Imodoka zikorewe mu Rwanda ziraba ziri ku isoko mu mwaka umwe
Ibikenewe byose byamaze gukusanywa kugira ngo uruganda rw’Abadage rwa Volkswagen (VW) rutangire gukorera imodoka mu Rwanda, zizaba zagiye ku isoko muri Gicurasi 2018.

Kuri uyu wa kane tariki 18 Mutarama 2018, ubuyobozi bwa VW bwatangaje ko buzatagirana ingengo ya miliyari 20 z’amadolari zo kwihashisha gukora imodoka za mbere, aho ruzaba rukorera mu gice cyahariwe inganda cya “Kigali Special Economic Zone.”
Umuyobozi wa VW muri Afurika y’Epfo, Thomas Schaefer yavuze ko uru ruganda ruzakenera abakozi igihumbi bazaturuka mu karere u Rwanda ruherereyemo.
Yavuze ko nta gihindutse mu mpera za Gicurasi uyu mwaka ari ubwo imirimo yo gukora imodoka yaba yatangiye. Hakazaherwa ku modoka zo mu bwoko bwa VW Passat, Polo n’amajipe yo mu bwoko bwa Teramont.
Clare Akamanzi, umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), yavuze ko u Rwanda rwishimiy kuva uruganda rwa VW ruje gukorera mu Rwanda. Avuga ko gukorera mu Rwanda k’uru ruganda bizagirira igihugu akamaro.
Ati “Twizeye ko ubu bufatanye buzaha urubyiruko amahirwe yo kubona imirimo.”
Yavuze ko gushora imari mu Rwaanda wa VW ari ikimenyetso cy’uko abashoramari bakomeje kwiyongera, mu gihe ku ruhande rwa VW bemeza ko bahisemo gukorera mu Rwanda kubera uburyo igihugu cyorohereza abashoramari.
VW izakorera mu Rwanda ikora nka sosiyete Nyarwanda, aho izajya ikora imodoka ziciriritse, zoroshye gukorwa kandi kinywa lisansi nke ntizanduze n’ikirere.
Inkuru zijyanye na: Volkswagen
- Kuba u Rwanda rutajenjekera ruswa ni kimwe mu byatumye Volks Wagen yemera gukorana na rwo
- U Rwanda rwamuritse ku mugaragaro uruganda ruteranya imodoka
- Imodoka yabonye ari umwana, ibaye iya mbere ikorewe mu Rwanda ari Perezida
- Gutangira guteranya imodoka za VW mu Rwanda byigijweho inyuma ukwezi
- Siemens igiye gutera ikirenge mu cya Volkswagen ishora imari mu Rwanda
- 2017 izasiga hari imodoka za Volkswagen zateranyirijwe mu Rwanda
- Volkswagen igiye gutangiza uruganda ruteranya imodoka mu Rwanda
Ohereza igitekerezo
|
Twishimira amakuru mutugezaho ariko mujye mugerageza gukosora amakosa y’imyandikire y’ikinyarwanda.