Farious asanga itike y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 100 mu gitaramo cya Stromae atari menshi kubera urwego Stromae agezeho.
Nyirangendo Rachel, w’imyaka 60, avuga ko ubuvugizi yakorewe n’itangazamakuru bwatumye ahabwa ingurane ya miliyoni 33 ahantu bamuhaga ingurane ya miliyoni 6.
Polisi ifatanyije n’abaturage b’Umurenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, tariki 14/10/2015, basenye uruganda rwa Kanyanga rw’uwitwa Banterere Marcelin.
Ubuyobozi bw’uturere burasabwa gukora ibishoboka ngo abaturage batuye mu manegeka bashobore kuyavamo hirindwa ko ingaruka za El Nino 2015 zabageraho.
Abahinzi bo mu Murenge wa Karenge muri Rwamagana barasaba ubuyobozi kubakorera umuhanda Rugende-Karenge, wabashoboza kugeza umusaruro wabo ku isoko.
Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Muhenga, SS Muheto Francis, arasaba abatwara ibinyabiziga kwirinda umuvuduko ukabije mu bice by’insinsiro n’iyo nta cyapa cyaba gihari.
Abaturage bo mu Murenge wa Musange mu Karere ka Nyamagabe ngo bahangayikishijwe n’iteme ryangiritse rishobora gutwara ubuzima bwa bamwe dore ko kuryiyambutsaho bigoye.
Umuhanzi Big Farious asanga Stromae yari akwiye guha amahirwe abahanzi bo mu Rwanda yo kugaragara mu gitaramo cye, amahanga akamenya ko atari wenyine.
Imirima ubuyobozi bafatanyije n’abaturage gutangirizamo igihembwe cy’ihinga, itangirwaho inama z’imihingire ikanashyirwamo inyongeramusaruro zituma imyaka ikura neza bityo ikagirwa icyitegererezo.
Mu ntego 17 z’iterambere rirambye zemejwe na LONI, harimo izo impuguke z’igitangazamakuru Africa Confidential zivuga ko zizagorana kugerwaho.
Nyuma y’akaruhuko k’ikipe y’igihugu yari imaze icyumeru muri Maroc,Shampiona y’icyocro cya mbere irakomeza hakinwa imikino y’umunsi wa gatanu
Mu karere ka Nyanza hatangijwe ku mugaragaro tariki 14 Ukwakira 2015 igihembwe cya mbere cy’ihinga 2016 A mu gice cy’Amayaga.
Bamwe mu batuye mu Karere ka Kayonza bahamya ko imirire mibi ikigaragara ku bana ari ingaruka z’imyumvire y’ababyeyi ikiri hasi.
Bamwe mu batuye mu mudugudu wa Cyamunyana mu Karere ka Nyagatare bahangayikishijwe n’ingona zibafata bagiye gushaka amazi mu mugezi w’Akagera.
Ikigo cy’Ibarurishamibare mu Rwanda (RNIS) kiratangaza ko hari intambwe imaze guterwa mu kuzamura imibereho n’ubuzima bw’Abanyarwanda, ariko bakaba badakwiye kwirara.
Abagize Ihuriro ry’Amashuri Makuru yo muri Afurika (AAU) basanga abayarangizamo bagomba kuba bafite ubumenyi buhagije butuma babona akazi cyangwa bakagahanga.
Abatuye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro baratangaza ko kongera kwegerwa bakibutswa ububi bwa Sida bibatera kurushaho kuyirinda.
Twahirwa Francois, uregwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi i Rukumbeli mu cyahoze ari Komini Sake, aravugwaho kwiyambaza mu bujurire abo ngo yatoje ubwicanyi ngo bamushinjure.
Haravugwa ubwumvikane buke hagati y’umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Bigugu cyo mu karere ka Karongi na Komite y’ubuzima (COSA).
Nyuma yo gusinyana imihigo n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwankuba, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari barasabwa kuyifata nk’ivanjiri kugira ngo ibashe kweswa.
Abagore bo mu karere ka Burera barasabwa kugira isuku umuco bagaca ukubiri n’umwanda kuko ari zimwe mu ngaruka z’ubukoloni.
Abaturage bo mu Kabuga mu murenge wa Kanjongo mu Karere ka Nyamasheke, baratabaza nyuma yo gusenyerwa na sosiyete ikora umuhanda,China Road.
Abahinga mu gishanga cya Kiryango mu karere ka Ruhango bakanguriwe kwibumbira mu matsinda kugira ngo babashe kuzamura umusaruro wabo.
Impuzamiryango Pro-Femmes Twese Hamwe, iharanira uburinganire n’amahoro, yiyemeje kuri uyu wa 13 Ukwakira 2015, gufasha kwimakaza amahoro, igendeye ku mwanzuro wa LONI 1325.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke burasaba abaturage kongera kwita ku isuku kuko byongeye kugaragara ko ikiri nkeya mu baturage.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza buravuga ko ikibazo cy’amazi abatuye mu Murenge wa Gahini bafite gishobora gukemuka mu gihe cya vuba.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buvuga ko bwahagurukiye abagicururiza mu muhanda mu mujyi w’aka karere, mu gihe bo basanga ari ukurenganywa.
Kwinjira mu gitaramo umuhanzi Stromae azakorera i Kigali, mu myanya y’icyubahiro umuntu azishyura ibihumbi 100Frw ariko hakaba n’abazinjirira ibihumbi bibiri.
Abaturage binjiza ibicuruzwa biva Goma binubira kuba ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro (RRA) kitabagaragariza imisoro mbere yo kwinjiza ibicuruzwa mu Rwanda.
Bamwe mu bagize Inama Njyanama y’Akarere ka Bugesera baravuga ko bahangayikishijwe n’amacumbi yubakiwe abarimu agatwara akayabo none bakaba batayabamo.
Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyagatare mu murenge wa Rwimiyaga, bavuga ko bivuza magendu ntibanishyure mituweli kuko bategereye ivuriro.
Abaturiye ruhurura iri ku Muhima n’abahagenda binubira umwanda ibatera kubera abitwikira ijoro bakamenamo ibishingwe bigatuma hahora umunuko.
Abikorera bo mu Rwanda basanga babangamirwa mu mikorere yabo kubera amatagegeko agenga ubucuruzi mu bihugu by’Africa y’Uburasirazuba(EAC) atarahuzwa.
Ubuyobozi bwa Rayon Sports burahakana amakuru avugwa ko umutoza wayo David Donadei yaba agiye,bukemeza ko agera i Kigali kuri uyu wa kane
Nyuma y’abantu 28 bakurikiranyweho kunyereza amafaranga ya VUP mu Murenge wa Ngamba, abandi babiri bo muri Kayenzi na bo bakurikiranyweho icyo cyaha.
Abaturage 81 bo mu murenge wa Nkombo mu karere ka Rusizi baravuga ko bamaze imyaka itanu barambuwe miliyoni enye n’uwabakoreshaga.
Murindahabi Vianney, umusore uri mu kigero cy’imyaka 19, yafatanywe ingurube, bivugwa ko yibye barayimuhekesha, abaturage batangaza ko yabajujubije ubuyobozi bukarebera.
Rutahizamu wanyuze mu makipe nka Mukura na Rayon Sports,Mahoro Nicolas yerekeje muri APR Fc ndetse na Emery Bayisenge Emery
Abaturiye agakiriro ko mu Karere ka Kayonza barasaba ubuyobozi gukemura ibabazo bituma agakiriro bubakiwe kadakora kuko babifata nk’igihombo kuri bo.
Mu Karere ka Gicumbi barashishikarizwa guhinga akarima k’imboga kugira ngo kabafashe guhangana n’imirire mibi mu bana bari munsi y’imyaka itanu.
Abamotari bo mu Mujyi wa Nyamagabe barinubira ko ntaho guparika bafite kandi bishyura amafaranga ya parikingi buri kwezi.
Ibarura rya 4 ry’imibereho y’Abanyarwanda riragaragaza ko abaturage bari munsi y’umurongo w’ubukene mu Karere ka Nyanza babarirwa muri 38 %.
Kuri uyu wa 12 Ukwakira 2015, mu Murenge wa Rwimiyaga batashye ivuriro rito rya Gakagati basaba abaturage kurigana ngo bagabanye impfu z’abana n’ababyeyi.
Umushinga w’Itegeko Nshinga watowe n’Inteko kuri uyu wa 12 Ukwakira 2015, ugenera Perezida wa Repubulika manda z’imyaka irindwi zitagira umubare.
Ibihumbi by’Abanyarwanda bategerezanyije amatsiko ibiva mu biganiro Inteko ishinga amategeko yatangiye gusuzuma ishingiro ry’umushinga w’itegeko rivugurura itegeko inshinga.
Minisiteri y’Umuco yateguye umushinga w’itegeko rijyanye no kwandikisha umurage ndangamuco n’ubumenyi gakondo mu rwego rwo gusigasira amateka y’u Rwanda.