Abakirisitu b’itorero ADEPER Paruwasi ya Rutiti mu mirenge ya Ruheru na Nyabimata mu karere ka Nyaruguru barateganya kwiyubakira Kaminuza.
Harabura iminsi mike ngo ikipe y’igihugu yongere guhamagarwa,hari abakinnyi badaheruka guhamagarwa cyangwa batahamgawe ariko bagaragaza ubushobozi
Mukamana Leonie w’imyaka 27 y’amavuko afungiye kuri polisi ya Ruhango guhera tariki 29/10/2015, nyuma yo gufatanwa ikiyobyabwenge cya Kanyanga iwe.
Mu gihe kuri uyu wa 31 Ukwakira 2015 hari umuganda usoza ukwezi, Kigali Today yasuye bimwe mu bikorwa byakozwe mu muganda w’ukwezi gushize kugira ngo irebe uko bisigasirwa.
Bamwe mu bagabo muri Nyabihu bavuga ko habonetse uburyo bwo kuboneza urubyaro ku bagabo butari ubwa burundu babwitabira cyane.
Shampiona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda mu mupira w’amaguru irakomeza kuri uyu wa gatanu hakinwa imikino y’umunsi wa karindwi
Kagande Sirivani na Mukasikubwabo Immaculée bo mu karere ka Kirehe barwaje umwana imyaka 14 bakaba basaba ubufasha bwo gukomeza kumwitaho.
Umujyanama wa Ambasaderi w’Ubuyapani mu Rwanda, aratangaza ko Leta ahagarariye izakomeza gufatanya n’iy’u Rwanda gukomeza gufasha mu bikorwa by’iterambere.
Ruzibiza Jean Claude, umworozi w’inkoko mu Karere ka Rukindo, yatangiye bimugoye ariko ubu ageze ku rwego rwo guhugura abandi kinyamwuga.
Umukozi w’Akarere ka Nyagatare ushinzwe imishahara y’abarimu, afungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare, akekwaho guhemba abarimu ba baringa.
Ntibibaza Gerard wari umwe mu bayobozi b’igisirikare cya FDLR agataha mu Rwanda, yagaragarije umubare w’abarwanyi ba FDLR utajya utangazwa, avuga n’ahaherereye abarwanyi.
Ikigo cya Gatagara cyatangiye guhuriza hamwe abana b’abakobwa n’abahungu mu mikino na siporo, mu rwego rwo kubigisha ihame ry’uburinganire.
Umubyeyi witwa Yabaragiye Josephine yabyari ye abana bane mu Bitaro bya Kibogora mu Karere ka Nyamasheke kuri uyu wa 29 Ukwakira 2015 bahita bapfa.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Abadage giteza imbere umuco wo kuzigama, SBFIC, buravuga ko muri iyi myaka itanu mu Rwanda abana ibihumbi 70 bizigamiye.
Indwara y’ifumbi mu nka ngo iteye impungenge Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB, aho mu nka 800 zasuzumwe mu turere dutatu basanze 305 zirwaye.
Izina ry’umurenge wa Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza, ngo rikomoka ku gasozi kitwaga “Rwinkwavu” kabagaho utunyamaswa duto turimo n’udukwavu.
Abikorera bo mu karere ka Burera bavuga ko hari bamwe muri bo bakorera mu bwihisho batinya imisoro ya Rwanda Revenue Authority.
Abateganya igihe mu buryo bwa gakondo bakunze kwitwa abavubyi bagiye kwitabwaho, kuko ubumenyi bafite ku by’ikirere byemejwe ko bufite ireme.
Umuhanzi Roberto wamamaye ku ndirimbo "Amarula" yamaze gusesekara mu Rwanda aho aje mu gitaramo cyo kumurika alubumu "Nyumva" y’itsinda Two 4Real.
Hari abafatabuguzi ba StarTimes b’i Huye batanze 16.000Frw ngo bajye bareba amatereviziyo yose yo mu Rwanda ariko ibyo bizejwe ntibabibonye.
Ubuyobozi bwa za SACCO buvuga ko abanyamuryango bakorana n’ibi bigo by’imari bakabyambura ari bo batuma bigabanya umuvuduko wo gutanga inguzanyo.
Abagore bo mu karere ka Ngororero bavuga ko umugore wo mu cyaro atagisuzugurwa kubera leta yabahaye agaciro nabo bakiteza imbere.
Abaturage bo mu turere twa Ngororero-Muhanga na Karongi barasabwa kwitwararika ku bikorwa byangiza inkombe za Nyabarongo mu kwirinda ibura ry’amashanyarazi.
Urubyiruko rufite inyemezabumenyi za WDA ngo rufite amahirwe yo gufashwa na BDF ruhabwa inkunga ingana na ½ ku nguzanyo y’ibikoresho.
Ikipe y’abakobwa biga mu ishuri ryisumbuye ry’Indangaburezi mu karere ka Ruhango, bashimiwe tariki 28/10/2015 nyuma y’uko bazanye igikombe cya FEASSA.
Abacungamutungo bo mu bigo by’amashuri yisumbuye bikorera mu karere ka Gatsibo barasabwa gukosora amakosa akigaragara mu micungire y’umutungo w’ibigo bakorera.
Abaturage bo muri Nyabihu basanga umuganda ubafitiye akamaro kuko hari byinshi bakora vuba kandi neza bahuje amaboko n’ibitekerezo biteza imbere.
Umujyi wa Kigali ndetse n’Ikigo cy’Imari n’Imigabane cy’u Rwanda (CMA) bariga uko hakorwa ibishoboka byose hakajyaho ikigega cy’imari cyafasha abatuye ahatajyanye n’igishushanyo mbonera babona amazu agezweho yo guturamo.
Umurambo wa Mukabugingo Frida wo mu Murenge wa Kirehe wabonetse mu gishanga cya Nyamugari gihingwamo umuceri nyuma y’iminsi itanu aburiwe irengero.
Ku isi ngo Abanyafurika ni bo bagikomeye ku muco w’ubufatanye ari yo mpamvu bakagobye kuwubyaza umusaruro mu rwego rwo kuyiteza imbere.
Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Mme Louise Mushikiwabo, ari mu Budage, kuva tariki 27 Ukwakira 2015 mu ruzinduko rw’akazi.
Abikorera bo mu karere ka Burera barasabwa kwishyira hamwe bagakora imishinga minini bakabyaza umusaruro amahirwe ari mu karere kabo.
Abaturage bo mu mirenge ya Kabarore na Gitoki, bizejwe ko ikibazo cy’amazi macye cyahagaragaraga kigiye gukemuka kuko amasoko agiye kongerwa.
Amatsinda yo kuzigama no kugurizanya arahindura ubuzima bwa bamwe, kuko buri munyamuryango wayo asigaye yarateye intambwe mu kubyaza inyungu amafaranga.
Inteko ishinga amategeko ku busabe bw’abaturage barenga Miliyoni eshatu yemeje ishingiro ry’ivugururwa ry’ingingo zimwe na zimwe harimo n’iya 101.
Mu gihe hari hashize amezi abiri uburobyi bw’amafi cyane ubw’isambaza mu kiyaga cya Kivu bufunze, bwongeye gufungurwa.
Umuhanzi akaba n’umukinnyi wa filime w’Umunyarwanda Frank Rukundo uzwi nka Frankie Joe, azagaragara muri filime yakorewe Hollywood yiswe The PainKillers.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo irasaba abo bireba bose gushyiramo imbaraga kugira ngo umwaka wa 2017-2018 uzasige Abanyarwanda bose bafite amazi meza.
Mu gihe higwa ibigomba guhinduka mu Itegeko Nshinga, abadepite ntibavuga rumwe kuri 30% by’imyanya igenerwa abagore iteganywa n’Itegeko Nshinga.
Afurika ifite umutungo kamere uhagije ndetse n’imbaraga z’abayituye byakagombye kubyazwa umusaruro ku buryo itahora itegereje inkunga iva hanze.
Tricia Niyoncuti, umugore wa Tom Close aramuvuga imyato ku isabukuru ye y’amavuko akanashimira Imana yamumuhaye ayisaba no kumurinda.
Ministeri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), yamuritse kuri uyu wa 28 Ukwakira 2015, agatabo kazafasha abaturage kumva ingengo y’imari ya 2015/2016 no kuyigiramo uruhare.
Nubwo hacukuwe ibyobo bifata amazi mu Mudugudu wa Mirama ya mbere hirindwa ko yabasenyera, ubuyobozi bw’akagari buvuga ko byakabanje gukurungirwa.
Ikigo cy’Igihugu kigenzura imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA) cyatangaje ko ibiciro by’ingendo mu mujyi wa Kigali byazamutse.
Tuyishime Binyavanga Charlotte arashimira Perezida Kagame wamukuye mu karuri akamutuza mu nzu nziza ifite agaciro ka miliyoni 4 n’igice.
Inkuba yakubise ishuri ribanza rya Nyagatare mu murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, umwana umwe yitaba imana abandi barahungabana.
Imwe mu mikino ya Shampiona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru yamaze kwimurwa kubera imyiteguro y’Amavubi