IMYUBAKIRE: Dore impamvu zatuma wifuza gukorera mu biro by’akarere (Amafoto)
Mu rwego rwo kumenya intambwe yatewe nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu bijyanye n’imyubakire mu bice bitandukanye by’ubuzima bw’igihugu, Kigali Today yabatereye ijisho ku biro by’uturere dutandukanye tugize intara enye n’umujyi wa Kigali.

Muri iyi nkuru igizwe ahanini n’amafoto, turagereranya inyubako tumwe mu turere twakoreragamo ubwo twabaga 30, ndetse n’uko bimeze ubu. Tumwe twakoreraga mu nyubakozo zahoze ari iz’amakomini, utundi tugakorera mu nzu zinkodeshanyo, hakaba na duke twaritwarubatse inyubako ziri ku rwego rwo hasi zitajyanye n’igihe igihugu kigezemo.
Mu turere 30 twinshi twamaze kubaka inyubako nshya, utundi turi kubaka mu gihe hari utugifite ibyo kubaka mu bitekerezo.
Gasabo: Akarere ka Gasabo karacyakorera mu nyubako itajyanye n’igihe gusa bari kubaka inzu nziza cyane ku Gishushu.
- Inyubako ishaje y’akarere ka Gasabo
Akarere ka Gasabo kavuga ko kazimukira muri iyi nyubako ifite etaje zirindwi bitarenze ukwezi kwa Kamena 2019. Ubuyobozi bw’aka karere buvuga ko izuzura ifite agaciro ka Miliyari 5,5 z’amafaranga y’u Rwanda.
Nyarugenge:
- Aho akarere ka Nyarugenge kahoze gakorera
Aka karere gakorera mu nzu ikorerwamo n’ibiro by’umujyi wa Kigali (Kigali City Hall). Ni inzu ifite etaje esheshatu, ikaba ihagaze miliyari 8.8 z’amafaranga y’u Rwanda.
- Inyubako Kigali City Hall, ikorerwamo n’ibiro by’umujyi wa Kigali ndetse n’akarere ka Nyarugenge ihagaze amafaranga miliyari 8.8
Kicukiro:
- Ibi ni ibiro by’akarere ka Kicukiro bya kera. Izindi nyubako zarasenywe hubakwa ibishya
Ni kamwe mu turere twubatse mbere kakaba karatashwe tariki 01 Kamena 2013, kakaba karuzuye gatwaye amafaranga agera kuri 726,295,752. Ni inzu yubatswe mu murenge wa Kagarama.
- Ibiro by’akarere ka Kicukiro bishya byuzuye bitwaye asaga miliyoni 700
Nyamagabe:
Aka karere gakorera mu nyubako nziza yatashywe tariki 19 Gashyantare 2016. Iyi nyubako yuzuye itwaye amafaranga asaga miliyoni 788.
- Ibiro bishya by’Akarere ka Nyamagabe byatashywe muri 2016
Kamonyi: Inyubako yahoze ikorerwamo n’ ahahoze Akarere ka Kamonyi ubu ni ibiro by’Umurenge wa Rukoma.
- Aha ni ho ibiro by’akarere ka Kamonyi byahoze bikorera
Inyubako nshya y’akarere ka Kamonyi igeretse kabiri. Ni inyubako yatashwe muri Mutarama 2016, ikaba yaruzuye itwaye amafaranga miliyari imwe. Imirimo yo kuyubaka yatangiye mu 2014.
- Ibiro bishya by’akarere ka Kamonyi byuzuye bitwaye amafaranga Miriyari imwe
Ruhango:
- Aha ni ho akarere ka Ruhango kahoze gakorera
Ibiro bishya by’akarere ka Ruhango Byatangiye gukorerwamo mu mpera z’ Ukuboza 2015. Bifite ibiro 24, icyumba cy’ikoranabuhanga, n’icyumba cy’inama. Buri etage igife umwanya w’ ubwiherero bw’abagore n’ubw’abagabo.
Ibiro bishya by’Aka karere byuzuye bitwaye amafaranga 601,671,380.
Muhanga :
- Ibyahoze ari ibiro by’akarere ka Muhanga
Gusana ibiro by’Akarere, byatwaye amafaranga agera kuri miliyoni 455 frw. Ni ibiro byatashwe muri Mutarama 2016.
- Aho akarere ka Muhanga gakorera haravuguruwe
Uwari umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Yvonne Mutakwasuku yavuze ko hari impavu eshatu zatumye Akarere kavugururwa harimo kuba inyubako ya mbere yari isakaje amabati yo mu bwoko bwa Fiburosima afite uburozi, kunoza isuku no kwagura ibyumba byari bitoya.
Nyanza:
- Ahahoze hakorera akarere ka Nyanza
Ibiro bishya by’akarere ka Nyanza bifite ibiro byo gukoreramo bigera kuri 34, bikagira ibyumva by’inama bibiri, ahabikwa inyandiko hamwe.
- Ibiro bishya by’akarere ka Nyanza
Byatangiye gukorerwamo tariki 25 Kanama 2017. Byuzuye bitwaye amafaranga asaga miliyari imwe na miliyoni 100. Ibi biro kandi bifite umwanya w’inama hejuru ku nyubako wakwakira abantu 500. Ahari ihema hakwakira abantu 200 naho ahadatwikiriye hakakira abantu 300.
Kayonza:
- Ibyari ibiro by’akarere ka Kayonza
Iyi nyubako yatashwe muri Kamena 2017, ikaba yaruzuye itwaye miliyoni 750 z’amafaranga y’u Rwanda.
- Ibiro bishya by’akarere ka Kayonza
Gatsibo:
- Ibiro bishya by’akarere ka Gatsibo
Inyubakako nshya ibiro by’aka karere bikoreramo byuzuye bitwaye amafaranga y’u Rwanda miliyoni 900.
Rwamagana:
- Ibyahoze ari ibiro by’akarere ka Rwamagana
Aka karere gakorera mu nyubako inakorerwamo n’intara y’Uburasirazuba, mu murenge wa Kigabiro. Ni inyubako ishobora gukorerwamo n’abakozi bagera ku 140, ikagira icyumba cy’inama cyakwakira abantu 300, ikanagira na parikingi yakwakira imodoka zisaga 100.
- Iyi nyubako inakorerwamo n’ibiro by’Intara y’Uburasirazuba niyo ikorerwamo n’akarere ka Rwamagana ubu
Kirehe:
- Iyi niyo nyubako ikorerwamo n’akarere ka Kirehe ubu ariko ngo barateganya kubaka inzu nyir’izina y’akarere
Kirehe n’ubwo ngo bimutse bakava mu nzu bakoreragamo mbere ngo ntibyakwitwa inyubako y’akarere nshya kuko yari yarubakiwe ibiiro by’ubutaka mu 2011. Ngo baracyabuze ingengo y’imari yo kubaka akarere.
Nyagatare: Akarere ka Nyagatare ntabwo karubaka ibiro by’akarere bigezweho. Kuri ubu gakorera mu nyubako eshatu zitandukanye.
Bugesera:
- Inyubako yahoze ari akarere ka Bugesera
Inyubako nshya y’akare ka Bugesera yatangiye gukorerwamo mu 2014, ikaba yaruzuye itwaye amafaranga miliyari 1 na miliyoni 50.
- Inyubako nshya y’akarere ka Bugesera
Nyamasheke:
- Ibyahoze ari ibiro by’akarere ka Nyamasheke
Ibiro by’akarere ka Nyamasheke bishya byuzuye bitwaye amafaranga agera kuri miliyari 1,5. Ni ibiro byatashwe mu Gushyingo mu 2017.
- Ibiro bishya by’akarere ka Nyamasheke
Rutsiro:
- Aka ni ko kahoze ari akarere ka Rutsiro
Inyubako nshya y’akarere ka Rutsiro, ni inyubako igeretse kabiri, ikaba yaruzuye itwaye amafaranga miliyori 750. Yatashwe muri Kamena 2016.
- Inyubako nshya y’akarere ka Rutsiro
Nyabihu:
- Ahahoze hakorera akarere ka Nyabihu
Akarere ka Nyabihu gakorera mu nyubako igeretse kabiri, ihagaze amafaranga miliyoni 800.
- Ibiro bishya by’akarere ka Nyabihu
Ngororero:
- Ibi ni byo byari ibiro by’akarere ka Ngororero
Inyubako akarere ka Ngororero gakoreramo iravuguruye. Yatwaye amafaranga miliyoni 150 ngo ivugururwe.
- nyuma yo kuvugurura uku ni ko akarere ka Ngororero kameze
Intara y’Amajyaruguru yihariye umwihariko wo kuba idafite akarere na kamwe muri dutanu tuyigize kajyanye n’igihe. Uturere twose turacyakora mu nyubako zishaje, uretse rurindo yagerageje kwagura, yubakiraho izindi nyubako ariko nazo zitari ku rwego rw’uturere nka Gasabo cyangwa Nyamagabe dufite inyubako zifite agaciro ka za miliyoni magana.
- Ibiro by’akarere ka Gicumbi
- Imirimo yo kubaka inyubako nshya y’ibiro by’akarere ka Gicumbi igeze kuri 84%
- Ibiro by’akarere ka Gakenke ntabwo biravugururwa
- Akarere ka Burera nako ntikarubaka ibiro bishya
- Igishushanyo mbonera cy’ibiro by’akarere bigiye kubakwa cyamaze gushyirwa ahagaragara
- Ahahoze hakorera perefegitura ya Ruhengeri ni ho akarere ka Musanze kagikorera
Ibitekerezo ( 2 )
Ohereza igitekerezo
|
utndi turere two tuzira iki? ko tutubaka
urugero;burera,gakenke.....
mudusubizi niba two nta mafaranga baduha?
kabisa birababaje
Biragaragara neza cyane rwose ko U RWANDA rwiyubaka day to day keep ongoing RWANDA!!