Perezida Kagame yashimiye abamugeneye igihembo ku bwo guteza imbere ubuvuzi

Perezida Paul Kagame yashimiye umuryango Nyafurika ufite intego zo gusakaza ubuvuzi burambye kuri bose (Amref Health Africa) ku bw’igihembo wamugeneye.

Iki ni cyo gihembo cyagenewe Perezida Kagame
Iki ni cyo gihembo cyagenewe Perezida Kagame

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Diane Gashumba, ni we wakiriye icyo gihembo cyagenewe Perezida Kagame nk’umuyobozi mukuru ushyigikira urwego rw’ubuvuzi kugira ngo bugere kuri bose (Universal Health Coverage Presidential Champion Award).

Abinyujije kuri Twitter,Perezida Kagame yagize ati “Mwakoze Amref ku bwo kunshimira jyewe ubwanjye ndetse n’Abanyarwanda. Iterambere tugeraho turikesha abafatanyabikorwa nkamwe, tugahuza imbaraga mu rugamba rwo kugeza ku Banyarwanda bose ubuzima bwiza.”

Icyo gihembo cyatanzwe ku wa kabiri tariki 05 Werurwe 2019, gitangirwa mu nama mpuzamahanga yiga ku buzima muri Afurika.

Iyo nama y’iminsi itatu irimo kubera i Kigal ihuje ibihugu 47 bya Afurika, ikaba yaritabiriwe n’abantu bagera ku 1500 b’inzobere mu buzima.

Ni inama yibanda ahanini ku ngengo y’imari ibihugu bishyira mu rwego rw’ubuzima n’uburyo icungwa, hagamijwe ko abaturage ba Afurika bagira ubuzima bwiza.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka