Yabyaye abana batanu, abarurwa mu cyiciro cya kabiri cy’ubudehe, umugabo we afite ubumuga bwo mu mutwe, ariko yarabyirengagije atora umwana ku muhanda yiyemeza kumurera, ndetse ngo arashaka n’undi.
Ababyeyi bafite abana bafite ubumuga bwo mu mutwe bwitwa ‘Autisme’ bashima amahugurwa bahawe yo kubitaho mu rugo buri munsi iyo bavuye ku ishuri ribafasha muri icyo kibazo.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Uburezi(REB), buragaragaza ko ireme ry’uburezi mu bigo by’amashuri byo mu Ntara y’Amajyaruguru riri hasi cyane, aho abana 52% ari bo bonyine barangiza amashuri abanza bazi gusoma no kwandika.
Ishuri rikuru ry’Abaporotesitanti, PIASS, ryatumije abashakashatsi bo mu bihugu binyuranye byo ku isi kugira ngo baganire kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, rinabajyana mu giturage ngo biganirire n’abayibayemo.
Nyuma y’uko sosiyete zikora umuhanda Kayonza – Rusumo zakomeje kwibwa ariko ntihamenyekane ababiba ndetse n’ibyibwa aho bijya, urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rwatangiye iperereza none hamaze gufatwa abagera ku icumi.
Abasizi n’abakunda ubusizi nyarwanda bifuza ko i Kiruri mu Murenge wa Karama mu Karere ka Huye hashyirwa urugo rw’abasizi, rwazaba intebe y’ubusizi ndetse n’igicumbi cy’umuhamirizo nyarwanda.
Inzu yitwa ‘Rwanda My Heart’ yashyizweho mu Karere ka Rubavu kugira ngo ifashe abanyabugeni kugaragaza ibihangano byabo.
Mu ruzinduko rw’umunsi umwe yagiriye mu Karere ka Nyamasheke,ku wa gatanu tariki 22 Werurwe 2019, Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase yemereye ibihembo abaturage bagize uruhare rugaragara mu kumenyekanisha amakuru y’aba bagizi ba nabi bashatse guhungabanya umutekano mu Murenge wa Karambi.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kirehe buvuga ko miliyoni mirongo ine bwaguraga umwuka w’abarwayi azajya agurwa imiti kuko bamaze kwibonera icyuma kiwukora.
Nubwo hari byinshi bikorwa mu guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi nka kimwe mu byagirira akamaro abaturage n’igihugu muri rusange, abahinzi bakomeje kugaragaza ko hari imbogamizi bahura na zo mu mikorere yabo zigatuma iterambere bifuza ritagerwaho.
Abiga n’abigisha iby’ivugururamibereho, Social Work, bavuga ko ubufatanye buri mu bituma ababayeho nabi na bo bagera ku buzima bwiza, babifashijwemo n’abashoboye.
Nyuma y’imyaka isaga itatu cyuzuye, ikiraro gishya gihuza umupaka w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ku mupaka wa Rusizi ya mbere cyatangiye gukoreshwa kuri uyu wa gatanu tariki ya 22 Werurwe 2019.
Ubuyobozi bw’ishuri ryigisha imyuga Nyanza Technical School (NTS) ryo mu Karere ka Nyanza buravuga ko Leta ikwiye gutera inkunga ibigo mu bwishingizi bw’inkongi y’umuriro.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase yagiriye uruzinduko mu Karere ka Nyamasheke mu Mirenge ya Kagano na Karambi, aganira n’abayobozi b’inzego z’ibanze ku bibazo by’umutekano.
Umunyamabanga mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB (Rwanda Investigation Bureau), Col Ruhunga Jeannot yatangaje ko umunyamakuru Phocas Ndayizera wahoze akorera Radio BBC y’Abongereza, ubu uri mu maboko y’ubutabera, we n’abo bari bafatanyije bari bafite umugambi wo gutwika Umujyi wa Kigali.
Amasaka ni igihingwa kimaze imyaka irenga 1000, ariko ibyiza byacyo ku buzima bw’umuntu ni byinshi ku buryo ari byiza ko abantu bazajya bayashyira ku mafunguro yabo ya buri munsi.
Minisitiri w’Intebe wungirije wa Qatar akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Sheikh Mohamed bin Abdulrahman Ali Tani, ari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, aho yaje gutsura umubano hagati y’ibihugu byombi.
Ikigo giteza imbere ubucuruzi muri Afurika y’Uburasirazuba (Trade mark East Africa TMEA) cyashyikirije akarere ka Rubavu isoko rya miliyoni eshatu z’amadorari rizorohereza ubuhahirane bwambukiranya imipaka hagati y’ u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC).
Urukiko rw’Ikirenga kuri uyu wa 22 Werurwe 2019 rwasomye urubanza Charles Bandora n’Ubushinjacyaha bajuririyemo igifungo cy’imyaka 30, Urukiko Rukuru rwari rwahanishije Bandora ku byaha bya Jenoside ashinjwa.
Abasirikari, abapolisi n’abasivile 21 baturutse mu bihugu umunani byo ku mugabane wa Afurika bari mu kigo cy’igihugu cy’amahoro Rwanda Peace Academy giherere I Nyakinama mu karere ka Musanze aho bari gutyaza ubumenyi mu birebana n’ubwirinzi bw’abakozi boherezwa mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro.
Igituntu ni indwara iri mu zica abantu benshi ku isi ari yo mpamvu u Rwanda rwahagurukiye kukirwanya mu gukora ubukangurambaga mu baturage no kuzana imiti mishya ikivura.
Ubushinjacyaha bukuru bwa Repubulika bwatangaje ko bwataye muri yombi babiri bahoze ari abayobozi bakuru b’ Ikigo cy’Igihugu gishinzwe uburezi (REB).
Leta y’u Rwanda yasabye abaturage b’u Rwanda guhagarika ingendo mu gihugu cya Uganda. Icyakora hari abakomeje kurenga kuri ayo mabwiriza bagerayo bagafungwa.
Abanyeshuri biga mu ishuri ‘Wisdom School’ riherereye mu Karere ka Musanze baratangaza ko umuco wo kugira ubupfura no gukunda igihugu batozwa n’iri shuri byuzuzanya n’intego bifitemo yo kubaka igihugu.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) ruvuga ko kwigisha umugore ari ugutanga ubumenyi ku gihugu cyose. Byavugiwe mu muhango wo gusoza amahugurwa yahawe abagore 100 yo kubongera ubumenyi mu kwakira abantu mu mahoteli n’ubukerarugendo.
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, wari watumiwe mu bikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 25 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ntakije mu Rwanda, ahubwo azahagararirwa n’umudepite.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), ku bufatanye na kompanyi yitwa Kigali City Tour batangije ubukerarugendo buzenguruka mu mujyi wa Kigali hifashishijwe imodoka nini (Bus) ikoze ku buryo bugerekeranye (Double decker bus).
Abangije imitungo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 baributswa kuyishyura mu cyumweru cyahariwe kurangiza imanza za Gacaca zirebana n’imitungo yangijwe mu gihe bamwe bavuga ko nta bwishyu.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), ku bufatanye na sosiyete ‘Kigali City Tour Ltd’ kuri uyu wa kane tariki 21 Werurwe 2019 batangije ubukerarugendo bwifashisha imodoka igerekeranye (Double – decker bus), izajya ifasha ba mukerarugendo n’abandi bashaka kumenya umujyi wa Kigali.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Nyakarenzo mu Karere ka Rusizi, baravuga ko hari abantu bahagurukiye kubarya imitungo yabo bakagenda basesera mu nzego z’ubutabera batanga ruswa kugira ngo batsindire kwegukana imitungo yabo.
Indabo zigaragara mu bihe bitandukanye by’ingenzi mu buzima bw’abantu, nko mu birori byo kwizihiza isabukuru z’amavuko, mu gushyingura abitabye Imana, mu birori byo kurangiza amashuri, mu bukwe no mu bindi, ku buryo indabo zifite uruhare mu buzima bw’abantu bwa buri munsi.
Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ubutabera Uwizeyimana Evode aributsa abantu bafunze ko gereza atari imva bashobora kuyisohokamo bakigirira akamaro bakakagirira n’igihugu.
Umukino wa gicuti ugomba guhuza ikipe y’igihugu y’ Rwanda y’abagore n’iya Republika iharanira Demokarasi ya Congo wimuriwe mu cyumweru i Rubavu.
Mu mezi atatu ashize, mu karere ka Burera hamaze gufatirwamo ibiyobyabwenge bifite agaciro k’amafaranga ahwanye na 15,098,800.
Bamwe mu bagize inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite, bagize komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari, barasaba minisiteri y’igenamigambi gukurikirana ikibazo cya ba diregiteri b’ibigo by’amashuri bafatanya inshingano no kwakira amafaranga ndetse no kuyabika.
Muri gahunda y’icyumweru cy’ubutabera, abaturage bo mu murenge wa Cyabingo mu karere ka Gakenke, barishimira ubumenyi ku butabera bahawe n’umuyobozi wa Komisiyo y’igihugu ishinzwe ivugururwa ry’amategeko (RLRC), aho bamwe bari bazi ko ubutabera bwabo bugarukira mu buyobozi bw’inzego z’ibanze.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi yamaze gutangaza abakinnyi 23 bagiye kwerekeza i Abidjan, mu mukino ugomba guhuza Amavubi na Côte d’Ivoire
Abahanga mu buvuzi bw’amenyo n’izindi ndwara zo mu kanwa bemeza ko kutita ku isuku y’amenyo bishobora guteza umuntu uburwayi bw’umutima n’izindi ndwara zitandukanye.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame uri i Luanda mu murwa mukuru wa Angola mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri, yakiriwe na mugenzi we Perezida João Lourenço
Jacqueline Kayitare, umukozi w’urwego rw’igihugu rw’imiyoborere (RGB), asaba abakiri batoya gukunda kwiga, kuko we yabigezeho bimugoye nyamara yarabikundaga, none ubu bikaba byaramuhesheje akazi.
Abana b’abakobwa mu karere ka Nyagatare barashinja ababyeyi kutabitaho bakiri bato bikabaviramo guterwa inda zitateguwe.
Christelle Kwizera washinze umushinga wo gukwirakwiza amazi mu gihugu ″Water Access Rwanda″, avuga ko Imbuto Foundation yamuremyemo icyizere agera ku bikorwa by’indashikirwa aho ubu akoresha abagera kuri 50 akaninjiza arenga miliyoni 280 ku mwaka.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame kuri uwa gatatu tariki 20 Werurwe 2019 yageze i Luanda muri Angola mu ruzindiko rw’iminsi ibiri, mu gihe tariki nk’iyi umwaka ushize perezida wa Angola nawe yari mu Rwanda.
Abagize inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite bongeye kugaragaza ko batanyuzwe n’ibikubiye muri raporo ya minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) ku buryo ubuhinzi bw’u Rwanda butera imbere, hagamijwe kwihaza mu biribwa bituma bashyiraho akanama kihariye ko gucukumbura ibibazo biri mu buhinzi n’ubworozi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke buratangaza ko kuba hari imiryango myinshi ikigaragaramo abantu badakora ariyo ntandaro y’imirire mibi ikigaragara muri ako karere.
Ihuriro ry’imiryango itanga ubufasha mu by’amategeko (LAF) ryatangije uburyo bushya bwo gufasha abaturage mu by’amategeko hifashishijwe ikoranabuhanga rya telefone, haba kukugira inama, kugufasha gushyira ku murongo ikirego cyawe cyangwa se kukubonera umunyamategeko ukunganira kandi ku buntu.
Buri wese wabashije kuganira na perezida wa Uganda yakubwira neza ko ari umuntu w’indyarya, incakura, umuntu udakwiye kwizerwa mbese umuntu udakwiye kugirirwa ikizere na gike.
Abanyamuryango ba AVEGA Agahozo bo mu karere ka Musanze biyemeje ko buri kwezi bazajya bakora siporo kuko byagaragaye ko siporo ari ingirakamaro mu gukumira indwara zitandura nka diyabete n’umutima, binabafashe guhangana n’ihungabana.
Mu gihe ubuyobozi bwa sendika y’abarimu buvuga ko icyemezo cyo kuzamura umusanzu wa mwarimu muri iyo sendika cyafashwe nk’uburyo bwiza bwo gufasha mwarimu kwiteza imbere adategereje inkunga, bamwe mu barimu baravuga ko batigeze bamenyeshwa iby’uku kuzamura umusanzu wabo.