Dr Bagabe Cyubahiro wari umuyobozi mukuru wa RAB yirukanywe mu kazi

Dr Cyubahiro Bagabe Marc wari umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuhinzi n’ubworozi (RAB) yirukanywe mu kazi, asimburwa na Dr Patrick Karangwa wari usanzwe ari umuyobozi ushinzwe ubushakashatsi.

Dr Cyubahiro Bagabe Marc yirukanywe n'inama y'abaminisitiri
Dr Cyubahiro Bagabe Marc yirukanywe n’inama y’abaminisitiri

Uyu muyobozi wari umaze umwaka n’amezi atatu ku buyobozi bwa RAB, ngo yirukanywe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa gatanu tariki ya 19 Mutarama 2018.

Umujyanama mu by’itumanaho muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi akaba n’umuvugizi wayo, Ange Soubirous Tambineza yemeje aya makuru avuga ko RAB ubu iri kuyoborwa by’agateganyo na Dr Patrick Karangwa wari ukuriye ishami ry’Ubushakashatsi muri iki kigo.

Yagize ati “Dr Bagabe yahagaritswe mu nshingano ze nk’Umuyobozi wa RAB kuva ku wa gatanu. Ni ibisanzwe igihe umukoresha abona ko afite impamvu zo guhindura umuntu kugira ngo habeho gukora neza no kurushaho gukorera abaturage, abikora.”

Dr Patrick Karangwa wari ukuriye ishami ry'Ubushakashatsi muri RAB niwe wahawe kuyobora iki kigo by'agateganyo
Dr Patrick Karangwa wari ukuriye ishami ry’Ubushakashatsi muri RAB niwe wahawe kuyobora iki kigo by’agateganyo

Tariki 4 Ukwakira 2016 nibwo Dr Cyubahiro Bagabe Marc yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB, avuye ku buyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuziranenge.

Yaje muri uyu mwanya asimbura Dr Gahakwa Daphrose wari umuyobozi w’agateganyo w’iki kigo.

Dr Gahakwa wahise amwungiriza na we yahagaritswe mu kazi na Minisitiri w’Intebe mu Ugushyingo 2017 ari kumwe n’abandi bakozi batandatu bakoranaga muri RAB.

Icyo Dr Cyubahiro Bagabe yirukaniwe ntikiramenyekana, Kigali Today iracyagikurikirana.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

Iyo witegereje amateka yuyu mugabo mukazi usanga ari amatiku gusa, gusa. Nawe reba ISAR, RSB na RAB.
Nagende.

Ngoga yanditse ku itariki ya: 24-01-2018  →  Musubize

murebe niba nta matiku arimo aho kugirango bibe ibibazo bya tekiniki

gahozo yanditse ku itariki ya: 24-01-2018  →  Musubize

Amatiku se ninde uyarusha uyu mugabo Marc wirukanwe? Jye nakoranye nawe muri ISAR ndamuzi. Apuuuuuuuuu nagende.

Ngoga yanditse ku itariki ya: 24-01-2018  →  Musubize

Kwirukanwa mu kazi ni ibisanzwe. nta gikuba gikwiye gucika rero

Manzi yanditse ku itariki ya: 23-01-2018  →  Musubize

muzatubarize namanyanga yomu karere ka rulindo kuri structure nshyashya aho bari kwishyiriramo abantu bakuye ahandi abakoraga aho bakabura aho bajya kandi bamazimyaka nimyaka mu kazi

alias yanditse ku itariki ya: 23-01-2018  →  Musubize

Mbanje gushimira ubayobozi Nakuru baba barebye ko bikwiriye gusimbuza, abatubahiriza inshingano zabo uko bikwiye! Kubwange nakwirukana mpereye Ku murongo, kuko mbona abenshi muri RAB ndetse na MINAGRI, Bahari NGO barye imishahara myiza gusa; Noneho ho NGO bafite gahunda yo kudatuma hari umuturage ubashyira mumajwi nko muri TV1 nahandi. Cyangwase kiriya kigo ndetse buriya minisiteri bazayihe umusirikare Abe ariwe uyiyobora, naho ubundi rwose iteye As....!

Vugurura yanditse ku itariki ya: 23-01-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka