Ariel Wayz na Babo barafunze

Umuvugizi wa Police, ACP Rutikanga yemeje ko abahanzi Barbara Horn Teta wamamaye nka Babo na Ariel Wayz bafunze.

ACP Rutikanga yemeje ko aba bahanzi batawe muri yombi mu mpera z’icyumweru gishize, nyuma y’uko bafashwe, bapimwe n’urwego rubishinzwe basanga bakoresha ibiyobyabwenge, bombi bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi i Remera, hamwe n’abandi batanu amazina yabo atatangajwe.

Umwe mu bahanzi utashatse ko amazina ye atangazwa, yabwiye Kigali Today ko aba bombi itabwa muri yombi ryabo ryaturutse ku kavuyo bateje aho bari bari kuri ‘Apartment’ i Nyarutarama, bituma nyiri iryo cumbi yiyambaza inzego z’umutekano.

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka