Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi imaze kunganya na Ethiopia biyihesha amahirwe yo kwitabira irushanwa rya CHAN ku nshuro ya gatatu.
Mu Rwanda haje ikoranabuhanga ryo gupima uturemangingo (ADN), harebwa isano iri hagati y’abantu, rikazifashishwa cyane mu gukurikirana abatera inda bakazihakana.
Mu gusiganwa n’igihe umuntu ku giti cye, Nsengimana Jean Bosco yegukanye umwanya wa mbere ahita yambara umupira w’umuhondo
Iserukiramuco rya Musanze ryaranzwe no kwerekana ubugeni n’ubukorikori bukorerwa muri Musanze no mu Rwanda muri rusange.
Uruganda rwitwa Strawtech rutangaza ko rugiye gukemura ikibazo cy’abantu baburaga inzu zo kubamo kuko rwatangiye kubaka inzu nto ziciriritse zimukanwa.
Miss Rwanda, Elsa Iradukunda uhagarariye u Rwanda muri Miss World 2017, ntiyabashije kuza muri ba Nyampinga bazi kumurika imideli nyuma y’irushanwa ryabaye.
Nyuma y’igihe kinini bamwe mu banyakigali bifuza ahantu bajya basohokera hafite umwihariko basubijwe kuko akabari kitwa Riders k’abanya-Kenya kafunguye imiryango.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi JMV yafashe icyemezo cyo gufunga ibagiro rivamo inyama zikoreshwa mu mujyi wa Musanze n’ahandi nyuma yo gusanga ririmo umwanda.
Leta iri gushaka uburyo yakemura ikibazo cy’imirire mibi irangwa mu bana batuye mu duce duhingwamo icyayi kuko gihangayikishije.
Inama kuri kanserimuri Afurika (AORTIC Conference) yaberaga mu Rwanda irusigiye amasezerano y’ubufatanye n’ikigo BVGH kizobereye mu kurwanya kanseri.
Nyuma yo gutsindirwa n’Amavubi muri Ethiopia mu mukino ubanza, ikipe ya Ethiopia yasesekaye i Kigali ifite intego yo gutsinda Amavubi.
Humble Jizzo yagaragaje ko itsinda ry’abaririmbyi rya Urban Boys rizakomeza gukora nkuko bisanzwe nubwo umwe muri bo yarivuyemo.
Umukino wa Triathlon mu Rwanda ugiye kurushaho kugira imbaraga kuko ugiye kugira abatoza babihuguriwe ku rwego mpuzamahanga.
Mu mudugudu wa Rubindi mu Ngororero mu mezi 5, imiryango 83 yari yaranze kuva mu manegeka yivanyeyo ikurikiye imirasire y’izuba yahazanywe na polisi y’Igihugu.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe amazi isuku n’isukura, WASAC, gihembye 1000,000frw, umwana witwa Rukundo Yasiri, wafotowe ari gusana itiyo y’ amazi yari yatobokeye aho atuye muri kigarama mu karere ka Kicukiro.
Lambert Nkundumukiza yatangiye korora ingurube no guhinga urutoki muri 2015 ahereye ku bihumbi 200RWf ariko ubu amaze kugera ku gishoro cya Miliyoni 14RWf.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) itangaza ko mu gihe cy’amezi ane gusa igihugu cyagize igihombo cya miliyoni 10 z’amadorlari kubera indwara y’Uburenge mu nka.
Abanyeshuri bo mu kigo cy’amashuri cya Ruhehe kiri mu Karere ka Musanze ntibazongera kwiga bacucitse mu ishuri kuko bubakiwe ibyumba by’amashuri bishya.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) ritangaza ko imyiteguro ya Tour du Rwanda 2017 yarangiye kuburyo ngo biteze isiganwa ry’amagare ryiza.
Linda Bootherstone-Bick w’imyaka 72 ukomoka mu Bwongereza, umaze igihe kinini cy’ubuzima bwe azenguruka isi, ahamya ko u Rwanda ari igihugu cyirangwa n’isuku kandi kigendera ku mategeko.
Mu gihe kuri iki cyumweru hatangira Tour du Rwanda izaba ikinwa ku nshuro ya cyenda, hari imwe mu mibare y’ingenzi abantu bagakwaiye kumenya mbere y’uko itangira
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi ivuga ko kuhira imyaka hifashishijwe ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba, bizafasha abahinzi kugabanya igihombo baterwaga n’ihindagurika ry’ibihe.
Abayobozi bashya barahiye ba Komisiyo y’u Rwanda yo Kuvugurura Amategeko (RLRC) barahamagarirwa kwibanda ku ivugururwa ry’amategeko atakijyanye n’igihe.
Abashigajwe inyuma n’amateka bo mu Karere ka Gasabo bafite impungenge z’uko bashobora kuzajyanwa kure y’umujyi, nyuma yo kubwirwa ko igishanga bakoreragamo bazakimurwamo.
Abakunzi b’imbyino n’indirimbo gakondo n’abanya-Musanze by’umwihariko ntibazicwa n’irungu kuko mu Karere ka Musanze hagiye kubera iserukiramuco ry’izo mbyino.
Komisiyo y’abadepite ishinzwe uburezi yanze ibyifuzo by’abanyeshuri biga muri Kaminuza zigenga basaba ko na bo bajya bahabwa inguzanyo ya Buruse.
Uburaya mu Mujyi wa Kigali bugenda bwivugurura haza abakobwa bashya uko abandi bagenda basaza, bituma urwo ruhererekane rugaragaza ko uburaya budateze gucika muri uyu mujyi.
Murenzi Abdallah wahoze ayobora ikipe ya Rayon Sports yagaruwe muri Komite ya Rayon Sports nk’umujyanama wa Perezida w’iyi kipe
Ababyeyi batishoboye 17 bo muri Kimironko ntibazongera gutaka ko baraye hasi cyangwa ku misambi kuko bahawe imifariso izatuma baryama aheza.
Ibyanginjwe n’imvura yaguye tariki 7 Ugushyingo 2017, mu karere ka Karongi yangije ibifite agaciro ka miliyoni zirenga 350 y’u Rwanda.
Perezida Paul Kagame n’umuherwe wo muri Nigeria Tony Elumelu nibo bazaba bayoboye inama izahuriramo ba rwiyemezamirimo bakiri bato bakomeye muri Afurika.
Ngabo Faraji wo mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo akorera agera ku bihumbi 600Frw buri kwezi abekesha kwita ku mbwa.
Abahinga umuceri mu gishanga cya Rwinkwavu mu karere ka Kayonza, bavuga ko iki gishanga kidatanga umusaruro wari witezwe kuko kitagira amazi ahagije.
Miss Rwanda, Elsa Iradukunda na bagenzi bahatana muri Miss World 2017 bageze mu mujyi wa Sanya ahagomba kubera icyiciro cya nyuma cy’iryo rushanwa.
Abahagarariye inzego zitandukanye mu karere ka Huye barazaba ko habaho ikirango cyihariye cya Ndi Umunyarwanda, ukibonye wese kikamwibutsa iyi gahunda.
Mu iburanisha ry’urubanza Evode Imena wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’umutungo kamere ashinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro aregwamo icyaha cyo gufata icyemezo yishingiye ku itonesha, yabihakanye avuga ko bishingiye ku bugambanyi yakorewe.
Ifoto ya Kigali Today yafatiwe mu muhanda wa Karongi-Rusizi mu gihe cya Tour du Rwanda 2016, yahesheje igihembo uwayifotoye ariwe Muzogeye Plaisir.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru wungirije ushinzwe ubukungu, Busizi Antoine, yatangaje ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, abakozi batanu bo muri aka Karere beguye ku mirimo yabo.
I Musanze mu kigo cy’umukino w’amagare ari na cyo cya mbere muri Afurika, harabarizwa umukobwa watangiye umwuga wo gukanisha amagare akoreshwa mu marushanwa y’amagare.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe Imicungire n’Imikoreshereze y’Ubutaka kiravuga ko umuntu ufite ubutaka butamwanditseho bikorewe imbere ya noteri, buba atari ubwe.
Minisiteri y’ubutaka n’amashyamba (MINILAF) ivuga ko u Rwanda rwugarijwe n’ikibazo kirukomereye cy’ibura ry’ibikomoka ku mashyamba.
Amakipe atatu azahagararira u Rwanda muri Tour du Rwanda ari hafi gusoza imyitozo i Musanze, aho bose bafite icyizere cyo kwegukana Tour du Rwanda 2017
Aborozi bo mu Karere ka Nyagatare bafite impungenge kubera ikibazo cy’indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu nka zabo.
Mme Jeannette Kagame avuga ko kuba kanseri idatoranya abo ifata mu byiciro bitandukanye by’abantu, buri wese akwiye kuyipimisha
Umujyi wa Kigali utangaza ko mu kwezi kwa Mutarama 2018, uzasubizaho ibyapa biranga nimero z’imihanda byibwe, hakazakoreshwa amafaranga miliyoni 30.
Minisiteri y’ibikorwa remezo (MININFRA) ivuga ko hari kurebwa uburyo hakumirwa ingaruka zituruka ku mirasire yangiza (Rayons ionisant) iboneka muri serivisi zitandukanye, cyane izitangirwa kwa muganga.