Kuva muri Gashyantare uyu mwaka, Abanyarwanda bashobora gutangira gukoresha amashyiga ya gaz akorerwa mu Rwanda, mu gihe ayari asanzwe ku isoko ry’u Rwanda yaturukaga mu Bushinwa.
Tuyishimire Placide, Umuyobozi wa Musanze FC, aravuga ko idafite gahunda yo kwirukana umutoza wayo n’ubwo ikipe igeze mu murongo utukura.
Abasore n’inkumi bize mu ishuri ry’imyuga rya Kigali (KIAC) bemeza ko umwuga bize wo gufotora, gufata amavidewo no kuyatunganya utazatuma basaba akazi ahubwo ko bazagatanga.
Minisitiri w’ubutabera w’u Rwanda akaba n’intumwa nkuru ya Leta Johnston Busingye aratangaza ko u Rwanda na Maroc bagiye kugirana amasezerano y’ubufatanye mu gutanga ubutabera hifashishijwe ikoranabuhanga (Digital Courts).
Umuziki ni kimwe mu bihuza abantu benshi, haba mu bawukora ndetse n’abakunda kuwumva. Ntawashidikinya ko umuziki nyarwanda umaze kugera kuri byinshi byiza, na none ntitwakwirengagiza ko hajya hanabonekamo amahari n’impaka za ngo turwane hagati y’abahanzi.
Sultan Ahmed Bin Sulayem Umuyobozi mukuru wa “Dubai Portland World” avuga ko umwanzuro w’iyo sosiyete ahagarariye, wo gufungura ishami mu Rwanda, ugamije gufasha ibihugu bidakora ku nyanja gukora ubucuruzi bwagutse.
Ipimwa ry’imyotsi yo mu gikoni ryakozwe na Kaminuza y’u Rwanda muri 2017, rigaragaza ko abacana inkwi n’amakara bugarijwe n’ibyago byo kwandura indwara z’ubuhumekero n’umutima.
Emery Bayisenge uheruka gusezererwa mu ikipe ya USM Alger yo muri Algeria, agiye kwerekeza mu ikipe itozwa na Johnattan McKins
Ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amagare itangiranye imbaraga mu irushanwa rya La Tropicale Amissa Bongo aho umukinnyi Didier Munyaneza yegukanye umwanya wa gatatu nyuma y’agace ka mbere katwawe n’umutaliyani Niccolo Bonifazio ukinira Direct Energie.
Umunsi wa kabiri wo gusohoera abakobwa mu mwiherero wa Miss Rwanda, usize Igihozo Darine asohotse mu cyumba cye, ahabwa imodoka imigeza iwabo nk’uko uwamubanjirije byamugendekeye.
Uko iterambere ry’igihugu rizamuka, ni na ko umubare w’abanyarwanda bagenda batekereza gutunga imodoka wiyongera. Kigali Today yabakoreye icyegeranyo cy’imodoka eshanu zikunzwe kurusha izindi mu Rwanda kuri ubu.
Muhire Kevin, umukinnyi wo hagati wari usanzwe ukinira ikipe ya Rayon Sports, yamaze gusinya mu ikipe ya Misr Lel Makasa yo mu Misiri.
Abagabo icumi bamaze amezi atanu mu kigo ngororamuco cya Iwawa, nyuma yo gufatwa bacuruza ibiyobyabwenge bihaye intego yo gushinga koperative itubura imbuto y’ibirayi.
Mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Mwulire mu Kagari ka Ntunga habereye impanuka yahitanye abantu 14.
Umusifuzi Ishimwe Jean Claude ari mu basifuzi 24 batoranyijwe bazasifura igkombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 20 kizabera muri Niger
Hari abakeka ko kuba abakobwa bari mu mwiherero bagiye kumva uburyohe bw’amafunguro meza, kudabagira mu byumba bihenze, cyangwa kwifotoza amafoto abereye imbuga nkoranyambaga.
Emmanuel Imanishimwe uri hafi kwerekeza i Burayi, asanga Eric Rutanga ukinira Rayon Sports ari mu bakinnyi bamusimbura neza muri APR FC
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare kuri uyu wa mbere tariki 21 Mutarama 2019 iratangira gusiganwa mu irushanwa rizenguruka Gabon rizwi nka La Tropicale Amissa Bongo, irushanwa yegukanye umwaka ushize, ritwawe na Areruya Joseph.
Ministre w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Professor Shyaka Anastase, aributsa abayoboke b’amadini n’amatorero ko nubwo aya madini n’amatorero agira uruhare mu mibereho myiza y’abaturage ariko ko adasimbura uruhare rw’umuturage ubwe mu kwiteza imbere.
Ku munsi wa mbere wo gusezerera abakobwa muri Boot Camp, Higiro Joally wari ufite numero 15, ni we ubaye uwa mbere mu gusezererwa mu irushanwa rya Miss Rwanda 2019.
Abaturage bo mu Murenge wa Kamembe mu Kagari ka Kamurera mu Karere ka Rusizi baribaza amaherezo y’inzu zahubatswe n’Akarere ariko imyaka ikaba ikomeje kuba myinshi ntacyo zikorerwamo.
Minisitiri w’Ubutabera wa Maroc, Mohamed Auajjar, aratangaza ko we n’intumwa ayoboye, nyuma yo gusura urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali biboneye akaga gakomeye u Rwanda rwanyuzemo, ariko bakaba banahaboneye isomo ku byo u Rwanda rwabashije kugeraho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Urukiko rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’itegekonshinga rwemeje bidasubirwaho ko Félix Tshisekedi ari we watsinze amatora aheruka kuba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Abaturage bo ku kirwa cya Nkombo mu Karere ka Rusizi baravuga ko imyigire y’abana babo igiye kurushaho kuba myiza kubera ukwiyongera kw’ibyumba by’amashuri kuri icyo kirwa.
Niyonsenga Béatrice wo mu Mudugudu wa Muyenji, Akagari ka Kabezza, Umurenge wa Gatunda agiye kubakirwa n’urubyiruko nyuma yo kumara igihe yibana, umugabo yaramutaye.
Mu mukino we wa nyuma mu ikipe ya Rayon Sports, Yannick Mukunzi yayitsindiye igitego mbere y’uko yerekeza muri Sweden
Kuri Stade yayo, Mukura nubwo itsinze El Hilal igitego kimwe ku busa ntibashije gukabya inzozi zayo zo kugera mu cyiciro cy’amatsinda ya CAF confederation cup kuko isezerewe ku giteranyo cy’ibitego bitatu kuri kimwe (Aggr 3-1).
Icyumba cy’umukobwa ngo gifite agaciro kanini ku ishuri kuko gifasha abana b’abakobwa bagize ikibazo kijyanye n’imiterere yabo ariko ngo ababyeyi ntibajya bibuka ko gikeneye ibikoresho.
Urubyiruko rwo mu Ntara y’Iburasirazuba ruhamya ko kumenya byimbitse amateka y’u Rwanda bizarufasha gukumira Jenoside kuko ruzaba rusobanukiwe ububi bwayo.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere RDB ruvuga ko mu bibazo 209 abashoramari barugejejeho muri 2018, higanjemo icy’ibikorwa remezo bidahagije.
Nagapfura Brigitte wari usanzwe akora akazi ko kudoda, mu ijoro ryo ku wa kane tariki 17 Mutarama 2019 yavuye ku kazi nk’ibisanzwe atahana icupa rya gaz yari avuye kugura kuko indi yari yashize.
Umuyobozi w’Intara y’Iburengerazuba atangaza ko inzoga ya Heineken yengerwa mu Rwanda igiye kuzana iterambere, gutanga akazi no kongera umubare w’ibikorerwa mu Rwanda.
Tariki 18 Mutarama 2019, ni bwo umucamanza Theodor Meron ufite imyaka 88 y’amavuko yarangije imirimo ye.
Isesengura ku bibazo biri muri Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) riragaragaza ko Perezida wa Repuburika Paul Kagame ari we wenyine wabikemura.
Mu gihe abahinzi b’umuceri mu kibaya cya Bugarama mu karere ka Rusizi bifuza ko inganda ziwutunganya zabagurira ku mafaranga nibura 310 ku kiro, ba nyir’izi nganda bo baravuga ko badashobora kurenza 290 nyuma y’aho mu bihe byashize izi nganda zivuga ko zaguye mu gihombo kubera amafaranga bavuga ko yari menshi baguriragaho (…)
Nkangura Steven, umuturage w’Akagari ka Barija Umurenge wa Nyagatare avuga ko bitoroshye kurandura ruswa kubera amabanga aba hagati y’uyitanga n’uyakira. Yemeza ko kugira ngo icike hashyirwaho igihembo ku muntu wayatswe kuko byatuma atanga amakuru.
Hirya no hino mu gihugu aho abaturage bubakiwe ibigega bya biogaz, bamwe baratangaza ko izo biogaz zitagikora, ndetse ngo n’aho zikora ntizikora uko bikwiye.
Umuhanzikazi Tonzi avuga ko yacunagujwe cyane, agahagarikwa muri korali inshuro nyinshi, akajya anahamagarwa kugirwa inama cyangwa akihanizwa n’abo mu itorero ry’abadivantisiti b’umunsi wa karindwi, igihe yabaga agiye kuririmba ahantu hatari mu rusengero.
Umujyi wa Kigali urizeza abafite inyubako zirekura amazi mabi anuka kuzahabwa ikusanyirizo ryayo muri 2022, ariko mu gihe batarasubizwa, barasabwa kuba bahangana n’icyo kibazo ubwabo, bitaba ibyo bagacibwa amande atubutse.
Mu kiganiro Ubyumva ute cya KT Radio cyabaye kuri uyu wa kane tariki 17 Mutarama 2019, umunyamakuru Anne Marie Niwemwiza wa KT Radio na Kigali Today yakiriye abatumirwa barimo Madame Marie Immaculée Ingabire, umuyobozi wa Transparency International Rwanda, Sam Gody Nshimyimana umubyeyi akaba n’uwahoze ari umunyamakuru, (…)
Abakinnyi b’isiganwa ry’amagare bitoreza mu kigo cya ‘Africa Rising Cycling Center’ mu Karere ka Musanze, bakirije Minisitiri w’Umuco na Siporo ibibazo, abizeza ubufasha bwo kubikemura.
Abashoferi batwara imodoka mu muhanda Ruhuha- Nyamata mu karere ka Bugesera baratangaza ko mu masaha ya nijoro hari abajura babategera mu nzira bagafungura imodoka zigenda bakiba imizigo y’abagenzi.
Umukino w’ikirarane ikipe ya Sunrise igomba kwakiramo APR FC i Nyagatare wongeye guhindurirwa amatariki ku nshuro ya kabiri
Itsinda ry’abayobozi bakuru b’ibihugu muri Afurika, ab’imiryango itandukanye ihuza ibihugu, umuyobozi wa komisiyo y’umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, bayobowe na Perezida Kagame barasabwa kwerekeza muri Kongo vuba na bwangu, ngo bavugane n’impande zihanganye hagamijwe gushaka umuti w’ibibazo byo kutumvikana ku byavuye mu matora.
Umuyobozi mukuru w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa(RCS), CG George Rwigamba aravuga ko bazakomeza gukurikiranira hafi imyigire y’abana barekurwa ku mbabazi za Perezida wa Repubulika kugira ngo bajye gukomeza amasomo.
Perezida Joseph Kabila Kabange, yabwiye Perezida Paul Kagame unayoboye Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe ko atabasha kwitabira inama yiga ku kibazo cyakurikiye itangazwa ry’ibyavuye mu matora y’umukuru w’igihugu muri Congo, kubera ko ibintu bitameze neza mu gihugu cye.
Nubwo hashize imyaka hafi itandatu itegeko ryerekeye kubona amakuru rigiyeho, haracyari abantu binubira kudahabwa amakuru n’abayobozi igihe bayakeneye, cyane cyane abanyamakuru.
Myugariro w’ikipe ya Rayon Sports Rwatubyaye Abdul, yerekeje i Burayi muri Macedonia gukora igeragezwa.