Ubushinjacyaha bukuru bw’u Rwanda bwatangaje ko buhora iteka bushakisha uburyo bwafata abantu bakomeye barya ruswa (abakunze kwitwa ‘ibifi binini’) kugira ngo bahanwe n’amategeko.
Bamwe mu bakoresha umurongo w’itumanaho wa MTN barinubira ko imirongo yabo yahagaritswe batabanje guhabwa integuza yihariye, bakongeraho ko bagerageje kwikuraho nimero zirenze izemerewe ku muntu umwe ariko sisiteme ikabyanga.
Izabiriza Mutoni ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga yabonye ishuri nyuma y’ubuvugizi bwa Kigalitoday.
Minisiteri y’Ibikorwa remezo (MININFRA) ivuga ko inzego zose z’igihugu zifite ubushobozi bwo gutabara abashobora gukomeretswa n’impanuka z’indege zigenda mu Rwanda.
Abatwara abantu n’ibintu ku magare mu karere ka Musanze, banze izina basanganwe ry “abanyonzi” biyita abashoferi b’amagare.
Abagore b’i Kibirizi mu Karere ka Gisagara bibumbiye mu mpuzamatsinda Koabikigi (Koperative Abishyize hamwe Kibirizi Gisagara) barishimira iterambere bagenda bagezwaho no kwishyira hamwe.
Ikipe ya Mukura yamaze gusinyisha abakinnyi babiri bakinaga hanze y’u Rwanda ari bo Sibomana Patrick na Biramahire Abeddy
Perezida Paul Kagame, akaba n’umuyobozi w’umuryango w’Ubumwe bwa Afurika ucyuye igihe, yashimiye abanyafurika ndetse n’abayobozi ba Afurika amaze umwaka ayoboye nk’ umuyobozi w’ Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika.
Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo kuri uyu wa mbere tariki 11 Gashyantare 2019 rwasomye umwanzuro warwo ku isuzuma rwakoze niba ikirego cya Bannyahe gikomeza kuburanishwa mu mizi cyangwa kigateshwa agaciro.
Israel Mbonyi, umuhanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana asanga ukwicisha bugufi yabonanye Donald James(Don Moen) gukwiriye kugaragara no mu bandi bakozi b’Imana ndetse n’abaririmbyi b’indirimbo zihimbaza Imana (Gospel).
Indirimbo Marita y’Impala ni imwe mu ndirimbo z’iyi orchestre zakunzwe cyane. Kimwe mu byatumye ikundwa ni uburyo igaruka ku nkuru mpamo yabayeho ku itariki 11 z’ukwa kabiri, ubwo umusore witwa Kaberuka yapapuraga inshuti ye umukobwa w’inshuti ye witwa Marita ikanamurongora. Umunyamakuru Cyprien Mupenzi Ngendahimana (…)
Abakorera imyuga itandukanye mu gakiriro ka Nyamasheke yiganjemo ububaji n’ubukorikori, baravuga ko babangamiwe no gukorera ahataba imirindankuba kuko isaha iyariyo yose bashobora guhura n’impanuka yo gukubitwa n’inkuba cyangwa kwangirizwa, ibyabo bikaba byashya cyane ko ibikoresho bifashisha mu kazi birimo amashanyarazi (…)
Amakipe ya UTB mu bagore n’abagabo ni yo yegukanye irushanwa ryo kwibuka Padiri Kayumba ryakinwaga ku nshuro ya cumi.
Kuri uyu wa mbere tariki 11 Gashyantare 2019, umwitozo wo gutanga ubutabazi bw’uburyo butandukanye, bakora nk’aho ikibazo cyavutse uratangira ku kibuga cy’indege cya Kigali.
Abantu babiri bo mu Karere ka Nyamagabe mu Murenge wa Kitabi mu Kagari ka Mukungu mu Mudugudu wa Uwurunazi bitabye Imana bivugwa ko bishwe n’inkuba.
Perezida Kagame yashyikirije inkoni y’Ubuyobozi umuyobozi mushya w’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe ari we Abdel Fattah el-Sisi, usanzwe ari perezida wa Misiri. Yamwizeje ubufatanye, yongeraho ko yizeye ko umuyobozi mushya azakomeza kuyobora Afurika mu nzira igana aheza.
Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) kuri iki cyumweru tariki 10 Gashyantare 2019 wamuritse ishusho y’umwami w’abami (Emperor), Haile Selassie I, yubatswe ku cyicaro cy’uwo muryango i Addis Ababa muri Etiyopiya.
Mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki 10 Gashyantare 2019, i Addis Ababa muri Etiyopiya, perezida Kagame yayoboye inama yabereye mu muhezo, muri gahunda y’inama y’inteko rusange ya 32 y’umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.
Igikorwa cyo gutera umuti wica imibu mu ngo zo mu Karere ka Huye cyatangiye tariki ya 15 Mutarama, kigasozwa ku ya 4 Gashyantare, cyasize hari ingo 1207, zitawuterewe.
Bamwe mu barimu mu murenge wa Rwempasha bavuga ko ubuke bw’ibyumba by’amashuri butuma abana batigishwa mudasobwa.
Clarisse Karasira, umunyarwandakazi uririmba indirimbo zirimo ikinyarwanda cyimbitse, ku buryo hari abatangazwa no kumva ko akiri umukobwa w’imyaka 21, avuga ko we icyo adakora ari ukuvanga indimi mu ndirimbo ariko ko yumva aririmba ikinyarwanda gisanzwe.
Mugisha Moise yandikiye amateka i Yaoundé muri Cameroun yegukana intsinzi ye mbere mu irushanwa mpuzamahanga aho yatsinze agace ka nyuma ka Tour de l’Espoir mu gihe isiganwa muri rusange ryatwawe n’umunya-Eritrea Yakob Debesay.
Perezida Paul Kagame, uri i Addis Ababa muri Etiyopiya yavuze ibi kuri uyu wa gatandatu tariki 09 Gashyantare 2019, ayoboye inama ku itembere ry’urwego rw’ubuzima muri Afurika, aho yasabye abayoboye za guverinoma kongera ubushake mu bijyanye no gushakira amafaranga ahagije urwego rw’ubuzima mu bihugu byabo.
Mu gikorwa cyo gusura ibigo by’amashuri mu turere dutandikanye, Minisitiri w’uburezi Dr Eugene Mutimura yashishikarije ababyeyi kwita ku burezi bw’abana no kubohereza ku ishuri, anagaya abayobozi ba ntibindeba batamenya ko abanyeshuri basibye ishuri.
Abaturage mu kagari ka Gisa umudugudu wa Rukukumbo baratangaza ko aribwo babonye amazi meza kuva babaho.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, kuri uyu wa gatandatu tariki 09 Gashyantare 2019 yageze i Addis Ababa muri Etiyopiya, mu nama rusange ya 32 y’umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.
Sylivera Justine, wo mu gihugu cya Tanzania, avuga ko yamaze kuvumbura uburyo bwo kugenzura abanyereza imisoro bakora ubucuruzi bwa Forode.
Visi Perezida wa Sena y’u Rwanda Hon Jeanne d’Arc Gakuba asaba abaturage batuye umujyi wa Kigali kugira umuco w’isuku mu mitekerereze yabo, bagahora iteka batekereza kuyinoza badategereje ababibibutsa.
Mu rwego rwo ku menyekanisha ibijyanye n’imyambarire n’ibindi bikenerwa n’abageni mu muhango w’ubukwe mu Rwanda ndetse no muri Afrika, ubu I Kigali harateranira abahanga n’inzobere mu gutunganya ibikenerwa mu bukwe.
Hari abantu bataramenya ko telefoni zigendanwa, igihe zititondewe zishobora gutera ibibazo bikomeye ku buzima bw’abantu, cyane cyane ubw’abana kuko baba bagifite amagufa yoroshye kandi bagikura.
Ibitaro bya Nyamata byahawe imashini itanga umwuka ukenerwa n’abarwayi (Oxygen) ikazasimbura iyakoreshwaga yagurirwaga mu macupa, ngo bikazaba bihendutse ugereranyije n’ibisanzwe.
Komisiyo ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG) iratangaza ko mu kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi, abaturage n’ibigo bazahurira hamwe inshuro ebyiri zonyine, kandi ko abantu batazongera guhagarika imirimo kubera ibiganiro byo kwibuka bihoraho.
Minisitiri w’Uburezi, Dr Mutimura Eugène, yafunze ishuri ribanza ryo mu Karere ka Rubavu nyuma yo gusanga ‘ricungwa nabi’.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yanenze abayobozi b’ibigo by’amashuri byo mu Karere ka Gakenke, bakomeje kurangwa n’amakoza yo kutita ku nshingano zabo, bikadindiza uburezi.
I Bugeshi mu karere ka Rubavu abaturage bavuga ko inkwi zitetse ku munsi bazigura igihumbi, naho gaz na Rondereza ntibabizi, igiciro gishobora kuruta ikiguzi cy’ibitunze umuryango ku munsi.
Urutonde rw’ababereyemo Leta imyenda rwagejejwe mu bigo bikomeye byose birimo Ikigo cy’Igihugu cy’Ubutaka, Ikigo gishinzwe kumenya abafitiye amabanki amafaranga (CRB ), Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA), ikigo gishinzwe abinjira n’abasohoka, ikigo cy’igihugu cy’ubwiteganyirize (RSSB), n’ibindi.
Miss Rwanda 2016 akaba n’umwe mu bari mu kanama nkemurampaka mu irushanwa rya Miss Rwanda 2019, yatangaje ko abavuze ko yavuze ijambo ‘Gaily’ bakabije cyane kuko asanzwe akoresha ijambo ‘Girl’ inshuro nyinshi, anasobanura ko atigeze yitukuza nk’uko akunda kubishinjwa n’abantu. Mu kiganiro kirekire yagiranye na KT Radio (…)
Ikipe ya APR FC yamaze gusinyisha abakinnyi bashya, barimo Danny Usengimana wari umaze iminsi yifuzwa na Vipers ya Uganda ndetse na Police FC yo mu Rwanda
Ubuyobozi bw’uruganda rwa Kinazi (Kinazi Cassava Plant) bwemeza ko rutazongera kubura imyumbati nk’uko byigeze kubaho, cyane ko n’Ikigo cy’igihuyu gitsura ubuziranenge (RSB) cyabihagurukiye.
Ubushakashatsi bwasohotse mu kinyamakuru Daily Mail, bugaragaza ko abantu bashakana bakiri mu myaka 20 bafite amahirwe yo gusinzira neza iyo batangiye kuba ibikwerere (imyaka 40), kandi ntibagire imihangayiko cyane (stress).
Nyuma y’aho ikipe ya APR FC itandukaniye n’umunya-Serbia Dr Ljubomir Petrović, yamaze gutangaza ko ubu ifite umutoza mushya witwa Zlatko Krmpotić
Oda Paccy aravuga ko afite inzozi zo kuzaba umwe mu batunganya umuziki mu Rwanda (Producer) nyuma yo gushinga Studio ye bwite.
Madame Jeannette Kagame, umufasha wa Perezida wa Repubulika yavuze ko impinduka u Rwanda rwagezeho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, zahereye ku kwita ku muturage.
Ababyeyi bivuriza ku kigo nderabuzima cya Rwinzuki giherereye mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi baravuga ko kwamburwa imbangukiragutabara bari barahawe n’abagiraneza bo mu butaliyani byabagizeho ingaruka kuko yabafashaga kwihutira kugera ku bitaro.
Uwihoreye Jean Bosco Mustafa uzwi nka Ndimbati muri Papa Sava, ngo n’ubwo yinjiye muri sinema akuze ariko ngo ni ibintu byari bimurimo kandi ngo yahoze abikunda akiri na mutoya.
Hon. Edouard Bamporiki, umuyobozi w’itorero ry’igihugu, avuga ko abakurambere bavugwa n’amadini yazanywe n’abazungu, bitwa abatagatifu, batamurutira abakurambere be bamwe bita abazimu.
Minisitiri w’Urubyiruko avuga ko amateka, umuco n’umutungo kamere by’u Rwanda byaviramo urubyiruko amahirwe y’imirimo, ariko bakirinda imihango y’aba kera.
Mutabazi James wacuruje akananywa ibiyobyabwenge avuga ko yahunze umupolisi ku muhanda akisanga yigemuye kuri sitasiyo ya Polisi.