Kigali Today yaganiriye n’umuganga witwa Rutangarwamaboko, igamije kubagezaho bimwe mu bimera bivura indwara zitandukanye cyangwa se byari bifite akandi kamaro mu mateka y’Abanyarwanda.
Umutoza Sogonya Hamisi Kishi wemejwe nk’umutoza w’ikipe ya Kirehe, aremeza ko aje gukura ikipe mu murongo utukura akayigumisha mu cyiciro cya mbere.
Babanje gukora akandi kazi kabinjirizaga kakanabatunga mbere y’uko tubamenya, kandi bamwe ntibakaretse babifatanya n’umuziki n’urwenya.
Mu ijoro ryo ku wa gatatu tariki 27 Gashyantare 2019 saa tanu n’iminota 37, icyogajuru cy’u Rwanda cyahawe izina ‘Icyerekezo’ cyoherejwe mu kirere. Ni icyogajuru cyoherejwe mu kirere ku bufatanye n’ikigo mpuzamahanga cy’itumanaho cyitwa ‘One Web’.
Umunya-Eritrea Biniam Girmay niwe wegukanye agace ka Kilometero 138,7 kavaga Karongi gasorezwa mu mujyi wa Musanze
Hari abaturage bakunze kumvikana bakoresha imvugo igira iti ‘Duheruka tubatora’ bashaka kumvikanisha ko hari abo batora mu nzego zitandukanye ngo bababere intumwa nyamara ntibongere kubabona uko babakeneye ngo babatume, cyangwa se bagerayo ntibibuke gukora uko bikwiye inshingano zabajyanyeyo cyane cyane z’ubuvugizi.
Muri gahunda y’ibikorwa byo kwibuka yashyizwe ahagaragara, biteganyijwe ko kimwe mu bikorwa bidasanzwe biteganyijwe ari ugutangiza ubusitani bwo kwibuka, i Nyanza ya Kicukiro bikazaba tariki 08 Mata 2019.
Icyogajuru cy’u Rwanda cyahawe izina “Icyerekezo” cyoherejwe mu kirere mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu tariki 27 Gashyantare 2019.
Mu gace ka kane ka Tour du Rwanda 2019, kaje gusozwa Umunya-Colombia Edwin Avila ari we wegukanye agace kavaga Rubavu kerekeza Karongi
Gusuguhuzanya ni kimwe mu biranga umuco nyarwanda, aho bigaragaza urukundo ndetse n’umubano mwiza waranze kandi ukiranga abantu.
Umwe mu basore bane bagejejwe ku mupaka wa Cyanika ku mugoroba wo ku itariki 26 Gashyantare 2019, avuga ko yamaze kuzinukwa icyo gihugu ngo ku buryo n’iyo inzira ijya mu ijuru yaba ariho inyura atayinyuramo.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edward Ngirente yarahije abacamanza ba gisirikare bari basanzwe mu mirimo, abibutsa kudatatira serivisi nziza zisanzwe zizwi ku ngabo z’u Rwanda.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo CG Emmanuel Gasana yatangaje ko agiye gukorera mu Karere ka Nyamagabe mu rwego rwo gukemura ibibazo biri muri ako karere.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame aravuga ko muri Afurika hari ibihugu bigera kuri 16 bidakora ku nyanja, ariko byose bikagira amahirwe angana yo kugira ikirere kimwe, bityo kudakora ku nyanja bikaba bidakwiye kuba urwitwazo rwo gusigara inyuma.
Ubuyobozi bw’ibitaro byitiriwe umwami Faisal, buravuga ko bufite ikibazo cy’igihombo baterwa n’abanyamahanga baza kwivuriza ntibishyure ku buryo muri iyi myaka ibiri habarwa miliyoni 400 zitishyuwe.
Turikumwenayo Jean De Dieu w’imyaka 14, umwana wo mu kagari ka Kabeza umurenge wa Cyuve i Musanze wavutse atagira umwanya wo kwitumiramo, arifuza kuziga akaba umuganga.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, avuga ko nta wagombye kurengaya umwarimu washibije umunyeshuri, kuko umunyeshuri watsinzwe adakwiye kwimurwa.
Inama y’igihugu y’abafite ubumuga mu Rwanda itangaza ko barimo gutegura inkoranyamagambo y’abakoresha amarenga mu gukemura ikibazo cya serivisi mbi bahabwa, bikomoka ahanini ku bumenyi buke buboneka mu bagomba kubaha serivisi.
Umunya Colombia Edwin Avila ukinira ikipe ya Israel Cycling Club yegukanye agace Rubavu- Karongi.
Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) uzakomeza gufatanya n’u Rwanda mu bintu bitandukanye birimo cyane cyane ibijyanye n’iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda hongerwa ishoramari.
Raporo y’Umuryango Transparency International (Rwanda) y’umwaka wa 2018 ishyira abarimu bigisha muri za Kaminuza ku mwanya wa mbere mu kwakira ruswa itubutse.
Kuri uyu wa kabiri tariki 26 Gashyantare 2019, Perezida Kagame yasuye akarere ka Nyamagabe, aganira n’abagatuye ku birebana n’uko aka karere karushaho kwihuta mu iterambere.
Perezida Paul Kagame avuga ko imyaka itatu ishize kuzuza isoko rya Nyamagabe byarananiranye ari myinshi, bityo agasaba ko ryuzuzwa cyangwa rikavaho. Yabigarutseho ubwo yagendereraga abatuye muri aka karere tariki ya 26 Gashyantare 2019.
Umushoferi w’imyaka 39 y’amavuko wari utwaye imodoka Daihatsu RAD 264G yafashwe akekwaho gutanga ruswa y’amafaranga ibihumbi icumi (10 000frw) ayaha umupolisi wari umufashe atubahirije amwe mu mategeko agenga imikoreshereze y’umuhanda.
Ku gicamunsi cyo ku wa kabiri tariki 26 Gashyantare2019, Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru umugabo n’umugore bakekwaho gucuruza urumogi bakanarukwirakwiza mu bantu batandukanye.
Minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta Johnston Busingye ari muri Angola, ku butumire bwa mugenzi we w’umutekano imbere mu gihugu cya Angola Angelo de Barros Veiga Tavares, banasinyana amasezerano y’imikoranire.
Tariki ya 26 Gashyantare 2016, nibwo habaye amatora ya komite nyobozi z’uturere twose two mu Rwanda.
Perezida Paul Kagame yagabiye umukecuru Rachel Nyiramandwa inka nyuma y’uko imwe muri ebyiri yari yarahawe muri Girinka ipfuye, n’isigaye ikaba itabasha kumuha amata uko abyifuza.
Ikigo cya Banki y’Isi gishinzwe iby’Ishoramari (IFC), ku bufatanye n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe iby’isoko ry’imari n’imigabane (UN Sustainable Stock Exchange), Ikigo cy’u Rwanda cy’Isoko n’Imigabane (RSE) ndetse n’Ikigo kigenzura Imari n’Imigabane (CMA Rwanda), cyeretse ibigo biri ku isoko ry’imari (…)
Hashize iminsi havugwa abagore bafite virusi itera SIDA bari ku miti igabanya ubukana bw’iyo virusi (ARV) bafashe uburyo bwo kuboneza urubyaro bw’agapira gashyirwa mu kuboko ariko bakagasamiraho.
Isiganwa ry’amagare rizenguruka u Rwanda, kuri uyu wa kabiri tariki 26 Gashyantare 2019 ryari rigeze ku munsi waryo wa gatatu. Abasiganwa 77 bahagurutse saa mbili zuzuye i Huye berekeza i Rubavu, ku ntera ya Kilometero 213 na metero 100, iyi ikaba ari yo ntera ndende kurusha izindi mu mateka ya Tour du Rwanda.
Mu ruzinduko yagiriye mu Karereka Nyamagabe kuri uyu wa kabiri tariki 26 Gashyantare 2019, umukuru w’igihugu yibukije abaturage ko nubwo hari ibyo bakeneye bisaba amikoro, hari n’ibindi bakwikorera ubwabo badategereje ubibakorera aturutse kure.
Mu ruzinduko ari gukorera mu karere ka Nyamagabe kuri uyu wa kabiri tariki 26 Gashyantare 2019, Perezida Kagame yeretswe ibyo akarere kagezeho ari nako anagaragarizwa ibyo batarageraho, nk’ikibazo cy’imirire mibi ku bana n’imyenda myinshi ya ba rwiyemezamirimo bambuye abaturage.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 23 Gashyantare 2019, byari ibirori bikomeye mu itorero Methodiste Libre Paruwasi ya Mwito mu karere ka Nyamasheke u murenge wa Bushenge, ubwo hatahaga ubukwe budasanzwe bwa Sibomana Donath na Mukamuganga Monique, abantu bose batabasha guhisha amenyo uretse pasitori wabasezeranyije wenyine.
Umushinga w’Abayapani witwa CORE (Community Road Empowerment) ugiye gutoza urubyiruko 200 gukora imihanda y’icyaro nta mashini zikoreshejwe.
Abohereza ibicuruzwa i Goma muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo binyuze ku mupaka uherereye mu Karere ka Rubavu baravuga ko batewe impungenge n’imyanzuro ya Congo yo kongera imisoro no kwangira bimwe mu bicuruzwa biva mu Rwanda kwinjira muri icyo gihugu.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye abaturage kugira uruhare mu kwicungira umutekano, no kwirinda abashaka kubayobya babavana mu nzira y’iterambere.
Perezida Paul Kagame yahuye n’abavuga rikumvikana babarirwa muri 600 bo mu Ntara y’Amajyepfo. Ni ibiganiro byabereye mu Karere ka Huye, bikaba bibaye ku mugoroba wo ku wa mbere tariki 25 Gashyantare 2019.
Mu isiganwa ryatangiye Saa ine zuzuye, abasiganwa 78 bahagurutse i Kigali berekeza mu karere ka Huye, aho Merhawi Kudus yaje kwegukana umwanya wa mbere
Abavandimwe babiri bakoreraga ubucuruzi mu gihugu cya Uganda, bahunze icyo gihugu nyuma yo kugabwaho igitero n’abashinzwe umutekano babasaka imbunda, ku bw’amahirwe bagasanga uwo bashakaga adahari.
Mu itangizwa ry’imurikabikorwa MICA (Marché International du Cinéma et de l’Audiovisuel Africains) ryabereye i Ouagadougou muri Burkina Faso kuri uyu wa 24 Gashyantare 2019, u Rwanda rwitwaye neza rubona n’ibihembo.
Polisi y’igihugu iratangaza ko ntaho u Rwanda ruhuriye n’imirambo iboneka mu kiyaga cya Rweru gihuriweho n’u Rwanda n’u Burundi.
Hari byinshi abantu bibaza ku kinya gikoreshwa kwa muganga, icyo ari cyo, uko gikora, ibibazo gishobora gutera umuntu n’ibindi.
Ababyeyi barerera muri Wisdom School barasaba Leta kurekera iryo shuri uburenganzira bwo gucumbikira abana nk’uko byahoze.
Umunya-Eritrea Merhawi Kudus ukinira ikipe yabigize umwuga ya ASTANA yegukanye agace ka kabiri kavaga Kigali kajya Huye.
Dusabimana Emmanuel umuhanzi wiyise Lucky Fire, ubundi akiyita ‘Michael Jackson wo mu Rwanda’, avuga ko arusha abandi bahanzi bose indirimbo nyinshi kuko ngo afite izirenga 666 mu myaka itatu amaze atangiye uyu mwuga.
Abaturage ba santere ya Gihengeri bavuga ko nibamara kubona umuriro w’amashanyarazi ubujura buzacika kuko buhemberwa n’umwijima.
Umuyobozi w’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije (Democratic Green Party of Rwanda), Hon. Dr. Frank Habineza, aratangaza ko kuva iri shyaka ryabona imyanya mu nteko ishinga amategeko, umutwe w’abadepite, abarwanashyaka baryo ku nzego z’ibanze batongeye guhutazwa nk’uko byabagaho mbere.