihe habayeho imyiyereko, na ko kayikora neza nk’abasirikare. Ariko tugiye guhagarika Jenoside intambara itangiye, igisasu kiragakubita kirakica. Ntabwo rero kahagaritse Jenoside”.

Abarimu b'amateka bari mu mahugurwa mu Karere ka Nyanza
Abarimu b’amateka bari mu mahugurwa mu Karere ka Nyanza
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 14 )

Imana yarakoze kurema inkotanyi ikaziha umutima utanga utitangiriye itama ikaziha umutima wuzuye ubumuntu wo guhagarika Genocide

Uwiragiye Emmanuel yanditse ku itariki ya: 1-07-2023  →  Musubize

I like the way GenJemes Kabarebe asobanura amateka ..

Sam yanditse ku itariki ya: 12-01-2020  →  Musubize

kweli kabisa

salim yanditse ku itariki ya: 12-01-2020  →  Musubize

Mamashenge.inkuru zako gatama nari narazunvise.none mbonye nifoto yako.♥

Gaselle yanditse ku itariki ya: 11-01-2020  →  Musubize

Mamashenge.inkuru zako gatama nari narazunvise.none mbonye nifoto yako.♥

Gaselle yanditse ku itariki ya: 11-01-2020  →  Musubize

Nibyiza cyane ko abarimu b’amateka bahurira hamwe bakaganirizwa kandi bagahuriza hamwe mu kwigisha amateka yaranze u Rwanda.
Bagasobanuza aho batumva neza naho bafite urujijo.
Bashakira hamwe ibyateza u Rwanda n’abanyarwanda muri rusange.

Nanjye kuba numvishe ibyiyo ntama haricyo nungutse.
Umwaka mushya muhire banyarwanda mwese namwe muri mu itorero ry’igihugu

Gilbert yanditse ku itariki ya: 11-01-2020  →  Musubize

Iyo ntama yaba hari icyari kiyirimo cg ntacyo ntakibazo...gusa imyizerere yacu gakondo yagiye igirwa ubwiru bituma ba rugigana binjiza muri bamwe muri twe ko ari ibipagani.Tugarukire ukuri kumwimerere wo kwemera gakondo yaco.

Rutajogwa Eugene yanditse ku itariki ya: 10-01-2020  →  Musubize

Muzanshake mbabwire iby’iriya ntama n’uko yatsinze abacengezi. Yaguye i Musanze mu ntambara y’abacengezi aho bayisanze iziritse bakayirya.

Hahaha yanditse ku itariki ya: 10-01-2020  →  Musubize

Muzanshake mbabwire iby’iriya ntama n’uko yatsinze abacengezi. Yaguye i Musanze mu ntambara y’abacengezi aho bayisanze iziritse bakayirya.

Hahaha yanditse ku itariki ya: 10-01-2020  →  Musubize

Thanks mzee James..le musee vivant du FPR

Salim yanditse ku itariki ya: 10-01-2020  →  Musubize

Thanks mzee James..le musee vivant du FPR

Salim yanditse ku itariki ya: 10-01-2020  →  Musubize

Agatama kanejeje, Biba byiza iyo abantu basobanukiwe Kandi basobanuriwe nabafite amateka y, ukuri Nyakuri nabafite ubumenyi Kandi Bayabayemo(Amateka) nka General James Kabarebe. Afande yakoze cyane.

Eugene Tuyisenge yanditse ku itariki ya: 10-01-2020  →  Musubize

Nyuma y’ibyo bisobanuro nizere ko bamuhaye amashyi menshi.

Kalimba yanditse ku itariki ya: 10-01-2020  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka