Urwego rushinzwe gucunga imfungwa n’abagororwa (RCS) rutangaza ko abacungagereza nabo boherezwa mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika mu butumwa bw’amahoro.
U Rwanda rubinyujije muri Minisiteri y’ubutabera rwakiriye inama ku butabera mpuzamahanga igamije guca umuco wo kudahana mu bihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba( EAC).
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo yagaragaje ko u Rwanda rwemeye gucumbikira bamwe mu birabura bagurishwaga mu bucakara mu gihugu cya Libya.
Ange Mukagahima wo mu Karere ka Muhanga kuri ubu ari mu byishimo nyuma yo gutsindira igihembo cya miliyoni 1RWf kubera umushinga we wahize indi mu Ntara y’Amajyepfo.
Urukiko rukuru rwemeje ko ubujurire bwa Dianne Rwigana na Nyina Mukangemanyi Rwigara Adeline, ku rubanza rw’ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo nta shingiro bufite, bagomba gukomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Abana baturiye ikigo cyahoze kirererwamo impfubyi cyo kwa Gisimba mu Nyakabanda mu karere ka Nyarugenge bakiranye urugwiro Sonia Rolland Uwitonze, baramuririmbira maze nawe yerekana imvamutima ze.
Abagenzi bagenda n’amaguru mu Mujyi wa Kigali baravuga ko babangamiwe n’uburyo abatwara ibinyabiziga batubahiriza amategeko agenga inzira z’abanyamaguru kuko usanga abenshi batajya bahagarara ngo babareke bambuke.
Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) ivuga ko umubare w’abanyeshuri ugenda wiyongera uko imyaka igenda ishira, kubera ingamba zitandukanye guverinoma igenda ishyiraho.
Abadepite basanga kuba ubuhinzi mu gihugu bukiri ku kigero cyo hasi, bituruka ku rwego rw’ubushakashatsi mu buhinzi budashyirwamo ingufu.
Hari hamenyerewe ko urutonde rw’abaherwe rukunze kugaragara mu itangazamakuru ari urwa abagabo gusa. Urubuga Express.live, rwabateguriye urutonde rw’abagore b’abaherwe ku isi, bose bakaba bakomora ubutunzi bwabo mu miryango bakomokamo ndetse n’iyo bashatsemo.
Ubuyobozi bw’ishuri ribanza rya New Vision ry’i Huye bwiyemeje gushyiraho umuganga uzajya avurira abana ku ishuri, kuko ngo hari abana barwara ntibitabweho batashye.
Polisi y’igihugu ibicishije ku rubuga rwayo rwa Twitter, yatangaje ko abakinnyi Mukunzi Yannick na Rutanga Eric bakinira ikipe ya Rayons Sport nta cyaha bakurikiranweho bamaze no kurekurwa bagataha, nyuma yo kubazwa amakuru ajyanye n’ibyaha uwari umutoza wabo Karekezi Olivier akurikiranyweho.
Umutoniwase Linda, igisonga cya kabiri cya Miss Rwanda 2017 ubu ari muri Nigeria aho ari guhatanira ikamba rya "Miss University Africa".
Umutwe ugizwe n’abantu 95 bagizwe n’ingabo, Polisi n’abasivile nibo u Rwanda rugiye kohereza mu myitozo izahuza ingabo zo mu karere izabera muri Sudani.
Mu myaka ine,urwego rushinzwe umutekano mu nzego z’ibanze ‘DASSO’ rumaze kugarura icyizere cyari cyaratawe n’urwo rwasimbuye rwari ruzwi nka ‘Local Defences’.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi yashyizeho ikirango gishyashya kiranga icyayi cy’u Rwanda bikazafasha kugitandukanya n’ubundi bwoko bw’icyayi bugemurwa mu mahanga.
Nyuma y’ifungwa ry’umutoza mukuru wa Rayons Sport Karekezi Olivier n’ifungwa ry’abakinnyi babiri bakomeye bayo, Mukunzi Yannick na Rutanga Eric ryabaye, Rayon Sports yasabye abakunzi bayo kuyiba hafi ariko ntibivange mu mikorere y’inzego z’umutekano.
Nyuma yo kugera mu gihugu cya Slovakiya ahari kubera irushanwa rya Miss Supranational 2017, Ingabire Habiba n’abo bahatana batangiye kubona bimwe mu bigize icyo gihugu.
Mu Rwanda abantu bazi ko indwara ya diyabete ikunze gufata abantu bakuze gusa. Ikindi benshi ntibaramenya ko iri mu moko atatu ashobora kugaragara no ku bindi byiciro by’abantu.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Kicukiro batangiye kubakira ababyeyi ikigo mbonezamikurire, muri gahunda z’ibikorwa bibanziriza kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 umuryango FPR Inkotanyi umaze ubayeho.
Inama njyanama y’Akarere ka Nyamagabe yafashe icyemezo cyo guhagarika Philbert Mugisha ku buyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe nyuma y’uko atawe muri yombi na Polisi y’igihugu.
Uruganda rwa SKOL rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye rwari rumaze icyumweru rwarashyize igorora abakiriya barwo n’abantu bitabiraga Tombola rwakoreshaga muri Tour du Rwanda.
Umunyarwanda Areruya Joseph ukina mu ikipe ya Dimension Data yegukanye Tour du Rwanda 2017, akaba abaye Umunyarwanda wa gatatu uyegukanye, nyuma ya Valens Ndayisenga na Jean Bosco Nsengimana.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 18 Ugushyingo 2017, Perezida Kagame yatanze ku nshuro ya mbere impeta z’ishimwe ry’ubucuti ziswe “Igihango”.
Nsengimana Jean Bosco ukinira Team Rwanda ni we kugeza ubu uhabwa amahirwe yo kwegukana Moto yatanzwe n’uruganda nyarwanda ruteranya moto
Umunyarwanda Areruya Joseph ni we ukomeje kuyobora abandi muri Tour du Rwanda 2017, aho arusha Eyob Metkel umukurikiye amasegonda 35
EYOB Metkel ukinira ikipe ya Dimension Data Ni we wegukanye agace kabanziriza akanyuma ka Tour du Rwanda gasoreje i Nyamirambo kuri Stade Regional i Nyamirambo
Ibibumbano bya SKOL biri mu ishusho y’abantu batwaye amagare byakorewe muri Portugal biri mu bikomeje gutangaza abantu muri Tour du Rwanda.
Ikinyamakuru The Voice Magazine cyagize Madame Jeannette Kagame umugore w’umwaka, kinamugira Intwari muri Afurika, kubera ibikorwa biteza imbere abakene mu mu Rwanda.
Kaminuza y’Abadivantiste y’Afurika yo hagati (The Adventist University of Central Africa/ AUCA) yadohoye amabwiriza akarishye y’imyambire ku bakobwa ariko basabwa kwambara bakikwiza.
Inteko Nyarwanda y’ururimi n’umuco (RALC) itangaza ko mu bushakashatsi yakoze ku bukwe bwa Kinyarwanda, hari abatangaje ko bagumiwe kubera inkwano ihanitse.
Kuri uyu wa Gatanu abakinnyi bahagurutse i Nyamata berekeza mu mujyi wa Rwamagana, aho bahageze Uwizeyimana Bonaventure ari we uri imbere
Komisiyo y’Igihjugu y’Itorero (NIC) itangaza ko guhera umwaka utaha abanyeshuri barangije ayisumbuye bazajya bakora urugerero rutandukanye n’urusanzwe rwiswe Urugerero ruciye ingando.
Minisitiri w’ikoranabuhanga n’itumanaho, Nsengimana Philbert, yatangaje ko u Rwanda rugiye kugirana ubufatanye mu by’ikoranabuhanga n’igihugu cya Estonia.
Ingabire Habiba yerekeje mu gihugu cya Slovakiya aho agiye guhagararira u Rwanda mu marushanwa y’ubwiza azwi nka “Miss Supranational”.
Abanyarwanda bamaze kumenya ibibazo biterwa n’ubwoko butandukanye bw’ihungabana ariko ntibatera intambwe yo kwegera abaganga babisobanukiwe ngo babafashe.
Uwizeyimana Bonaventure ukinira ikipe ya Benediction niwe wegukanye agace ka Nyamata - Rwamagana, mu irushanwa rya Tour du Rwanda.
Urwego rw’igihugu rushinzwe igenzuramikorere (RURA), ruvuga ko ibiciro by’ingendo bigomba kuzamuka kugira ngo abatwara abagenzi badahomba.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Bugesera Fc buratangaza ko bwamaze guhagarika Ally Bizimungu wari umutoza wayo mukuru.
Nyuma y’amezi uturere twa Kamonyi na Rubavu tutagira abayobozi kuri ubu twababonye nyuma y’amatora yabaye kuri uyu wa gatanu tariki ya 17 Ugushyingo 2017.
Abakozi bane b’Akarere ka Gicumbi bari mu maboko ya Polisi y’igihugu bakurikiranyweho icyaha cyo gutanga amasoko ya Leta binyuranije n’amategeko no gukora inyandiko mpimbano.
Abatuye n’abagenda ahazwi nka ‘Tarinyota’ mu Murenge wa Nyarugenge, Akarere ka Nyarugenge baravuga ko ibyaha by’ubujura byagabanutse ku buryo bugaragara.
Inzoga ya SKOL isanzwe ikoreshwa mu muhango wo guhemba uwitwaye neza muri Tour du Rwanda ntabwo ari Champagne, ngo ni inzoga isanzwe yakorewe ibirori ariko itari ku isoko.
Tour du Rwanda 2017 yakomeje ku munsi wayo wa gatanu, aho Umunyarwanda Areruya Joseph yaje kongera gusubirana umwenda w’umuhondo yari amaze iminsi ibiri yambuwe n’Umusuwisi.