Rusizi: Abagitifu b’Imirenge bimuwe abandi bahabwa izindi nshingano
Bamwe mu banyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge y’Akarere ka Rusizi bimuwe mu mirenge bari barimo bajyanwa kuyobora indi mirenge ku mpamvu zitandukanye
Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi Harerimana Frederic avuga ko guhindurwa ku muyobozi biterwa n’impamvu zitandukanye, kuba yajya gutanga umusaruro urushijeho kurusha uwo yatanganga aho yakoraga cyangwa agakurwa aho yari ari kubera ko atagifite imbaraga zo kuhayobora.

Yagize ati ‘’Guhindurwa ku muyobozi hari igihe ashobora guhindurirwa akazi kugirango ajye gutanga umusaruro urushije aho yari ari harinigihe biba bigaraga ko atagifite imbaraga zo kugera ku nshingano ze ku mpamvu runaka ibyo byose bigenderwaho”.
Akomeza avuga ko buri wese agira icyo ashoboye mu buzima kuko hari igihe usanga umukozi runaka afite ubushobozi bukenewe ahandi ibyo bituma habaho kumutuma aho yajya gukoresha bwa bushobozi kugira ngo ngo abashe guteza abaturage imbere.
Ku banyamabanga Nshingwabikorwa bahinduriwe akazi umuyobozi w’Akarere ka Rusizi avuga ko ari ibisanzwe nta kibazo kinini kibirimo aha akaba ariho ahera asaba abashinzwe irangamimerere n’ibibazo by’abaturage gusigara bayobora imirenge idafite abayobozi neza.

Imirenge 11 kuri 18 igize Akarere ka Rusizi niyo yahinduriwe abayobozi abandi banyamabanga Nshingwabikorwa 3 bahawe indi mirimo mu karere ni mu gihe indi mirenge 4 yo gagumanye abayobozi bayo gusa nabo ntibari bayisanzwemo kuko nabo baherutse guhinduranwa.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge ya Gihundwe, Muganza na Nyakarenzo bahawe indi mirimo mu karere.
Musabwa Euphrem
Ibitekerezo ( 7 )
Ohereza igitekerezo
|
Bugesera Yo yihorere ibyayo byarayoberanye cyane ahubwo governor atabare abakozi bo mutugari bâ girifu abahindure n’aho ubundi biragoye cyane.
Mayor ea Rusizi Yagize ati ‘’Guhindurwa ku muyobozi hari igihe ashobora guhindurirwa akazi kugirango ajye gutanga umusaruro urushije aho yari ari harinigihe biba bigaraga ko atagifite imbaraga zo kugera ku nshingano ze ku mpamvu runaka ibyo byose bigenderwaho.
Hhhhhh, ubuse sha kugukura mu murenge ukajya mu karere ni promotion??
Imodoka baha Gitifu wari wumva bayihaye umukozi wo mu Karere? Bamugize Vice-Mayor se?? Njye sanga kuba yagiye mu Karere aruko basanze ibyo kuyobora umurenge atabishoboye bamujyana kumwicaza muri office aho azajya ayoborwa agera kukazi saa 7:0 agasinya mu ikaye. Baramurangije kabisa!?
Uriya mudamu wa Muganza yarashoboye pe,promotion arayikwiye rwose,Fredy rwose wakoze kdi uzi akarere neza urymwana waho bravoo
bjr nimwandika inkuru mujye muyiva imuzi ubuse ko mutatubwiye uko imirenge yagiye ihundurirwa abayobozi iyariyo ? nibyo byari bikenewe cyane
Mbega byiza we!!ibi uwabikora no mukarere ka Bugesera aho bamwe mubayobozi batagitanga umusaruro!!uzi bibaye nko muri nyobozi y’akarere maze bagakuramo ba vice mayor bavangira mayor wacu dukunda!Ntacyo ariko manda yabo iraje irangire gusa uwadusubiza mayor nka Rwagaju ariko akaturinda v/m économique nkuwo dufite akarere katera imbere
Nibyiza ko abantu bazamurwa muntera ndetse bakanimuka kujya gukorera ahandi murwego rwo kugira ngo ibyiza bakora bisangizwe n’abandi