Ku Murindi w’intwari isomo ryo gusigasira ibyagezweho- Abanyamuryango ba RPF

Abanyamuryango ba RPF bo mu karere ka Kicukiro bigiye byinshi ku mateka yo ku Murindi w’Intwari bizabafasha gukomeza gusigasira ibyagezweho.

Ibi babitangaje kuri uyu wa 24/10/2015 nyuma yo gusura indake Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yabagamo ndetse hamwe n’abandi bayobozi b’u Rwanda bafatanyije nawe kubohora u Rwanda.

Indake Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabagamo mu gihe cy'urugamba rwo kubohora u Rwanda
Indake Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabagamo mu gihe cy’urugamba rwo kubohora u Rwanda

Uwimana Virginie Uhagarariye urugaga rw’abagore rushamikiye ku Muryango wa RPF inkotanyi mu karere ka Kicukiro yatangaje ko nyuma yo gusura ahantu hatandukanye hari amateka agaragaza urugamba rwo kubohora u Rwanda ku Mulindi w’intwari byamweretse ko Perezida Kagame ndetse n’ingabo zose bafatanyije urugambaga bakuye u Rwanda ahantu hakomeye.

Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi bava mu ndake kureba uko hameze
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi bava mu ndake kureba uko hameze

Ati “ Numvaga indake nkumva ntabyumva neza ariko nabonye ko igihugu cyacu bagikuye ku bwitange bukomeye, niyo mpamvu dushimira perezida wacu aho agejeje Abanyarwanda”.

Ibuye ry'ifatizo ryashyizweho na Perezida wa Repubulika Paul Kagame
Ibuye ry’ifatizo ryashyizweho na Perezida wa Repubulika Paul Kagame

Ndabarasa William akuriye urugaga rw’urubyiruko mu muryango FPR Inkotanyi mu karere ka Kicukiro kuri we ngo yatangajwe no kubona indake umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yabayemo mu gihe cy’urugamba bimuha isomo nk’urubyiruko ko bagomba kurinda ikintu cyose cyatuma u Rwanda rwongera gusubizwa inyuma mu bikorwa by’iterambere.

Aha basobanurirwaga amateka y'indake ya Perezida Paul Kagame
Aha basobanurirwaga amateka y’indake ya Perezida Paul Kagame

Nk’urubyiruko rugomba kuba imbaraga n’amaboko by’u Rwanda kandi bagakomeza gufatanya mu kubaka u Rwanda kuko ababohoye igihugu yabonye ko babigezeho kubera ubwitange no kwigomwa byinshi kugira ngo baharanire amahoro n’ubumwe by’Abanyarwanda.

Indake Gen Kabarebe James Minisitiri w'ingabo
Indake Gen Kabarebe James Minisitiri w’ingabo

Ati “ Nkanjye urubyiruko byampaye isomo ko tugomba gukomeza gusigasira ibyo tumaze kugeraho tugakomeza urugamba rw’iterambere.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kicukiro Jules Ndamage yatangaje ko uruzinduko bagize ku banyamuryango ba RPF Inkotanyi ari uburyo bwo kongera guha agaciro no kumenya ukuri ingabo z’u Rwanda zarwaniraga.

Ukuri avuga ni uko guha Abanyarwanda agaciro no kubaha kuba mu gihugu gitekanye kandi gifite amahoro.

Bagabira umuturage inka
Bagabira umuturage inka

Abanyamuryango ba RPF kandi baremeye n’umuturage utishoboye witwa Mukangwije Marie Christine wo mu murenge wa Kaniga aho bamugabiye inka yo korora kugira ngo izamufashe kumuzamura mu mibereho myiza y’urugo rwe.

Ernestine Musanabera

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

mubyukuri ndashimira abrwana shyaka bacunguye igihugu kyacu kandi nkangye urubyiruko niyemeje gukora igishoboka gukomeza guteza imbere Urwambyaye.murakoze

KALONGO PATRICK KARAKYE yanditse ku itariki ya: 18-05-2016  →  Musubize

niyemeje guharanira itera mbere ryugihugu kyambyaye mubibi nomubyiza

KALONGO PATRICK KARAKYE yanditse ku itariki ya: 18-05-2016  →  Musubize

mubyukuri ndashimira abrwana shyaka bacunguye igihugu kyacu kandi nkangye urubyiruko niyemeje gukora igishoboka gukomeza guteza imbere Urwambyaye.murakoze

KALONGO PATRICK KARAKYE yanditse ku itariki ya: 18-05-2016  →  Musubize

THANK U ALL MOSTLY PRESIDENT KAGAME FOR CONTRIBUTION AND MY FELLOW RWANDESE

IZERE GEDEON yanditse ku itariki ya: 26-10-2015  →  Musubize

Rwanda iyo ntejereje aho wavuye bintera gushima Imana kandi bkashinira umuntu wese wafashe iyambere akitanga agatanga ubuzima bwe ubwo nibwo butwali!natwe rero turasabwa guhora tubizirikana twirinda icyadusubiza mu mateka mabi twanyuzemo tukiteza imbere!

NSENGIMABA Francois yanditse ku itariki ya: 26-10-2015  →  Musubize

Nukuri nibyo rwose Uru Rwanda rwavuye Kure Kandi aho rugeze harashimishije.

Thx for every one who contribute in liberation war

Muhiganwa Emmanuel yanditse ku itariki ya: 25-10-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka