Abaturage bakoresha umupaka wa Rusizi yambere uhuza u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), baravuga ko ikiraro gihuza imbibi z’ibihugu byombi gishobora kuzateza ibibazo nikidasanwa vuba.
Hadi Janver yagarutse mu ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare nyuma y’igihe kinini atayikinamo aho ajyanye na bagenzi be gusiganwa mu irushanwa rizenguruka igihugu cya Cameroun rizwi nka Tour du Cameroun rizaba kuva tariki ya 10-18 Werurwe 2018.
Iserukiramuco mpuzamahanga rya Sinema nyafurika rigiye kubera mu Rwanda guhera tariki ya 25 Werurwe 2018.
Ikigo cy’Abafaransa gikora ubushakashatsi n’ubuvuzi bwa kanseri (IRCAD) kigiye kubaka ishami ryacyo mu Rwanda rizaba ari irya mbere kuri uyu mugabane wa Afurika.
Mutesi Jolly, Iradukunda Elsa na Iradukunda Liliane bose ni abakobwa begukanye ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda bikurikiranya, kandi bose bariyamamarije mu karere ka Rubavu gaherereye mu Ntara y’Uburengerazuba.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare burasaba abafite amazu ataruzura kumenya abayacumbikamo kuko ashobora kuba indiri y’abajura n’abandi bagizi ba nabi.
Ikipe ya AS Kigali ntibashije kubona amahirwe yo kuyobora urutonde rwa Shampiona nyuma yo kwishyurwa mu minota ya nyuma na Police Fc
Nyuma y’Umukino wahuje Rayons Sport na APR FC mu mpera z’iki cyumweru, ugasoza APR FC iyitsinze igitego kimwe ku busa, Mugiraneza Jean Baptiste Miggy ukinira APR yatunguwe n’abafana ba APR bamukorera isabukuru y’imyaka 27 bavuga ko amaze ku isi.
Depite Théogène Munyangeyo, visi perezida wa mbere w’ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri muntu, PL, avuga ko ishyaka ryabo ryahagurukiye guhashya ubukene mu banyamuryango baryo.
Anita Dusabemariya ukomoka mu Murenge wa Gishamvu muri Huye, yatwaye inda afite imyaka 17, iwabo baramwirukana, ariko nyuma y’ubuzima bushaririye niwe utunze umuryango.
Uruganda nyarwanda rukora sima rutangaza ko rufite gahunda yo kuba u rwa mberre abantu betekereza nibajya gukora ibikorwa byo kubaka, kandi rukizeza ko ruzabanza gushyira ingufu mu isoko ry’u Rwanda.
Ikigo Kountable cy’Abanyamerika gikorera mu bihugu bitandukanye birimo n’u Rwanda, kivuga ko cyifuza guha amafaranga abatsindiye amasoko ya Leta kitabasabye ingwate.
Rutikanga Fiston urangije ayisumbuye mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya Kigali TSS riri muri IPRC Kigali, yakoze akuma kazajya kabuza umushoferi wasinze gutwara imodoka.
Polisi yamuritse abapolisi 125 basoje amahugurwa yisumbuye mu kurwanya no gukumira iterabwoba, binyuza mu myitozo yo kwimenyereza kurirwanya.
Sibomana Aimable yakoze Imbabura yise Canarimwe ikoresha umufuka w’amakara mu gihe cy’amezi atanu, ikazakemura ikibazo cy’abo yahendaga hanarengerwa ibidukikije.
Abanyamuryango ba AERG ishami rya Kaminuza y’u Rwanda y’i Huye UR Huye, ubwo bizihizaga isabukuru y’Imyaka 21 uyu muryango umaze ushinzwe, batangaje ko hari urwego bamaze kugeraho mu nzira yo kwigirira akamaro batiringiye akazi ka Leta.
Perezida Paul Kagame yatangije umwiherero abaza abayobozi b’uturere impamvu bamaze imyaka 15 bagaruka ku bibazo bimwe birimo “isuku” ariko ntacyo babikoraho.
Perezida Paul Kagame yongeye kugaragaza uburyo kutumvikana muri bamwe mu bagize guverinoma ari imbogamizi ku iterambere ry’u Rwanda, ikibazo agarutseho ku nshuro ya kabiri mu gihe kitageze ku mwaka.
Urwego rw’Igihugu rw’ Imiyoborere (RGB) ruratangaza ko ababwiriza butumwa mu nsengero batabyigiye bazigwaho kugira ngo batayobya abayoboke babo.
Ikipe ya Rayon Sports ntiyabashije kwihimura kuri APR Fc yaherukaga kuyitsinda mu gikombe cy’intwari , aho yongeye kuyitsinda 1-0
Abayobozi bakuru b’igihugu bazitabira Umwiherero wa 15, uzabera mu Ishuri rya Gisirikare riherereye i Gabiro mu Karere ka Gatsibo.
Iradukunda Liliane niwe watorewe kuba Nyampinga w’u Rwanda 2018, mu birori byabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 Gashyantare 2018.
Iradukunda Liliane niwe wegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda rya 2018, ahigitse abakobwa 20 barihanganiraga.
Ibirori byo gutora umukobwa uhiga abandi, ari nawe wegukana ikamba rya Miss Rwanda 2018, biri kubera mu muturirwa wa Kigali Convention Center.
Intebe y’Inteko y’Ururimi n’Umuco yatangaje ingamba ifite zo kuzamura urwego rw’Ikinyarwanda ku buryo ruzaba ari rwo rukoreshwa cyane mu karere mu myaka 15 iri imbere.
Romami Andre wari umaze iminsi aba muri Zambia aho yashakaga ikipe, agiye kugaruka muri Kiyovu Sports nyuma yo kubura ikipe.
Bamwe mu bashoferi batwara imodoka zitwara abagenzi bavuga ko akazi kenshi bagira gatuma batabona umwanya wo kwipimisha virusi itera SIDA.
Bizimana Dominique wari umunyamabanga mukuru wa Komite Olempike yeguye
Abadepite b’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA) bemeza ko hari ibihugu by’uyu muryango bigikoresha amategeko yabyo bikabangamira ubuhahirane.
Hifashishijwe imodoka ya Polisi y’Igihugu ikoreshwa mu gutabara ibinyabiziga byakoze impanuka zikomeye, Break Down, Polisi y’igihugu imaze gukura mu muhanda, ikamyo yari yafunze umuhanda Kigali- Musanze
Ministeri y’Uburezi(MINEDUC) yashimiye abakobwa biga siyansi n’abanyeshuri biga mu burezi bw’ibanze bw’imyaka 12 babonye amanota ya mbere asoza amashuri yisumbuye muri 2017.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki ya 23 Gashyantare 2018, Rtd Brig. Gen Sekamana Jean Damascene wahoze mu Ngabo z’u Rwanda, yatanze kandidatire ye ku mwanya wo guhatanira kuyobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA).
Ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe byabashije kuvura Uwimana Jeaninne wari umaze imyaka itandatu afite ikibyimba ku gahanga, cyatumaga atakibasha kureba imbere kuko cyari cyaruzuye mu isura.
Ikamyo yazamukaga umusozi wa Buranga uherereye mu Karere ka Gakenke yacitse imbaraga isubira inyuma yitura hasi ihita ifunga umuhanda.
Umuyobozi w’Urugaga nyarwanda rw’abikorera (PSF), Robert Bapfakurera arizeza kuzubaka ahazajya habera imurikagurisha mpuzamahanga bitarenze mu 2020.
Robert Bapfakurera niwe watorewe kuyobora Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF), akaba asimbuye kuri uyu mwanya Benjamin Gasamagera waruyoboraga kuva mu 2013.
Ministeri y’Abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA), amasendika y’abakozi n’urugaga rw’abikorera (PSF), bashyize umukono ku masezerano arengera abakozi bato.
Polisi y’Igihugu yatangaje ko imyivumbagatanyo yatangijwe n’impunzi zo mu nkambi ya Kiziba, yaguyemo abantu batanu naho abandi 15 bagakomereka harimo abapolisi barindwi.
Ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe byasubije isura Uwimana Jeaninne wari umaranye imyaka itandatu uburwayi bw’ikibyimba kinini ku gahanga.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, Urukiko rw’Ibanze rwa Rusororo rwafashe umwanzuro wo kurekura by’agateganyo umunyamakuru Mugabushaka Jeanne de Chantal uzwi cyane nka Eminante, wari umaze igihe kirenga umwaka muri Gereza, kubera impamvu z’uburwayi amaranye igihe.
Abagize amakoperative ahinga ibigori akorera hirya no hino mu gihugu, baravuga ko umusaruro wabo ubura isoko bitewe n’ibigo by’imari bibima inguzanyo cyangwa ntibiyibahere igihe.
U Rwanda rurashimirwa intambwe rugenda rutera mu gukumira no kurwanya ruswa, ariko ngo ruracyafite intambwe ndende rugomba gutera ngo ruyirandure burundu.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko u Rwanda rushyize imbere ibiganiro kugira ngo impunzi z’Abanyarwanda ziri muri Zambia zitahuke.
Amanota y’ibizami bya Leta bisoza amashuri yisumbuye y’umwaka w’amashuri 2017, arashyirwa hanze kuri uyu wa Gatanu tariki ya 23 gashyantare 2018 saa Cyenda z’umugoroba.
Ubushakashatsi ngarukamwaka bw’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) bwerekanye ko Umujyi wa Kigali uza mu myanya y’inyuma mu kugira abaturage bishimira serivisi bahabwa.