Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo yavuze ko bibabaje kumva Umuyobozi nka Perezida Donald Trump arangwa n’imvugo nyandagazi igamije gupfobya Afurika.
Kigali Body Gard (B KGL), ni ishyirahamwe ry’abasore n’abakobwa bazwi ku izina ry’aba Bouncers, bamenyerewe mu kurinda abahanzi, abanyacyubahiro babyifuza, cyangwa se kurinda umutekano ahantu hahurira abantu benshi, cyane cyane nko mu bitaramo, mu tubari twiyubashye, mu tubyiniro n’ahandi.
Irushanwa rya Miss Rwanda 2018 rigiye gutangira mu ntara y’amajyaruguru mu karere ka Musanze.
Umuryango w’Abibumbye (UN) wasabye Perezida Paul kagame kuba umuhuza mu kurangiza imvururu zimaze imyaka igera kuri 40 mu Burengerazuba bwa Sahara.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku biribwa (WFP) riratabaza ku bagiraneza kugira ngo haboneke asaga miliyari 9Frw yo gutunga impunzi zirenga ibihumbi 130 ziri mu Rwanda.
Abakinnyi batandatu barimo Areruya Joseph na Ndayisenga Valens barahaguruka muri iri joro berekeza muri Gabon mu irushanwa La Tropicale Amissa Bongo
Alexis Murenzi wari ufite ipeti rya Senior Sergent muri Polisi ishinzwe umutekano wo mu muhanda ( Traffic), yazamuwe mu ntera agirwa Assistant Inspector of Police (AIP) asimbutse iranka ya Chief Sergent (CS).
Umugaba w’ikirenga w’Ingabo z’Igihugu Perezida Paul Kagame, yazamuye mu ntera Fred Ibingira wari Lt General mu Ngabo z’igihugu, amugira Generali .
Perezida Kagame yemeza ko ari uruhare rw’abayobozi kugira ngo ihame ry’ubuvuzi butagize uwo busiga inyuma butere imbere.
Shabban Hussein Tchabalala wakiniraga Amagaju, nyuma yo kugurwa na Rayon Sports bamweretse abafana, baramuterura bamushyira mu kirere
Rwiyemezamirimo Gacinya Chance Denis, uzwi cyane nk’umuyobozi wungirije w’ikipe ya Rayons Sport yajuririye kuri uyu wa Kane icyemezo cyo gufungwa iminsi 30 y’agateganyo yakatiwe n’Urukiko rw’ibanze rwa Nyarugunga.
Derek Sano uririmba mu itsinda rya Active yagaragaye mu marushanwa atoranya urubyiruko ruzajya kwiga umuziki.
Mu gihe ikigereranyo cy’ubwandu bw’agakoko gatera SIDA mu gihugu ari 3%, mu Karere ka Nyarugenge honyine abahatuye bangana na 8.3% ngo bafite ubwandu bwa Sida.
William Gelling ucyuye igihe ku mwanya w’ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda avuga ko ashimishijwe n’uruhare yagize mu kuzamura ubuhahirane n’ubutwerane hagati y’ibihugu byombi.
Rayon Sports yamaze gusinyisha Hussein Shabani uzwi ku izina rya Tchabalala, wakiniraga ikipe y’Amagaju ku mwanya wa ba Rutahizamu, imuguze 5,500,000Frw.
Guhera muri Werurwe 2020, Megawate 80 z’amashanyarazi akomoka kuri nyiramugengeri zizatangira kubonera maze byongere umubare w’Abanyarwanda bakoresha amashanyarazi.
Benjamin Mkapa wahoze ari Perezida wa Tanzania avuga ko ashimishijwe n’uburyo u Rwanda ruri kuza ku isonga mu kurengera ibidukikije, mu gihe ibindi bihugu bisubira inyuma.
Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, umuyobozi w’Ishami ry’Umuryano w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) yageze mu Rwanda aho aje kureba aho u Rwanda rugeze rwubahiriza ishyirwa mu bikorwa ry’ubuvuzi kuri bose.
Urwego rw’imfungwa n’abagororwa (RCS) rutangaza ko abana batsinze ikizamini mu cyiciro rusange bari muri gereza ya Nyagatare bazakomereza mu ishuri ry’imyuga riri muri iyo gereza.
Mu mukino wa nyuma utegura CHAN wabereye muri Tunisia, Amavubi yatsinzwe na Algeria ibitego 4-1
Abahuraga n’ibibazo byo kurwara bakabura uko bagera kwa muganga byihuse kuri ubu babonye igisubizo babikesha ikoranabuhanga rikoresha terefone.
Umwe mu bakekwaho urupfu rw’Umunyarwanda Dr. Raymond Dusabe wiciwe muri Afurika y’Epfo, yagejejwe bwa mbere imbere y’urukiko rwo mu Mujyi wa Cape Town.
Mu mirenge itandukanye yo mu Karere ka Rusizi hagaragaye bamwe mu baturage bahinga Urumogi bakaruvanga n’imyaka mu rwego rwo kujijisha.
Abana bavuga ko hari ababyeyi baganiriza abana babo babacyaha bakabakankamira basa n’ababaha amabwiriza yuko bagomba kwitwara aho kubaganiriza nk’inshuti no kubumva.
Karenzi Manzi Joslyn wahize abandi mu bizami bya Leta bisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye by’umwaka wa 2017, ahamya ko umukino wa Karate akina wagize uruhare rukomeye mu ntsinzi adahwema kugira mu masomo.
Abagenzi n’abakorera muri Gare ya Kacyiru ntibazongera kujya gutira ubwiherero mu ngo z’abaturage kuko muri iyo Gare hagiye kuzura ubwiherero bugezweho.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi Antoine Hey mu mukino wa gicuti ahuramo na Algeria, yakozemo impinduka ebyiri mu ikipe isanzwe ifatwa nk’iya mbere
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ubushinwa, Wang Yi azasura u Rwanda ku itariki ya 12 Mutarama 2018, mu rwego rwo gutsura umubano muri politiki hagati y’ibihugu byombi.
Amakipe ane yabaye aya mbere muri Shampiona ishize, agiye guhatanira igikombe cy’intwari kizatangira tariki 23/01/2018
Nyuma yuko abarimu bakosora ibizamini bya Leta bahembwe bitinze kandi bararangije gukora akazi uko babisabwa, bavuga ko byaba byiza ubutaha bahembwe mbere yo gukosora.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo yatangaje ko ibiganiro yagiranye na Perezida w’iki gihugu, Muhammadu Buhari, yavuze ko ibiganiro bagiranye bigamije impinduka kuri Afurika.
Urwego ngenzuramikorere (RURA), ruramenyesha abantu bose ko guhera kuri uyu wa Kabiri tariki ya 9 Mutarama 2018, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli cyongeye kuzamuka.
Abasenateri bagize komisiyo y’Imibereho myiza y’Abaturage, uburenganzira bwa Muntu n’Ibibazo by’Abaturage banenze urwego ubushakashatsi bukiriho mu Rwanda basaba Minisiteri y’uburezi kubuzamurira ubushobozi.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Triathlon mu Rwanda ryashyize ahagaragara ingengabihe y’amarushanwa y’umwaka wa 2018 harimo n’irushanwa rizabera ku nshuro ya mbere mu mujyi wa Huye.
Polisi y’igihugu iravuga ko Inkongi nyinshi z’umuriro zikunda kugaragara mu Rwanda zituruka ku mashanyarazi nubwo hari n’ibindi byaba imbarutso.
Muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami ryigisha ubumenyi n’ikoranabuhanga (CST), hari kubakwa amashuri afite ishusho y’ibirunga yubakishijwe amakoro n’ibindi bikoresho bikorerwa mu Rwanda.
Mu gitondo cyo ku itariki ya 28 Ukuboza 2017 nibwo mu Rwanda hatangiye gusakara inkuru ivuga ko Fiona Muthoni Naringwa yabaye uwa kabiri mu irushanwa rya Miss Africa 2017.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi (REB) kiratangaza ko uburyo busanzwe bukoreshwa mu kureba amanota y’ibizami bya Leta butahindutse, aho umuntu ashobora gukoresha ubutumwa bugufi cyangwa agasura urubuga rwa REB akareba amanota y’umwana.
Abarozi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagiye kujya bishyurwa 200Frw kuri ritiro imwe, mu gihe bazaba bajyemuye amata ku ikusanyirizo ryayo.
Umutoza Karekezi Olivier wa Rayon Sports yatangaje ko atifuza gutakaza Mugisha Gilbert washoboraga gutizwa Amagaju kugira ngo babone Shabban Hussein Tchabalala
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’umugaba w’ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) Paul Kagame yashyize Brig. Gen. Jean Damascene Sekamana w’imyaka 60 y’amavuko mu kiruhuko cy’izabukuru.
Abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi uko ari 23, bahawe numero bazaba bambaye ku myenda yabo muri CHAN izabera Maroc
Ikipe ya Rayon Sports yasubukuye imyitozo nyuma y’ibyumweru hafi bibiri bari mu kiruhuko, imyitozo yagaragayemo abakinnyi bashya barimo abanyamahanga batanu
kuri uyu wa mbere tariki ya 8 Mutarama, Urukiko rwo mu Mujyi wa Hillerød mu gihugu cya Denmark rwatangije urubanza rwo kohereza umunyarwanda Wenceslas Twagirayezu akaza kuburanishirizwa mu Rwanda ku byaha ashinjwa bya jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Mu gihe habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo abahatanira ikamba rya Miss Rwanda 2018 batangire gutoranywa, kuri ubu hamaze kwiyadikisha abakobwa 185 mu gihugu hose.
Muri Gicurasi 2017 Akarere ka Rubavu kashyizeho abantu bagenzura aboga mu Kiyaga cya Kivu hagaragazwa naho batagomba kurenga mu kwirinda ipfu z’abakigwamo.
Umuryango w’abavutse ari Impanga “Rwanda Twins Family” uri gutegura ibirori ngarukamwaka by’impanga, uvuga ko bizarangwa n’udushya twinshi.
Minisiteri y’Uburezi MINEDUC, iratangaza ko amanota y’abanyeshuri bakoze ibizami bya Leta bisoza amashuri abanza, ndetse n’abakoze ibizami bisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye, azasohoka kuri uyu wa kabiri tariki ya 9 Mutarama 2018.
Abaturage bo mu Murenge wa Butare mu Karere ka Rusizi, baravuga ko bagenda ibirometero bisaga birindwi bagana aho bategera imodoka kuko umuhanda w’abahuzaga n’utundi turere wangiritse cyane imodoka zitakibasha kuhagera.