Inteko Nyarwanda y’ururimi n’umuco (RALC) itangaza ko mu bushakashatsi yakoze ku bukwe bwa Kinyarwanda, hari abatangaje ko bagumiwe kubera inkwano ihanitse.
Kuri uyu wa Gatanu abakinnyi bahagurutse i Nyamata berekeza mu mujyi wa Rwamagana, aho bahageze Uwizeyimana Bonaventure ari we uri imbere
Komisiyo y’Igihjugu y’Itorero (NIC) itangaza ko guhera umwaka utaha abanyeshuri barangije ayisumbuye bazajya bakora urugerero rutandukanye n’urusanzwe rwiswe Urugerero ruciye ingando.
Minisitiri w’ikoranabuhanga n’itumanaho, Nsengimana Philbert, yatangaje ko u Rwanda rugiye kugirana ubufatanye mu by’ikoranabuhanga n’igihugu cya Estonia.
Ingabire Habiba yerekeje mu gihugu cya Slovakiya aho agiye guhagararira u Rwanda mu marushanwa y’ubwiza azwi nka “Miss Supranational”.
Abanyarwanda bamaze kumenya ibibazo biterwa n’ubwoko butandukanye bw’ihungabana ariko ntibatera intambwe yo kwegera abaganga babisobanukiwe ngo babafashe.
Uwizeyimana Bonaventure ukinira ikipe ya Benediction niwe wegukanye agace ka Nyamata - Rwamagana, mu irushanwa rya Tour du Rwanda.
Urwego rw’igihugu rushinzwe igenzuramikorere (RURA), ruvuga ko ibiciro by’ingendo bigomba kuzamuka kugira ngo abatwara abagenzi badahomba.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Bugesera Fc buratangaza ko bwamaze guhagarika Ally Bizimungu wari umutoza wayo mukuru.
Nyuma y’amezi uturere twa Kamonyi na Rubavu tutagira abayobozi kuri ubu twababonye nyuma y’amatora yabaye kuri uyu wa gatanu tariki ya 17 Ugushyingo 2017.
Abakozi bane b’Akarere ka Gicumbi bari mu maboko ya Polisi y’igihugu bakurikiranyweho icyaha cyo gutanga amasoko ya Leta binyuranije n’amategeko no gukora inyandiko mpimbano.
Abatuye n’abagenda ahazwi nka ‘Tarinyota’ mu Murenge wa Nyarugenge, Akarere ka Nyarugenge baravuga ko ibyaha by’ubujura byagabanutse ku buryo bugaragara.
Inzoga ya SKOL isanzwe ikoreshwa mu muhango wo guhemba uwitwaye neza muri Tour du Rwanda ntabwo ari Champagne, ngo ni inzoga isanzwe yakorewe ibirori ariko itari ku isoko.
Tour du Rwanda 2017 yakomeje ku munsi wayo wa gatanu, aho Umunyarwanda Areruya Joseph yaje kongera gusubirana umwenda w’umuhondo yari amaze iminsi ibiri yambuwe n’Umusuwisi.
Perezida wa Estonia, Kersti Kaljulaid yunamiye imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi basaga ibihumbi 250, bashyinguye mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, kuri uyu wa Kane tariki 16 Ugushyingo 2017.
Perezida wa Estonia, Kersti Kaljulaid uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda yahuye na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.
Mu rwego rwo gukangurira abantu kureka kunywa itabi, umujyi wa Kigali wagaragaje ko mu gihe kiri imbere ahagenewe kunywera itabi ku nyubako n’ahandi mu bigo, hazakurwaho.
Bamwe mu bagize Inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite banenga Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) kudashyira imbaraga mu kubungabunga ubuso bw’ubutaka buhingwaho.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imiturire (RHA) kirateganya ko mu myaka irindwi iri imbere mu gihugu hose hazimurwa ingo ibihumbi 205 zizatuzwa mu midugudu y’icyitegererezo.
Papa Francis atangaza ko imodoka yo mu bwoko bwa Lamborghini Huracan yahawe nk’impano atazayigendamo ngo ahubwo izatezwa cyamunama bityo amafaranga azavamo afashe abakene.
Minisiteri y’imicungire y’ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) ivuga ko ingengo y’imari ihabwa ari nke, itabasha gufasha abantu bose bahuye n’ibiza.
Ikipe y’igihugu y’umukipira w’amaguru, Amavubi ubu iri kwitegura amarushanwa ya ruhago azwi nka CECAFA azabera mu gihugu cya Kenya.
Ubusabe bwa Nshimyimana Rwigara Diane n’umubyeyi we Mukangemanyi Rwigara Adeline ku isubika ry’urubanza rwabo rwo ku itariki 16 Ugushyingo 2017 bwateshejwe agaciro n’urukiko Rukuru rwa Kigali, naho urubanza ku ifunga n’ifungura ryabo ruraburanishwa.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 16 Ugushyingo 2017, ubwo hakinwaga agace ka Kane ka Tour du Rwanda gaturuka mu Mujyi wa Musanze, kagana i Nyamata mu Karere ka Bugesera ku ntera y’ibirometero 120, Eyob Mektel ukinira ikipe ya Dimension Data niwe ukegukanye, Areruya Joseph wari uwa Kabiri mu Rutonde rusange ahita asubirana maillot (…)
Imicungire y’urwibutso rwa Nyanza yeguriwe umuryango uharanira inyungu z’abacitse ku icumu ‘IBUKA’, nyuma y’amasezerano yasinywe hagati y’Akarere ka Kicukiro n’uwo muryango.
Abanyeshuri bo muri kaminuza zitandukanye zo mu Rwanda bavuga ko ubumenyi bakura mu marushanwa ku mategeko mpuzamahanga agenga intambara abafasha mu masomo yabo.
Hari amakuru amwe yavugaga ko Irene Uwoya uzwi nka Oprah yaje mu Rwanda gushyingura nyakwigendera Ndikumana Hamad Katauti, bahoze bakundana bakanabana.
Umujyi wa Kigali washyizeho gahunda yo kwimakaza isuku guhera mu ngo ziwugize, ku bantu bawutuye n’abawugenda, mu mihanda ndetse no mu duce duhurirwamo n’abantu benshi mu bikorwa bitandukanye.
Sibomana Emmanuel ukina umukino wa Triathlon atangaza ko igare yatsindiye rizamufasha muri uyu mukino yakinaga nta gare afite.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 15 Ugushyingo 2017, Ubugenzacyaha bwatumije umutoza mukuru wa Rayons Sport Karekezi Olivier ngo yisobanure ku byaha akekwaho, byakozwe hifashishijwe ikoranabuhanga n’itumanaho.
Mu gihe mu Rwanda hakomeje kubera isiganwa ry’amagare rizenguruka u Rwanda "Tour du Rwanda", ibice igenda inyuramo Cogebanque ibahishiye byinshi.
Kuri uyu wa Gatatu Tour du Rwanda yari igeze ku munsi wayo wa kane ubwo hakinwaga agace ka gatatu kaje kwegukanwa na Areruya Joseph.
Abaturage 2326 bo mu mirenge wa Bushenge na Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke ntibazongera kuvoma amazi mabi kuko begerejwe umuyoboro w’amazi meza.
Ubushinjacyaha bukuru bumaze gutahura ko hari bamwe mu bakekwaho Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bihishe mu mahanga bajijisha, bakabikwa ko bapfuye kandi bakiriho.
Areruya Joseph Umunyarwanda ukinira ikipe ya Dimention Data, niwe wegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda kavaga mu Mujyi wa Rubavu kagana i Musanze, ku birometero 97.1 .
Perezida Paul Kagame azambika impeta y’igihango abantu icyenda baranzwe n’ibikorwa byo kubanisha Abanyarwanda no kubanisha u Rwanda n’amahanga, mu muhango uzaba kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 18 Ugushyingo 2017.
Sagashya Didier wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umujyi wa Kigali yirukanwe ku mirimo ye, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ugushyingo 2017.
Akanama gashya kazayobora amatora y’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru Rwanda (FERWAFA) gatangaza ko katangiye kwakira amadosiye y’abashaka kuyobora iryo shyirahamwe.
Minisitiri w’urubyiruko Rosemary Mbabazi yakanguriye urubyiruko kutarindira kubura akazi cyangwa kurangiza amashuri kugira ngo batangire imishinga yo kwihangira imirimo.
Ndikumana Hamad Katauti na Hategekimana Bonaventure Gangi bazwi mu mateka y’umupira w’u Rwanda bitabye Imana muri iri joro.
Uruganda rwa Skol rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye ni ishyiga ridashyigurwa mu baterankunga ba Tour du Rwanda, igenera iri rushanwa inkunga y’Amafaranga arenga miliyoni 50.
Muri raporo ya Minisiteri y’ibikorwaremezo mu mezi atatu shize abaturage 162 bapfuye bazize impanuka,inyinshi murizo ni iziterwa n’uburangare bw’abatwara ibinyabiziga bakoresha terefone n’ibindi.
Miss Rwanda, Iradukunda Elsa uhagarariye u Rwanda muri Miss World 2017 yagaragaje ko mu bantu afata nk’icyitegererezo mu buzima bwe harimo nyakwigendera Nelson Mandela.
Biragoye guhuza umuntu n’imyaka ye ariko iyo uhuye na Senateri Tito Rutaremara bikugora kurushaho.Rutaremara ni umwe mu basaza b’inararibonye wabaye umuyobozi mu bintu byinshi, harimo no kuba yari umwe mu bayoboye urugamba rwo kubohora igihugu.