Abacungagereza nabo bemerewe kujya bahahira muri "Army Shop"

Abagize urwego rw’abacungagereza (RCS) nabo bahawe uburenganzira bwo kujya bahahira mu isoko ryashyiriweho ingabo z’igihugu, nyuma yo kugaragaza ko byabafasha kugira ubuzima bwiza.

Mu gihugu hari amasoko y'ingabo agera kuri 12, agurirwamo n'abasirikare, abapolisi n'aba bacungagereza biyongereyeho
Mu gihugu hari amasoko y’ingabo agera kuri 12, agurirwamo n’abasirikare, abapolisi n’aba bacungagereza biyongereyeho

Iki kibazo cyagaragajwe bwa mbere mu Gushyingo 2017, ubwo umuyobozi wa Gereza ya Huye SP Camille Zuba, yavuze ko abacungagereza bifuza kwemererwa guhahirwa muri iri soko.

Mu gisubizo yamuhaye, Umuyobozi wungirije muri RCS, Jeanne Chantal yamubwiye ko icyo cyifuzo bazakiganiraho kugira ngo barebe uko n’abacungagereza bashyirwa mu banyamuryango ba “Army Shop.”

Tariki 19 Mutarama 2018, Inama y’Abaminisitiri yemeje iteka rya Minisitiri w’Intebe ryemerera abacungagereza kuba abagenerwabikorwa ba “Army Shop”.

Aba ni abakira amafaranga muri imwe mu ma "Army Shop"
Aba ni abakira amafaranga muri imwe mu ma "Army Shop"

Iri soko rya gisirikare rigurisha ibicuruzwa nta misoro ku basirikare, abapolisi n’aba bacungagereza, rigamije kubafasha kongera imibereho myiza n’imiryango yabo.

Iri soko ryashinzwe muri Nzeri 2012 ariko ritangira gukora ku mugaragaro muri Mata 2013. Kubera nta misoro bicibwa usanga ibiciro by’ibicuruzwa byiganjemo ibiribwa bihacururizwa biba biri ku giciro kiri hasi ugereranyije n’ayandi masoko mu gihugu.

RCS ifite mu nshingano zayo gereza 13 hakiyongeraho n’ikigo kigorora abana cya Nyagatare.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Iyo photo iragaragaza abarebana icyoroshye pee

Allen yanditse ku itariki ya: 22-01-2018  →  Musubize

DASSO nabo bazatekerezweho da.

A yanditse ku itariki ya: 22-01-2018  →  Musubize

muzemerere ninkera gutabara!

murigo yanditse ku itariki ya: 22-01-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka