Abaturage b’Umurenge wa Bugeshi mu Karere ka Rubavu, bamaze kwiyuzuriza ibiro bishya by’umurenge bizatuma barushaho guhabwa serivisi zinoze.
Abanyeshuri barangije kwiga ubukanishi mu ishuri ryigenga rya EMVTC Remera muri Gasabo bemeza ko butanga akazi gahoraho kandi kinjiza amafaranga vuba.
Abafite ubumuga basabye ko Leta yaborohereza bakabasha kubona insimburangingo n’inyunganirangingo bifashishije ubwisungane mu kwivuza ngo kuko zihenze cyane ku buryo batashobora kuzigurira ku giti cyabo.
Kuwa Gatanu tariki 1 Ukuboza 2017, Kanakuze Anastasie, ufite imyaka 30, akaba avuka mu Karere ka Huye, Umurenge wa Mbazi, yabyaye abana b’abakobwa babiri bafatanye ku gice cyo ku nda.
Mu mukino ufungura amarushanwa ya CECAFA ari kubera muri Kenya, u Rwanda rwatsinzwe ibitego 2-0 mu mukino wabereye kuri Bokungu Stadium mu gace ka Kakamega
Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame basangiye ibirori bya Noheli n’abana barenga 200, igikorwa cyabaye no mu rwego rwo kwifatanya na bo muri izi mpera z’umwaka.
Kuri iki cyumweru tariki ya 3 Ukuboza 2017, Perezida Paul Kagame na Madame Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali muri siporo ngarukakwezi yitiriwe “Car Free Day”.
Mu irushanwa ry’ubwiza rya Miss University Africa 2017 ryaberaga muri Nigeria ryarangiye umukobwa wo mu Birwa bya Maurice (Mauritius), Marie Lorriane Nadal ariwe wegukanye ikamba.
Diyosezi gatolika ya Kibungo yatashye kiriziya ya katedarari yuzuye itwaye miliyoni zirenga 436Fw, yavuye mu bwitange bw’abakilisitu n’umuganda batanze.
Madame Jeannette Kagame yabwiye abagore ko ari bo bagomba kwishakamo ibisubizo bakoresheje amahirwe bafite ngo bateze imbere umuryango.
Karekezi Olivier umutoza wa Rayons Sports wari umaze ibyumweru birenga bibiri ari mu maboko y’ubugenzacyaha yarekuwe kandi ngo azakomeza kuba umutoza mukuru w’iyi kipe ashakirwe umutoza wungirije.
Ubufatanye no gukorera ku ntego byaranze Inkotanyi ngo ni byo byatumye zibasha kubohora igihugu ari yo mpamvu abagore bakagombye gukora nkazo mu rugamba barimo rwo kwiteza imbere.
Byajyaga bifatwa nk’umugani ko “Imana yirirwa ahandi igataha i Rwanda” ariko bimwe mu bimenyetso bigenda bigaragaza ko umugani ugana akariho.
Ibikorwa byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 Umuryango wa FPR Inkotanyi umaze ubayeho, Abaturage bo mu Kagali ka Gasagara mu Murenge wa Rusororo, Akarere ka Gasabo, barishimira ko bibasigiye Ikigo Mbonezamikurire kizajya cyita ku bana kikabaha uburere bufite ireme .
Inyambo ni inka zigaragaza umubyimba munini n’amahembe manini kandi maremare zaranze amateka y’u Rwanda, ziboneka i Nyanza ku gicumbi cy’umuco.
Abanyeshuri batatu biga muri Musanze Polytechnic bakora intebe zo munzu no mu busitani bakoresheje isima n’ibyuma, zishobora kugeza ku myaka 150 zitarasaza.
Charly na Nina bashyize hanze album yabo ya mbere bise “Imbaraga”, bashimira abafana bakunze iyo ndirimbo kuko ari yo yatumye bamenyekana.
Jenny Kim, wo muri Korea y’Epfo niwe wegukanye ikamba rya Miss Supranational 2017 nyuma yo gutsinda abo bari bahanganye babarirwa muri 68.
Abanyarwanda babiri bakina muri Dimension data yo muri Afurika y’epfo bamaze guhabwa andi masezerano y’umwaka muri iyi kipe yabigize umwuga yo muri Afurika y’epfo
Abanyarwanda baba mu mahanga bakusanyirije arenga miliyoni 22RWf yo gufasha Serubogo Ally wari umaze igihe atabarizwa ku mbuga nkoranyambaga, kugira ngo abone ubufasha bwo kumuvuza kanseri y’ukuguru.
Ntawe bitatungura kuba yajya kwipimisha kwa muganga agasanga afite indwara kandi yari asanzwe agenda mu nzira yumva nta kibazo afite.
Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Edouard yagaragaje ko mu bantu bose bari mu kazi mu Rwanda, abafite ubushobozi bukenewe mu kazi bakora barenga gato ½.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi Jean Marie Vianney yatangaje ko gahunda ya buri cyumweru y’abayobozi kuva ku Ntara kugera ku Kagari izajya itangazwa hifashishijwe ikoranabuhanga.
Umuhanzi Niyibikora Safi wamamaye nka Safi nyuma akaza kwishyiriraho akandi kazina ka “Madiba” atangaza ko nta kintu na kimwe yicuza nyuma yo kuva muri Urban Boys.
Umuryango SOS Rwanda, utangaza ko mu bihano ababyeyi n’abarezi bahanisha abana, harimo ibigaragaramo kubahohotera no kubabuza uburenganzira.
Ikipe ikomeje kwitwara neza muri Cote d’Ivoire, aho itsinze ishuri ry’umupira w’amaguru ryitwa WAFA ryo muri Ghana
Abakora umwuga wo gusana ibikoresho by’ikoranabuhanga byapfuye baravuga ko batakibangamirwa n’ibitagikora kuko babigurisha ku nganda zo hanze.
Mu Rwanda hatangijwe ku mugaragaro uburyo bushya bwo kwipima SIDA (HIV self-testing), hakoreshejwe agakoresho kabugenewe umuntu acisha mu kanwa, bitandukanye n’uburyo bwari busanzwe bwo gupima amaraso yo mu mutsi.
Kayibanda Mutesi Aurore wabaye Miss Rwanda 2012 ari na wo mwaka musaza we Hirwa Henry yitabyemo Imana, yagaragaje ko agishavuzwa no kubura umuvandimwe we.
Mu 2006, Umuhoza Rwabukumba ari mu Banyamabanga nshingwabikorwa ba mbere bashyizweho ubwo Guverinoma yashyiragaho uburyo bushya bw’imiyoborere mu nzego z’ibanze.
Urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) rutangaza ko kugeza ubu kugura imyenda n’ibikoresho by’ubwubatsi mu mahanga bitakiri ngombwa kuko inganda zibikorera mu Rwanda.
Antoine Hey, umutoza w’Amavubi yatangaje urutonde rw’abakinnyi 23 bazitabira imikino ya CECAFA, irushanwa rihuza amakipe ari mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba n’iyo hagati.
Mu mwaka wa 2011, Kayitesi Immaculée wari ufite imyaka 48 y’amavuko yongeye gusubira ku ntebe y’ishuri kugira ngo abashe kurangiza icyiciro cya kabiri cya Kaminuza.
Nyuma y’ibyumweru hafi bibiri irushanwa ry’ubwiza rya Miss World 2017 rirangiye, Miss Elsa Iradukunda wari waryitabiriye yageze i Kigali.
Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) irasabwa kongera ingufu mw’ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu myigishirize cyane ko ari cyo cyerekezo igihugu gishaka.
Umuririmbyi w’icyamamare wo muri Uganda, Juliana Kanyomozi yageze i Kigali aje gushyigikira Charly na Nina mu gitaramo bafite ku wa gatanu tariki ya 01 Ugushyingo 2017.
Ikipe y’Isonga yo mu Rwanda yatumiwe mu irushanwa ry’amashuri y’umupira w’amaguru muri Afurika riri kubera muri Cote d’ivoire, yatsinze umukino wayo wa mbere.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Uwizeyimana Evode avuga ko u Rwanda ruri mu bihugu bike bifite amategeko yanditse mu ndimi nyinshi.