Abahinzi b’imboga bo mu karere ka Rubavu baravuga ko umusaruro w’imboga wabuze isoko kugera aho amashu bayaha amatungo.
Urugaga rw’abatwara abagenzi kuri moto mu Rwanda ruratangaza ko mu gihe kitarenze amezi atandatu abatwara abagenzi kuri moto bo mu gihugu hose bazaba batangiye gukoresha uburyo bw’ikoranabuhanga ryitwa ‘mubazi’ rituma utwara umugenzi kuri moto amenya amafaranga yishyuza uwo atwaye.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kugura amasezerano ya Jules Ulimwengu wakiniraga Sunrise, akazayikinira guhera mu mikino yo kwishyura ya Shampiona
Hari abantu b’ibyamamare bavugwa mu bitangazamakuru, amafoto yabo agasakara ku mbuga nkoranyambaga.
Abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri Moto, mu Karere ka Rusizi bazwi ku izina ry’abamotari, bibumbiye mu makoperative atandukanye, ntibavuga rumwe n’ubuyobozi bw’akarere bwabahuje bubasaba kugura imigabane muri Koperative COMORU bahuje akazi ko gutwara abagenzi kuri moto, kugira ngo ibone uko yishyura umwenda ibereyemo (…)
Kuri uyu wa Kane haraza gukinwa umukino w’igikombe cy’Intwari mu cyiciro cy’abagore, kikaza guhatanirwa na AS Kigali WFC ndetse na Scandinavi WFC
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare bwemereye abaturage b’umudugudu wa Kazaza akagari ka Kazaza ahitwa Kwepa ikinonko kuhahindura umudugudu wujuje ibikenewe byose, n’ubwo bituje ahagenewe inzuri.
Rutahizamu wari umaze amezi atanu asinyiye ikipe ya Marines Fc, yamaze kwerekeza mu ikipe ya Musanze y’umutoza Emmanuel Ruremesha
Ubuyobozi bw’ingoro z’umurage w’u Rwanda buravuga ko ku Mulindi w’Intwari mu karere ka Gicumbi hagiye kubakwa ingoro y’amateka y’urugamba rwo kwibohora igihugu, izajya yakira abantu bari hagati y’ibihumbi 120 na 150 ku mwaka.
Musabyimana Emmanuel ni umwe mu bafite ibikorwa mu gishanga n’ubwo we atemera ko ari mu gishanga, aho yasabwe kubisenya ariko akavuga ko azabanza kwandikira Perezida wa Repuburika ngo amurenganure.
Ku munsi wa kabiri w’irushanwa ry’igikombe cy’Intwari, ikipe ya APR Fc yanyagiye Etincelles, naho AS Kigali igwa miswi na Rayon Sports mu mikino yombi yabereye kuri Stade Amahoro
Mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa 28 Mutarama 2019 harimo amateka yemejwe harimo iteka rya Perezida rizamura mu ntera ba Ofisiye Bato 618 ba Polisi y’u Rwanda; n’iteka rya Minisitiri rizamura mu ntera ba Su-Ofisiye n’Abapolisi Bato 3767 ba Polisi y’u Rwanda.
Nyuma yo kongera kugaruka mu muziki, Just Family ihora ihindagurika ikanasenyuka kenshi, riravuga ko ku nshuri iheruka abarigize bashwanye kubera amafaranga bakoreye muri Guma Guma bananiwe kugabana, atari amarozi nk’uko byavuzwe.
Ubuyobozi bw’urugaga rw’abahinzi n’aborozi mu Rwanda “Imbaraga” buravuga ko abahinzi bugarijwe n’ikibazo cyo kubura amasoko y’umusaruro wabo.
Urwego rw’Intwari z’Igihugu,Imidari n’Impeta by’Ishimwe rwatangaje ko mu bantu bakoreweho ubushakashatsi kugira ngo bahabwe imidari n’impeta by’ubutwari harimo n’abageze ku mihigo n’ibikorwa by’ubutwari muri siporo.
Nyuma yo gusezererwa mu marushanwa nyafurika ya CAF Confederation na Al Hilal yo muri Sudan, Mukura ikomeje gukina imikino yikuriranya y’ibirarane itakinnye ubwo yari ikiri kwitabira aya marushanwa.
Imikino y’igikombe cy’Intwari irakomeza kuri uyu wa kabiri hakinwa imikino y’umunsi wa kabiri aho amakipe abiri y’amakeba, APR na Rayon Sports, ari busubire mu kibuga arwanira amanota atatu mbere y’umukino karundura uzayahuza ku wa gatanu tariki 01 Gashyantare 2019.
Guhera mukwezi kwa Werurwe uyu mwaka wa 2019, umushahara wa mwalimu uzongerwaho 10% ku barimu bigisha mu mashuri abanza n’ayisumbuye ya leta n’afashwa na leta.
Abafite inganda zenga inzoga mu bitoki cyangwa ibindi bakabipfunyika mu macupa, bravuga ko bafite ikibazo cy’amacupa ashyirwamo inzoga ziba zamaze gutunganywa abageraho ahenze, dore ko abenshi bajya kuyagura I Kigali nabwo yatumijwe mu bihugu birimo ubushinwa n’ibyo ku mugabane w’iburayi.
Minisiteri y’Uburezi (Mineduc), kuri uyu wa 29 Mutarama 2018, yafashe umwanzuro wo gufunga burundu udushami tubiri twa Kaminuza y’Abadivantisiti b’Umunsi wa karindwi ya Gitwe (ISPG), nyuma yo gusanga ibyo bayisabye gukosora itarabikosoye.
Umujyi wa Kigali ku bufatanye n’Ikigo cy’igihugu cyita ku bidukikije (REMA) wongereye icyumweru kimwe abafite ibikorwa mu bishanga bari barahawe igihe ntarengwa ntibacyubahirize, kuba babikuyeho.
I Kamwambi mu Murenge wa Rwaniro mu Karere ka Huye, hari abinubira kuba bamaze imyaka ine bakoreye uwitwa Innocent Kanamugire mu gucukura amabuye y’agaciro akaba atarabishyura.
Minisiteri y’Ubuzima irahumuriza Abanyarwanda n’Abaturarwanda ko nta tangazo ryatanzwe n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita k’Ubuzima (WHO) rivuga ko Ebola irushijeho gusatira u Rwanda nk’uko byavuzwe na bimwe mu bitangazamakuru ndetse bigasakara ku mbuga nkoranyambaga, ikongeraho ko iyi ndwara yoroshye kwirinda iyo (…)
Kuri uyu wa mbere abafana b’ikipe ya SAIF Sporting Club yo muri Bangladesh bakriye abakinnyi batatu barimo na Emery Bayisenge wamaze kuyinjiramo
Kuri uyu wa mbere tariki ya 28 Mutarama 2019, Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye iyobowe na Nyakubahwa Paul KAGAME, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda.
Rutahizamu w’umunya-Brazil Jonathan Rafaël da Silva yamaze gusinya amasezerano y’amezi atandatu muri Rayon Sports
Mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Nyamata hari inzu y’amasaziro y’intwaza yafunguwe ku mugaragaro na Nyakubahwa Madamu Jeannette Kagame ku ya 03 Nyakanga 2018.
Polisi ya Uganda yashyikirije iy’u Rwanda Abanyarwanda babiri barimo Potien Kayihura, umuturage wo mu Mudugudu wa Gahunga mu Kagari Gafumba ho mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru, wari utunzwe no guhinga no kwikorera imizigo muri Uganda ariko akaza gutungurwa no gutabwa muri yombi ashinjwa (…)
Minisiteri y’Uburezi (Mineduc) yatangije ku mugaragaro igikorwa cy’igenzura mu mashuri yose yo mu gihugu, rikaba ari igenzura rikorwa ku nshuro ya kane, iyo Minisiteri ikaba kandi yariyemeje kurikora buri gihembwe.
Bamwe mubarokotse jenoside yakorewe abatutsi baravuga ko bagihangayikishijwe nabangije cyangwa abasahuye imitungo yabo muri jenoside yakorewe abatutsi badashaka kubishyura ndetse ntibanababwire impamvu zibibatera cyangwa ngo babasabe imbabazi.
Ubusanzwe hamenyerewe ko umuhanzi yandika indirimbo ubundi akayiririmba, hanyuma ikamenyekana kimwe na nyirayo.
Mu irushanwa ryo kuzirikana intwari z’u Rwanda, ikipe za UTB mu bagabo no mu bagore ni zo zegukanye ibikombe kuri iki Cyumweru
Nyuma yo kubishimirwa na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, Musenyeri Antoine Kambanda yiyemeje gukomeza guhuriza hamwe abemera Imana bose.
Bamwe mu baturage barimo n’Umuyobozi wa Transparency International baranenga imiryango itari iya Leta n’ishingiye ku kwemera, kutegera abakene ikifashiriza abishoboye.
Mu muhango wo kwimika Arkiyepiskopi mushya wa Kigali Musenyeri Antoine Kambanda, uyu muyobozi mushya wa Kiliziya Gatolika muri arkidiyosezi ya Kigali yavuze ko afite gahunda yo kubaka Katedarali nshya ijyanye n’iterambere Umujyi wa Kigali ugezeho, ibi bishimangirwa na Perezida Kagame wavuze ko bazafatanya, ndetse (…)
Bamwe mu batuye mu Karere ka Musanze binubira amafaranga bakwa mu gihe basaba icyemezo kigaragaza ko bashyingiranwe mu buryo bwemewe n’amategeko (Attestation de mariage), mu gihe basanze ibitabo banditswemo byaratakaye.
Abaturiye umugezi wa Mpazi unyura mu mirenge itandukanye y’Akarere ka Nyarugenge bahangayikishijwe n’iyuzura ryawo rya hato na hato ribateza ibyago bakifuza ko hagira igikorwa.
Abatuye i Rwaniro mu Karere ka Huye barifuza gufashwa gucukura imirwanyasuri ku misozi ihanamye iteyeho amashyamba, kuko umuvuduko ukabije w’amazi ayimanukaho utuma asenya imihanda akanica imyaka y’abahinzi.
Mu kibaya cya Bugarama ho mu karere ka Rusizi, igiciro ku kilo cy’umuceri udatonoye cyamaze kwemezwa ko ari 295Frw kikaba cyemejwe nyuma y’impaka ndende hagati y’abanyenganda ziwutonora n’abahagarariye abahinzi.
Nyuma yo kubazwa inshuro ebyiri akanagaragara mu bakobwa batanu, Nimwiza Meghan ni we wambitswe ikamba rya Miss Rwanda 2019, ugiye gusimbura Miss Iradukunda Liliane wari wambaye iri kamba.
Ange Kagame wagaragaje ko yakurikiye irushanwa rya Miss Rwanda, yanenze uburyo bw’imibarize muri iri rushanwa anagaragaza ko kubazwa mu Kinyarwanda cyonyine byaba bihagije kuri aba bakobwa.
Ku munsi wa mbere w’irushanwa ryo kuzirikana intwari z’u Rwanda, APR yatsinzwe na AS Kigali naho Rayon Sporta itsinda Etincelles
Uwase Sangwa Odile wari wambaye numero 16 mu irushanwa, yakoze ibyo benshi babonye nk’agashya ubwo yasubirishagamo akanama nkemurampaka inshuro enye, nabwo ntabashe gusubiza neza ikibazo yari abajijwe, ibintu bitigeze bibaho kuva irushanwa rya miss Rwanda ryabaho mu Rwanda.
Rwabigwi Gilbert wahoze ari umukemurampaka muri Miss Rwanda mu myaka ibiri ishize, akaza gusezera ku mugaragaro abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter, mu buryo butunguranye yongeye kugaragara mu bagize akanama nkemurampaka ka Miss Rwanda ku munsi wa nyuma.
Rutahizamu wari umaze umwaka n’igice muri Rayon Sports, yamaze gutangaza ko yakinnye umukino we wa nyuma muri Rayon Sports
Ubwo Umuryango FAWE Rwanda uharanira guteza imbere uburezi bw’umwana w’umukobwa washyikirizaga mudasobwa zigendanwa abakobwa 174 urihira amashuri muri INES-Ruhengeri, wabasabye kuzifashisha mu masomo, birinda kuzikoresha ibidafite umumaro nka filime z’urukozasoni n’ibindi byabarangaza.
Amoko atanu mashya y’ibirayi yamurikiwe abahinzi mu gikorwa cyabereye mu karere ka Musanze nyuma y’igihe ikigo cy’igihugu cy’ubuhinzi n’ubworozi RAB ku bufatanye n’ikigo mpuzamahanga cyita ku gihingwa cy’ibirayi International Potato Center (CIP) bikora ubushakashatsi bwimbitse mbere y’uko ayo moko yabyo agezwa mu bahinzi.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu n’Umujyi wa Kigali barashima abaturage bo mu Mudugudu wa Kavumu, mu Kagari ka Nonko mu Murenge wa Nyarugunga ho mu Karere ka Kicukiro barimo kwiyubakira umuhanda wa kaburimbo bagamije kwishakamo ibisubizo.
Kumenyekana bisaba ko uba ukora ibintu byinshi bitandukanye bishimisha abagukurikira, ibyo byose bisaba ubwitange bwo gukora umurimo wawe ushishikaye kandi uwitayeho kugira ngo ukomeze kugirirwa icyizere n’abagukunda mu bihangano byawe.