Justin Niyigaba ntiyabasha kugenda nta mbago. Nyamara we yivugira ko atifata nk’ufite ubumuga kuko ku bw’insimburangingo atakigenza amaboko n’amaguru.
Perezida Paul Kagame yatorewe kuba Umunyafurika w’Umwaka wa 2018, atsinze abandi bantu batanu bakomeye muri Afurika bakoze ibikorwa by’indashyikirwa muri Afurika.
Abahanga bavuga ko gutanga amaraso ari ugutanga ubuzima, ari yo mpamvu uyatanga agomba kuba na we afite ubuzima buzira umuze.
Abafite impano mu kuririmba cyane cyane abaririmba indirimbo zihimbaza Imana barahabwa umwanya maze bigaragaze mu gitaramo cyateguwe n’itorero Bethesda Holy Church.
Kuba muri iki gihe abakobwa n’abagore bambara amapantalo bakajya mu muhanda nta kibazo siko byahozeho mu bihe byo hambere.
Umukino wa gicuti waberaga i Tunis hagati ya Sudani n’Amavubi, urahagaritswe nyuma yo gushyamirana mu kibuga kwakuruwe n’abakinnyi ba Sudani
Mu rwego rwo kugabanya umubyigano w’imodoka (emboteillage) mu mihanda yo mu mujyi wa Kigali hagiye kujya hifashishwa amatara ayobora imodoka (Traffic lights/feu de circulation routière) akoresha ikoranabuhanga.
Perezida Kagame yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam Kutesa, bagirana ibiganiro bigamije gukemura ibibazo bya dipolomasi hagati y’ibihugu byombi.
Mpayimana Philippe uherutse gutsindwa amatora ya Perezida yagaragaje ko yiteguye kwiyamamaza mu matora y’Abadepite ateganyijwe muri uyu mwaka wa 2018.
Abanyamakuru bakora imyidagaduro baranenga abateguye bimwe mu bitaramo byabaye mu mpera z’umwaka wa 2017 kubera imyitwarire yabaranze yo kwima itangazamakuru uburenganzira bwo gukora akazi karyo.
Ishami ry’ikigo cy’Igihugu cy’ubwiteganyirize (RSSB) rikorera i Remera mu nyubako ya CSS Zigama, riravugwaho guha serivise mbi abarigana.
Ubucucike mu mashuri abana buri mu bwatumye abanyeshuri bagera ku 21 bava mu ishuri, nk’uko bitangazwa na Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC).
Byiringiro Yves umumotari wo mu kigero cy’imyaka 27 y’amavuko, yatsindiye moto ikorerwa mu Rwanda yitwa Inziza 125 ifite agaciro ka 1,290,000 Frw, atangaza ko ahise ava burundu mu cyiciro cy’abamotari bakorera abandi.
Niba uri umubyeyi ufite ikibazo cy’indwara yo kujojoba warwaye nyuma yo kubyara, ugiye kuvurwa wongere ugire ubuzima buzira umuze.
Jeannot Witakenge wahoze ari umukinnyi ukomeye wa Rayon Sports, agiye kuba umutoza muri Rayon Sports, akaba ashobora gutangira akazi kuri uyu wa mbere
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ivuga ko iri kuganira n’inzego zitandukanye kugira harebwe uburyo imiturire idakomeza kubangamira ubutaka bwo guhinga.
Mu gikombe cyahariwe kwizihiza umunsi w’intwari, Rayon Sports izatangira ikina na Police Fc, mu gihe APR izakina na AS Kigali
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) kiratangaza ko mu kwezi kwa Gicurasi 2018 abagororwa bose bazaba bamaze gukurwa muri Gereza ya Nyarugenge izwi nka “1930”, bakajyanwa mu ya Mageregere.
Ubusanzwe abahesha b’inkiko b’umwuga ni abantu bashyirwaho n’itegeko ndetse rikabaha ububasha bwo kurangiza ku gahato imanza zabaye itegeko, ziba zaramaze no guterwaho kashi impuruza.
Ubuyobozi bwa Korali Ijuru y’i Huye buvuga ko iyi Korali yiteguye kuzasusurutsa abanye-Huye ku cyumweru ku itariki ya 07 Mutarama 2018.
Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugunga mu mujyi wa Kigali rwemeje ko Gacinya Chance Denis Visi Perezida wa Rayons Sports akaba na Rwiyemezamirimo afungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Iyi ni imwe mu nkuru igaragaza uburyo u Rwanda rugenda rukurura benshi mu barugenderera bikarangira bahisemo kudasubira iwabo ahubwo bakahaguma ubuziraherezo.
Umuhanzi Senderi International Hit yagaragaje ko ubukene bumurembeje maze asaba abategura irushanwa rya Primus Guma Guma Superstar kumuha amahirwe yo guhatana.
Abanyamakuru batunguwe n’imvugo y’Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Harerimana Frederic, ubuza abaturage kubwira itangazamakuru ibibazo bafite.
Mu Rwanda ntibimenyerewe kubona umubwirizabutumwa ari kwigisha bikagera aho ahimbarwa cyane akabyinira imbere y’abayoboke be.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi ikomeje imyitozo muri i Sousse muri Tunisia, nyuma aho itegereje imikino ya gicuti itangira kuri uyu wa Gatandatu
Nyuma y’iminsi mikuru ya Noheli n’ubunani, abaguzi b’ibiribwa baravuga ko ibiciro byazamutse mu gihe abacuruzi bo barira ko babuze abakiriya.
Ap Paul Gitwaza ahamya ko ari impano y’Imana ku gihugu cy’u Rwanda, ku karere, muri Afurika ndetse no ku isi muri Rusange.
Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe Igororamuco (NRS) butangaza ko mu mujyi wa Kigali hagaragara abana benshi bata ishuri bakirirwa batoragura inyuma bishaje bita “Injyamani”.
Umwaka urashize undi uratashye, ingamba ziba ari nyinshi ku bantu bifuza uzarangira hari aho bageze muri gahunda n’intego bihaye z’impinuka ziganisha ku iterambere. Imbogamizi nazo ntizibura nubwo hari izigaragara ko zoroshye ariko zose zishobora kubangamira imikorere ya benshi.
Urugaga rw’urubyiruko rukora mu buhinzi (RIAF) rukangurira urubyiruko rwize ubuhinzi kujyana ubwo bumenyi mu cyaro cy’iwabo kuko ari ho bwagira akamaro.
U Rwanda rugiye kwakira Shampiona y’Afurika mu mu mukino w’amagare, ikazaba hagati y’itariki 13 na 18 Gashyantare 2018.
Polisi y’u Rwanda irashimira abaturage imyitwarira myiza yabaranze yatumye habaho ituze n’umutekano mu mwaka ushize wa 2017.
Polisi y’u Rwanda iravuga ko mu minsi mikuru y’ubunani nta bibazo bidasanzwe byabaye uretse impanuka 20 z’ibinyabiziga zanaguyemo umwana w’umusore.
Gahunda ya Leta y’u Rwanda yo guhera viza ku Kibuga cy’indege cy’i Kanombe, abantu baturutse mu bihugu byose ku isi bagenderera u Rwanda yahise ishyirwa mu bikorwa guhera kuri uyu wa Mbere tariki 1 Mutarama 2018.
Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda ( MINICOM) yatangaje ibihano by’amakosa agaragara mu bucuruzi bw’ibirayi bwo mu mujyi wa Kigali no mu zindi ntara.
Mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira iryo kuwa Mbere tariki 1 Mutarama 2018, Perezida Paul Kagame yakiriye abayobozi mu nzego zitandukanye zaba iza Leta n’izigenga, kugira ngo abasangize ku mwaka mushya.
Perezida Kagame yashimye ubushake n’ubwitange bwaranze Abanyarwanda mu mwaka 2017, bwatumye abashaka gusenya igihugu batabona aho bamenera.