Musanze: Urukiko rutegetse ko Visi Meya afungwa by’agateganyo iminsi 30
Urukiko rw’ibanze rwa Muhoza mu karere ka Musanze rumaze gutegeka ko Ndabereye Augustin wahoze ari umuyobozi w’akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu afungwa by’agateganyo iminsi 30, mu rwego rwo gukomeza gucukumbura ibimenyetso ku byaha ashinjwa.

Perezida w’iburanisha yagarutse ku byaha Ndabereye aregwa, birimo icyaha cyo gukubira, gukomeretsa no guhoza ku nkeke umugore we, maze urukiko rugendeye ku ngingo ya 121 n’iya 147 yo mu gitabo cy’amategeko mpanabyaha, rutegeka ko afungwa by’agateganyo iminsi 30.
Perezida wasomye urwo rubanza yavuze ko nyuma yo kumva ukwiregura kwa Ndabereye Augustin n’umwunganira mu mategeko mu iburanisha ryabaye kuwa kabiri tariki 10/9/2019, urukiko rwasanze Ndabereye agomba gufungwa iminsi 30, mu rwego rwo kwirinda ko hasibanganywa ibimenyetso no gukurikirana neza ibyaha aregwa.
Ndabereye utagaragaye mu isomwa ry’urubanza, mu iburanisha ryo kuwa kabiri, umwunganira yari yagaragaje inyandiko y’umugore we (Ndabereye), imusabira imbabazi.
Ndabereye Augustin yatawe muri yombi mu gitondo cyo kuwa 30 Kanama 2019, akekwaho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa umugore we, anashinjwa icyaha cyo kumuhoza ku nkeke.
Mu kwiregura kuri ibyo byaha, Ndabereye yari yemeye icyaha cyo gukubita no gukomeretsa umugore we, ariko ahakana icyo kumuhoza ku nkeke.
Yavugaga ko adashobora kwemera icyo cyaha kuko ari ubwa mbere yari akubise umugore we, nubwo ubushinjacyaha bumushinja gukubita no gukomeretsa umugore we mu bihe binyuranye ndetse ngo ubuyobozi bumukuriye bukaba bwaramugiriye inama kenshi, ndetse n’umugore we akamusabira imbabazi ariko akabirengaho.
Inkuru bijyanye:
Uwahoze ari Visi Meya yemeye icyaha cyo gukubita no gukomeretsa uwo bashakanye
Inkuru zijyanye na: Ndabereye Augustin Visi Meya
- Urukiko rwemeye ko urubanza rw’uwahoze ari Visi Meya rubera mu muhezo
- Musanze: Urukiko rwanze ko Ndabereye wahoze ari Visi Meya afungurwa by’agateganyo
- Isomwa ry’urubanza rw’uwahoze ari Visi Meya wa Musanze ryasubitswe
- Uwahoze ari Visi Meya yitabye urukiko asaba kurekurwa by’agateganyo
- Uwahoze ari Visi Meya yemeye icyaha cyo gukubita no gukomeretsa uwo bashakanye
- Umugore wakubiswe na Visi Meya amerewe ate?
- Musanze: Visi Meya atawe muri yombi ashinjwa gukubita umugore akamukomeretsa
Ohereza igitekerezo
|