Nyagatare: Abafashamyumvire mu bworozi bitezweho kuzamura umukamo

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudian, avuga ko abafashamyumvire mu bworozi bitezweho kuzamura umukamo no gushishikariza aborozi korora kijyambere.

Kabazayire Odette yashyikirijwe igare n'umuyobozi w'akarere
Kabazayire Odette yashyikirijwe igare n’umuyobozi w’akarere

Mushabe avuga ko hari bamwe mu borozi usanga bishimira ubwinshi bw’inka nyamara ntakizavamo.

Yemeza ko abafashamyumvire mu bworozi bazazamura imyumvire y’aborozi bityo bahindure ubworozi, n’umukamo wiyongere.

Ati “ Ntabwo wabwira umuntu gukora ibyo udakora, aba bafashamyumvire mu bworozi tugomba kubasura kenshi, umukamo mwinshi tugomba kuwubona muri aba bantu kuko ni aborozi, mu myumvire izamutse, utabibonye muri aba nta handi wabibona.”

Yabitangaje ku wa 06 Werurwe ubwo umushinga RDDP ukorera muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi washyikirizaga abafashamyumvire mu bworozi 46 amagare bazifashisha mu bukangurambaga bwo kongera umukamo.

Abafashamyuvire baravuga ko bagiye kurushaho kunoza inshingano zabo
Abafashamyuvire baravuga ko bagiye kurushaho kunoza inshingano zabo

Kabazayire Odette wo mu Kagari ka Nyagatare avuga ko amagare bahawe azabafasha kwegera amatsinda y’aborozi bashinze, akabafasha no mu yindi mirimo yo mu ngo iwabo.

Yemeza ko kugira ngo bazamure umukamo bagiye kubanza guhangana n’izerera ry’inka kuko ritubya umukamo n’umusaruro w’ubuhinzi.

Ati “Turashaka guhagarika inka zitagira aho zibarizwa, ntizigire inzuri, ntizigire n’ibiraro. Uzisanga mu muhanda zikangiza imyaka y’abahinzi, ibyo ni byo tugomba gukemura kuko dukeneye umukamo mwinshi n’umusaruro w’ubuhinzi.”

Senyabudenge John avuga ko n’ubwo bagiye gushyira imbaraga mu kwigisha aborozi korora kijyambere ariko na none bafite ibibazo by’imiti yoza inka itica uburondwe n’ikibazo cy’amazi y’amatungo hamwe na hamwe.

Ati “Bakwiye kudufasha kuko imiti iri ku isoko ntiyica uburondwe, hari uduce nk’aho ntuye Marongero na Ryabega nta mazi y’amatungo, bigatuma benshi bashorera inka urugendo runini bashakisha amazi na byo bigatubya umukamo.”

Bahawe amagare azabafasha kugera ku borozi mu buryo bworoshye
Bahawe amagare azabafasha kugera ku borozi mu buryo bworoshye

Senyabudenge yifuza kandi ko igiciro cy’amata cyakwiyongera kuko amafaranga 200 bahabwa kuri litiro ahabanye n’imirimo baba bakoze ngo umukamo uboneke.

Aba bafashamyumvire uko ari 46 bakomoka mu mirenge yose igize Akarere ka Nyagatare.

Amatsinda y’aborozi 50 ku bororera mu nzuri na 86 ku bororera mu biraro yari ashinzwe.

Amagare bahawe rimwe rifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 90.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Igikorwa RDDP yakoze ni cyiza nibatugezeho nibindi batwemereye

alias yanditse ku itariki ya: 26-03-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka