Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame ni umwe mu banyacyubahiro bitabiriye umuhango wo kurisoza.
Mu bandi bari kumwe harimo Perezida wa Burkina Faso, Roch Marc Christian Kaboré na madamu we Sika Kaboré. Hari kandi Perezida wa Mali Ibrahim Boubacar Keïta na madamu we Keïta Aminata Maïga, ndetse na Jerry John Rawlings wahoze uyobora Ghana.
Muri ibyo birori, filime y’umunyarwanda Joel Karekezi yitwa “The mercy of the jungle” yahawe igihembo ‘Etalon d’Or de Yennenga’ nka filime ikoze neza.
Perezida Kagame yerekeje muri Burkina Faso ku butumire bwa mugenzi we perezida Roch-Marc Christian Kaboré, mu birori byo kwizihiza imyaka 50 ishize iserukiramuco rya sinema FESPACO ribayeho, kuri ubu rikaba ryizihizwaga ku nshuro ya 26.
Abinyujije kuri Twitter, Perezida Kagame yashimiye perezida Roch-Marc Christian Kaboré kubera icyubahiro yahaye u Rwanda muri ibyo birori byo gusigasira, kwimakaza no kwishimira umuco nyafurika.
Perezida Kagame kandi yashimiye ababonye ibihembo muri iryo serukiramuco, ashimira n’abahanzi batandukanye basusurukije abaryitabiriye, abifuriza gukomeza gutera imbere no kugera kuri byinshi.
Thank you my brother and friend @rochkaborepf for honouring Rwanda at this meaningful celebration of our African culture. Congratulations to all the winners of the competition and all featured artists. We wish you continued success. #FESPACO2019
— Paul Kagame (@PaulKagame) March 3, 2019
I was happy that President of Mali,my brother Ibrahim Boubacar Keïta,also participated- our African Union Champion of Culture Heritage. This important mission could not be in better hands. #FESPACO2019
— Paul Kagame (@PaulKagame) March 3, 2019
Aya ni amwe mu mafoto yaranze ibyo birori
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|