Minisitiri ushinzwe ubuzima mu gihugu cya Congo Dr Eteni Longondo yatangaje ubufatanye bw’u Rwanda na Congo buzarandura icyorezo cya Ebola kigaragaje inshuro 10 mu gihugu cya Congo.
Mu mpera z’icyumweru gishize, Polisi y’u Rwanda yafashe abatwara ibinyabiziga basinze barenga 140 binangiye gukurikiza inama zo kwirinda gutwara basinze. Ni ibikorwa byatangiye ku wa gatanu ahafashwe abagera kuri 80, ku wa gatandatu hafatwa 37 mu gihe ku cyumweru hafashwe abagera kuri 27 bose hamwe bakaba 144. Si byo (…)
Nyuma y’ibiganiro byahuje itsinda ry’abayobozi bo mu gihugu cya Uganda n’abo mu Rwanda, kigamije gukemura ibibazo bimaze iminsi hagati y’ibihugu byombi, Umunyamabanga wa Leta y’u Rwanda muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko impande zombi zifite ubushake bwo kumvikana.
Abanyamuryango ba koperative KABOKU y’abahinzi mu cyanya cya Kagitumba bavuga ko biteze umusaruro mwinshi kuko basigaye bicururiza inyongeramusaruro.
Umuhanzi nyarwanda Lambert Mugwaneza uzwi nka Social Mula yagaragaye ku rutonde rw’abahanzi 10 bashyizwe mu cyiciro cya nyuma cy’abahanzi b’Abanyafurika bahatanira ibihembo byitwa Prix découvertes bitanagwa na Radio mpuzamahanga y’Abafaransa RFI.
Abafana b’ikipe y’umupira w’amaguru ya Mukura Victory Sports, baravuga ko ikipe yabo yihesheje agaciro na bo ikakabahesha nk’abafana.
Kuri uyu wa mbere tariki 16 Nzeri 2019, hirya no hino mu turere hazindukiye amatora y’abakandida Senateri, bagomba guhagararira intara n’umujyi wa Kigali.
Kuva mu cyumweru gishize, bamwe mu bahanzi batsindiye ibihembo bya Salax Award 2019, bagaragaje ko batishimiye kuba kugeza ubu batarahabwa amafaranga yagombaga guherekeza ibikombe bahawe. Ibi bihembo bya Salax Award, byateguwe na AHUPA, ifitanye amasezerano na ‘Ikirezi Group’ yo kubitegura mu gihe kingana n’imyaka 3, (…)
Benimana w’imyaka 19 avuye muri gereza za Uganda avuga ko Abanyarwanda bafungiweyo barimo kwicwa urw’agashinyaguro, ndetse ngo hari uwazize utwuma twogeshwa amasafuriya (sitiruwaya).
I Kigali mu Rwanda kuri uyu wa 16 Nzeri 2019 hatangiye ibiganiro hagati y’u Rwanda na Uganda bigamije gushakira umuti ibibazo bimaze iminsi hagati y’ibihugu byombi.
Hari amatangazo anyuranye akunze guca ku bitangazamakuru, avuga ko umuyobozi runaka ashinjwa n’Urwego rw’Umuvunyi kwigwizaho imitungo, kuruhisha imitungu imwe n’imwe, kudaha uru rwego ibisobanuro ku mitungo runaka.
Ishyirahamwe Nyarwanda ry’abaganga bavura abana (RPA) rihamya ko iterambere mu buvuzi ryatumye impfu z’abana bato zigabanuka ugereranyije no mu myaka 15 ishize.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ku gicamunsi cyo ku cyumweru 15 Nzeri 2019 yakiriye Alex Azar, Minisitiri w’Ubuzima wa Leta zunze ubumwe za Amerika, bakaba bagiranye ibiganiro ku bikorwa by’ubuzima birimo kurwanya icyorezo cya Ebola gikomeje kwibasira Uburasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Mu mukino wa nyuma w’irushanwa ry’Agaciro, Mukura itsinze Rayon Sports ibitego 2-1 yegukana igikombe
Mu mukino wo guhatanira umwanya wa gatatu wabereye kuri Stade Amahoro, Police FC itsinze APR igitego 1-0
Hari impamvu nyinshi zituma umubyeyi abasha kumva ko umwana akwiye gutungwa n’amashereka gusa kuva akivuka kugera ku mezi atandatu, ari nayo mpamvu umubyeyi akwiye gusobanukirwa neza uburyo bwo gukama no gusiga amashereka yatunga umwana mu gihe runaka amara batari kumwe.
Polisi y’igihugu irakangurira abantu bose bifuza kwiyandikisha gukorera uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga ko guhera tariki ya 13 Nzeri mu masaha ya saa cyenda (15h00) hafunguwe imirongo yo kwiyandikisha, ikaba isaba buri wese ubyifuza kudacikwa n’aya mahirwe.
Polisi y’igihugu ishami rishinzwe kurwanya inkongi z’umuriro, iributsa abaturage ko igihe bamaze gukoresha ibikoresho bikoresha amashanyarazi bakwiye kwibuka kubicomokora no kubizimya mbere yo kuva aho bari bari.
Kuwa gatandatu tariki ya 14 Nzeri 2019, inama ya biro politiki y’Umuryango FPR Inkotanyi yabereye i Rusororo ku cyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi.
Korari ‘Abarinzi’ ya ADEPR yavaga mu mujyi wa Kigali yerekeza ku Buhanda mu Karere ka Ruhango kubwiriza ubutumwa yakoze impanuka igeze mu murenge wa Kabagari mu Karere ka Ruhango perezida wayo n’undi muririmbyi umwe bahita bitaba Imana.
Mu mukino ubanza wa CAF Confederation Cup, AS Kigali inganyije na Proline igitego 1-1 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Mukagasana Violet, umubyeyi wa Niyomugabo Alphonse warumwe n’igitera arasaba Leta ubushobozi bwo kuvuza umwana we kuko atishoboye.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame avuga ko mu mbogamizi zabuza ubukungu bw’igihugu gukomeza kuzamuka harimo ihohoterwa n’impanuka.
Ubuyobozi bwa Gahunda y’Igihugu igamije kwihutisha ihangwa ry’imirimo idashingiye ku buhinzi NEP, butangaza ko mu myaka itanu bumaze guha ubumenyi mu byiciro bitandukanye urubyiruko rubarirwa mu 45,000.
Komisiyo ishinzwe kugenzura ikoreshwa ry’umutungo wa Leta mu nteko ishinga amategeko (PAC) yatunguwe no kumva urwego rwakabaye ruteza imbere uburezi, rugaragara mu makosa y’imitangire y’amasoko bikagira ingaruka ku myubakire y’amashuri.
Ubuyobozi bw’urugaga rw’abahanga mu by’imiti mu Rwanda, buratangaza ko abakora serivisi za farumasi cyangwa se abatanga imiti badafite abahanga mu by’imiti baba batanga uburozi aho gutanga imiti.
Niringiyimana Emmanuel wo mu murenge wa Murambi mu karere ka Karongi, wamenyekanye cyane ubwo yakoraga umuhanda ureshya n’ibirometero birindwi wenyine, yatangaje ko agiye guhunga agace atuyemo akigira kuba muri Kigali, kubera umutekano mucye.
Mu mvura yaguye ku gicamunsi cyo kuwa gatanu 13 Nzeri 2019, inkuba yakubise Jonathan Mpumuje wari ucumbitse mu mu mudugudu w’Agasharu, Akagali ka Rukira, Umurenge wa Huye arapfa.
Ikipe ya Rayon Sports yageze ku mukino wa nyuma w’irushanwa ry’Agaciro itsinze Police Fc kuri Penaliti
Abacuruzi bakorera mu nyubako ya Champion Investment Corporation (CHIC), mu Mujyi wa Kigali baratangaza ko ubuyobozi bw’iyi nyubako bwababereye nk’umubyeyi, kuko ubu bakora ubucuruzi bwabo mu mutekano kandi batangiye kubona abakiriya.
Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA) itangaza ko mu gihugu cya Tanzania, kimwe mu bigize uwo muryango, hagaragaye indwara yo mu bwoko bw’ibicurane yitwa ‘Dengue Fever’, ngo ikaba na yo igomba kwitonderwa n’ubwo idafite ubukana nk’ubwa Ebola.
Umuyobozi wa IPRC Karongi Ing. Paul Umukunzi yatangaje ko umunyeshuri witwa Mugiraneza Jean Bosco yamaze kwemererwa kwiga muri kaminuza ashaka ku isi igihe azaba yarangije amashuri yisumbuye kubera porogaramu yakoze.
Nyuma y’inkubiri yo kwegura kw’abayobozi b’uturere tumwe na tumwe mu minsi ishize, mu karere ka Nyamagabe ho ntihasezeye abayobozi b’akarere, ahubwo abakozi 10 bo ku nzego zitandukanye nobo basezeye ku mirimo yabo.
Mu mukino wa mbere w’irushanwa ry’Agaciro, APR itsinzwe na Mukura kuri Penaliti nyuma yo kunganya 2-2.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima RBC kiratangaza ko nta mpungenge Abanyarwanda bakwiye kugira ku kuba urukingo rwa Ebola rwabonetse rutaremezwa ku rwego mpuzamahanga.
Mbere y’umukino wa Confederation Cup uzahuza AS Kigali na Proline ku munsi w’ejo kuwa gatandatu 14 Nzeri 2019, Nlog Makoun Umunyakameroni ukinira AS Kigali nyuma yo kubona ibyangombwa, yahigiye guca umuhigo wa Rayon Sports ageza kure iyi kipe mu mikino nyafurika.
Ishuri rya IPRC-Musanze riherereye mu Karere ka Musanze rikomeje imishyikirano n’igihugu cy’u Bushinwa, imishyikirano iganisha ku guhabwa inkunga muri gahunda yiswe ‘Luban Workshop’ igenewe guteza imbere amasomo y’ubumenyingiro.
Harerimana Jean Paul w’imyaka 31 avuga ko ari muri Uganda yijejwe guhabwa akazi keza ariko yisanga muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu myitozo y’igisirikare kigamije kurwanya u Rwanda.
Urubanza umukobwa witwa Kamali Diane aregamo Umuyobozi wa televiziyo Goodrich, Dr Habumugisha Francis, rwatangiye kuburanishwa kuri uyu wa gatanu tariki 13 Nzeri 2019.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafashe babiri bakekwaho gucura umugambi no kwica Imanishimwe Sandrine, barimo uwahoze ari umukunzi we.
Abatuye mu Kagari ka Rango A mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye bibaza niba hari igihe bazizera ko bashobora kubona ibyangombwa byo kubaka nta nkomyi.
Komisiyo y’Abadepite ishinzwe kugenzura imikoreshereze y’imari n’umutungo by’Igihugu (PAC) kuri uyu wa kane tariki 12 Nzeri 2019 yakiriye Ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi (REB) kugira ngo cyisobanure ku bikubiye muri raporo y’umugenzuzi w’imari ya Leta.
Abasore n’inkumi bize imyuga mu kigo cy’urubyiruko cya Gisagara (Yego center) bavuga ko bafite intego yo kwigira, ariko ko kubona igishoro gikenewe bitaboroheye.
Mu gihe isi igihanganye n’ingaruka z’ihungabana ry’ubukungu ryo muri 2008, Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr. Edouard Ngirente avuga ko uburyo bwonyine bwo kurandura iki kibazo ari agushishikariza abantu bose gukorana n’ama banki.
Buri mwaka nyuma y’uko abanyeshuri basoza icyiciro cy’amashuri abanza, abasoza icyiciro rusange n’abasoza icyiciro cya kabiri cy’ayisumbuye bakora ibizamini bya Leta, hakurikiraho kubikosora.
Urugaga rw’imiryango irwanya indwara zitandura mu Rwanda ruratangaza ko ibitera indwara zitandura bicuruzwa amafaranga menshi ku isi bikanatanga imisoro n’amahoro menshi kuri za Leta, ku buryo bitacika.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi Mashami Vincent, yahamagaye abandi bakinnyi 11 bagomba gutegura umukino wa Ethiopira wo gushaka itike ya CHAN