Kuri uyu wa Gatandatu kuri Stade Amahoro nibwo ikipe ya APR Fc yasoje urugendo rwayo mu marushanwa nyafurika nyuma yo gusezererwa na Djoliba yo muri Mali, ikaza gutangira gukina ibirarane bya Shampiona kuri uyu wa Gatatu.

Kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, kuri uyu wa Gatatu ikipe ya APR Fc iratangira yakira ikipe ya ESPOIR, ku Cyumweru tariki 25/03 izerekeza i Rubavu gukina na Etincelles, tariki 28/03 yerekeze i Gicumbi gukina na Gicumbi Fc mu mikino ya Shampiona.
APR Fc izanakina undi mukino w’ikirarane kandi n’ikipe ya Gitikinyoni tariki tariki 31/03, yayisezera ikazahita inakomerezaho imikino ya 1/8 mu gikombe cy’Amahoro na La Jeunesse tariki 03/04 na 06/04/2018.
Kugeza ubu ikipe ya APR Fc irabarizwa ku mwanya wa karindwi ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiona n’amanota 21 mu mikino 12, aho irushwa na AS Kigali ya mbere amanota 8 n’ubwo yo imaze gukina imikino 15.
National Football League
Ohereza igitekerezo
|