Ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mupira w’amaguru ntibashije kurenga amatsinda nyuma yo gutsindwa na Libya ku munota wa nyuma w’umukino.
Areruya Joseph hamwe n’ikipe y’igihugu y’abatwara amagare bagarutse mu Rwanda, aho basanze imbaga y’abafana n’abayobozi babategereje ku kibuga cy’indege i Kanombe.
Ubuyobozi bw’Ikigega Agaciro bwatangaje ko kugera ubu amafaranga amaze kugera muri iki kigega ari miliyari 47 Frw. 70% yayo ngo yagurijwe amabanki arimo kungukira iki kigega.
Dr Cyubahiro Bagabe Marc wari umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuhinzi n’ubworozi (RAB) yirukanywe mu kazi, asimburwa na Dr Patrick Karangwa wari usanzwe ari umuyobozi ushinzwe ubushakashatsi.
Urunturuntu rukomeje gututumba hagati y’umuhanzi Sano Alyne n’umuhanzi Rugamba Yverry kubera indirimbo “Naremewe wowe” buri wese yemeza ko ari iye.
Perezida Kagame yageze i Davos mu Busuwisi, aho yitabiriye ihuriro ngarukamwaka rya 48 ryiga ku bukungu ku Isi. Iri huriro ryitabiriwe n’abandi bakuru b’ibihugu n’abayobozi b’ibigo bitandukanye by’ubukungu.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’umupira w’amaguru, irakina umukino wa nyuma wo mu matsinda, aho ikina na Libiya bahatanira umwanya wo kujya muri 1/4
Ubugenzuzi bwakozwe mu Ntara y’Iburasirazuba bwavumbuye abanyeshuri ba baringa mu mashuri abanza n’ayisumbuye, leta yari imaze gutangaho milioyni 443Frw.
Guverinoma y’u Rwanda yahakanye amakuru amaze iminsi akwirakwizwa mu bitangazamakuru ko rwasinyanye na Leta ya Isiraheli mu ibanga amasezerano yo kwakira abimukira iki gihugu kidashaka ku butaka bwacyo.
Gahemba Jean Marie Vianney, umubyeyi wa Areruya Joseph, yifuza kumubona mu isiganwa rya “Tour de France” rifatwa nk’irya mbere ku isi muri uyu mukino.
Kuba ubu abagabo n’abasore cyane cyane ibyamamare bambara amaherena ku gutwi ntabwo ari ibya vuba.
U Buyapani bwateye inkunga y’asaga miliyoni 70Frw ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya St Joseph Nzuki ryo muri Ruhango azarifasha kubaka amacumbi y’abana 400.
Komite Olempike yakoresheje amahugurwa abahagarariye Siporo mu tureretwose tw’u Rwanda, ibasaba gushyira imbaraga no mu mikino idasaba ingengo y’imari iri hejuru
Ibigo by’ubwishingizi byahisemo kuzamura ibiciro by’ubwishingizi bw’ibinyabiziga kuva kuri 40% kugera kuri 60% aho kuba 73% nk’uko byari byatangajwe tariki 01/1/2018.
Abagize urwego rw’abacungagereza (RCS) nabo bahawe uburenganzira bwo kujya bahahira mu isoko ryashyiriweho ingabo z’igihugu, nyuma yo kugaragaza ko byabafasha kugira ubuzima bwiza.
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) rwarekuye abafungwa batanu bari barakatiwe igihano cya burundu, nyuma yo kwitwara neza no kurangwa n’ikinyabupfura.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yahagaritse icuruzwa n’ikoreshwa ry’ibiribwa by’abana birimo amata bikorwa n’Uruganda rwa Lactalis rwo mu Bufaransa, kubera ikibazo cy’ubuziranenge.
Mu isiganwa ryari rimaze iminsi ribera muri Gabon, Umunyarwanda Areruya Joseph akoze amateka yo kwegukana iri siganwa rya mbere rikomeye muri Afurika
Igikombe cy’intwari cyatangiye guhatanirwa kuri uyu wa Gatandatu, Police Fc niyo yonyine yabashije kwegukana amanota atatu ku munsi wa mbere
Umwana Nkunda Amahoro wamamaye cyane ku makaye yo mu mashuri abanza, amakuru agera kuri Kigali Today aravuga ko ubu yabaye umusore utagira uko asa.
Guverinoma y’u Rwanda yeguriye uruganda rwa Enviroserve uburenganzira bwo kugenzura igice cyo mu Bugesera cyahariwe kubyaza umusaruro ibikoresho by’ikoranabuhanga bishaje kizwi nka "Bugesera E-Waste management facility."
U Rwanda na Tanzania byamaze kwemeza bidasubirwaho imirimo yo kubaka umuhanda wa Gari ya moshi uzava Isaka ukagera i Kigali izatangira mu Kwakira 2018.
Abayobozi 38 b’ibigo bikomeye ku isi batangaje ko bafite gahunda yo kuzana ishoramari mu Rwanda kuko hari amahirwe menshi atarabyazwa umusaruro.
Mu majonora y’ibanze ya Miss Rwanda abera mu karere ka Huye, umuriro wakomye mu nkokora imirimo y’akanama nkemurampaka, unadindiza abandi biyamamazaga.
Mu gace kabanziriza aka nyuma mu isiganwa la Tropicale Amissa Bongo, Areruya Joseph aje ku mwanya wa gatatu, ahita yongera ibihe arusha umukurikiye
Umuhanzi Diamond Platinumz uri mu Rwanda yatangaje ko ibyo abantu bumva mu bitangazamakuru ko akunda gusambana ari ibinyoma ko afite abana batatu gusa, akaba nta mugore arashaka.
Harerimana Fatou, Visi Perezida w’inteko ishinga amategeko umutwe wa Sena, arasaba abagore kudakoresha uburenganiza bwabo mu guhohotera abagabo.
Perezida Kagame yahaye imbabazi abana 18 bari bafungiye muri Gereza y’abana ya Nyagatare, nyuma yo kwitwara neza mu bizami bya Leta biheruka.
Mu mukino wa kabiri wo mu itsinda rya gatatu rya CHAN 2018, Amavubi atsinze Guinea Equatorial igitego 1-0 gitsinzwe na Manzi Thierry
Umuhanzi Diamond Platinumz w’Umunyatanzaniya yatangaje ko yatangiye gucuruza ubunyobwa mu Rwanda akaba anateganya kuhashinga uruganda, akaba anateganya kuhagura inzu yo guturamo.
Nyuma y’agace ka Gatanu ka La Tropicale Amissa Bongo gasorejwe mu gihugu cya Cameroun, Areruya Joseph abashije kugumana umupira w’Umuhondo, akaba ku rutonde rusange akiri uwa mbere muri iri rushanwa.
Banki nkuru y’u Rwanda (BNR) ivuga ko mu mwaka umwe gusa abajura Miliyoni umunani bagerageje kwiba amabanki yo mu Rwanda bifashishije ikoranabuhanga.
Ministeri y’Ubuhinzi n’Ubworozi( MINAGRI) yavuze ko bidatinze iza gufungira ababazi b’inyama batubahiriza amabwiriza yashyizeho.
Icyamamare Diamond Platinumz ukomoka mu gihugu cya Tanzaniya yasuye ikigo cya Jordan Foundation kiri mu Gatsata ndetse anabagenera impano y’ibiribwa, kuri uyu wa gatanu tariki ya 19 Mutarama 2018.
Abagenagaciro ni abantu bashinzwe guha agaciro imitungo itimukanwa (Amazu n’amasambu) kugirango beneyo babashe guhabwa inguzanyo mu ma banki, cyangwa se bahabwe ingurane, bimurwe kuri iyo mitungo kubw’inyungu rusange.
Abatishoboye basanga 100 bagiye kunganirwa mu by’amategeko ku buntu kuko haba hari benshi bananiwe gukurikirana ibibazo byabo mu nkiko bigatuma bitinda gukemuka.
Diamond Platinumz umuhanzi ukomoka mu gihugu cya Tanzania, yageze mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, aho aje muri gahunda ze bwite zirimo igikorwa cyo gusura ikigo kirera abana bafite ubumuga bwo kutabona kitwa Jordan Foundation.
Umwe mu baririmbyikazi ba Karaoke bamaze kumenyekana mu Rwanda akaba n’umunyamakurukazi, Jane uwimana asanga abantu bose bakwiye kwiyumvamo impano ibabereye bakayiha agaciro kandi bakanayiha umwanya uyikwiye.
Ibikenewe byose byamaze gukusanywa kugira ngo uruganda rw’Abadage rwa Volkswagen (VW) rutangire gukorera imodoka mu Rwanda, zizaba zagiye ku isoko muri Gicurasi 2018.
David Adedeji Adeleke uzwi nka arateganya gukorera igitaramo yise ‘Miliyari 30”, i Kigali muri Werurwe 2018.
Areruya Joseph wa Team Rwanda, yegukanye agace ka kane ka La Tropicale Amissa Bongo 2018, kari gafite ibirometero 182 Km ahita yegukana n’Umupira w’umuhondo ku rutonde rusange aho arusha umukurikiye amasegonda 11.
Umuhanzi Senderi International Hit yashavujwe n’amagambo yavuzwe n’umuhanzi akaba n’umunyamakuru wa TV1 Kakoza Nkuriza Charles apfobya ibihangano bye ndetse avuga ko aramutse amusubije yahita arira ako kanya.
Ikipe ya Rayon Sports ngo yiteguye gukina irushanwa ry’intwari ritangira kuri uyu wa Gatandatu, n’ubwo ishobora kutazaba ifite Karekezi werekeje i Burayi
Ku rutonde ngarukakwezi rukorwa na FIFA rugaragaza uko amakipe akurikirana, ubu u Rwanda rurabarizwa ku mwanya wa 116 ruvuye ku 113
Abahesha b’inkiko b’umwuga binenze amwe mu makosa akunze kubagaragaraho mu mikorere, bahigira imbere ya Minisitiri w’Ubutabera kwikuramo ababanduriza izina.
Bamwe mu bitabiriye ubukangurambaga bwa Banki y’Abaturage bwiswe "Hirwa ugwize na BPR", begukanye igihembo cya miliyoni y’amafaranga y’u Rwanda buri umwe umwe.