Nyuma yo kurega Akarere ka Gasabo bagashinja gushaka kubimura mu buryo bunyuranyije n’amategeko ikirego cyabo urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rukagitesha agaciro, abaturage bo mu midugudu ya Kangondo I&II na Kibiraro I mu Kagari ka Nyarutarama, Umurenge wa Remera, ahazwi nko muri “Bannyahe” batakambiye Umujyi wa Kigali (…)
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi barifuza ko ibyiciro by’ubudehe byakomeza kuba bine ahubwo bikajya bivugururwa nyuma y’imyaka itanu aho kuba itatu nk’uko byari bisanzwe kuko mu myaka itanu ari bwo umuntu yaba agize icyo ageraho bikaba ari bwo ashobora kuva mu cyiciro cyo hasi ajya mu cyo hejuru.
Abana bakenera kunywa amazi kurusha n’abantu bakuru, kuko bo imibiri yabo iba igikura, kandi ikeneye amazi ahagije.
Ubuyobozi bw’uruganda rw’isukari rwa Kabuye “Kabuye Sugar Works Ltd” buravuga ko bwiyemeje kuranguza isukari ku mafaranga make, bitewe n’uko isukari ituruka hanze yinjiye mu Rwanda ku bwinshi kandi ihendutse.
Mu karere ka Nyagatare hamaze kugaragara abarimu bakomoka mu gihugu cya Uganda 108 bakorera mu Rwanda mu buryo butemewe ndetse bakahaba bitemewe.
Musabyimana Jean Claude, umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi, yafunguye inama idasanzwe yiga kuri gahunda yo kwinjiza muri Politike y’ubuhinzi, gahunda yo kurwanya igwingira n’indwara zituruka ku mirire mibi.
Uko imyaka ishira abana b’abakobwa babyara batarageza imyaka y’ubukure bararushaho kwiyongera, ku buryo batarajya munsi y’ibihumbi 17 buri mwaka kuva muri 2016.
Polisi y’igihugu irasaba abanyamaguru bambukira umuhanda ahari ‘Feux rouge’ kubahiriza itara ribemerera cyangwa ribabuza kwambuka umuhanda kuko bibarinda impanuka.
Ikipe ya Mukura yari yanditse ibaruwa isaba ko umukino uzayihuza na Rayon Sports ukurwa ku wa Gatanu ukajya ku wa Gatandatu, yabwiwe na ferwafa ko bidashoboka
Mufti w’abayisilamu mu Rwanda, Sheikh Salim Hitimana, avuga ko inyito ‘Intagondwa z’abayislamu’ ikunze kwifashihwa n’ibitangazamakuru bivuga abakora ibikorwa by’iterabwoba itari ikwiye.
Mu mukino w’umunsi wa 16 wa Shampiyona wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, Rayon Sports itsinze Etincelles igitego 1-0
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubumenyi bw’ikirere (Meteo Rwanda) kiratangaza ko imvura y’itumba iteganyijwe izaba nyinshi mu turere hafi ya twose tw’igihugu.
Umuyobozi w’Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco atangaza ko mu 2019 inganda ndangamuco, ari zo bikorwa by’ ubwenge birimo ubugeni n’ubuhanzi bibarizwa mu Rwanda, zigiye kugezwa mu turere mu gufasha abahanzi guhanga imirimo.
Abanyarwanda batandukanye baba muri Mali n’abo muri Afurika y’Iburasirazuba baba i Bamako biteguye gushyigikira Yvan Buravan ugiye gutangirira ibitaramo bizenguruka Afurika mu murwa mukuru wa Mali, Bamako.
Bamwe mu batuye mu Ntara y’Amajyaruguru baravuga ko baterwa igihombo no kuba isoko ry’ubucuruzi bwambukiranya imipaka (Cross Border Market) rya Cyanika rimaze umwaka n’igice ryuzuye ariko rikaba ridafungurwa ngo bakore.
Uwitonze Clementine uzwi nka Tonzi aherutse gusetsa, avuga ko amafaranga ya mbere yabonye mu buhanzi yayaguze akabati k’imyenda (Garde Robes) yari amaze iminsi arwaye nk’umukobwa wari muto agisohoka mu ishuri ryisumbuye.
Abarwariye mu bitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB) bavuga ko hari abantu bafite umutima mwiza bajya baza bakabasengera, bakabaganiriza ndetse bakabaha n’impano z’ibikoresho byo kwifashisha, hakaba n’ababazanira amafunguro.
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka Lt Gen Jacques Musemakweli kuri uyu wa mbere tariki 18 Gashyantare 2019 yakiriye itsinda ry’abasirikare bakuru 29 biga muri Tanzaniya mu ishuri rya gisirikare, ngo barusheho gusobanukirwa n’ibibazo mu by’umutekano byugarije akarere.
Mu kiganiro Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagiranye n’ikinyamakuru The EastAfrican, umunyamakuru yabajije umukuru w’igihugu niba inshingano afite haba mu Rwanda, mu Karere no ku mugabane wa Afurika zituma asinzira.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame agiye kuyobora Umuryango wa EAC uhuza ibihugu byo mu Burasirazuba bwa Afurika, mu gihe havugwa umubano utameze neza hagati y’u Rwanda n’ibihugu bya Uganda n’u Burundi.
Rutahizamu wa St Etienne yo mu Bufaransa Kévin Monnet-Paquet, yavunitse bizatuma amara amezi atandatu adakina umupira w’amaguru.
Kalisa Erneste uzwi nka Samusure cyangwa Rulinda umwe mu bamaze kubaka izina muri Sinema nyarwanda, yanyuze mu buzima bukomeye burimo gucikiriza amashuri, kurogwa byabaye intandaro yo guhurwa iyo avuka; gukora imirimo y’ingufu nk’ubunyonzi, kwirukana inyoni mu mirima y’umuceri, n’ibindi byinshi yakoze ari gushakisha ubuzima (…)
Mu mikino y’umunsi wa 16 wa Shampiyona y’u Rwanda, APR, Musanze na Espoir FC zabonye amanota atatu, naho Amagaju, AS Kigali na Gicumbi zitahira aho
Hari amakuru aherutse kugaragara mu bitangazamakuru avuga ko u Bushinwa bwaba bushaka kugurisha bimwe mu bihugu cyane cyane ibya Afurika bitewe n’uko byananiwe kwishyura umwenda bifitiye u Bushinwa.
Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ibikubiye mu mushinga Visit Rwanda – Arsenal, w’ubufatanye hagati y’u Rwanda n’ikipe ya Arsenal, abatoza babiri b’urubyiruko mu ikipe ya Arsenal bari mu Rwanda mu gihe cy’iminsi itanu, batoza bagenzi babo basanzwe batoza mu Rwanda.
Mu kiganiro cyihariye yagiranye n’ikinyamakuru The East African, Perezida Paul Kagame yasabwe kugira icyo avuga ku kibazo cy’ibihugu bya Afurika bifata inguzanyo nyinshi, rimwe na rimwe bikaba byagorana kwishyura.
Abakobwa 64 batewe inda mu murenge wa Kinyababa akarere ka Burera biganjemo abangavu, bakomeje gushinja ubuyobozi bw’inzego z’ibanze guhishira abagabo babateye inda aho bakomeje kwidegembya mu byaro.
Umugabo n’umugore we batuye mu mudugudu wa Mubuga, akagali ka Gasharu, umurenge wa Shyogwe, mu karere ka Muhanga bari mu maboko y’ubugenzacyaha (RIB) bakekwaho kwica abana babo babiri bari bamaze ukwezi kumwe bavutse.
Ubuyobozi bw’ikigo nderabuzima cya Kinyababa buravuga ko kutagira ivuriro hafi byatumye abagore bagera kuri 13 bo mu murenge wa Kinyababa, akarere ka Burera babyarira munzira mu mezi arindwi ashize.
Hari abaturage bahamya ko uburezi buhenze kandi ko ari inkingi ikomeye bityo ko butari bukwiye komekwa ku byiciro by’ubudehe, ahubwo ko buri munyeshuri watsinze akagira uko yoroherezwa kwiga kaminuza.
Rutahizamu ukomoka i Burundi ariko ufite ubwenegihugu bw’u Rwanda Jules Ulimwengu, yabonye ibyangombwa bya Ferwafa bimwemerera gukira ikipe ya Rayon Sports muri uyu mwaka w’imikino
Kuri iki cyumweru ikipe ya APR FC yakoreye imyitozo ku kibuga cya Kaminuza y’u Rwanda, mbere yo gukina n’Amagaju kuri uyu wa Mbere.
Umuryango Panafrican Movement (PAM)uharanira ukwigira kwa Afurika urasaba Abanyarwanda kudacibwa intege no kuba ibindi bihugu bitagaragaza umuvuduko nk’u Rwanda mu kwigobotora imyumvire ya gikoloni, ahubwo bagakomeza kuba intangarugero kugira ngo n’ibindi bihugu bibarebereho.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imicungire n’imikoreshereze y’ubutaka kirimo gutegura ikoranabuhanga rizatuma ibiri ku gishushanyo mbonera bireberwa kuri telefone hirindwa abakora ibinyuranyije na cyo.
Pariki y’igihugu ya Nyungwe irageramo amashanyarazi acanira umuhanda Rusizi-Nyamagabe na Pindura-Bweyeye mu gihe kitarenze amezi abiri uhereye muri uku kwezi kwa Gashyantare.
Pasiteri Gasare Michael ushinzwe itumanaho no kumenyekanisha ibikorwa by’umuryango wa Bibiliya mu Rwanda avuga ko ijambo ryose ryanditse muri Bibiliya rigira ibisobanuro byo mu buryo bw’umwuka n’uburyo bw’Umubiri.
Umukobwa w’imyaka 19 utuye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, avuga ko yatewe inda n’umugabo na we uba mu mujyi i Nyanza, bamenyaniye kuri telefone.
Abakecuru n’abasaza batujwe mu rugo rw’Impinganzima ya Bugesera barasaba urubyiruko rw’abakobwa n’abahungu kwirinda kwambara imyambaro ibagayisha, mu rwego rwo kwihesha agaciro.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buravuga ko ukwezi kwa Nyakanga 2017 kuzarangira akarere gafite ikipe y’abagore bakina umupira w’amaguru.
Ku mukino we wa kabiri mu ikipe ye nshya, Yannick Mukunzi yatsinze igitego muri 4-1 banyagiye iyitwa Hudiksvalls FF
Polisi y’Igihugu yerekanye umugabo n’umugore bafatanywe urumogi mu Mujyi wa Kigali ku wa gatanu tariki 15 Gashyantare 2018, umwe akaba yarutundaga undi arucuruza.
Minisitiri w’urubyiruko, Rosemary Mbabazi, yavuze ko abangavu batwaye inda mu Rwanda muri 2018 bangana n’abatuye Umurenge wa Rwabicuma muri Nyanza.
Abantu babiri bitabye Imana, abandi 13 bakomerekera mu mpanuka yaturutse ku modoka ebyiri zagonganye.
Hari abantu bazi ko iyo barwaye , muganga akabandikira umuti ugomba kunyobwa gatatu ku munsi, biba bivuze ko bagomba kuwunywa mu gitondo, saa sita na nijoro.
Inama Njyanama y’Akarere ka Rusizi yateranye tariki ya 15 Gashyantare 2019 yemeje ingengo y’imari ivuguruye maze yongeramo amafaranga y’u Rwanda asaga miliyari eshatu.
Ishami rya polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda riratangaza ko mu gihe cya vuba ibizamini by’impushya zo gutwara ibinyabiziga z’agateganyo n’iza burundu byazajya bikorwa hakoreshejwe ikoranabuhanga rya mudasobwa.
Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe igororamuco (NRS), Bosenibamwe Aimé, atangaza ko bafite miliyoni 200 zo gufasha abagororewe Iwawa kwiteza imbere mu gihe basubiye mu buzima busanzwe.
Mu mukino wari ugamije kurwanya inda ziterwa abangavu, Rayon Sports itsinze AS Muhanga ibitego 2-0 mu mukino wabereye i Nyanza