Perezida Paul Kagame yatangije umwiherero abaza abayobozi b’uturere impamvu bamaze imyaka 15 bagaruka ku bibazo bimwe birimo “isuku” ariko ntacyo babikoraho.
Perezida Paul Kagame yongeye kugaragaza uburyo kutumvikana muri bamwe mu bagize guverinoma ari imbogamizi ku iterambere ry’u Rwanda, ikibazo agarutseho ku nshuro ya kabiri mu gihe kitageze ku mwaka.
Urwego rw’Igihugu rw’ Imiyoborere (RGB) ruratangaza ko ababwiriza butumwa mu nsengero batabyigiye bazigwaho kugira ngo batayobya abayoboke babo.
Ikipe ya Rayon Sports ntiyabashije kwihimura kuri APR Fc yaherukaga kuyitsinda mu gikombe cy’intwari , aho yongeye kuyitsinda 1-0
Abayobozi bakuru b’igihugu bazitabira Umwiherero wa 15, uzabera mu Ishuri rya Gisirikare riherereye i Gabiro mu Karere ka Gatsibo.
Iradukunda Liliane niwe watorewe kuba Nyampinga w’u Rwanda 2018, mu birori byabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 Gashyantare 2018.
Iradukunda Liliane niwe wegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda rya 2018, ahigitse abakobwa 20 barihanganiraga.
Ibirori byo gutora umukobwa uhiga abandi, ari nawe wegukana ikamba rya Miss Rwanda 2018, biri kubera mu muturirwa wa Kigali Convention Center.
Intebe y’Inteko y’Ururimi n’Umuco yatangaje ingamba ifite zo kuzamura urwego rw’Ikinyarwanda ku buryo ruzaba ari rwo rukoreshwa cyane mu karere mu myaka 15 iri imbere.
Romami Andre wari umaze iminsi aba muri Zambia aho yashakaga ikipe, agiye kugaruka muri Kiyovu Sports nyuma yo kubura ikipe.
Bamwe mu bashoferi batwara imodoka zitwara abagenzi bavuga ko akazi kenshi bagira gatuma batabona umwanya wo kwipimisha virusi itera SIDA.
Bizimana Dominique wari umunyamabanga mukuru wa Komite Olempike yeguye
Abadepite b’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA) bemeza ko hari ibihugu by’uyu muryango bigikoresha amategeko yabyo bikabangamira ubuhahirane.
Hifashishijwe imodoka ya Polisi y’Igihugu ikoreshwa mu gutabara ibinyabiziga byakoze impanuka zikomeye, Break Down, Polisi y’igihugu imaze gukura mu muhanda, ikamyo yari yafunze umuhanda Kigali- Musanze
Ministeri y’Uburezi(MINEDUC) yashimiye abakobwa biga siyansi n’abanyeshuri biga mu burezi bw’ibanze bw’imyaka 12 babonye amanota ya mbere asoza amashuri yisumbuye muri 2017.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki ya 23 Gashyantare 2018, Rtd Brig. Gen Sekamana Jean Damascene wahoze mu Ngabo z’u Rwanda, yatanze kandidatire ye ku mwanya wo guhatanira kuyobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA).
Ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe byabashije kuvura Uwimana Jeaninne wari umaze imyaka itandatu afite ikibyimba ku gahanga, cyatumaga atakibasha kureba imbere kuko cyari cyaruzuye mu isura.
Ikamyo yazamukaga umusozi wa Buranga uherereye mu Karere ka Gakenke yacitse imbaraga isubira inyuma yitura hasi ihita ifunga umuhanda.
Umuyobozi w’Urugaga nyarwanda rw’abikorera (PSF), Robert Bapfakurera arizeza kuzubaka ahazajya habera imurikagurisha mpuzamahanga bitarenze mu 2020.
Robert Bapfakurera niwe watorewe kuyobora Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF), akaba asimbuye kuri uyu mwanya Benjamin Gasamagera waruyoboraga kuva mu 2013.
Ministeri y’Abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA), amasendika y’abakozi n’urugaga rw’abikorera (PSF), bashyize umukono ku masezerano arengera abakozi bato.
Polisi y’Igihugu yatangaje ko imyivumbagatanyo yatangijwe n’impunzi zo mu nkambi ya Kiziba, yaguyemo abantu batanu naho abandi 15 bagakomereka harimo abapolisi barindwi.
Ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe byasubije isura Uwimana Jeaninne wari umaranye imyaka itandatu uburwayi bw’ikibyimba kinini ku gahanga.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, Urukiko rw’Ibanze rwa Rusororo rwafashe umwanzuro wo kurekura by’agateganyo umunyamakuru Mugabushaka Jeanne de Chantal uzwi cyane nka Eminante, wari umaze igihe kirenga umwaka muri Gereza, kubera impamvu z’uburwayi amaranye igihe.
Abagize amakoperative ahinga ibigori akorera hirya no hino mu gihugu, baravuga ko umusaruro wabo ubura isoko bitewe n’ibigo by’imari bibima inguzanyo cyangwa ntibiyibahere igihe.
U Rwanda rurashimirwa intambwe rugenda rutera mu gukumira no kurwanya ruswa, ariko ngo ruracyafite intambwe ndende rugomba gutera ngo ruyirandure burundu.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko u Rwanda rushyize imbere ibiganiro kugira ngo impunzi z’Abanyarwanda ziri muri Zambia zitahuke.
Amanota y’ibizami bya Leta bisoza amashuri yisumbuye y’umwaka w’amashuri 2017, arashyirwa hanze kuri uyu wa Gatanu tariki ya 23 gashyantare 2018 saa Cyenda z’umugoroba.
Ubushakashatsi ngarukamwaka bw’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) bwerekanye ko Umujyi wa Kigali uza mu myanya y’inyuma mu kugira abaturage bishimira serivisi bahabwa.
Uruganda C&H rukora imyambaro itandukanye igurishwa mu Rwanda ndetse indi ikoherezwa hirya no hino mu mahanga, rwahaye impano y’umwambaro ukorerwa mu Rwanda Perezida Edgard Lungu wa Zambia, izajya imwibutsa ubwiza n’umwimerere w’ibikorerwa mu Rwanda.
Polisi y’igihugu yatangaje ko igiye gukora iperereza ku kibazo cyateye impunzi zo mu nkambi ya Kiziba kwigaragambya, bamwe muri bo bakishora mu bikorwa by’urugomo.
Perezida Paul Kagame ashima ubumwe bugaragara hagati y’Abanyarwanda n’Abanya-Zambia, akemeza ko ari imwe mu ntambwe igaragaza urugendo rukomeje rw’Abanyafurika mu kwibohora.
Abaturage b’i Gishubi na Mamba ho mu Karere ka Gisagara bariye inka yipfushije, babiri barapfa, 24 bajyanwa kwa muganga baruka banahitwa.
Mu rwego rwo kunoza ubuhahirane no kwihutisha ubucuruzi bwambukiranya imipaka, ubuyobozi bw’ibihugu bigize Afurika y’Uburasirazuba bwemeranyije ishyirwaho ry’imipaka ihuriweho n’ibihugu byombi izwi nka (One Stop Border Post).
Ikipe ya Rayon Sports isezereye LLB y’i Burundi nyuma yo kuyitsinda igitego 1-0 mu mukino wo kwishyura wabereye i Burundi
Perezida Edgar Lungu wa Zambia uri mu ruzinduko mu Rwanda, yafashe akanya asura urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, kugira ngo yirebere amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Itangazo ryashyizweho umukono n’umuyobozi mukuru wa RURA, riravuga ko Radiyo Amazing Grace ihagarika gukora mu gihe cy’iminsi 30, ikanatanga amande angana na Miliyoni ebyiri agomba guhabwa RURA bitarenze iminsi 15.
Umuryango w’Abanyarwandakazi batuye mu Bwongereza “Rwanda Sisterhood Association”, uvuga ko uzafasha umubyeyi wese utishoboye kubona ibyangombwa bimufasha kubyara neza.
Kuri uyu wa kabiri abatoza 25 b’abanyarwanda, batangiye amahugurwa bari gukoreshwa n’inzobere muri uyu mukino yaturutse mu Bufaransa
Perezida Paul Kagame yakiriye mugenzi we wa Zambia Edgar Lungu, waje mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko mu myaka itatu izaba yubatse uburyo buyungurura amazi yakoreshejwe ava mu mujyi wa Kigali.
Abakobwa babiri bagize itsinda Charly&Nina bamaze gutangaza ko batagikorana n’inzu bakoranaga nayo "Decent Entertainment" isanzwe icunga inyungu z’abahanzi.
Ibitaro bya Gisirikare by’i Kanombe byiyemeje kuvura Uwimana Jeaninne umaranye imyaka itandatu uburwayi budasanzwe bw’ikibyimba kinini kimuri ku gahanga cyatumaga atakibasha no kubona.
kuri uyu wa mbere taliki ya 19 Gashyantare , mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu i Malabo, Perezida wa Guinée Equatorial Teodoro Obiang Nguema Mbasogo yakiriye impapuro zemerera Ambasaderi Habyalimana Jean Baptiste guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu.
Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu n’izindi nzego zikorana na yo batangije uburyo bushya bw’ikoranabuhanga buzarinda abaturage gusiragira hirya no hino basaba serivise.