Wari umukino wa 1/16 wo kwishyura, aho APR Fc yasabwaga byibura gutsinda ku kinyuranyo cy’ibitego 2, gusa ntibiyikundiye bituma inasezererwa.

Ikipe ya Djoliba yari yatsindiye APR muri Mali igitego 1-0, niyo yafunguye amazamu ku munota wa 15 w’igice cya mbere.
Ikipe ya APR Fc yaje kwishyura igitego cyatsinzwe na Bizimana Djihad, nyuma y’ikosa ryari rikozwe na myugariro wa Djoliba FC.
Nshuti Innocent wari winjiye mu kibuga asimbuye Nshuti Dominique Savio, yaje gutsindira APR igitego cya kabiri, umukino urangira ari 2 bya APR Fc, ariko igitego yatsindiwe mu rugo gihita kiyisezerera
Abakinnyi babanjemo:
Djoliba AC: Adama Keita , Siaka Bagayoko, Emile Kone, Aboulaye Diaby, Mamatou Kouyate, Umar Kida, Mamadou Cisse, Seydou Diallo C, Naby Soumah, Cheick Niang , Boubacar Traore .
APR FC: Kimenyi Yves, Omborenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel, Rugwrio Hervé, Buregeya Prince, Mugiraneza Jean Baptiste (Migi), Djihad Bizimana, Issa Bigirimana, Iranzi Jean Claude, Muhadjili Hakizimana, Nshuti Savio Dominique.
National Football League
Ohereza igitekerezo
|
Nta kibazo ikipe yacu tuzayihora inyuma nigaruke itegure neza championa ya hano iwacu kuko ntabwo ari yo gusa yasezerewe.