Kiliziya Gatolika iratangira igikorwa cyo kwemeza ubutagatifu bw’umuhanzi nyakwigendera Rugamba Cyprien n’umugore we Daphrose Rugamba kubera ibikorwa byaranze ubuzima bwabo.
Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda imitwe yombi, yashyikirije inyandiko zinyuranye komisiyo ishinzwe kuvugurura Itegeko Nshinga kugira ngo itangire imirimo yayo.
Umuryango w’ubumwe bw’u Burayi witeguye kubahiriza no kwakira amahitamo Abanyarwanda bazafata ku ngingo y’itegeko nshinga yemerera Perezida Kagame gukomeza kuyobora.
Ikigo cy’ikoranabuhanga cyitwa Alpha Computer gikorera mu Rwanda, cyashyize ku isoko Antivirus idasanzwe mu Rwanda yitwa” Bitdefender”.
Komisiyo y’igihugu y’Uburenganzira bwa muntu, iratangaza ko yahagurukiye kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina riri kwiyongera mu Rwanda.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari tugize akarere ka Gakenke barasabwa kurushaho gutanga umusaruro mu tugari bahinduriwemo kugira ngo gahunda zirusheho kugenda neza.
Abatuye umurenge wa Nkombo, akarere ka Rusizi baramagana amafaranga ibihumbi 20 bakwa kugira ngo bakunde bahabwe inka muri Girinka.
Abacitse ku icumu rya Jenoside mu karere ka Nyabihu bafite ibibazo by’ imanza zitarangizwa burundu ndetse n’amazu ashaje akeneye gusanwa.
Umuryango wa World Vision watangiye umushinga uzafasha abaturage ibihumbi 160 bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke kwiteza imbere.
Bamwe mu baturage batuye mu karere ka Gakenke by’umwihariko abegerwaho n’inkunga y’ubudehe barishimira uburyo bamaze kwiteza imbere babikesha iyi gahunda.
Mu karere ka Gicumbi hatashywe ku mugaragaro umuhanda Kigali - Gatuna ugiye kongera ubuhahirane hagati y’ibihugu by’umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba.
Urubyiruko rw’umuryango w’ubukungu uhuza ibihugu by’akarere k’ibiyaga bigari, CEPGL rurasaba za Leta z’ibi bihugu kurufasha guhanga n’ibibazo birwugarije nk’ubukene n’intambara.
Integanyanyigisho z’amashuri yisumbuye ziri kuvugururwa ku buryo guhera muri Mutarama 2016, abana bazajya barangiza barize n’umwuga wabafasha mu mibereho.
Sosiyete y’itumanaho ya Tigo, yatangije uburyo bwo gukoresha interineti yihuta ya 4G muri telefoni zigendanwa zizwi nka Samsung Ace J1.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare nyuma yo guhesha ishema u Rwanda mu mikino nyafrika,yamaze kugera i Kigali yakirwa n’abayobozi ba Ferwacy
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Nyagisozi, akarere ka Nyaruguru, bemeza ko inzoga yitwa Igiswika, iteza amakimbirane mu ngo.
Minisitiri w’Ubutabera w’u Rwanda, Johnston Busingye, yasabye Abunzi bo mu karere ka Karongi kurangwa n’ukuri n’ubunyangamugayo mu kazi bakora.
Ba Ambasaderi umunani bagejeje kuri Perezida wa Repuburika Paul Kagame impapuro zibahesha uburenganzira bwo guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Abahinzi b’umuceri bo mu karere ka Bugesera barinubira ko bitinda kwishyurwa amafaranga y’umusaruro wabo baba bagemuye ku ruganda.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kirehe bwahagurukiye ikibazo cya ba rutwitsi bamaze kwangiza ubuso bw’amashyamba bwa hetari 45, bugakangurira abaturage kuba maso.
Umugore w’imyaka 32 wahoze akora uburaya arakangurira abakiburimo kubureka bagakoresha amaboko yabo kuko butesha agaciro uwubukora.
Umuryango Kanyarwanda urimo guhugura abakozi b’akarere n’imirenge ku igenamigambi rinoze, urasaba ko umuturage yahabwa ijambo risesuye mu igenamigambi ry’igihugu.
Abahanzi biga umuziki mu ishuli rya muzika ryo ku Nyungo bagiye muri Canada mu rugendoshuri ruzabafasha kunononsora umuziki biga.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Umuryango w’Abibumbye muri 2012, bwerekanye ko 60% by’abafite virusi itera SIDA mu Rwanda ari igitsina gore.
Icyumweru gishize gisize u Rwanda rwegukanye imidari mu ruhando mpuzamahanga mu mikino nyafurika,gusa mu Rwanda mu mupira w’amaguru ntibyakunze
Ishuri ryisumbuye rya GS.Kabare rikeneye miliyoni 600 z’amafaranga y’u Rwanda mu igenamigambi ryayo zizafasha mu gusana no kwagura iki kigo.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuvuzi (RBC) kiratangaza ko cyatangiye gahunda gusimbuza inzitiramibu zitujuje ubuziranenge ziherutse guhabwa abaturage kibaha inshya.
Abaturage bo mu mirenge ya Cyahinda na Nyagisozi mu karere ka Nyaruguru baravuga ko bahangayikishijwe n’udusimba dumeze nk’inda twumisha amashyamba.
Umunyamabanga wa Leta ushinze ubuhinzi n’ubworozi Tony Nsanganira, atangaza ko uturere dukwiye kujya duhiga imihigo tuzabasha kwesa, tukirinda izatugora.
Emmanuel Kirenga wari umuhanga mu biganiro mpaka mu ihuriro ry’urubyiruko ku rwego rw’akarere rwiga mu mashuri makuru yazize urupfu rutunguranye.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani, zagejeje kuri Leta y’icyo gihugu mu cyumweru gishize, ishuri zubatse.
Koperative KOTWIDUKA y’abajyanama b’ubuzima mu murenge wa Kansi muri Gisagara, yemeza ko ubworozi bw’inkoko ikora bufasha kurwanya imirire mibi.
Nyuma yo gushyirwa ku rutonde rwa Kiyovu Sports kandi akinira Rayon Sports,Nshuti Savio yatangaje ko Kiyovu yarumushyizeho itarigeze imuvugisha
Koperative Twihangire umurimo y’abatubuzi b’imbuto y’ibigori n’ibishyimbo ihangayikishijwe n’igihombo cy’amafaranga asaga miliyoni 30, ishobora kuzaterwa n’ikigo cy’igihugu cy’ubuhinzi n’ubworozi (RAB).
Imirenge 16 kuri 17 igize akarere ka Burera yahinduriwe abanyamabanga nshingwabikorwa mu rwego rwo gukomeza kwimakaza imiyoborere myiza.
Mu ishuli ry’amategeko rya ILPD basezeye kuri Dr Kalinda wagizwe umudepite muri EALA banishimira icyizere yagiriwe cyo guhagararira u Rwanda.
Muu rwego rwo gukomeza kwitegura Shampiona,ikipe ya Rayon Sports yanganije na Ibanda Sport 1-1 mu mukino wabaye kuri iki cyumweru.
Bamwe mu batuye Kigembe muri Gisagara bize gusoma no kwandika bakuze bavuga ko byabafashije kuzuza neza nshingano zinyuranye bagira.
Bamwe mu batuye akarere ka Nyaruguru bavuga ko bakunda imikino ariko ko batabona aho bayireba cyangwa bayikorera kubera kutagira ibibuga.
Umunyarwanda Hadi Janvier yanikiye abandi mu mikino nyafrika iri kubera muri Congo Brazzaville,aho yaje ku mwanya wa mbere asize uwamukurikiye amasegonda 31
Ubuyobozi bwa Nilekast buravuga ko bugiye gutangiza gahunda yabwo mu Rwanda yo gufasha abahanzi kubamenyekanisha ibihangano byabo ku isi.
Kuwa 12 Nzeli 2015, ikipe ”Les Onze du Dimanche” yahembye ibimina 3 byahize ibindi mu bwisungane mu kwivuza muri Nyaruguru.
Umugabo witwa Bizimana Celestin w’imyaka 34 yaraye yishwe n’abantu bataramenyekana, umurambo we ukaba watoraguwe muri metero 200 hafi y’urugo rwe.
Nyirahabimana Clotilde, mu murenge wa Gatore ari mu rukiko rwisumbuye rwa Ngoma nyuma yo kuroha umwana we mu ruzi rw’akagera.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango, buratangaza ko muri 2017, 100% by’abaturage b’aka karere bazaba bakoresha amazi.