Umuyobozi w’itorero ry’igihugu, Edouard Bamporiki yibukije urubyiruko ko aho Abanyarwanda bicaye ubu hakomoka ku butwari no ku bwitange bw’abababanjirije, abasaba guca bugufi no kubigiraho kugira ngo bazatere ikirenge mu cyabo.
Rwiyemezamirimo Jaures Habineza utuye muri Canada asaba urubyiruko kureba kure, agahamya ko ari byo byamuhaye amahirwe yo kwihangira umurimo uzamubeshaho mu minsi iri imbere.
Bampiriki Eduard, umuyobozi w’itorero ry’igihugu ahamya ko umuco wo guhiganwa ariwo ukwiye kuranga Abanyarwanda nkuko byahozeho kuva kera.
Rutahizamu wahoze akinira Amavubi n’andi makiep atandukanye hano mu Rwanda, yatowe nk’umukinnyi wahize abandi muri Shampiona y’umupira w’amaguru muri Kenya
Isosiyete y’itumanaho ya Bharti Airtel yamaze gutangaza ko yaguze bidasubirwaho Tigo Rwanda, isosiyete y’itumanaho imaze imyaka umunani ikorera mu Rwanda.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yafunguye uruganda rukora ibikoresho by’ubwubatsi muri beto (Beton) bizorohereza abakora umurimo w’ubwubatsi.
Perezida Kagame Paul yanenze abagoreka Ikinyarwanda ku bushake, asaba urubyiruko kugira ubushake ndetse n’umuhate wo kukiga bakakimenya neza, kugira ngo hato kitazacika cyangwa se kigatakaza umwimerere.
Musenyeri Nzakamwita Servilien yasabye ko ibiruhuko bisoza umwaka w’amashuri, byashyirwa mu mpeshyi aho gushyirwa mu mpera z’umwaka, kuko hari gahunda zigenewe urubyiruko bibangamira.
Abashoramari bo mu Buyapani bafite ikigo cyitwa DMM banyuzwe n’imikorere ya “Tap&Go” maze bashoramo imari kugira ngo irusheho gukora neza.
Perezida Kagame, yatangaje ko muri uyu mwaka wa 2017 hashyizwe imbaraga nyinshi mu kongerera agaciro ibikorerwa mu Rwanda, bituma ibyatumizwaga mu mahanga bigabanukaho 3%.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo atangaza ko mu mwaka wa 2018 aribwo u Rwanda ruzatangira kwakira bamwe mu Banyafurika bagurishwaga mu bucakara mu gihugu cya Libya.
Atangiza inama y’Umushyikirano iri kuba ku nshuro ya 15, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangaje ko umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi wazamutseho 8%.
Ikipe ya Rayon Sports bitayoroheye ibashije gukura amanota atatu i Nyamagabe, nyuma yo gutsinda Amagaju igitego 1-0
Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda kimwe na Afurika nabyo byaremewe kubaho neza mu cyubahiro gikwiye, kimwe n’ibindi bihugu bibayeho neza ku isi.
Urutare bita urwa Nyirankoko ruherereye i Tare mu Murenge wa Mbazi ho mu Karere ka Huye, ngo rwari urw’imitsindo.
Nyirazamani Louise ahangayikishijwe n’ubushobozi buke bwo kurera abana batatu yabyaye, kuko Leta yamushyize no mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe.
Inama Nkuru y’Umuryango FPR-Inkotanyi iyobowe na Paul Kagame, umuyobozi mukuru w’umuryango FPR- Inkotanyi, yari imaze iminsi iteranira ku Cyicaro cyayo giherereye i Rusororo, yasoje ifashe ingamba zikomeye zirimo guha Abanyarwanda iteramebre ribakwiye.
Gakwaya Claude utitabiriye Rallye des Milles Collines 2017 yabereye i Nyamata, yarangije Shampiona y’u Rwanda ari we uri imbere kuko ntawabashije gushyikira amanota yari afite
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bongeye gutora Paul Kagame ku mwanya w’umuyobozi mukuru w’uyu muryango ku majwi 99,9%.
Perezida Paul Kagame akaba n’umuyobozi mukuru wa FPR-Inkotanyi avuga ko atajya yicuza buri cyemezo cyafashwe n’umuryango ahagarariye, kuko ibyafashwe byose byafashwe byari ngombwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze ku bufatanye na Polisi y’Igihugu ihakorera batangiye guta muri yombi abanywa itabi rya Shisha banabambura ibyo bayinywesha.
Perezida Paul Kagame avuga ko ashima uburyo abashoramari b’Abanyarwanda bakomeje kwitabira gushora imari mu gihugu cyabo, akavuga ko ibikorwa nk’ibyo ari byo byunga Abanyarwanda.
Nyarutarama Sports Trust Club, izwi nka Tennis Club iherereye mu murenge wa Remera akagari ka Nyarutarama mu karere ka Gasabo, yemeza ko ubunararibonye ifite mu gutanga serivisi nziza, butuma abayigana biyongera umunsi ku munsi.
Guhera mu mwaka wa 2013 hagaragaye amakuru avuga ko indabo z’amaroza zifite ibara ry’umukara yera gusa ahantu hitwa Halfeti muri Turukiya.
Hari imyitwarire ndangamuco kandi iranga ubupfura bw’uyikora benshi twavutse dusanga ariko mu by’ukuri tutazi aho yaturutse n’impamvu nyakuri yabyo.
Hon. Nkusi Juvenal ni umwe mu badepite bamaze igihe kinini mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda, yibuka ibintu byinshi byaranze inteko ariko ngo ntazibagirwa uburyo mu 1994 inteko yose yakoreshaga mikoro ebyiri gusa.
Shampiona yo gusiganwa ku mamodoka irasozwa kuri uyu wa Gatandatu, aho haza kuba hakinwa Rallye des Milles Collines izabera i Nyamata
Bamwe mu batuye mu Karere ka Musanze bavuga ko ibibazo byo guhererekanya amakuru bigiye gukemuka, nyuma yo kwegerezwa uburyo bwo kubona internet yihuta ku buryo bworoshye.
Mu mukino waraye ubereye kuri Stade ya Kicukiro, Rayon Sports yaraye ihaye ibyishimo abafana bayo nyuma yo gutsinda Police Fc igitego 1-0
Donald Kaberuka, umwe mu mpuguke mu by’ubukungu ku isi, avuga iki ari cyo gihe cyiza ku mugabane w’Afruika gushaka uko byizamura mu bukungu kuko politiki ya mpatsibihugu yabidindizaga iri kugenda ishira.
Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) itangaza ko ku matariki ya 30 na 31 Ukuboza 2017 nta muganda rusange uzakorwa.
Ikompanyi nyarwanda itwara abagenzi mu ndege, RwandAir yahawe uruhushya rwo gutangira gukorera ingendo mu mujyi wa Abuja, umurwa mukuru wa Nigeria.
Abatwara abagenzi kuri moto mu Mujyi wa Kigali, ntibiyumvisha impamvu bishyuzwa amafaranga 50Frw bya mubazi bahawe kandi mu masezerano bagiranye bitarimo.
Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) yafashe icyemezo cyo guca burundu ikoreshwa ndetse n’itumizwa ry’impombo zifashishwa mu kunywa itabi rizwi nka SHISHA ku butaka bw’u Rwanda.
Mu mukino w’ikirarane wabereye kuri Stade ya Kigali, ikipe ya Rayon Sports yaburaga Pierrot na Shassir itsinze Police Fc igitego 1-0
Imyaka umunani irihiritse irushanwa ry’ubwiza rya Miss Rwanda ribaye bwa mbere nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.
Mme Seraphine Mukantabana, ni Umuyobozi w’ikigo gishinzwe gusubiza mu buzima busanzwe ingabo zavuye ku rugerero (RDRC). Uyu muyobozi arahamagarira Abanyarwanda gushyigikira RPF-Inkotanyi mu rugamba rwo kurwanya icyatera ubuhunzi.
Paul Kagame umuyobozi mukuru w’umuryango FPR-Inkotanyi yavuze ko abanyamuryango batatiye amahame yawo byabaviriyemo ibibazo kuko abenshi bahindutse ibikoresho, ababakoresheje barangije barabajugunya.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bakora mu kigo cy’igihugu gishinzwe amazi isuku n’isukura WASAC, bagejeje amazi meza ku kigo cy’amashuri abanza cya Rugarama mu Murenge wa Nyamirambo.
Perezida Paul Kagame yavuze ko adashimishwa n’umuco umaze kugaragara muri bamwe mu Banyarwanda wo kumva ko hari urwego bagezeho bityo amahanga akwiye kuza kubigiraho.
Chorale de Kigali iri gutegura igitaramo cyitwa “Christmas Carols Concert” (igitaramo kigizwe n’indirimbo za Noheli) kizaba ku cyumweru tariki ya 17 Ukuboza 2017.
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’igihugu, IGP Gasana Emmanuel atangaza umupolisi ugaragaweho kurya ruswa ahita yirukanwa.
Jean Philbert Nsengimana wari Ministiri w’Ikoranabuhanga n’Itumanaho yatangaje ko n’ubwo avuye kuri uwo mwanya, azakomeza gufatanya n’iyi Ministeri guteza imbere imishinga ifite.
Mu irushanwa ry’ubwiza rya Miss Rwanda 2018 hazagaragaramo impiduka nyinshi ku buryo n’abakobwa bahatanira ikamba baziyongera.
Abanyeshuri bo mu Kagari ka Kigenge mu murenge wa Nzahaha barishimira ko batazongera gukora urugendo rurerue n’amaguru bajya kwiga.
Mu mikino y’amakipe yabaye aya mbere mu bihugu byayo, amakipe y’u Rwanda yatomboye amakipe yoroshye mu gihe afite akazi gakomeye mu cyiciro kizakurikiraho
Abaririmbyi bo muri “Ambassadors of Christ Choir” bari gutegura igitaramo kigamije gukangurira urubyiruko kuva mu ngeso mbi z’ibiyobyabwenge.
Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Ingoro Ndangamateka y’Urugamba rwo Guhagarika Jenoside (Campaign Against Genocide Museum).