Umuhanzi Kid Gaju asanga Abanyarwanda nibaha agaciro ibikorwa by’abahanzi Nyarwanda bazabasha gutera imbere nabo bakaba ba Diamond bo mu Rwanda.
Mu isiganwa rya Rwanda Cycling Cup ryazengurutse ibice hafi ya byose by’u Rwanda,Nsengimana Bosco niwe warisoje ari uwa mbere
Abatuye intara y’Amajyepfo baravuga ko hari Ibiza birenze ubushobozi bwabo, cyane cyane muri iyi minsi y’Umuhindo irangwamo imvura n’imiyaga bitungurana.
Tom Close arahishurira abahanzi bato ko kudacika intege ariyo ntwaro itumye abasha kugera aho ageze, akabasaba nabo kuyigira iyabo.
Leta y’u Rwanda irasaba Croix Rouge y’u Rwanda gukomeza gukora ibikorwa birambye bifasha abaturage kuva mu bukene bagatera iterambere.
Abakozi b’Umuryango w’Abibumbye (UN) bashinzwe gutegura ubutumwa bw’amahoro, biyemeje kurwanya Jenoside, nyuma y’ibyo babonye ku rwibutso rwa Kigali.
Ihuriro rigizwe n’abagore b’abayobozi b’igihugu n’abagore b’abahoze ari abayobozi, Unity Club “Intwararumuri”, ryashyikirije abakecuru b’incike mu Karere ka Rulindo icumbi.
N’ubwo ibikorwa bijyanye no kwitabira igikoni cy’Umudugudu bikunze kwitabirwa n’abagore, abagabo bo mu murenge wa Mukindo nabo baributswa ko bibareba
Mu muganda w’abagore wabaye tariki 24/10/2015, bahamagariwe kugira uruhare muri gahunda z’inyungu rusange baharanira iterambere ry’umuryango n’iry’igihugu
Urubyiruko rwo mu karere ka Gisagara rwiyemeje kuzasanira abatishoboye amazu muri uku kwezi kwahariwe urubyiruko, rukazasana amazu agera kuri 59
Ecobank yahaye ishuri ribanza rya Nyundo mu karere ka Ruhango ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni zirindwi, tariki 24/10/2015.
Ba mutima w’urugo bahangayikishijwe na bamwe mu bagore bavuga ko batatekera abana babo injanga kuko ziribwa n’abatagira inka.
Kuri uyu wa 24 Ukwakira, mu muganda wa ba mutima w’urugo, abagore basabwe kwimakaza isuku kuko utayigira adatekereza neza.
Abakozi 23 bakoze ikizamini cy’akazi cyanditse mu karere ka Rubavu bamaze gusaba kwerekwa impapuro bakoreyeho kubera kutemera amanota bahawe.
Abagize inama y’Igihugu y’abagore mu karere ka Nyanza bakoze igikorwa cy’umuganda udasanzwe basibura imihanda kuri uyu wa 24 Ukwakira 2015.
Abanyamuryango ba RPF bo mu karere ka Kicukiro bigiye byinshi ku mateka yo ku Murindi w’Intwari bizabafasha gukomeza gusigasira ibyagezweho.
Abatuye mu murenge wa Busengo mu karere ka Gakenke barasaba gukorerwa ikiraro cyo kuri Gaseke kuko cyangiritse bikaba bibabangamira kuhambuka
Aleluya Joseph,ukinira Amis Sportif yegukanye isiganwa ribanziriza irya nyuma,isiganwa rya kabiri yegukanye mu masiganwa ya Rwanda Cycling Cup uyu mwaka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi burasaba abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge n’utugari ibisobanuro ku nka zo muri Gira inka zambuwe abaturage batishoboye.
Umukozi wa Sacco Ngwinurebe Murundi yo mu Karere ka Karongi, ari mu maboko ya Polisi akekwaho kwiba amafaranga aarenga miliyoni.
Imisanzu y’abaturage 100% yatumye imirenge icyenda yo muri Gasabo yigurira imodoka nshya icyenda zo kubafasha gucunga umutekano mu mirenge yabo.
Abatuye mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke barasaba gukorerwa umuhanda ubahuza n’Umujyi wa Kigali kugirango boroherwe n’ingedo.
Ministeri y’Imicungiye y’Ibiza no gucyura Impunzi irabeshyuza amakuru avuga ko mu nkambi y’impunzi ya Mahama hakorerwamo ibikorwa bigamije kurwanya u Burundi.
Urubyiruko rwo mu Murenge wa Kibumbwe, rufite icyizere cy’ejo hazaza heza, kuko rwabonye amashuri y’ubuntu kandi ruturuka mu miryango ikennye.
Igikorwa cyo gusubizaho imbago z’imipaka zashyizweho 1911 kigiye kurangira gisenyeye Abanyekongo batari bacye harimo n’ishuri ryubatse ku mutaka bw’u Rwanda.
Ihuriro ry’Abagide mu Rwanda ryatangije gahunda bise "Kura usobanutse" izafasha abana kumenya ibijyanye n’imyororokere ikabarinda gukumira inda zitateganyijwe.
Umuyobozi w’umuryango Transparency International- Rwanda, Madame Ingabire Immaculée avuga ko hari abaturage usanga bashimishwa no kwitwa ko bahora mu karengane.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo buvuga ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa abana b’abakobwa, rituma iterambere ryabo n’iry’umuryango muri rusange ridindira
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Gatsibo, bavuga ko icyumweru cyahariwe ubufasha mu by’amategeko gisize gikemuye bimwe mu bibazo.
Urwego rw’Igihugu rw’imfungwa n’abagororwa rwahuguye abaforomo barwo bakorera mu bigo nderabuzima by’amagereza yose yo mu Rwanda.
Bamwe mu bahinzi bo mu karere ka Nyanza bahamya ko imyumvire yiyongereye mu kurwanya isuri itwara ubutaka bwabo babyazaho umusaruro.
Nyuma y’iminsi ibiri gusa Umuryango w’Ubukungu bw’Ibihugu bya Afurika yo Hagati (ECCAS) wakiriye u Rwanda, warusabye kuzana ubunararibonye bwarwo mu gukemura amakimbirane yo mu Karere ka Afurika yo Hagati.
Impanuka ya Twegerane yavaga i Musanze ijya i Butaro mu karere ka Burera yahitanye umuntu umwe naho abandi 17 barakomereka.
Bamwe mu banyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge y’Akarere ka Rusizi bimuwe mu mirenge bari barimo bajyanwa kuyobora indi mirenge ku mpamvu zitandukanye
Mbere y’uko Rayon Sports yakira APR,Didier Gomes Da Rosa wahesheje Rayon Sports igikombe iheruka,yayigeneye ubutumwa bwo kwifashisha
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kwita ku Bidukikije (REMA) kiraburira abacukuzi b’amabuye y’agaciro ko n’ubwo badateganya kubabuza gucukura uzabikora nabi we azahagarikwa.
Umuhanzi ukomeye mu turere twa Rusizi na Nyamasheke, Dig Dog yashyize hanze indirimbo,”komeza imihigo” ivuga ibigwi by’umukuru w’igihugu Paul Kagame.
Umuhanzi Roberto waririmbye indirimbo “Amarula” yemeje ko azaza mu Rwanda mu gitaramo kibanziriza kumurika alubumu “Nyumva” y’Itsinda Two 4Real.
Abaturage bo mu Murenge wa Kinihira mu Karere ka Ruhango, barasaba gukurirwaho ukwezi bamara bativuza nyamara baramaze kwishyura ay’ubwisungane.
Ikigo cy’imisoro n’amahoro (RRA) n’Urugaga rw’abikorera (PSF), basinye amasezerano y’imikoranire no kuvanga abanyamuryango kandi impande zombi zizazanya ko zizabonamo inyungu.
Abarembetsi batandatu bari bakurikiranyweho gutera Karamage Jean Bosco bakamusenyera bakanamusahura, bakatiwe imyaka itandatu ariko umwe agirwa umwere.
Abaturage ba Nyabihu bavuga ko nubwo harimo kubakwa amazu 200 azafasha abari batuye mu manegeka gutura heza atazakemura iki kibazo burundu.
Umuyobozi w’ibitaro bya Kibuye Dr. Rwirangira Theogene yatawe muri yombi akurikiranyweho kunyereza umutungo w’ibitaro
Ingabo z’u Rwanda zamurikiye abaturage ibikorwa by’iterambere babubakiye birimo ivuriro, amashuri, poste de santé, isoko, n’ibagiro Mu Karere ka Gicumbi.
Abikorera 15 bo mu Karere ka Rubavu bitabiriye Rwanda Day yabereye mu Buholandi basangije bagenzi babo ibyo bungutse nyuma yo kugaruka.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro (RRA) mu Ntara y’Iburengerazuba buvuga ko hari ibicuruzwa bitanu bihiga ibindi mu kwinjira nka magendu i Rubavu.
Ifumbire iterwa muri Kwa ihabwa abahinzi batishyuye, ikazakatwa ku giciro bazagurirwaho. Mu rwego rwo guhangana n’abayinyereza,NAEB irasaba abahinzi kuyiterera mu muganda.
Abayobozi 3 b’ ibitaro bikuru bya Rutongo mu karere ka Rulindo bari mu maboko ya Polisi kuri sitasiyo ya Murambi.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari two mu karere ka Kayonza bagiye guhabwa telefoni zigezweho zizwi ku izina rya Smartphones zizabafasha mu kazi.