
Minisitiri Mushikiwabo abitangaza yishimira intambwe ya mbere yatewe yo kwemeza ko ibihugu byo muri Afurika bigiye kujya bihahirana nta mbogamizi mu bucuruzi zikiriho, ibintu yemeza ko bikwiye kwishimirwa.
Yagize ati “Gusinya amasezerano ya AfCTA ni ikintu cyo kwizihiza kuko gifite inyungu mu bucuruzi ku Banyafurika. Gikwiye kwizihizwa ku mugabane wose.”
Yabitangaje ubwo yatangizaga ku mugaragaro Inama Nyafurika y’ibihugu yo gushyira umukono kuri ayo masezerano y’ubucuruzi yiswe “AfCTA”, yitabiriwe n’ibihugu bigize umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.

Iyi nama y’iminsi ibiri ihuje abaminisitiri b’Ububanyi n’amahanga muri Afurika ari nabo bashinzwe gushyira mu bikorwa ibyemeranyijweho. Izakurikirwa n’iy’abakuru b’ibihugu bya Afurika.
Iyo nama idasanzwe izitabirwa n’abakuru b’ibihugu 26, ni nayo izahita itangiza iyo gahunda y’ubucuruzi bwambukiranya imipaka nta mbogamizi zo kwakwa imisoro n’amahoro.

Mushikiwabo yemeza ko umugabane wa Afurika ukwiye gushyiraho imigambi ihamye mu bucuruzi kugira ngo amahirwe atanzwe n’ayo masezerano atazabapfira ubusa.
Ati “Dukwiye kubona ko ari inshingano zacu kubyaza umusaruro aya masezerano (AfCTA). Dufite amahitamo yo guhindura impamo ibyo tubona ko byaduha inyungu kandi buri wese agakora uruhare rwe.”
Minisitiri Mushikiwabo yizera ko amasezerano ya AfCTA ari igice kimwe cy’icyerekezo 2063 Afurika yihaye kugira ngo ibe yabaye umugabane ufite ubucuruzi n’ibikorwaremezo bihamye kandi bikora neza mu kuyizamura.
Ati “Ni imwe mu ntego yacu ishobora kudufasha kuzamura ubuzima bw’abaturage bacu n’ubukungu byacu nk’uko Afurika yahoze ibyifuza mu myaka myinshi ishize.”

Gusa bimwe mu bihugu ntibyiteguye guhita bisinya aya masezerano, kuko hari ibivuga ko bizabanza kubyigaho.
Kanda AHA urebe andi mafoto menshi
Minisitiri Louise Mushikiwabo atangiza Inama ya AU kuri uyu wa Mbere
Amafoto: Plaisir Muzogeye
Inkuru zijyanye na: African Union meeting
- Nigeria hari ibyo igikemura, nibirangira izaza - Perezida Kagame
- Dore ibitazibagirana mu nama ya AfCFTA yasoje
- Amasezerano y’amateka muri Afurika yasinyiwe i Kigali
- Inzozi z’imyaka 40 z’ubucuruzi budafite inzitizi muri Afurika zasohoye - Perezida Kagame
- U Rwanda rwahawe inkunga ya miliyari 45Frw iza kuri moto
- Abayobozi batazasinya amasezerano ya AfCFTA ni abagizi ba nabi - Obasanjo
- Guteza imbere ubucuruzi hagati y’Abanyafurika ntibyumvikane nko guheza isi- Perezida Kagame
- Kwitegura gusinya amasezerano akuraho imbogamizi mu bucuruzi muri Afurika birarimbanyije
Ibitekerezo ( 3 )
Ohereza igitekerezo
|
Abashyitsi turabishimiye. Africa duharanire kwihesha agaciro. Twiyubake kuko umutungo turawufite uhagije.tureke umwiryane wo soko y’idindira ryo kwiteza imbere. Dushyire hamwe. Inama nziza. Rwanda oye.
Ntacyo Afrika izigezaho.Urugero,nubwo presidents ba Uganda na Nigeria bari baravuze ko bazaza mu nama,bisubiyeho ku munota wa nyuma.
Nta kintu kizahagarika intambara zibera muli Afrika.Nta kintu kizahagarika presidents basahura igihugu no gutonesha bene wabo n’amacuti yabo.Corruption ntabwo izacika muli Afrika.Every effort is doomed to failure.
Ibyo uvuze ni ukuri. Africa twarananiranye, ubufatanye ntibushoboka kuko na EU ni ibibazo kandi bo ibihugu byabo biragerageza ugereranyije n’ibyacu muri Africa. Twipasa muremure nkaho twahereye hasi tukabanza tukubaka ubushobozi n’ubumenyi bw’abaturage bacu. Nigeria buriya hari akantu yabonye kazayigwishamo muri ubu bufatanye yigira inama.