Perezida w’urukiko rw’ikirenga Prof. Sam Rugege avuga ko kuva mu mwaka wa 2005 kugera muri 2018 abacamanza 17 n’abanditsi b’inkiko 25 birukanywe kubera ruswa.
Bamwe mu bahesha b’inkiko baratungwa agatoki kubera kwishyuza iby’abandi mu irangizwa ry’imanza barangiza ntibabibagezeho kandi hari ibyabo bagenerwa, ngo ikaba ari imikorere idakwiye.
Ikigo cy’Igihugu gitsura Ubuziranenge (RSB) kiraburira Abanyarwanda ko hari inganda zahawe ibyangombwa by’ubuziranenge, ariko aho kubahiriza amabwiriza zahawe zikabibika zikikorera ibicuruzwa bitujuje ubuziranenge.
Perezida Paul Kagame wa Repubulika y’u Rwanda aravuga ko imyiteguro yo guhangana na Ebola yavuze kuri 55% muri Gicurasi 2018 igera kuri 84% muri Mutarama 2019.
Ikigo gikora ubushakashatsi kuri gahunda za Leta (IPAR) cyagaragarije inzego zitandukanye uburyo Abanyakigali batuye mu kajagari bibasiwe n’umwanda.
Nyuma y’aho abaturage bahinga umuceri mu gishanga cya Kamiranzovu mu karere ka Nyamasheke bagaragarije ikigo cy’igihugu cy’ubuhinzi (RAB) ko muri iki gishanga hari igice cyacyo kitacyera neza nka mbere aho bakeka ko byaba biterwa na nyiramugengeri ishobora kuba iri hasi, RAB yamaze kubemerera ko igiye kohereza inzobere (…)
Ikigo gishinzwe Ubwiteganyirize(RSSB) kivuga ko kigiye gusaba amakuru inzego zitandukanye, kugira ngo gihangane n’abajura ariko kinashaka abiteganyiriza bashya.
Abatuye i Shyanda mu Karere ka Gisagara, bavuga ko nubwo badatuye mu mujyi, umunsi w’abakundanye (Saint Valentin) wizihizwa tariki 14 Gashyanyare na bo bawizihiza.
Minisitiri w’Ibidukikije, Dr. Vincent Biruta, yasabye umuyobozi w’ikigo cy’igihugu cy’ubumenyi bw’ikirere (Meteo Rwanda) n’abo bakorana ko bagomba kujya batanga amakuru y’iteganyagihe yizewe, ariko bakanongeraho gusobanurira abaturage, icyo bakwiye gukora.
Tariki ya 14 Gashyantare, ni umunsi benshi bafata nk’umunsi w’abakundana. Ni umunsi abantu batandukanye bereka abo bakundana ko babazirikana mu rukundo kandi ko babitayeho kurusha uko babiberekaga mu yindi minsi.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr. Uzziel Ndagijimana, avuga ko mu mwaka wa 2024 ubutaka buhingwaho bwuhirwa buzaba bwikubye inshuro zirenga ebyiri.
Ikamyo yo muri Tanzaniya yavaga i Kigali yerekeza i Huye, mu masaa kumi n’imwe n’igice zo ku wa 14 Gashyantare 2019 yagwiriye abantu barimo abana bo mu Murenge wa Kinazi bavaga ku ishuri.
Muri iki gihe gutwara inda ku bangavu byabaye nk’icyorezo, hari abatekereza ko udukingirizo tugejejwe henshi no mu midugudu byaba umuti kuri iki kibazo.
Abana batandatu biga mu mashuri abanza bagejejwe mu bitaro bya Nyagatare bazira kurya imbuto z’igiti cyitwa Rwiziringa.
Impuzamakoperative atwara abagenzi mu Rwanda RFTC kuwa gatatu tariki ya 13 Gashyantare 2019 yatangije ku mugaragaro igikorwa cyo kwegurira amakoperative y’abatwara abantu imodoka zo mu bwoko bwa Coaster.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) ivuga ko ibyiciro by’ubudehe byari bisanzwe bigiye kuvugururwa hashingiwe ku bitekerezo by’abaturage mu kugena ibizagenderwaho mu kubishyiraho.
Umutoza wa Rayon Sports Robertinho yatangaje ko agomba kuzakinisha Jules Ulimwengu ku mukino Rayon Sports izakina na Muhanga.
Hari abantu baba bari basanganywe imisatsi myiza, ibyibushye, ubona ko ifite ubuzima, nyuma y’igihe runaka, ukabona ya misatsi itangiye koroha bidasanzwe, ikajya ipfuka, uko umuntu asokoje akabona imisatsi myinshi yarandutse isigaye mu gisokozo.
Mu biganiro byahuje abanyamakuru n’abayobozi b’inzego zibanze hagaragajwe ko hari abayobozi banga gutanga amakuru, abandi bagafata abanyamakuru nk’ababarwanya.
Mu gihe izamuka ry’ibiciro ku masoko muri 2019 rizaba riri kuri 3%, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda(MINICOM) irizeza ko ibiribwa byo bitazahenda.
Umwarimu mu ishuri ry’itangazamakuru n’itumanaho muri Kaminuza y’u Rwanda, Paul Mbaraga, ni we wahawe kuyobora Radio Salus, isanzwe ari iya Kaminuza y’u Rwanda.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ivuga ko nta muntu ukoze ubutabazi akageza inkomere kwa muganga ukwiye gufatwa bugwate ngo abanze amuvuze kandi we ibye yabirangije nk’uwatabaye.
Abanyeshuri biga uburezi muri TTC Rubengera mu Karere ka Karongi, baravuga ko bagiye kurushaho gushyira imbaraga mu kwiga uburezi nyuma y’aho Leya y’u Rwanda, ibemereye kuzajya biga kaminuza ku buntu ndetse ikongerera n’abarimu umushahara.
Mu gihe Leta y’u Rwanda irimo guhiga bukware abantu babarirwa muri 700 bayambuye amafaranga agera muri miliyari zirindwi (7,000,000,000FRW), icukumbura ryakozwe na Kigali Today ryasanze abenshi muri abo ari abakoze ibyaha bifite aho bihuriye na ruswa no kunyereza umutungo wa Leta.
Tariki 14 Gashyantare ni umunsi hirya no hino ku isi abantu batandukanye bizihiza umunsi w’abakundana uzwi nka Saint Valentin cyangwa se Valentine’s Day.
Mu imurikabikorwa mu mafoto, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye Ritsura Amajyambere (UNDP) ririshimira ibikorwa byagezweho mu myaka itanu ishize (2013 - 2018) k’ubufatanye na Leta y’u Rwanda.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yavuze ko kimwe mu byatumye ubwiyunge bushoboka mu Banyarwanda, ari ukuba abantu baranyuze mu biruhije harimo no kuba mu nkambi z’impunzi.
Nubwo umuntu ari cyo kiremwa kirusha ubwenge ibindi, kikaba kibiyobora kikabiha n’umurongo, zimwe mu nyamaswa nazo zigira ibyo zirusha umuntu nko kuba nta nyamaswa yagambirira kwica ngenzi zayo ngo izimare nk’uko mu Rwanda byagenze mu 1994, kuba nta nyamaswa yarutisha indi bidahuje imimerere ngenzi yayo, n’ibindi.
Ku munsi wa kabiri w’uruzindiko rwe mu Ntara y’Iburengerazuba, Minisitiri w’intebe Dr Ngirente Edouard, yageze mu Karere ka Nyamasheke. Bamwe mu bo yasuye muri ako karere ni abahinzi b’umuceri bibumbiye muri Koperative Dufatanye Kagano ibyaza umusaruro igishanga cya Kamiranzovu.
Ambasaderi Claver Gatete minisitiri w’ibikorwa remezo avuga ko imijyi yunganira Kigali itazaturwa n’abakire gusa kuko harimo gushakwa amacumbi y’abafite ubushobozi bucye.
Mu gihe bamwe mu bagenerwabikorwa ba VUP bakunze kumvikana binubira gutinda kw’amafaranga baba bagomba guhabwa nk’ingoboka cyangwa ayo baba bakoreye binyuze mu mirimo rusange, Ministeri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (Minaloc) iratangaza ko icyo kibazo cyavugutiwe umuti.
Bamwe mu bayobozi b’uturere bungirije bashinzwe imibereho myiza y’abaturage basanga hari abaturage bahawe inkunga zo kubakura mu bukene ariko ntibabuvemo kuko batahawe umwanya mu gutegura izo gahunda.
Itegeko rishya rigenga umutungo utimukanwa rivuga ko ubutaka cyane cyane ibibanza bifite ibyangombwa byo kubaka ntibyubakwe bizajya bisoreshwa inshuro ebyiri.
Musenyeri Eulade Rudahunga wari Umupadiri ukuze kurusha abandi mu Rwanda yitabye Imana mu ntangiriro z’iki cyumweru.
Ikigo cy’igihugu cy’iterambere RDB kiravuga ko imirimo yo gutangira ibikorwa by’ikigo kizitirirwa Ellen DeGeneres, ikigo kizakorera mu mushinga Dian Fossey Gorilla Fund yatangiye mu Kinigi mu karere ka Musanze.
Ikipe ya APR FC ifite umutoza mushya, yatsinze Gasogi United ibitego 3-0 mu mukino wa gicuti wabereye Kicukiro.
Senderi International Hit umaze imyaka ine afite igikombe cya Salax nk’umuhanzi uririmba Afrobeat, ku mugoroba wo ku wa 11 Gashyantare 2019 ntiyagaragaye ku rutonde rwatangajwe rw’abahanzi bazahatanira ibihembo by’uyu mwaka, bituma asohoka anyonyomba abantu ntibamenya aho yarengeye.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku bidukikije REMA kiratangaza ko u Rwanda rugiye gutunganya imijyi ishobora guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.
Ku mugoroba wo ku itariki 11 Gashyantare 2019, nibwo ikigo AHUPA gisigaye gitegura ibihembo bya Salax cyatangaje abahanzi batanu muri buri cyiciro, bazatoranywamo umuhanzi uzahabwa igihembo.
Ikigo gishinzwe gucuruza, kwamamaza no kumenyekanisha igihugu (Rwanda Convention Bureau) kiratangaza ko kuva mu kwezi kwa karindwi mu mwaka ushize wa 2018, inama mpuzamahanga zabereye mu Rwanda zinjije miliyoni 52 z’Amadolari ya Amerika.
Umusore wo mu kigero cy’imyaka 30 utazwi umwirondoro, amaze umwaka n’amezi umunani ari indembe mu bitaro bya Ruhengeri, aho abaho atagira umurwaza akaba yitabwaho n’abaganga.
Umukobwa w’imyaka 17, wo mu karere ka Gisagara, arashinja umwe mu bakozi b’akagari ka Birira mu murenge wa Kimonyi akarere ka Musanze kumutera inda akamwihakana.
Abatuye i Rwamagana n’abahategera imodoka baremeza ko baruhutse izuba n’imvura yabanyagiraga bateze imodoka kubera kutagira gare ijyanye n’igihe.
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro(RRA) cyatangaje ko cyakusanyije imisoro n’amahoro ingana n’amafaranga miliyari 666 mu mezi atandatu ya mbere y’umwaka wa 2018/2019.
Ubuyobozi bwa Polisi y’igihugu buvuga ko hari ibinyabiziga byinshi bimaze igihe byarafatiwe mu makosa ba nyirabyo ntibabigombore, ngo bukaba bugiye kureba uko bitezwa cyamunara buri kwezi.
Koza amenyo nibura inshuro ebyiri ku munsi, bikwiye kuba muri gahunda y’umunsi kuri buri wese, nk’uko abantu bagomba kurya kugira ngo babeho.
Abantu benshi bakunze kubira ibyuya mu birenge cyane cyane igihe bambaye inkweto zifunze, bamwe bikabaviramo kunuka mu birenge.
Perezida Kagame ari muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu mu mujyi wa Dubai, aho ari buvuge ijambo mu nama ya karindwi ihuza guverinoma zo ku isi yose, inama igamije gushyiraho umurongo w’ahazaza ha za guverinoma mu isi, bibanda cyane ku buryo ikoranabuhanga no guhanga udushya byagira uruhare mu kubonera ibisubizo bimwe mu bibazo (…)
Uruzinduko Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard yagiriye mu Karere ka Karongi, rwibanze ku gusura ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye mu rwego rwo kureba uko ireme ry’uburezi rihagaze.
Ubushinjacyaha bukuru bw’u Rwanda bwatangaje ko buhora iteka bushakisha uburyo bwafata abantu bakomeye barya ruswa (abakunze kwitwa ‘ibifi binini’) kugira ngo bahanwe n’amategeko.