Urwego rw’Umuvunyi ruravuga ko umwaka wa 2018 ruzaba rwamaze gusesengura no guha umurongo amadosiye 2000 y’ibirarane rufite.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rutesheje agaciro ubujurire bwa Gacinya Denis, wungirije ku buyobozi bw’ikipe ya Rayons Sport, rutegeka ko akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Abahinzi b’icyayi bo mu Mirenge ya Kanjongo, Karambi, na Macuba mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko uruganda rw’icyayi bubakiwe ruzabakiza igihombo batewe no kutarugira.
Itorero ry’Abangilikani mu Rwanda ryatoye Reverend Dr. Laurent Mbanda nk’Umuyobozi Mukuru waryo asimbuye Onesphore Rwaje wari umaze imyaka irindwi ariyobora.
Abagore bacunga umutekano w’abantu b’ibyamamare, bazwi nk’aba “bouncers”, bavuga ko bita ku kazi kabo kuruta kwita kubyo abantu basanzwe babatekerezaho.
Irushanwa ry’umunsi w’intwari ryari riteganyijwe gutangira tariki 23/01/2018, ryamaze kugarurwa imbere aho ritangirwa kuri uyu wa Gatandatu kuri Stade Amahoro
Ikipe ya Rayon Sports iratangaza ko kugeza ubu imaze kwinjiza amafaranga arenga 2,000,000 Frws atangwa n’abafana bishyura ku myitozo
Minisiteri y’uburezi irasaba buri wese kurwanya icyo ari cyo cyose cyabuza umwana w’u Rwanda kwiga, igashishikariza ababyeyi kurushaho gukundisha abana ishuri no kwirinda ibishuko ingeso mbi zibaganisha mu biyobyabwenge n’ubusambanyi.
Abacururizaga mu nzu z’ahitwa Kiruhura mu kagari ka Nyabugogo mu murenge wa Kigali barataka igihombo batewe n’ifungwa ry’aho bacururizaga bakifuza gukomorerwa.
Perezida Paul Kagame yabwiye abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda ko umwaka ushize wabaye mwiza ariko ikibazo cy’abimukira bakomeje gushirira muri Libiya kikaba cyaragoranye cyane.
Oumar Daou uhagarariye igihugu cya Mali mu Rwanda ku rwego rwa Ambasaderi, kuri uyu wa kabiri ari mu bashyikirije Perezida w’u Rwanda Paul Kagame ibyangombwa bimwemerera guhagararira igihugu cye mu Rwanda.
Intara y’u Burengerazuba ituwe n’abaturage basaga 2,476,943 niyo iza ku mwanya wa mbere mu kugira abantu bakuru (guhera ku myaka 15 kuzamura) batazi gusoma no kwandika.
Igikomangoma Sheikh Abdul Aziz Al Nuaimi uturuka muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu ari mu Rwanda aho yaje kureba ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije yashoramo imari.
Hakizimana Aimée Luc ni umwana w’imyaka 24 y’amavuko. Iyi myaka yose akaba ayimaze mu gihugu cy’u Burundi.
Ikipe ya Kiyovu Sports ndetse na Rayon Sports zateguye imikino ya gicuti igomba gukinwa kuri uyu wa Gatatu, mu rwego rwo gusuzuma abakinnyi bashya no kwitegura imikino bafite imbere
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kiziguro bishyuwe ibyangijwe na Sosiyete y’Abashinwa icukura amabuye ya Hunnan Road and Bridge Construction Group (HRBCG).
Minisitiri w’Urubyiruko Rosemary Mbabazi, ahamya ko amashuri atanga ubumenyi bukenerwa ariko ko umuntu akenera izindi ndangagaciro atayakuramo zituma avamo umuntu muzima.
Isiraheli yasabye u Bufaransa gutangira kuburanisha abakekwaho Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, bakidegembya muri iki gihugu nyuma y’imyaka 24 Jenoside ihagaritswe.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda inganyije na Nigeria mu mukino wa mbere wa CHAN wa 2018, maze Djihad Bizimana atoranywa nk’umukinnyi witwaye neza
Nicolas Sarkozy wigeze kuyobora u Bufaransa, yazanye abashoramari b’iwabo kureba amahirwe ari mu Rwanda.
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda IBUKA, uravuga ko uhangayikishijwe n’imfu za bamwe mu barokotse Jenoside bakicwa nanubu, ugasaba Abanyarwanda bose kurushaho kurwanya Ingengabitekerezo ya Jenoside ikaranduka burundu mu Banyarwanda.
Abavukana ari impanga bahuye muri iyi wikendi barasabana, bavuga ukuntu rimwe na rimwe abantu babitiranya cyangwa bakabagirira amatsiko, ibintu bibatera gutinya.
Nicolas Sarkozy wigeze kuyobora u Bufaransa yakoreye uruzinduko mu Rwanda, aho yakiriwe na Perezida paul Kagame mu biro bye.
Mugwaneza Arthur ni umwe mu bahamya ko umwana wananiranye ashobora kwisubiraho agasubiza ubuzima bwe ku murongo kugeza n’aho atsinda neza.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yakoze imyitozo ya nyuma yo gutambagira Grand Stade de Tanger baza gukiniraho na Nigeria
Pasiteri Ezra Mpyisi wamenyekanye kubera uko avugamo ubutumwa bw’Imana mu buryo butandukanye n’ubwari bumenyerewe, yongeye gutungurana ahamya ko amasengesho ari uguterekera.
Abarezi b’abana mu midugudu ya SOS irera impfubyi, bavuga ko badashobora gushaka abagabo kugeza barangije ubuzima bwo ku isi.
Ubwo akanama nkemurampaka kajyaga guteranya amanota, abashyitsi n’abaterankunga baganiriraga mu matsinda bakoresheje amajwi mato, bibaza abashobora guserukira iyi ntara.
U Rwanda na Tanzania byamaze kwemeranya ku mushinga wo kubaka umuhanda wa Gare ya Moshi uzahuza icyambu cya Dar es Salaam n’u Rwanda.
Ministiri w’Intebe, Edward Ngirente yasabye amadini n’amatorero afashijwe n’Imana, kurera neza urubyiruko kugira ngo rucike ku biyobyabwenge n’izindi ngeso mbi.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi ushinzwe Amashuri abanza n’ayisumbuye, Munyakazi Isaak, yatangaje ko abanyeshuri batsinze ibizamini bisoza amashuri abanza, n’icyiciro rusange cy’ayisumbuye bamaze guhabwa amashuri bazigamo.
U Rwanda ruratangaza ko ibihugu bigize Afurika yunze Ubumwe (AU) byatangiye gutanga umusanzu ufasha komisiyo ishinzwe gushyira mu bikorwa imirimo y’uyu muryango ikora.
Perezida Paul Kagame yageze muri Tanzania mu ruzinduko rw’akazi, aho yakiriwe na Perezida w’iki gihugu John Magufuli.
Rubavu irusha utundi duce gutanga ba nyampinga benshi mu irushanwa rya Miss Rwanda, ubu niho hagiye gukomereza amajonjora y’ibanze (auditions), muri Miss Rwanda 2018.
Mu gihe akanama nkemurampaka kajyaga kwiherera ngo gateranye amanota, ubwoba no kwitsa imitima byagaragaraga mu maso y’abahataniraga kuzagaragara mu irushanwa rya Miss Rwanda i Musanze.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi ryamaze guha ibyangombwa Rayon Sports, byemerera Diarra kuva muri Daring Club Motema Pembe (DCMP), akayerekezamo.
Bitarenze ukwezi kwa Gatanu 2018, kompanyi Nyarwanda y’Indege Rwandair izaba yatangiye gukora ingendo zijya mu Mujyi wa Guangzhou mu Bushinwa.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bushinwa Wang Yi yavuze ko hagati y’u Rwanda n’igihugu cye hari kubakwa umubano ushingiye ku bwumvikane, ubufatanye n’icyizere, bikazagira inyungu ku bihugu byombi
Mike KARANGWA wari umaze imyaka 5 ari mu kanama nkemurampaka k’irushanwa rya Miss Rwanda, ntabwo yagarutse muri aka kanama, avuga ko afite ibindi ahugiyemo by’akazi ke.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo yavuze ko bibabaje kumva Umuyobozi nka Perezida Donald Trump arangwa n’imvugo nyandagazi igamije gupfobya Afurika.
Kigali Body Gard (B KGL), ni ishyirahamwe ry’abasore n’abakobwa bazwi ku izina ry’aba Bouncers, bamenyerewe mu kurinda abahanzi, abanyacyubahiro babyifuza, cyangwa se kurinda umutekano ahantu hahurira abantu benshi, cyane cyane nko mu bitaramo, mu tubari twiyubashye, mu tubyiniro n’ahandi.
Irushanwa rya Miss Rwanda 2018 rigiye gutangira mu ntara y’amajyaruguru mu karere ka Musanze.
Umuryango w’Abibumbye (UN) wasabye Perezida Paul kagame kuba umuhuza mu kurangiza imvururu zimaze imyaka igera kuri 40 mu Burengerazuba bwa Sahara.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku biribwa (WFP) riratabaza ku bagiraneza kugira ngo haboneke asaga miliyari 9Frw yo gutunga impunzi zirenga ibihumbi 130 ziri mu Rwanda.
Abakinnyi batandatu barimo Areruya Joseph na Ndayisenga Valens barahaguruka muri iri joro berekeza muri Gabon mu irushanwa La Tropicale Amissa Bongo
Alexis Murenzi wari ufite ipeti rya Senior Sergent muri Polisi ishinzwe umutekano wo mu muhanda ( Traffic), yazamuwe mu ntera agirwa Assistant Inspector of Police (AIP) asimbutse iranka ya Chief Sergent (CS).