Abayobozi n’inzego z’abagore mu Karere ka Kamonyi bariyama abagore bahohotera abagabo bitwaje ihame ry’uburinganire, kuko ribasaba kungurana ibitekerezo n’abo bashakanye.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibikomoka ku buhinzi bijyanwa mu mahanga kirasaba abahinga Ikawa mu Karere ka Rutsiro kongera ubwinshi n’ubwiza bwayo.
Ministiri w’imari n’igenamigambi. Amb Claver Gatete atangaza ko igishoro cyo gushyigikira ikoranabuhanga kizava mu banyamafaranga banyanyagiye ku isi.
Kwizihiza umunsi w’ibiribwa kw’isi ubusanzwe biba ku italiki ya 16 Ukwakira ariko mu Rwanda uzizihizwa tariki 22 Ukwakira 2015.
Abana barindwi bajyaga ku ishuri n’umugore mu Murenge wa Rubengera ho mu Karere ka Karongi bariwe n’imbwa.
Sosiyete Nivile nyarwanda isanga umwanya ifite muri gahunda za Leta wakongerwa kugira ngo ibikorwa byayo bigere ku baturage benshi.
Madame wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, yashingiye ku byo abagore mu Rwanda bashoboye bijyanye n’ikoranabuhanga, asaba Transform Africa2015 kutabasiga inyuma.
Gukora ubworozi bw’inzuki mu buryo bwa kijyajyambere bimaze guteza imbere abavumvu bo mu Karere ka Gicumbi kuko umusaruro w’ubuki wiyongereye.
Restora zo mu Rwanda zitabiriye inama ya Transform Africa2015, zabonye uko zigurisha ibiryo byo mu Rwanda zinamenyekanisha imitekere yarwo.
Leta ya Mali irashimira iy’u Rwanda kuba imaze kugira uruhare rukomeye mu kugarura amahoro muri iki gihugu.
Itegeko rigena imicungire y’umutungo w’abashakanye impano n’izungura ryatowe na Sena nyuma y’uko rikorewe ubugororangingo hagamijwe gukemura ibibazo byari mu risanzwe.
Abaturage bo ku kirwa cya Nkombo mu karere ka Rusizi bishimiye ko ubwato perezida Paul Kagame yabahaye bwatangiye kubaha umusaruro
Mu gihe Cogebanque imaze igihe ari umuterankunga mu mukino w’amagare mu Rwanda, ubu irishimira umusaruro uva mu irushanwa rya Rwanda Cycling Cup
Abatanze ibiganiro mu nama ya Transform Africa 2015 ikomeze i Kigali, mu barasaba leta gushaka abafasha abantu kubyaza ikoranabuhanga ubukire.
Abantu batatu bacukuraga amabuye y’agaciro mu kirombe mu murenge wa Rweru mu Bugesera bagwiriwe n’ikirombe, umwe arapfa.
Minisiteri yUbutabera n’Ubushinjacyaha bukuru bamaganye amakuru avuga ko impapuro zo guta muri yombi Lt. Gen. Karenzi Karake zigifite agaciro.
Mu gihe inama ya Transform Africa igeze ku munsi wayo wa kabiri, twabahitiyemo amwe mu mafoto yaranze ibihe by’ingenzi ku munsi wa mbere, ubwo yatangiraga kuri uyu wa mbere tariki 19 Ukwakira 2105.
Bamwe mu bagabo bo mu Karere ka Burera baragaya bagenzi babo bahohotera abagore babo babaziza ko bamaze kwiteza imbere.
Amazi y’u Rwanda amaze afatwa nk’afite umwihariko w’ubwiza busanzwe muri Goma, ku buryo bamwe baretse indi mirimo bayoboka kuyavoma bajya kuyacururizayo.
Nubwo hari abavuga ko umushogoro ari imboga z’abashonji, abashinzwe imirire bemeza ko ukungahaye ku ntungamubiri nk’isombe.
Umunyamategeko Me Nkongoli Laurent, Komiseri muri Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu, avuga ko buri muyobozi akwiye gusoma indahiro ye uko atangiye akazi.
Muri Transform Africa2015, Umunyarwanda Prof Romain Murenzi uyubora Umuryango Mpuzamahanga wa TWAS, yasabye gukemura ikibazo cy’ibura ry’abarimu b’ubumenyi n’ikoranabuhanga.
Kuva kuri uyu wa 19 Ukwakira 2015, abakozi b’Akarere ka Kamonyi batangiye gukorera mu biro bishya byubatse i Gihinga mu Murenge wa Gacurabwenge.
Abana b’abakobwa bo mu Karere ka Kayonza baravuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cy’inda baterwa bakiri bato kuko zibicira ahazaza habo.
Ikigo cy’itumanaho Tigo, cyatangarije abafatabuguzi bacyo bose bafite terefone za Smartphones, ko batangira gukoresha internet inyaruka ya 4G tariki 19/10/2015.
Umucuruzi Mudenge Seleman arishyuza ibihumbi 980,Theobard Ruhumuriza uyobora Elite General Contractors company, washeshe amasezerano n’Akarere ka Ngoma yo kwagura isoko rya Kibungo 2014.
Intore Tuyisenge aratangaza ko iyo amenya kare ko ibyishimo byo gushaka bimera uko amerewe ubu, aba yarashatse kare.
Ku munsi mpuzamahanga wahariwe umugore, urubyiruko rufatanyije n’abandi baturage, bubakiye umugore banaremera abandi batishoboye tariki 17/10/2015.
Abaturage bo mu Karere ka Bugesera bavuga ko amatsinda y’isuku, yatumye indwara ziterwa n’umwanda zabibasiraga zigabanuka ku buryo batagisiragira mu mavuriro.
Lt. Col. Ntibibaza Gerard wari ushinzwe igice cy’abarwanyi muri FDLR, abasaba gutaha mu Rwanda kuko yasanze ibyo baharanira byaramaze kugerwaho.
Ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore wo muCcyaro, ku wa 17 Ukwakira 2017, bamwe mu bagore ba Tabagwe banenzwe isuku nke n’ubusinzi.
Umunsi mpuzamahanga w’umugore wo mu cyaro wizihirijwe murenge wa Muyira ku rwego rw’Akarere ka Nyanza wasize uhwituriye abagore kutiyandarika.
Ministiri w’Intebe, Anastase Murekezi, yasabye inama mpuzamahanga ibera i Kigali (Transform Africa2015) kuva tariki 19-21, gushaka ahaboneka miliyari 300 y’amadolari bitarenze 2020.
Abaturage batishoboye baremerwa ngo bagomba gukurikiranwa hakarebwa niba bashyira mu bikorwa inama bagirwa, badategereje guhora bahabwa ahubwo ibyo bahawe bakabibyazamo umusaruro.
Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC) kirasaba abanyamakuru umusanzu mu kurwanya icyorezo cya SIDA, bakangurira abaturage kuyirinda mu biganiro bakora.
Hashize iminsi abatuye Akarere ka Huye bibaza uko umujyi wabo uzamera kuko ibyicaro by’ibigo bimwe na bimwe byahakoreraga byimuriwe i Kigali.
Bamwe mu bagore bo mu Karere ka Burera batangaza ko kimwe mu bibazo basigaranye ari icyo kutamenya gusoma no kwandika bigatuma badatera imbere.
Uruganda rutonora umuceri rwa Mukunguri (MRPC), rufite umushinga wo gukora ibicanwa byitwa “briquettes” mu bishogoshogo basaruraho umuceri n’ibishishwa byawo.
Abaturage batuye Umurenge wa Musange muri Nyamagabe, bikoreye urugomero ruto rubyara amashanyarazi babasha kuva mu bwigunge no gukorera ahari umwijima.
Abaturage bo mu Karere ka Gicumbi bizera ko korozanya muri gahunda ya Girinka bizafasha abakiri mu murongo w’ubukene kubateza imbere.
Ikigo cy’Imihahirane cyo muri Afrika y’Uburasirazuba, EAX, gikangurira abahinzi guhunika umusaruro wabo mu bigega byacyo kikaborohereza kubona inguzanyo.
Urugaga rw’abagore bo mu Karere ka Rutsiro rushamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi rwatangiye mitiweli abagore 100 batishoboye runaremera undi umwe inka.
Abafashamyumvire mu buhinzi barasaba guhabwa ibikoresho bifashisha mu mu kwigisha abaturage uburyo bwo guhinga kugira ngo bongere umusaruro.
Abatubuzi b’imbuto y’ibigori bahinga mu gishanga cya Rwabashyashya bahakaniwe na RAB kubagurira umusaruro, bituma bagurisha ku giciro batari biteze.
Depite Astrid Schimitt wo mu gihugu cy’Ubudage ubwo yari i Kansi ku wa 16 Ukwakira 2015 yavuze ko umubano mwiza hagati y’abantu ari ipfundo ry’iterambere rirambye.
Mu mpera z’iki cyumweru Shampiona yari igeze ku munsi wa gatanu,aho Mukura yatsinze Sunrise 2-1,maze AS Kigali igakomeza kuyobora urutonde
Mu isiganwa ritegura Tour du Rwanda,Nsengimana Bosco ukinira Benediction yegukanye isiganwa ryaturutse Rwamagana ryerekeza Huye kuri iki cyumweru
Umuhanzi w’Umubiligi ukomoka ku Munyarwanda n’Umubiligikazi Stromae, yaraye akoreye igitaramo muri Kaminuza Yigenga ya Kigali (ULK) kinezeza cyane abakitabiriye.