Intumwa nkuru ya Qatar iri mu Rwanda mu rwego rwo kurebera ku Rwanda uko rwateje imbere ubumwe n’ubwiyunge nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Bavuga ko umuntu runaka yayuye iyo, imikaya yo mu myanya mpumekero ye irambutse, bikarangwa n’uko umuntu yasama akinjiza umwuka mwinshi mu bihaha kandi atabiteguye, bigakorwa mu bice bitatu ari byo: kwinjiza umwuka mwinshi kandi bigafata igihe kirekire kiruta ibisanzwe, hagakurikiraho agahe gato umuntu asa nk’uretse (…)
Ubwo hamurikwaga ku mugaragaro igitabo ku mateka n’imibanire mu Rwanda rwo hambere cyiswe “Les enfants d’Imana” cyanditswe na Jean Luc Galabert, uyu mwanditsi yavuze ko yacyanditse ashaka gucukumbura umuzi n’uburyo abantu bari babanye neza baje kubibwamo urwango kugeza bamwe bakoreye abandi Jenoside.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko 30% by’impfu z’abageze kwa muganga ziterwa no gutinda kubakira, kubakira nabi cyangwa gutinda kubavura.
Umuyobozi wa Kaminuza y’u Rwanda wungirije ushinzwe igenamigambi n’imiyoborere, Dr. Papias Musafiri Malimba, arasaba abatuye mu nzu za Kaminuza i Huye kudategereza isuku y’umuganda.
Allessandro Fedeli ukina muri Delko Marseille yo mu Bufaransa, niwe wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda ka Kigali-Rwamagana-Kigali.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga(MINAFFET) ivuga ko guhohoterwa kw’Abanyarwanda muri Uganda birimo kwica amasezerano y’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba(EAC).
Inyama z’ingurube ni zimwe mu zikunzwe cyane mu Rwanda, aho abazirya bazibatije amazina nka ‘akabenzi’, ‘misaya myiza’, ‘inka y’I Butare’, n’andi.
LIVE - Tour du Rwanda 2019: Turabagezaho amakuru yose y’isiganwa aho rizanyura hose mu gihugu.
Abashakashatsi ku by’imbuto bemeza ko iyo abaturage bazihererekanya hagati yabo bigera aho izo bahinga ziba zitazwi, zikabura ubudahangarwa bityo zikarwaragurika ntizitange umusaruro mwiza.
Oreste Niyonsaba ushinzwe ibicanwa mu kigo gishinzwe ingufu, REG-EDCL, avuga ko intego u Rwanda rwihaye kuva muri 2017 ari uko muri 2024 abazaba bagicana inkwi n’amakara bazaba ari 42% gusa.
Kuri uyu wa gatandatu 23 Gashyantare 2019, Perezida wa Repubulika na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye isengesho, “Codel Prayer Breakfast” ryahuje abayobozi bakuru b’igihugu n’itsinda ry’abagize inteko ishinga amategeko ya Leta zunze ubumwe za Amerika.
Umuhanzi Patrice Sylvestre wamamaye ku izina rya Slaï ukomoka mu gihugu cy’u Bufaransa yashimishije Abanyarwanda n’abandi bitabiriye igitaramo yakoreye i Kigali tariki 22 Gashyantare 2019.
Abize amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro barasabwa guhanga umurimo kuruta gutekereza gukorera abandi.
Umugabo n’umubyeyi we baravuga ko igisirikare cya Uganda n’umutwe wa Kayumba Nyamwasa(RNC) bafatanyije gukorera iyicarubozo Abanyarwanda no kubacuza utwabo.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 23 Gashyantare 2019, mu midugudu yose y’igihugu habaye igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Gashyantare. Ni umuganda waranze n’ibikorwa bitandukanye birimo iby’isuku nko gusibura imirwanyasuri, guharura imihanda n’ibindi.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko kuba hari abanyamahanga basura u Rwanda inshuro nyinshi bikurikiranya, ari uko baba baruhoza ku mutima n’abaturage barwo.
Belise Kariza umuyobozi mukuru ushinzwe ubukerarugendo mu kigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) avuga ko mu ntara y’iburasirazuba hagiye kurebwa uko ubukerarugendo bushingiye ku muco n’amateka bwatezwa imbere kuko hari byinshi bihatse amateka y’igihugu.
Ubuyobozi bw’inama y’igihugu y’abafite ubumuga mu Rwanda buravuga ko abafite ubumuga bakoresha Mutuweri mu kwivuza batoroherezwa mu kwivuza kuko RSSB yashyizeho ikigo kimwe kibaha seriyevisi zijyanye n’ubumuga.
Minisitiri w’uburezi aravuga ko muri gahunda ya leta y’imyaka irindwi harimo ko hazongerwa abiga ubumenyingiro, akaba ari muri urwo rwego hari kongerwa za TVET hirya no hino mu gihugu.
Mu gihe bamwe mu baturage bo mu karere ka Rusizi bavuga ko bugarijwe n’uruhuri rw’ibibazo birimo gutera inda abangavu, ibiyobyabwenge no kutita ku miryango, minisitiri ufite umuryango mushingano ze aravuga ko gusubira ku ndangagaciro z’umunyarwanda ari wo muti wakemura ibi byose ku buryo burambye.
Mu rwego rwo gufasha abaturage batuye mu mijyi y’u Rwanda, harimo na Kigali, gukoresha itafari rya rukarakara nk’igikoresho gihendutse mu bwubatsi, Ikigo cy’Igihugu cy’Imiturire (RHA) kigiye gutangira ubushakashatsi ku butaka mu turere twose tw’u Rwanda kugira ngo harebwe itafari rya rukarakara ryakoreshwa muri buri gace k’u (…)
Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Erasme Ntazinda, avuga ko umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge waba adakorana n’abafatanyabikorwa bakorera mu Murenge ayobora, yaba akora nabi.
Mu mukino w’umunsi wa 17 waberaga kuri Stade Huye, Rayon Sports yahatsindiye Mukura ibitego 3-0, ihita inayambura umwanya wa kabiri
Abatoza babiri ba Arsenal bamaze iminsi itanu bahugura abatoza b’urubyiruko b’abanyarwanda 50, ku by’ingenzi mu bumenyi bukwiye guhabwa ba rutahizamu hagamijwe guteza imbere imikinire mu Rwanda.
Ba Ambasaderi 13 bashya bagejeje kuri Perezida wa Repuburika Paul Kagame impapuro zibahesha uburenganzira bwo guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Umunyamabanga mukuru w’inama y’igihugu y’abagore arasaba urubyiruko gufata iyambere bagahangana n’ibibazo bihangayikishije umuryango nyarwanda harimo ikibazo cy’imirire mibi.
Minisiteri y’ikoranabuhanga n’itumanaho iravuga ko ifite gahunda yo kubaka andi mashuri yigisha kwandika porogaramu za mudasobwa ‘Coding academies’, azigisha ibijyanye n’umutekano mu ikoranabuhanga, kwandika za porogaramu za mudasobwa, n’ibindi mu ikoranabuhanga riteye imbere.
Guha amaraso umurwayi ni kimwe mu by’ingenzi mu kuramira ubuzima bwe igihe abaganga babonye ko ayakeneye, nyamara bigasaba ibizamini bitandukanye kugirango hagaragare ubwoko bw’amaraso umurwayi ari buhabwe.
Kuri uyu wa gatanu tariki 22 Gashyantare 2019, Pereza wa Repubulika Paul Kagame ari kwakira impapuro zemerera ba ambasaderi 13 guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
I Rusizi hari urubyiruko ruvuga ko rumaze guhindura imyumvire rwari rufite ku gihingwa cy’icyayi, ubu rukaba rwiyemeje kugishoramo imbaraga zarwo zose mu kugihinga aho gukomeza kugiharira ababyeyi nk’uko byahoze mbere.
Kuri uyu wa Gatatu mu kigo mpuzamahanga cy’umukino w’amagare giherereye i Musanze, ikigo cy’igihugu gishinzwe kujyana hanze no guteza imbere ibiva ku buhinzi (NAEB) cyasuye abakinnyi b’abanyarwanda bari kwitegura Tour du Rwanda 2019.
Umuryango w’Abanyamerika wita ku iterambere mpuzamahanga (USAID), ugiye guha amashuri abanza miliyoni zirindwi z’ibitabo bizafasha abana bato kumenya Ikinyarwanda.
Banki Nkuru y’Igihugu, BNR, yagaragaje ko ubukungu bw’igihugu mu mwaka wa 2018 bwabaye bwiza nk’uko imibare BNR ikesha Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) ibigaragaza.
Ubuyobozi bw’akarere burahamagarira amakoperative, abafite inganda n’abandi bahuza abaturage gushyiraho amarerero mu kurwanya imirire mibi, kuko ½ cy’abana bafite munsi y’imyaka itanu bafite imirire mibi.
Bamwe mu bakurikiranira hafi iterambere banazi amateka y’igihugu, basanga umuco wo gupfukama umuntu asaba uwo akunda ko bazabana bizwi nko ‘gutera ivi’ ari umuhango utavuze ibirenze kwifotoza, no kwerekana ko umuntu asirimutse.
Minisitiri w’Intebe Dr Edward Ngirente yemereye abiga uburezi muri Kaminuza y’u Rwanda ko bazahabwa amafaranga abafasha kwiga atishyurwa.
Nyuma yo guhindura icyiciro isiganwa ry’amagare rizenguruka u Rwanda "Tour du Rwanda" ryari ririmo, ubu ibihembo nabyo byamaze kwikuba hafi gatatu
Brig. Gen. Eugène Nkubito, uyobora ingabo mu ntara y’amajyaruguru, arasaba abaturage bo mu murenge wa Kinyababa kwirinda uwaza abarangaza, abazanaho ibihuha by’intambara, ababwira ko uzibeshya akaza kurasa abanyarwanda akwiye kuza yiyemeje kwakira ibyo ingabo z’u Rwanda zizamukorera.
Abaturiye ikimoteri cy’akarere ka Huye, giherereye i Sovu mu Murenge wa Huye, barishimira ko babonye isoko ry’amaganga n’iry’inkari, kuko ijerekani imwe igurwa amafaranga 1,000 ikifashishwa mu gukora ifumbire.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye Dr Isaac Munyakazi avuga ko nta mwarimu ukwiye kwimwa serivisi z’ubuvuzi kuko atarahembwa.
Ikipe ya Mukura VS yamaze guhemba ibirarane byose yari ifitiye abakinnyi bayo, mbere yo guhura n’ikipe ya Rayon Sports kuri uyu wa Gatanu.
Minisiteri y’Uburezi mu gitondo cyo kuri uyu wa 21 Gashyantare 2019 yatangaje amanota y’abaranyeshuri basoje amashuri yisumbuye, aho mu bijyanye n’amasiyansi umunyeshuri witwa Francois Tuyisenge wo muri Seminari Ntoya ya Ndera ari we waje ku isonga n’inota rya mbere muri buri somo.
Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco (RALC) yahaye ikigo cy’igihugu cyita ku burezi (REB) ibitabo bizakoreshwa mu mashuri yisumbuye kugira ngo abana barusheho kumenya umuco w’u Rwanda.
Mu mwaka wa 2025, Abanyarwanda n’abanyamahanga basura u Rwanda, bazatangira gukoresha utumodoka tugendera mu kirere hifashishijwe imigozi (cable cars), tuzaba tuboneka mu Mujyi wa Kigali icyo gihe, ibyo bikazakemura ikibazo cy’umubyigano w’imodoka.
Minisiteri y’Uburezi (Mineduc), ibinyujije kuri Twitter, yatangaje ko amanota y’abakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye atangazwa kuri uyu wa kane tariki 21 Gashyantare 2018.