Ikigo Kigali Fashion Week kigiye gutora umunyamideri uhiga abandi, akazafashwa gukorana n’ibigo mpuzamahanga.
Raporo igaragaza iko isuku ihagaze mu Murenge wa Masoro mu Karere ka Rulindo igaragaza ko mu ngo 5007 ziwugize izibarirwa mu 3700 ari zo gusa zifite ubwiherero.
Abagabo bo mu Karere ka Gatsibo, barasabwa kudatererana abo bashakanye mu kuboneza urubyaro bitabira gahunda yo kwifungisha ku bagabo.
Nyuma y’imvururu zagaragaye mu kigo cya Lycée de Ruhango zitewe n’ikubitwa ry’abanyeshuri bamwe bazira gukererwa ryanaviriyemo bamwe kujya mu bitaro, kuri ubu barishimira umutekano uhari.
Mu muhango wo kwizihiza Umunsi w’Umugore wo mu Cyaro wabereye mu Karere ka Gicumbi ku rwego rw’igihugu abagore bashimiwe uruhare rwabo mu iterambere ry’u Rwanda.
Umuhanzi Stromae arashyize ashyikirizwa igihembo cye yegukanye mu marushanwa ya Salax Awards nyuma y’igihe kirenga umwaka akegukanye, hibazwa uburyo azabasha kugihabwa.
Umubyeyi witwa Mpombetsendora Gertrude aratangaza ko ahereye ku gikoma yacuruzaga amaze kugera ku gishoro kirenze miliyoni y’amanyarwanda.
Twahirwa Francois wigeze kuba Burugumestri wa komine Sake, yashinjwe n’abari abaturanyi be mu gihe cya Jenoside, ubwo yajyanwaga kuburanira iwabo.
Abagore bo ku kirwa cya Nkombo mu karere ka Rusizi baravuga ko nta terambere bageraho mu gihe bakicyikorera imizigo ku mugongo.
Bintunimana Emile ukinira Benediction y’I Rubavu niwe wegukanye isiganwa ry’amagare ryaturutse I Nyagatare rigasorezwa I Rwamagana kuri uyu wa gatandatu
Ubuyobozi bwa Police mu Ntara y’Amajyaruguru burasaba abaturage bo mu karere ka Gakenke kwigisha abana babo kudashukwa nuwo babonye wese.
Ubuyobozi bwa Salax bwashyikirije Stromae igihembo yegukanye mu marushanwa ya Salax Awards muri 2013, nyuma y’aho hibazwaga uko azagihabwa.
Nyuma y’amasaha macye ageze mu Rwanda Umuhanzi Stromae yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru, aho yagaragaje ko yishimiye kugaruka mu Rwanda.
Abaturage barashishikarizwa gukora cyane, bongera amasaha y’akazi bakareka utubari kugira ngo barusheho kubona umusaruro uhagije kandi babashe no kwiteza imbere.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gatsibo, baragaragaza ko bahangayikishijwe n’ikibazo cy’ibicanwa bidahagije bigatuma basigaye biyambaza ibitsinsi by’ibiti.
Ikigo cy’igihugu giteza imbere Ubuhinzi cyanze kugura b’imbuto y’ibigori y’abatubuzi bo mu Karere ka Kamonyi, bituma bayigurisha ku giciro batifuzaga.
Ibitaro bya Nyagatare byahawe abayobozi bashya b’agateganyo nyuma y’ifungwa ry’abari basanzwe, mu rwego rwo kugira ngo abarwayi batazarenganiramo.
Ndayitegereje Ndagije watashye nyuma y’imyaka itandatu aba muri FDLR, avuga ko kuwubamo ari ukuba mu bucakara, agasaba abawurimo kwibwibohora.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kinazi mu Karere ka Ruhango bwatangije ikinyamakuru buvuga ko kigamije kuzamura imyumvire y’abaturage bo muri uwo murenge.
Abaturiye isoko y’amazi ya Samuko yo mu Murenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe barinubira ko batakibona amazi meza.
Umuryango wita ku burenganzira bwa muntu, CLADHO, urashaka uburyo hashyirwaho itumanaho ryo kumva abana no kubarinda ihohoterwa.
Abanyeshuri biga mu ishuri ryigisha ubumenyingiro rya IPRC-EAST, bavumbuye uburyo bwo guteka hifashishijwe ikoranabuhanga rya interineti, babwita “Online cooking System”.
Ministeri y’Ubutabera(MINIJUST) yahagaritse ku mirimo yabo, abahesha b’inkiko b’umwuga 15 kuva tariki 14 Ukwakira 2015, ibaziza kurenganya abaturage.
Abagore bo mu cyaro bo mu karere ka Rutsiro baratangaza ko umunsi mpuzamahanga wahariwe umugore wo mu cyaro ubatera ishema.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi arasaba Abanyarwanda kwitandukanya n’abakora ihohoterwa rishingiye ku gitsina bagahobotera abagore n’abana.
Nikuze Vestine wigisha ku ishuri ry’Urwunge rw’Amashuri rya Murama mu Murenge wa Musasa mu Akarere ka Rutsiro arasaba gufashwa kwivuza
Urukiko rw’ibanze rwa Gisenyi rwakatiye Bahame Hassan igihano cy’igifungo cy’amezi atandatu kubera amakosa yamuhamye mu kugurisha isoko rya Gisenyi.
Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu no kunyereza imisoro, ryafashe amakarito 1971 acuruzwa nta misoro n’imodoka yuzuye amasashe yaciwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango, burasaba abahinzi ba Kawa kwita kuri iki gihingwa bakaba abanyamwuga kugira ngo umusaruro ube mwiza uniyongere.
Ubuyobozi bwa Soleil Records, buravuga ko bwamaze gufata icyemezo cy’uko buri mwaka buzajya bukoreshereza abahanzi bane indirimbo nta kiguzi batanze.
Abaturage b’Akarere ka Gakenke barasabwa kongera umusaruro wa kawa kuko ari igihigwa kibitse ubukungu
Bimwe mu bikorwa by’iterambere bigaragara mu karere byubatswe n’abafatanyabikorwa. Ubuyobozi buhamya ko umusaruro uturuka muri ibyo bikorwa biteza imbere abaturage.
Abaturage bari baratujwe mu isambu y’uwitwa Ngirira Mathieu ariko ubuyobozi bukabasaba ko bayivamo, bamaze kwandikira Perezida Kagame basaba kurenganurwa.
Abatuye umujyi wa Goma bahangayikishijwe no kutazareba imikino ya CHAN 2016 kubera amasaha igihugu cyabo cyashyizeho yo gufunga imipaka.
Ubuyobozi bwa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe buravuga ko ba rushimusi muri iyi parike bamaze kwica inyamaswa 87 mu mezi umunani.
Akarere ka Ngoma katashye inyubako nshya z’isoko rikuru rya Kibungo zatwaye agera Miliyoni 210 ngo hakemuke ikibazo cy’ubuto bw’isoko.
Abikorera mu Karere ka Gicumbi bagiye kubaka hoteli mu mujyi wa Byumba mu gihe cy’amezi atandatu, mu rwego rwo kuvugurura umujyi hubakwa inyubako zigezweho.
Nyuma yo kuganira n’abibumbiye muri za koperative z’ubuhinzi mu Karere ka Gatsibo, ubuyobozi bw’akarere burabizeza ko badakwiye guhangayika kuko isoko ngo rihari.
Abaturage bibumbiye mu matsinda na koperative yakoreraga ku butaka bw’itorero ry’Ababatisita i Rilima mu Bugesera; barashinja Pasiteri Ndagijimana Emmanuel kwibaruzaho imitungo yabo akanayitwara.
Abaturage bo mu Murenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu barakangurirwa kwita ku biteganijwe mu gishushanyo mbonera cy’umujyi aho kuzahomba.
Ubuyapani ngo buzakomeza gufatanya n’u Rwanda muri gahunda yo kwegereza amazi meza abaturage mu rwego rwo kurushaho kunoza isuku n’isukura.
Abakobwa 15 babyariye iwabo, mu Kagari ka Rurengeri muri Nyabihu barimo kwiga kudoda bagamije kubaka ahazaza habo no kwirinda kuzasabiriza.
Ministeri y’Uburezi(MINEDUC) na Banki Itsura Amajyambere(BRD), kuri uyu wa 15 Ukwakira 2015, bumvikanye uko inguzanyo ku bafite buruse ya Kaminuza izatangwa ikanagaruzwa.
Ababyeyi n’abarezi bo mu Kagari ka Mbare mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga baravuga ko ishuri rishya rya Rubugurizo rizabafasha kuboneza inkingi eshatu z’uburezi.
Gukorera mu makoperative ni bimwe mu byateza imbere abagore bo mu karere ka Burera kuko bibafasha kugera ku iterambere rirambye.
Ikigo cy’igihugu cyita ku buhinzi (RAB) kirasaba abanyemali gushora amafaranga mu mishinga yo kuhira imyaka mu rwego rwo kongera umusaruro.
Ministeri ishinzwe Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), itangaza ko umunsi wahariwe umugore wo mu cyaro witegura kwizihizwa uzaba uw’ubukangurambaga no kumuremera.
Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda kizahemba abayobozi b’ibanze bazaba indashyikirwa mu gukora ubukangurambaga mu baturage bwo gutanga imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza
Abakinnyi bakomoka mu gihugu cy’u Burundi bakinira Mukura bibasiwe n’umutekano muke uhari,baracyategerejwe i Huye n’ubwo bitoroshye