Miss Rwanda 2018: Umuriro watumye ijonjora ry’ibanze muri Huye rihagarikwa iminota 30

Mu majonora y’ibanze ya Miss Rwanda abera mu karere ka Huye, umuriro wakomye mu nkokora imirimo y’akanama nkemurampaka, unadindiza abandi biyamamazaga.

Ijonjora ry'abazahagararira Amajyepfo muri Miss Rwanda rayekererewe 30 kubera ibura ry'umuriro
Ijonjora ry’abazahagararira Amajyepfo muri Miss Rwanda rayekererewe 30 kubera ibura ry’umuriro

Mu gihe hari hashize nk’iminota 3 akanama nkemurampaka katangiye kubaza uwitwa Ikirezi Mpore Marie Wivine wari wambaye numero 1, umuriro wahise ubura ibyuma by’amajwi biraceceka n’amatara aboneshereza abafotozi arazima.

Abari bari mu cyumba kiberamo amajonjora, bari batangiye kwishimira ko igikorwa gitangiye hakiri kare, kuko ahagana 2h30 umukobwa wa mbere yari amaze kugera imbere y’akanama nkemurampaka.

Ubwo uyu Ikirezi Mpore Marie Wivine yatangiraga kubazwa, nko mu minota 2 gusa, umuriro wahise ugenda asubizwa mu rwambariro. Mu gihe cy’iminota nk’5, yongera kugarurwa imbere y’akanama nkemurampaka, ariko atararangiza guhabwa ikaze ku nshuro ya 2, n’ubundi umuriro uba uragiye.

Uretse abanyamakuru n’abaterankunga b’irushanwa bari bari mu cyumba cy’amajonjora, bumvikanye binubira iri bura ry’umuriro ndetse banenga Hotel Credo itarateganyije ubundi buryo bwakwitabaza, urugero nka Motel ishobora gutanga umuriro igihe umuriro usanzwe waaba ugiye.

Muri iri rushanwa, umuriro wakenerwaga ahanini kubera ibyuma by’amajwi n’amatara yabugenewe afasha ba gafotozi kubona amafoto meza.

Mu minota 15, akanama nkemurampaka kari kicaye gategereje ko umuriro ugaruka ngo bakomeze akazi kabo, mu gihe abakobwa bo bari biyicariye mu rwambariro bibaza icyakurikiraho igihe uyu muriro waba utagarutse.

Ubuyobozi bwa Hotel Credo bavuze ko batunguwe n’uyu muriro, ariko abakozi batandukanye bagaragaye bihutira gushaka imashini itanga amashanyarazi.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 7 )

Ah%aaaaaaaaa

Alias habibu yanditse ku itariki ya: 3-03-2018  →  Musubize

Aha bikaze ariko niyo niga
iratukanye mn

Alias habibu yanditse ku itariki ya: 3-03-2018  →  Musubize

Ni gute nta generator baba bazajyanye in the first place

BERWA Oda yanditse ku itariki ya: 28-01-2018  →  Musubize

ntabwo aribyo ubutaha bagomba kwikosora

gikundiro moise yanditse ku itariki ya: 26-01-2018  →  Musubize

Just poor service. Hotel nkuru ya kweli idafite generator automatic?

DIDI yanditse ku itariki ya: 22-01-2018  →  Musubize

Abobaswa Bategura Amarushanwa Nta Generator Bafite Birabaje Kbx Baraturya Boka Rya Amaby

Papizzo yanditse ku itariki ya: 21-01-2018  →  Musubize

Ndabyumva siko abantu bose bazi gusesengura amagambo, ariko ijambo kujojonjora ntirikwiye gukoreshwe igihe umuntu yifuza kuvuga guhitamo kuko iyo wajonjoye ikivomo ni intore n’injonjori. Ndabona ntawe wakwishimira kwitwa atwo.

Ruterambuku yanditse ku itariki ya: 21-01-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka