Amasezerano y’amateka muri Afurika yasinyiwe i Kigali

Ibihugu bigize umugabane wa Afurika byahuriye i Kigali bisinya amasezerano atatu akomeye yo gufasha ibihugu bya Afurika gutahiriza umugozi umwe mu bukungu (AfCFTA).

Ibi ni bimwe mu bihugu 10 bya mbere mu bukungu muri Afurika byasinye aya masezerano
Ibi ni bimwe mu bihugu 10 bya mbere mu bukungu muri Afurika byasinye aya masezerano

Ayo masezerano uko ari atatu ni ayo gukuraho inzitizi mu bucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika yasinywe n’ibihugu 44, ayo koroshya urujya n’uruza rw’abantu yasinywe n’ibihugu 27 ndetse n’andi yiswe Kigali Declaration yasinywe n’ibihugu 43.

Afurika y’Epfo yari ku isonga ry’ibihugu byahise bisinya aya masezerano. Perezida wayo mushya Cyril Ramaphosa anagaragaza ko igihugu cye kiteguye gufatanya n’ibindi muri uru rugendo rugamije gutuma Afurika yigira.

Moussa Faki Mahamat, umuyobozi wa Komisiyo ya Afurika yunze Ubumwe yishimira isinywa ry'amasezerano ya AfCFTA
Moussa Faki Mahamat, umuyobozi wa Komisiyo ya Afurika yunze Ubumwe yishimira isinywa ry’amasezerano ya AfCFTA

Ramaphosa yari yatangaje ko uretse gukuraho inzitizi mu bucuruzi, Afurika y’Epfo yiteguye gufungura imiryango kuri buri wese.

Yagize ati “Ni gute wavuga ko wakuyeho inzitizi mu bucuruzi n’ubuhahirane ariko ukabuza abantu kwisanzura mu gihugu cyawe? Ubundi byose birajyana.”

Yabitangaje mu kiganiro yatanze muri iyi nama ku munsi wa Kabiri, aho yanabajijwe ku kibazo cy’Abanyarwanda bimwa viza zo kwinjira muri iki gihugu ariko akizeza ko icyo kibazo kitazongera kubaho.

Abanyamuryango ba AU baririmba indirimbo yubahiriza uyu muryango
Abanyamuryango ba AU baririmba indirimbo yubahiriza uyu muryango

Ibindi bihugu bitari byitezwe gusinya kuri aya masezerano ariko bikaza gutungurana bisinya, ni Maroc yashyize umukono ku masezerano yo gukuraho inzitizi mu bucuruzi ariko yizeza ko korohereza urujya n’uruza rw’abantu nabyo bizakurikiraho.

Nigeria niyo itagaragaye mu bihugu bikomeye mu isinywa ry’aya masezerano, nyuma y’uko Perezida wayo Mohammadu Buhari ayikuyemo ku munota wa nyuma avuga ko azabanza kugisha inama.

Henry Rabary Njaka, Minisitiri w'Ububanyi n'amahanga wa Madagascar asinya
Henry Rabary Njaka, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Madagascar asinya

Dore ibihugu byose uko byasinye:

.
.
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka