Guverineri wa Banki nkuru y’igihugu John Rwangombwa, aravuga ko mu cyumweru gitaha BNR ishyira hanze inoti nshya z’amafaranga 500 ndetse n’1000 zije gusimbura izisanzwe.
Abafite inganda zenga urwagwa rw’ibitoki i Huye bavuga ko kuba hari n’abafite ikirango S benga inzoga zitujuje ubuziranenge bituma izabo zitagurwa uko bikwiye.
Minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta Jonston Busingye, arasaba abagororwa benda kurangiza ibihano byabo kubyaza umusaruro amasomo bahabwa akazabafasha kwiteza imbere, kubaka umuryango nyarwanda no guteza impinduka mu miryango yabo.
Abakinnyi batatu ba Arsenal aribo Mesut Ozil, Alex Iwobi na Alexandre Lacazette, bari kumwe n’abafana bakinnye agakino kiswe #VisitRwanda Challenge maze uhize abandi agahembwa gusura u Rwanda.
Ku gicamunsi cyo ku wa Gatatu tariki ya 06 Gashyantare 2019 ku mupaka wa Cyanika ku ruhande rw’u Rwanda hinjiye Abanyarwanda barindwi birukanywe n’igihugu cya Uganda nyuma yo gufungwa na Polisi ya Uganda.
Mu murenge wa Bweyeye mu karere ka Rusizi hatangiye kubakwa umuyoboro w’amazi ungana n’ibilometero icumi by’uburebure uje gukemura ikibazo cy’ibura ry’amazi cyari kibangamiye abaturage 9,000 babarirwa mu ngo 260 bo mu tugari dutatu kuri dutanu tugize uyu murenge.
Nubwo yisanze akora umwuga wo kuririmba bikaba binamutunze, inzozi z’umuririmbyi Aline Gahongayire kwari ukuzaba umurinzi ukomeye w’umufasha w’umukuru w’igihugu.
Imyaka itatu igiye gushira abakunzi b’umuziki bari mu rujijo, bibaza impamvu abahanzi bo muri Kina Music badashaka kwitabira itangwa ry’ibihembo bya Salax byahoze bitegurwa na Ikirezi Group. Kugeza na n’ubu aba bahanzi ntibarashaka kubyitabira nyuma y’uko bizajya bitegurwa na AHUPA mu gihe cy’imyaka itanu.
Urubanza abaturage bo mu midugudu ya Kangondo I&II na Kibiraro I mu Kagari ka Nyarutarama, Umurenge wa Remera baregamo Akarere ka Gasabo kubera gushaka kubimura badahawe “ingurane ikwiye kandi yumvikanweho” n’impande zombi, rwasubukuwe kuri uyu wa 6 Gashyantare 2019 maze Akarere ka Gasabo gasaba urukiko kutakira ikirego (…)
Ubusanzwe amabanki y’ubucuruzi mu Rwanda agura cyangwa agurizwa amafaranga na Banki Nkuru y’Igihugu(BNR), habanje gukurwaho inyungu ya 5.5% by’ayo yasabye.
U Rwanda ni igihugu kirangwa n’umutekano k’uburyo benshi bafata umwanya bakaza ku hatemberera.
Hari abaturage bimuwe mu nkengero z’ishyamba rya Gishwati batangaza ko amafaranga y’ingurane bemerewe amaze imyaka icumi atarabageraho.
Kuri uyu wa gatatu tariki 06 Gashyantare 2019, Perezida Paul Kagame, akaba n’Umugaba Mukuru w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahuye n’abasirikare bakuru 1000, mu ishuri rikuru rya gisirikare riherereye I Gako mu karere ka Bugesera.
Itsinda ry’abasirikari bakuru b’aba ofisiye biga mu ishuri rikuru rya Gisirikari (Rwanda Defence Force Command and Staff College) risanga ikibazo cy’imirire mibi gikwiye guhagurukirwa.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, barahamagarira imiryango, inshuti n’abari abaturanyi b’abishwe, gutanga imyirondoro n’amafoto y’ababo, kugira ngo batibagirana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko butazihanganira abarimu banywa inzoga mu masaha y’akazi n’abambara nabi kuko batanga ingero mbi.
Ikipe ya REG Basketball Club yamaze kugera mu Misiri aho igiye gukina irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere mu turere aherereyemo rizwi nka FIBA Africa Basketball League (AfroLeague)
Straton Nsanzabaganwa, inararibonye mu muco nyarwanda, akaba n’umujyanama mu Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco, yabwiye Kigali Today ko kuba isugi bitavuze gusa kuba umukobwa atarakora imibonano mpuzabitsina, ahubwo bivuze kuba agifite ababyeyi bombi.
Kalisa Francois wari umutoza m,ukuru wa Kirehe Fc, yamaze gusezererwa aho ashinjwa n’ubuyobozi bwe umusaruro muke
Myugariro Rwatubyaye Abdul wakiniraga Rayon Sports yamaze gusinya umwaka umwe muri Sporting Kansas City ikina shampiyona ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika
Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera abasirikare bato 16 babarizwa mu mutwe w’ingabo zirwanira mu kirere, bahita baba aba ofisiye bato (Junior officers).
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Edouard Ngirente, yatangaje ko ibyaha bikorerwa ku mugabane wa Afurika bigira ingaruka ku bukungu bwayo no ku baturage b’inzirakarengane.
Ishyaka riharanira Demokarasi muri Uganda ‘Democratic Party’, rirasaba leta guhagarika itotezwa rikomeje gukorerwa abanyarwanda bagenda muri Uganda ndetse no kurekura abari muri gereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Nyampinga wakunzwe kurusha abandi (Miss Popularity) mu irushanwa rya Miss Rwanda 2019 aratangaza ko ubu nta gisibya uku kwezi kwa kabiri gusiga yinjiye mu mubare w’abatunze imodoka mu Rwanda.
Mu myaka y’1998 n’2000 bamwe mu bari mu Rwanda bavuganye na Kigali Today bemeza ko ari bwo iterambere ry’ikoranabuhanga mu itumanaho ryatangiye gusakara mu banyarwanda. Ibikoresho by’ikoranabuhanga nka telefoni ngendanwa, mudasobwa na interineti byatangiye kuba nkenerwa mu mibereho ya buri munsi, dore ko byishimiwe na benshi (…)
Abayobozi b’inzego z’ibanze n’abakozi bazo bambuye imirenge SACCO mu karere ka Rusizi batangiye gufatirwa ibihano bishobora kwiyongera mu gihe barenza tariki ntarengwa yo kwishyura amafaranga bayibereyemo.
Mu rwego rwo kugabanya amafaranga igihugu gitanga mu kugura gaze, Goverinoma y’u Rwanda ibinyujije mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, peterori na gaze n’Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB), yasinyanye amasezerano na sosiyete yitwa “Gasmeth Energy Limited”, ikazacukura gaz methane mu Kiyaga cya (…)
Kuri uyu wa 5 Gashyantare 2019, i Kigali hatangiye inama y’iminsi ibiri y’inzego nkuru z’ubutasi bwa gisirikare mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC), irebera hamwe uko umutekano wifashe mu karere ikazibanda ahanini ku birebana no guhangana n’iterabwoba.
Madame Jeannette Kagame ari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), aho yitabiriye amasengesho ngarukamwaka yo gushimira Imana abaye ku nshuro ya 67 azwi nka National Prayer Breakfast.
Izabiriza Mutoni ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga umurera avuga ko akeneye ubufasha bwatuma akomeza amashuri yigana n’abo bahuje ikibazo kuko yatsinze ikizamini gisoza amashuri atatu yisumbuye ariko agahabwa kwiga ibitajyanye n’ubumuga afite.
Umunyarwanda Cassa Mbungo André uheruka gutandukana na Kiyovu Sports, yagizwe umutoza wa AFC Leopards yo muri Kenya
Abamotari bose bakora akazi kabo bambaye imyambaro ibaranga bita ‘amajire’ ariho ibirango n’ubutumwa bw’ibigo by’itumanaho bamamaza. Ibyo bigo biha amafaranga impuzamashyirahamwe yabo ariko bo ntihagire na rimwe bahabwa, bakifuza ko na bo hagira ayo bagenerwa.
Umuyobozi w’akarere ka Nyagatare avuga ko Gihengeri bashobora kuzabona isoko mu ngengo y’imari ya 2019-2020 nabwo harebwe inyungu ryatanga.
Tariki 31 Mutarama 2019, Andy Bumuntu yashyize hanze indirimbo ye shya yise ‘Appreciate ’, igizwe n’ubutumwa bwo gushima Imana ko imuhora hafi.
Urwego rw’umuvunyi ruravuga ko 96% by’ibibazo birugeraho nta shingiro biba bifite kuko ba nyirabyo aba baranze kunyurwa n’imyanzuro y’inkiko n’abunzi.
Abanyeshuri 60 baziga ibijyanye na za porogaramu zo muri mudasobwa, muri gahunda y’imyaka itatu batangiye amasomo ku ishuri riherereye mu Karere ka Nyabihu, bakaba bategerejweho kuzatanga umusanzu mu kurwanya ibyaha bikorerwa kuri interineti.
Imbuga za Interineti z’Uturere zafasha abashaka kumenya amakuru yerekeranye na buri karere mu gihe zaramuka zitaweho. Usibye kuba zimwe muri zo zitaryoheye ijisho, hari amakuru cyangwa imyirondoro umuntu azishakiraho ntabibone. Ubwo Kigali Today yasuraga zimwe muri zo, ku wa mbere tariki 04 Gashyantare 2019, hari amakuru (…)
Mu rwego rwo guha ubumenyingiro bufite ireme urubyiruko kandi bakabuhabwa mu gihe gito kuburyo babasha kujya ku isoko ry’umurimo bagakorera amafaranga, ikigo MOPAS Ltd, cyatangije ishuri rigamije gufasha urubyiruko gukarishya ubumenyi mu gutunganya amashusho, amafoto n’amajwi.
Bamwe mu barobyi mu Kiyaga cya Muhazi baravuga ko guhagarikirwa bumwe mu buryo bwo kuroba indugu bishobora kuzagira ingaruka ku mirire kuko abagituriye bari bamaze kugira umuco wo kwigurira indugu zo kugaburira imiryango ku mafaranga 500 ku kilo.
Mu mpera z’iki Cyumweru akarere ka Gicumbi kari kakiriye irushanwa ry’Intwari, aho ryasojwe Police Hc na Kiziguro zegukanye ibikombe.
Mu irushanwa ryo kuzirikana Intwari z’u Rwanda, mu mukino wa Handball Police ni yo yegukanye igikombe itsindiye APR HC mu karere ka Gicumbi
Abakobwa 174 biga mu mwaka wa mbere muri INES Ruhengeri, barihirwa na FAWE Rwanda bibukijwe ibikubiye mu masezerano bagiranye na FAWE, ko gutwita imburagihe ari ikizira kandi ko uwo bizabaho azahita asezererwa.
Minisiteri y’Ubuzima irahamagarira abagabo kujya bita ku buzima bw’abagore babo bakabafasha kwisuzuma indwara ya kanseri y’ibere. Iyi minisiteri kandi isaba Abanyarwanda gukunda no gutoza abana siporo, mu rwego rwo kwirinda indwara nka kanseri, diyabete, ndetse n’izindi.
Abana bafite munsi y’imyaka itanu bakenera indyo yuzuye igizwe n’imboga, imbuto, ibinyamisogwe, amata n’ibiyakomokaho na poroteyine. Indyo yuzuye, igira intungamubiri zikenerwa mu mikurire y’umwana, mu iterambere rye no mu myigire ye.
Mu myaka nka 18 ishize, kugira ngo umusaza Mpakaniye Onesphore w’imyaka 70 abone ibyangombwa birimo ibimuhesha urupapuro rw’inzira(passport), yagombaga gukora urugendo rurenze ibirometero 10 ajya kubishaka muri Komini.
Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG) igaragaza ko mu mwaka wa 2030 nta shyamba na rimwe rizaba rikigaragara mu gihugu cy’u Rwanda mu gihe hakomeje kwifashishwa inkwi mu gucana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru bwizihije umunsi w’intwari hamwe n’abatuye mu Kagari ka Bitare mu Murenge wa Ngera, ahatuye abasaza baranzwe n’ubutwari bwo kwirwanaho nk’Abatutsi no kurwana ku babo mu myaka y’1959 ndetse no mu 1994.
Col. Albert Rugambwa avuga ko abaguye ku rugamba rwo kubohora igihugu bagiye mu ijuru kuko ibyo baharaniye byagezweho.