Minisitiri w’ushinzwe kurwanya Ibiza no gucyura impunzi Jeanne d’Arc Debonheur yafashe mu mugongo abaturage b’i Nyabimata muri Nyaruguru babuze ababo bishwe n’inkuba.
Abahanzi bazitabira irushanwa ra Primus Guma Guma Super Star ya Munani bamaze kumenyekana mu majonjora yaranzwe no gutungurana.
Abahanzikazi bagize itsinda rya Charly&Nina bongeye gutangaza ko batazitabira irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star 2018, amarushanwa banze kwitabira ku nshuro ya kabiri yikurikiranya.
Nyuma y’Inkubiri imaze iminsi yo guhagarika insengero zitujuje ibyangombwa, aho izisaga 700 zahagaritswe mu Mujyi wa Kigali, ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyarugenge bwahagaritse ikorereshwa ry’ indangururamajwi mu misigiti, ngo kuko zitera urusaku.
Abasore bagize itsinda rya Dream Boys bakomeje kwinubira ko igihe cyo kurongora cyabagereyeho, nyamara bakaba barahebye abo bazabana na bo.
Abasenateri bari mu Komisiyo y’iterambere ry’ubukungu n’imari ntibemeranywa n’Akarere ka Nyagatare ko abaturage 72% aribo bagerwaho n’amazi meza.
Urwego rushinzwe Imiyoborere (RGB) ruravuga ko uburyo bukoreshwa mu kugenzura imiyoborere muri Afurika bikwiye kuvugururwa bikajyana n’igihe isi igezemo.
Minisiteri y’Ingabo (MINADEF) iratangaza ko abasirikare b’u Rwanda 39 bari mu mahugurwa yo kubungabunga amahoro yaberaga mu gihugu cya Bangladesh bagarutse mu Rwanda.
Nyakwigendera Musenyeri Jean Damascène Bimenyimana wa Diyoseze ya Cyangugu witabye Imana kuri uyu wa Mbere azashyingurwa kuwa Gatanu tariki 16 Werurwe 2018.
Pasiteri Matabaro Jonas uhagarariye itorero Restoration Church mu Karere ka Musanze, yatangaje ko ashyigikiye icyemezo Leta yafashe cyo gufunga insengero zitujuje ibisabwa, ngo kuko byatumye zikanguka zikihutira kubyuzuza.
Abiga imyuga bagiye kujya bakora ibikoresho binoze kandi bishobora gucuruzwa ku isoko ryo mu karere, ku mugabane w’afurika no hanze yawo.
Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) Ahmad Ahmad, yagiranye ibiganiro na Perezida Paul Kagame, nyuma y’inama yari yitabiriye yaberaga i Kigali.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo yavuze ko u Rwanda ntawe rushobora kwima ubuhungiro aruhungiyeho, ariko yongeraho ko uzaza wese agomba kugendera ku mategeko asanze.
Abagororerwa muri gereza zitandukanye z’igihugu, bigishwa Ubumenyingiro butandukanye burimo, Ubwubatsi, Ububaji, ubudozi n’ibindi.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo yatangaje ko agatotsi kaje mu mubano w’u Rwanda na Uganda atari ikibazo kizananirana kuko ibihugu byombi byiteguye kubiganiraho.
Abacuruzi b’ibikomoka ku buhinzi basaba Leta gufatanya nabo gushaka uko ibiribwa byatunganywa bikabikwa, kuko ngo hari ibitagurishwa byinshi bisigara bikangirika.
Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) irasaba u Buholandi guta muri yombi cyangwa bukohereza mu Rwanda Ndereyehe Charles Ntahontuye, uri mu bashinze ishyaka rya CDR akaba n’umwe mu baterankunga b’Imena ba Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abaturage bo mu Mirenge inyuranye igize Akarere ka Gicumbi bavuga ko amavunja abarembeje ariko ubuyobozi bwo bukemeza ko nta mavunja agaragara muri aka karere.
Abagororwa bagiye bakurwa muri gereza zitandukanye nk’iya Kimironko n’iya Nyamagabe, bongereye ubucucike muri Gereza ya Rusizi, ku buryo abari basanzwemo bemeza ko bibangamye.
Ikigo cy’igihugu gitsura ubuziranenge (RSB) gitangaza ko kigiye gushyiraho abantu basobanukiwe n’iby’umuziranenge bazafasha inganda nto, kugira ngo zikore ibyujuje ubuziranenge.
Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru, tariki ya 11 Werurwe 2018, Musenyeri Bimenyimana Jean Damascène wari Umushumba wa Diyosezi ya Cyangugu, yitabye Imana azize uburwayi bwa kanseri yo mu maraso yari amaze igihe arwaye
Perezida Paul Kagame yemeza ko nubwo isi iri kugenda ishyuha uko iminsi ishira, abantu bakwiye gutekereza uko ubwo bukana bwagira akamaro, bukanifashishwa mu kurinda abantu.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ku bufatanye n’umuryango ‘Rwanda Legacy of Hope’ bagiye kuzana abaganga b’inzobere mu kubaga mu mutwe hagamijwe kuvura indwara z’ubwonko.
Mu Karere ka Nyaruguru mu Murenge wa Nyabimata, inkuba yakubise abantu basaga 40 barimo basenga, 15 muri bo bahita bashiramo umwuka.
Mu kiganiro cy’Iyobokamana cyitwa Inspiration on Sunday kiba buri cyumweru guhera Saa mbiri z’amanywa kugera Saa yine n’igice kuri KT RADIO, Pasiteri Mpyisi ukomoka mu idini y’Abadivantisiti, azaganiriza abantu Ku ifungwa ry’insengero zitujuje ubuziranenge rimaze iminsi rikorwa.
Ubushakashatsi bwakozwe na TI - Rwanda bwamuritswe kuri uyu wa gatanu tariki 09 Werurwe 2018 bugaragaza ko hirya no hino mu gihugu hari ibikorwa bya Biogaz, amashyiga ya rondereza na cana rumwe ndetse ningufu zikomoka ku mirasire yizuba byubakiwe abaturage ariko ntibyatanga umusaruro byari byitezweho.
U Rwanda na Tanzania byiyemeje gutangira kubaka inzira ya gari ya moshi Isaka-Kigali mu kwezi k’Ukwakira k’uyu mwaka wa 2018.
Akanama gashinzwe amatora y’Umuyobozi wa FERWAFA ateganyijwe mu mpera z’uku kwezi, kemeje Kandidatire ya Rtd Brig Gen Sekamana Jean Damascene, wiyongereye mu bifuza kuyobora iri shyirahamwe.
Minisitiri w’Umuco na Siporo Uwacu Julienne yihanangirije abakinnyi bazahagararira u Rwanda mu mikino ihuza ibihugu bivuga ururimi rw’Icyongereza (Common Wealth), kudahirahira gutoroka.
Mu minsi ya vuba ibicuruzwa bituruka ku cyambu cya Dar Es Salaam bishobora guhenduka, nyuma y’uko serivisi zatangirwaga kuri iki cyambu zazanywe i Kigali.
Mu myaka isaga 15 ishize, The Ben yari wa muhanzi wari witeguye gukora ibishoboka byose ku rubyiniro, kugira ngo abe yakwishimirwa n’abamureba.
Umuryango Imbuto Foundation wongeye guhemba abakobwa bitwaye neza muri gahunda yayo yise “Ba Inkubito z’Icyeza n’Ishema ry’abakobwa” yabereye mu Karere ka Muhanga.
TMC wo mu itsinda rya Dream Boys yaturitse ararira, ubwo yavugaga ku ndirimbo bise "Wagiye Kare", indirimbo avuga ko imwibutsa se witabye Imana TMC afite imyaka 10, ntabashe no kugira amahirwe yo kumushyingura.
Abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’Amagare igiye kugaruka mu Rwanda, nyuma yo kugera muri Cameroun bakakirizwa inkuru y’uko irushanwa rya Tour du Cameroun bari bitabiriye ritakibaye.
Abagore 70 bo mu Karere ka Rubavu bashyikirijwe inkunga igera kuri miliyoni 3Frw, izabafasha mu mishinga ituma batongera gusiga abana ku mupaka.
Abaminisitiri b’ubucuruzi b’ibihugu bigize umuryango wa Africa yunze ubumwe bateraniye i Kigali, bumvikanye ku masezerano ashyiraho isoko rusange ry’ubucuruzi muri Africa (Continental Free Trade Area).
Uwahoze ari umuvugizi w’ubushinjacyaha akaba yarabaye n’umushinjacyaha mu rubanza rwa Ingabire Victoire Umuhoza, yamuritse igitabo yise "Qui Manipule qui " kivuga uko urubanza rwagenze, nyuma y’uko hari benshi bahoraga babimubaza ndetse bamwe bakabivugana uburakari bavuga ko rwabayemo uburiganya no gutekinika.
Perezida Paul Kagame yifurije abagore umunsi mwiza wabagenewe, avuga ko u Rwanda rwishimiye kuba rwaratanze umusanzu warwo mu kubateza imbere.
Umunsi mpuzamahanga wahariwe kuzirikana ku burenganzira bw’abagore, wahuriranye no kwisukiranya kw’ibirego by’abagore bagaragaza ko bagiye bahohoterwa, cyangwa bagafatwa ku ngufu hirya no hino ku isi.
Minisitiri w’Ubuzima Dr Diane Gashumba atangaza ko nk’u Rwanda kwirinda malariya ibihugu bituranye ntibigire icyo bikora ntacyo bimaze kuko imibu ikomeza kuzenguruka.
Mugwiza Antoine wari umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere ry’Akarere ka Nyabihu yeguye ku mirimo.
Ibitabo bya Tom Close bije gusubiza ibibazo abantu bajyaga bibaza ku bijyanye n’uko abana b’iki gihe basigaye bakurana imico ihabanye n’indangagaciro za Kinyarwanda.
Musabyimana Patricie ufite ubumuga bwo kutabona yihangiye umurimo wo kuboha imipira y’imbeho kandi ngo biramutunze n’umuryango we.
Ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Mamelodi Sundowns yo muri Afurika y’Epfo 0-0, mu mukino wa mbere wabereye kuri Stade Amahoro kuri uyu wa Gatatu
Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko mu Rwanda hakiri ikibazo cy’abaganga bake kuko umuganga umwe yita ku bantu 8.500 yakagombye kwita ku bantu 1000 nk’uko bisabwa na WHO.
Nyuma y’amezi atatu Anastasie Kanakuze abyaye abana babiri bafatanye, hari icyizere ko abaganga bazabatandukanya bagakomeza bakabaho.
Impunzi zigera ku bihumbi bitatu zimaze kwinjira mu Rwanda, zinjiriye ku mupaka wa Rusizi, zivuga ko zihunze icyemezo cya leta ya Congo ishaka kuzisubiza i Burundi.