Mu gihe ubuyobozi bwa sendika y’abarimu buvuga ko icyemezo cyo kuzamura umusanzu wa mwarimu muri iyo sendika cyafashwe nk’uburyo bwiza bwo gufasha mwarimu kwiteza imbere adategereje inkunga, bamwe mu barimu baravuga ko batigeze bamenyeshwa iby’uku kuzamura umusanzu wabo.
Mu rwego rwo gukomeza gutegura amakipe y’abakiri bato, u Rwanda rwateguye irushanwa rito rizahuza u Rwanda, Tanzania na Cameroun mu batarengeje imyaka 17.
Intwari z’imena ziravuga ko icy’ingenzi kuri zo atari ukumenya abagabye igitero ku ishuri rya Nyange bigagaho ahubwo icy’ingenzi ari isomo abanyarwanda bakuramo.
Nyuma y’uko hatawe muri yombi uwitwa Twagirayezu John ukurikiranyweho kwica abana bane mu bihe bitandukanye, bamwe mu baturage b’akagari ka Nyakigando mu murenge wa Katabagemu barifuza ko inzu y’uyu mugabo isenywa hagashakwamo imirambo y’abana babo kuko hari uwo babuze.
Abakinnyi b’ikipe ya Gicumbi bahagaritse imyitozo nyuma y’uko abakinnyi bavuga ko hari ikirarane cy’umushahara batarahabwa, bakaba bazayisubiramo ngo ari uko bishyuwe
Minisitiri w’Ubutabera Johnston Busingye yasabye abakora mu by’amategeko hirya no hino mu gihugu gukumira amakimbiranye mu miryango kuko ngo ari yo nkomoko y’ibindi bibazo bikomeye.
Urugaga rw’abanyamwuga bakora inyigo mu bijyanye n’ibidukikije rwitwa RAPEP(Rwanda Association of Professional environmental Practitioners) rwatangijwe ku mugaragaro ku wa mbere tariki 18 Werurwe 2019. Urwo rugaga rwatangijwe ku mugaragaro na Minisitiri w’Ibidukikije, Dr. Vincent Biruta.
Umutoza Seninga Innocent washeshe amasezerano yari afitanye n’ikipe ya Bugesera, biravugwa ko agiye gusubira muri Musanze gusimbura Ruremesha Emmanuel
Kuri uyu wa mbere tariki 18 Werurwe 2019, inzego z’umutekano zo mu murenge wa katabagemu akarere ka Nyagatare, Intara y’Uburasirazuba zafashe umugabo ukurikiranyweho kwica abana bagera kuri bane.
Dr. Hideaki Shinoda, Umwalimu muri Kaminuza ya Tokyo mu Buyapani (Tokyo University of Foreign Studies) kuri uyu wa mbere tariki 18 Werurwe 2019 yatanze ikiganiro muri Kaminuza y’u Rwanda.
Nyuma y’imyaka icyenda ishuri Notre Dame de la Providence Karubanda rigabiwe inka na Perezida w’u Rwanda, ryamwituye kuri uyu wa 18 Werurwe 2019 rigabira ishuri Butare Catholique.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 19 Werurwe 2019, mu mudugudu wa Byimana, akagari ka Musezero, umurenge wa Gisozi akarere ka Gasabo, Polisi yaharasiye umujura wafatiwe mu cyuho yatoboye inzu amaze no gusohora bimwe mu byo yibaga.
Benshi mu bahanzi nyarwanda bo hambere, bavuga ko bakoraga umuziki kubera kuwukunda ariko bafite ibindi bibatunze, ibintu bitandukanye n’uko ubu bimeze kuko ubuhanzi ari umwuga utunga nyirawo.
Uwiduhaye Faustine umwana w’umukobwa ufite imyaka 10 wiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza; yanditse igitabo cyitwa “Fifi, umukobwa w’amakenga” gikubiyemo ubutumwa bushishikariza abana b’abakobwa kugira ubushishozi no kwirinda ababashuka bashaka kubashora mu ngeso mbi.
Ibi ni bimwe mu bikomeje kumenyekana, nyuma y’uruzinduko Charlotte Mukankusi ushinzwe dipolomasi muri RNC (ari wo mutwe urwanya u Rwanda ukorera cyane muri Uganda), yagiriye muri Uganda hagati ya tariki 01 n’iya 06 Werurwe 2019, akagirana ibiganiro bigamije kunoza imikoranire na Perezida Museveni wa Uganda ubugira kabiri.
Bamwe mu bitabiriye igikorwa cyo guhemba abana b’abakobwa bitwaye neza mu bizamini bya Leta baravuga ko n’ubwo hari abarangiza amashuri bakabura akazi, bidakwiye kuviramo ababyiruka gucika intege no guta ishuri kuko icya mbere ari ubumenyi kuko ari bwo butunzi bwa mbere umuntu yakwifuza, kuko bugufasha no kwihangira umurimo.
Mu gihe akarere ka Karongi ari kamwe mu tukibonekamo umubare munini w’abana b’inzererezi, ubuyobozi bw’aka karere buravuga ko buteganya gukemura ibibazo mu miryango bituma aba bana bajya kumihanda cyane ko benshi usanga bafite aho bakomoka.
Iki ni kimwe mu byifuzo abagura serivise hifashishijwe ikoranabuhanga bagaragaje tariki 15 Werurwe 2019, ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’umuguzi.
Seninga Innocent wari umutoza mukuru wa Bugesera FC yamaze kwandika ibaruwa isezera kuri aka kazi ndetse anishyuza ibirarane ikipe imufitiye.
Umuryango Plan International watangije ubukangurambaga ku rwego rw’igihugu bwiswe ‘Girls Get Equal’(Abakobwa bagire uburenganzira muri byose) hatangwa n’ibihembo ku Nkubito z’Icyeza 83, aba bakaba ari abakobwa batsinze neza kurusha abandi mu bizamini bya Leta.
Abaturiye igishanga cya Rutabo mu Mirenge ya Cyahinda na Rusenge mu Karere ka Nyaruguru barishimira ko cyatunganyijwe bakanagihabwamo imirima, icyakora ngo kubona imbuto ntibiboroheye.
Mu irushanwa rya Handball ryaberaga muri Zanzibar, risojwe u Rwanda rwegukanye umwanya wa gatatu mu batarengeje imyaka 18 na 20 mu bakobwa
Hari abantu bavuga ko bagize ibicuro, cyangwa bakabona ibindi bimenyetso kandi bakemeza ko ibyo ibicuro byabo cyangwa ibimenyetso byasobanuraga babibonye, cyangwa biteguye kubibona vuba.
Imvura yaguye mu Karere Ka Rusizi tariki 16 Werurwe 2019 yangije imitungo y’abaturage bo mu Mirenge ya Gitambi na Gikundamvura, abandi barakomereka.
Abatuye mu Karere ka Nyarugenge bitabiriye siporo rusange yabaye kuri iki cyumweru tariki 17 Werurwe 2019 bibukijwe ko siporo ari ingenzi mu kwirinda indwara zitandura.
Ihuriro ry’Imiryango y’Abafite Ubumuga mu Rwanda (NUDOR) riravuga ko umubare munini w’abana bafite ubumuga batiga uteye inkeke.
Ababyeyi barakangurirwa gukomeza kwigisha abana babo imihindagurikire y’umubiri wabo kugira ngo hakomeze hakumirwe inda ziterwa abangavu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buratangaza ko bitarenze impera z’ukwezi kwa Gicurasi muri uyu mwaka wa 2019, abaturage bose b’akarere bazaba bafite ubwiherero bwujuje ibisabwa.
Mu Murenge wa Gikundamvura mu Kagari ka Nyamigina mu Karere ka Rusizi haguye imvura ivanze n’umuyaga byangiza ibintu bitandukanye harimo n’abakomeretse.
Minisiteri y’Ikoranabuhanga ifatanyije na Minisiteri y’Iterambere ry’Umuryango hamwe n’umushinga wa DOT barashishikariza abagore n’abakobwa gukoresha ikoranabuhanga.
Minisitiri w’Ikoranabuhanga mu Itumanaho no Guhanga Udushya, Paula Ingabire, arasaba abakobwa gushingira ku mahirwe igihugu kibaha bakiga bagamije kuba abayobozi bacyo.
Mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, mu turere tumwe na tumwe usanga hari abantu bagaragaza ingengabitekerezo mu buryo butandukanye.
Inzu itunganya ibitabo ikanabishyira ku isoko yitwa IZUBA (Maison d’édition Izuba), irasaba Abanyarwanda bose bafite inyandiko bifuza gutangaza kubegera bakabibafashamo, nta kiguzi.
Bamwe mu bagore batuye mu kibaya cya Bugarama by’umwihariko mu Murenge wa Bugarama baravuga ko mu bibazo bibahangayikishije cyane harimo ubuharike bukabije kuko buri gutuma ingo nyinshi zisenyuka.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yatangaje ko ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku buryo mu mwaka wa 2018 bwiyongereyeho 8.6%.
Umwana w’umunyamerika w’imyaka 10 witwa Ava Holtzman, yahaye inkunga umuryango ‘Ubumwe Community Center’ wita ku bana bo mu miryango ikennye n’abafite ubumuga ngo ibafashe mu mibereho yabo.
Ishuri rikuru ry’ubumenyingiro, INES-Ruhengeri, kuri uyu wa gatanu tariki 15 Werurwe 2019, ryatanze impamyabumenyi ku banyeshuri 719 barimo 22 barangije icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye n’imisoro(Science in Taxation).
Sosiyete SANLAM yo muri Afurika y’Epfo yaguze imigabane 100% y’ibigo bikomeye by’ubwishingizi bisanzwe bikorera mu Rwanda bya SORAS na SAHAM, ikizeza Abanyarwanda serivisi nziza.
Minisiteri y’Ubuzima iravuga ko Miliyoni zigera kuri 300 z’amafaranga y’u Rwanda ari zo zimaze gukoreshwa mu bikorwa byo gukumira Ebola, birimo gutoza abantu, kugura imiti n’ibikoresha byakenerwa mu gihe Ebola yagera mu Rwanda.
Umuyobozi w’inama y’ubutegetsi ya Zigama CSS, Dr James Ndahiro, yatangaje ko nyuma yo gushyira imbaraga mu gutanga Serivise bifashishije ikoranabuhanga, badateganya kongera amashami y’iyi banki mu gihugu.
Ibihugu bisaga 50 bimaze gufata icyemezo cyo gukumira ingendo z’indege za Boeing 737 Max haba mu kirere ndetse no kugwa ku butaka bw’ibyo bihugu mu rwego rwo kwirinda ibibazo by’umutekano muke bishobora guterwa n’izo ndege.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga akaba n’umuvugizi wa Leta y’u Rwanda Dr Richard Sezibera, mu izina rya guverinoma y’u Rwanda yamaganye igitero cy’ubwiyahuzi gihitanye abagera kuri 49 mu musigiti w’i ChristChurch mu gihugu cya Nouvelle Zelande.
Urwego ry’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko rwakomeje gukurikirana amakuru avugwa ku rupfu rwa Anselme Mutuyimana, umusore wo mu kigero cy’imyaka nka 30, wiciwe n’abantu bataramenyekana mu nkengero z’ishyamba rya Gishwati ku wa 9 Werurwe 2019.
Muri Tombola ya 1/4 cya Champions League, Ikipe ya Fc Barcelona izahura na Manchester United, muri Tombola imaze kubera mu Busuwisi
Mu rwego rwo gufasha abantu kubasha gushora amafaranga yabo ku isoko ry’imari n’imigabane, Banki ya Kigali yashyize ku mugaragaro ishami ryayo rishya ryo gufasha abantu gushora imari yabo kugirango bibabyarire umusaruro, BK Capital.
Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa intego Leta y’u Rwanda yafashe yo kurwanya iyicarubozo, Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu yahawe inshingano nshya yo gukumira iyicarubozo n’ibindi bihano cyangwa ibikorwa by’ubugome bidakwiriye umuntu cyangwa bigamije kumutesha agaciro.
Perezida wa Uganda akunze kwigira nyoninyinshi iyo abajijwe ku bijyanye n’uburyo akomeje gushyigikira umutwe urwanya u Rwanda witwa RNC, agashaka kwerekana ko bamwe mu buyobozi bwe ari bo bari kumuyobya.
Ku munsi wa mbere wa Shampiyona Nyafurika mu mukino w’amagare, ikipe y’igihugu y’u Rwanda imaze kwegukana imidari ibiri
Hari Abanyarwanda bari bafungiye muri Uganda bavuga ko bakubitwaga, bakirirwa mu mazi bakanayararamo andi bakayabamena mu mazuru.