Abana 71 biga mu Rwunge rw’amashuri rwa Muko mu Karere ka Musanze, baguwe nabi n’ifunguro rya saa sita fatiye ku ishuri kuri uyu wa Gatatu tariki ya 14 Gashyantare 2018.
Ku munsi wa kabiri wa Shampiona y’Afurika, Areruya Joseph yegukanye umudari wa Zahabu mu batarengeje imyaka 23, aba n’u wa gatatu mu bakuru. .
Mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu tariki ya 14 Gashyantare 2018 ubwo benshi mu bakundana bizihizaga umunsi w’abakundanye uzwi nka Saint Valantin, Umusore witwa Gasore Felix yibwe umutsima yari yahishiye umukunzi we, bimuviramo guterwa indobo ku munsi w’abakundanye.
Ubuke bw’ibyumba by’ishuri n’intebe mu karere ka Kayonza bwateye amwe mu mashuri kugaragaramo ubucucike bw’abana, bituma bamwe babura aho bicara.
Muri Shampiona y’Afurika y’umukino w’amagare iri kubera mu Rwanda, Cogebanque umwe mu baterankunga b’iri rushanwa ikomeje gusabana n’abakunzi b’uyu mukino aho irushanwa riri kubera
Intumwa za Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) zahwituye bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri yisumbuye bifite ibikoresho bihenze, ariko bikaba bitagirira akamaro abanyeshuri babyigamo.
Ku munsi wa mbere w’irushanwa Nyafurika ry’amagare riri kubera mu Rwanda, u Rwanda rwegukanye imidari ine uwa zahabu, iya Argent ibiri ndetse n’uwa Bronze ku byiciro byarushanyijwe uyu munsi.
Urugaga rw’Abikorera mu Karere ka Muhanga PSF rwiyemeje guhangana n’imyumvire y’abikorera badindiza iterambere ry’akarere.
Bamwe mu baturiye umupaka w’u Rwanda na Congo mu Karere ka Rubavu bavuga ko bagira ikibazo cyo kubona udukingirizo mu ijoro kuko abaducuruza bahita baduhenda.
Somi, Umunyarwandakazi wamamaye mu njyana ya Jazz ku isi, yakoreye igitaramo muri Marriott, cyitabiriwe n’abantu benshi barimo na Madamu Jeannette Kagame.
kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Gashyantare 2018, ni Ku nshuro ya kabiri umunsi w’abakundana uzwi nka Saint Valentin ugiye guhurirana n’usanzwe wizihizwa n’Abagatolika wo gusigwa ivu.
Muri Kigali Exhibition Centre hatangijwe ku mugaragaro Shampiona y’Afurika y’amagare igiye kubera mu Rwanda kuva kuri uyu wa gatatu tariki 13 kugera 18/02/2018
Ku mugoroba wo kuwa 12 Gashyantare 2018 Amazu 36, ibikoni 6 ubwiherero 5 n’urusengero rwa ADEPER Ntoma, byasenywe n’imvura yari yiganjemo umuyaga n’urubura, yaguye mu tugari dutandukanye two mu murenge wa Rwimiyaga ho mu Karere ka Nyagatare.
Perezida wa Gabon Ali Bongo Ondimba yageze mu Rwanda, aho aje mu ruzinduko rw’akazi, ahita yakirwa na Perezida Kagame.
Umwe mu bahanzi bamaze kwandika izina muri Amerika akaba ari n’Umunyarwandakazi ubayo, Laura Kabasomi Kakoma uzwi nka Somi, arataramira abaturarwanda kuri uyu wa kabiri tariki ya 13 Gashyantare muri Marritott Hotel.
Muri weekend umugabo yasohokanye imodoka ye ya Toyota Hilux, amaze guhaga akabyeri arataha ageze mu nzira traffic police iramufata; kubera ko yari atwaye imodoka yasinze kandi kizira kikanaziririzwa.
Abanyarwanda baba muri Canada bandikiye Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu Justin Trudeau bamusaba ko guverinoma ye yahindura uko ifata Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Bitarenze tariki 16 Gicurasi 2018, Rwandair iratangiza ingendo nshya zerekeza mu Murwa mukuru wa Zimbabwe, Harare igakomereza i Cape Town muri Afurika y’Epfo.
Bamwe mu bantu bari barabaye imbata y’Inzoga n’ibiyobyabwenge bakagororwa bakabicikaho, babicishije mu ndirimbo baratanga inama yo guhangana n’ibishuko bibiganishaho. Iyumvire iyo nama.
Ikigo giteza imbere Imyuga n’Ubumenyingiro (WDA) cyagiranye amasezerano na Sosiyete y’Abashinwa ’Beijing Forever’, yo kwigisha gutwara no gukanika amamashini akora imihanda.
Radio Amazing Grace yitandukanyije n’ibitekerezo bya Pasiteri Niyibikora Nicolas watutse abagore akabandagaza, ubwo yari mu kiganiro cy’Iyobokamana muri iyi Radiyo.
Urukiko rw’Ikirenga rutangaza ko imanza 117 zirebana na ruswa zizacibwa mu cyumweru cyahariwe kurwanya ruswa, cyatangiye none ku ya 12 kikazasozwa ku ya 16 Gashyantare 2018.
Perezida Paul Kagame avuga ko ibigo by’ubwishingizi ku mugabane w’Afurika bikiri inyuma mu mikorere bigatuma abaturage ari bo babigenderamo, akemeza ko binakeneye kuvugurura imikorere.
Umuhuzabikorwa w’ikompanyi Clyn Vybz ikora ibikorwa bifitanye isano na muzika, John Nzabanita, aravuga ko abahanzi babiri bakoranaga bahagaritse imikoranire n’iyi kompanyi mu buryo budasobanutse, abahanzi bo bakavuga ko byakozwe impande zombi zibyumvikanyeho.
Dr Nsigayehe Erneste umukozi w’Akarere ka Gatsibo uyobora ishami ry’ubuhinzi, ubworozi, amashyamba n’umutungo kamere, arahumuriza abaturage bo muri aka Karere kubera ibinyabwoya bimaze iminsi byarabibasiye.
Ikpe ya Lions mu mukino wa Karate, ni imwe mu makipe yitwaye neza mu mpera z’iki cyumweru mu irushanwa ryitwa Ambassador’s Cup
Umutesi Teta Afsa wabaye Miss w’Akarere ka Rusizi mu mwaka wa 2017 aravuga ko adakurikiye amafaranga ku mugabo bagiye gusezerana, akavuga ko ari urukundo rugiye gutuma babana.
Pasitoro Kayumba Fiston wayoboraga itorero Revelation Church Nyamatete ryo mu Karere ka Gatsibo yaburiwe irengero nyuma yo gutera inda umwana w’impfubyi irera barumuna bayo babiri.
Mu mukino ubanza wwa CAF Confederation Cup, APR Fc yo mu Rwanda inyagiye Anse Reunion yo muri Seychelles ibitego 4-0 kuri Stade Amahoro
Imibare ituruka muri Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’umurimo, igaragaza ko Umujyi wa Kigali uza ku isonga mu gukoresha abana imirimo y’Ingufu, ugereranyije n’izindi Ntara.
Kwiyongera kw’amahoteli n’amaresitora akomeye mu Rwanda byatumye hagaragara ikibazo cy’imboga n’imbuto mu Rwanda, bituma inyinshi mu zikoreshwa mu Rwanda zitumizwa hanze.
Minisitiri wa siporo n’umuco, Uwacu Julienne, yavuze ko siporo rusange ikwiye kugera no ku rwego rw’imidugudu.
Imibare itangwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe Igororamuco, NRS, igaragaza ko hari benshi mu rubyiruko ruvanwa Iwawa kugororwa ariko rukazahagarurwa kubera gusubira kwijandika mu biyobyabwenge.
Itsinda ry’abasirikare 270 b’u Rwanda bahagurutse i Kigali kuri uyu wa 10 Gashyantare 2018 berekeza muri Sudani y’Amajyepfo aho bagiye mu gikorwa cyo kubungabunga amahoro.
Abagize Kaami arts bari gusaba ubufasha ngo bashinge ikigo kidasanzwe mu Rwanda kizajya gifasha abana kwiga no kwagura impano zabo.
Umugabo usa na Perezida wa Korea y’Amajyaruguru, Kim Jong Un, n’undi usa na Perezida Trump wa Leta Zunze ubumwe za Amerika, birukanywe mu itangizwa ry’imikino Olympic iri kubera muri Korea y’Amajyepfo.
Komisiyo ishinzwe amatora y’Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, yatangaje ko amatora y’Umuyobozi wa FERWAFA ateganyijwe tari ya 31 Werurwe 2018 saa munani z’amanywa, muri Lemigo Hotel mu Mujyi wa Kigali.
Umutoza w’Ikipe y’igihugu y’amagare “Team Rwanda” yatangaje ikipe izitabira amarushanwa ya "African Continental Road Championships" azatangira tariki 13 kugeza 18 Gashyantare 2018.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’inama nkuru y’itangazamakuru, Peacemaker Mbungiramihigo, yemeza ko abagore bakora itangazamakuru bashoboye, ariko bakwiye gukanguka, bakerekana ko bashoboye nka basaza babo bakora umwuga umwe.
Madame Jeanette Kagame wari muri Amerika, aho yitabiriye isengesho ry’abayobozi muri iki gihugu, yavuze ko Abanyarwanda bishimye kuruta uko bigeze kwishima mu bihe byashize.
Minisitiri w’ubutabera Johnston Busingye yibukije abana bafungiye muri Gereza ya Nyagatare, ko bagomba kwiga cyane batagamije gufungurwa, ahubwo bakwiye kwiga bagamije kumenya ndetse no guhinduka bakaba abantu bazima, ngo kuko ari bo bayobozi b’ejo hazaza.
Uwamahoro Bonaventure atorewe kuyobora akarere ka Nyamagabe, atsinze M.Louise Nduwayezu ku majwi 324 kuri 13
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 9 Gashyantare 2018, mu Karere ka Nyarugenge, mu Murenge wa Nyamirambo, Akagali ka Kivugiza, hatangiye ibikorwa byo kubaka ibitaro by’aka karere.
Abahinzi bavuga ko iyo basabye inguzanyo y’ubuhinzi mu bigo by’imari bayibona bibagoye kandi bakayibaha ku nyungu iri hejuru bigatuma badatera imbere.
Jose Chameleon umuhanzi ukomeye wo mu gihugu cy’u Bugande yatunguye abakunzi be muri Kigali, ubwo yabaririmbiraga abasanze i Remera ahazwi nko kwa Jules.
Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage yataye muri yombi abantu barindwi bakurikiranyweho kwiba ba mukerarugendo bo muri Ukraine.