Perezida Kagame atangaza ko umunsi wahariwe ukwibohora kwa Afurika wibutsa Abanyafurika umuco ubaranga ariko by’umwihariko ukanabibutsa akazi kabategereje ko kugera ku kwibohora nyako.
Umuyobozi wungirije w’ihuriro ry’ibitangazamakuru bya Afurika bikoresha amajwi n’amashusho (Africa Union of Broadcasting), Arthur Asiimwe, asanga itangazamakuru rikeneye ishoramari ngo rigire uruhare mu kwibohora kwa Afurika.
Clare Akamanzi, umuyobozi mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) yavuze ko abanenze u Rwanda kuba rwararekuye akayabo rukamamaza ubukerarugendo rukoresheje Arsenal hari ibyo birengagiza cyangwa batumva.
Umubano w’u Rwanda na Ethiopia wageze ku yindi ntera nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu Abiy Ahmed agabiye Perezida Kagame inka akanamumenyesha ko atari Perezida w’u Rwanda gusa.
Amakuru agera kuri Kigali Today aravuga ko ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 25 Gicurasi 2018 Mudaheranwa Juvenal wayoboraga Akarere ka Gicumbi n’abamwungirije bose beguye ku mirimo yabo.
Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi muri Ethiopia, yatemberejwe na Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu Dr. Abiy Ahmed ahahariwe inganda.
Abahinzi b’ibigori bo mu Murenge wa Kibeho muri Nyaruguru bemeza ko bagiye kugera ku bukire kuko babonye isoko ry’ibigori byabo rihoraho kandi ku giciro bishimira.
Abagore barashishikarizwa kwiyandikisha mu ba mbere kuri lisiti z’itora,mu gihe usanga akenshi bagaragara ku migereka n’ubwo baba bitabiriye ku kigero gishimishije.
Rev. Dr. Antoine Rutayisire ari mu babona ko Abanyarwanda bakeneye abajyanama bashinzwe kubamenyera ejo hazaza, ariko batari abaraguza umutwe.
Kuri uyu wa 25 Gicurasi 2018, Akarere ka Ruhango kamaze kubona Komite Nyobozi nshya isimbura iherutse kwegura.
Ku munsi wa 25 wa shampiyona y’umupira w’amaguru m’u Rwanda,mu mikino umwe wabaye kuri uyu wa kane wahiriye APR FC nyuma yo gusura Musanze FC ikayitsinda ibitego 2-1.
Rwakazina Marie Chantal ni we utororewe kuyobora umujyi wa Kigali, akaba asimbuye Nyamulinda Pascal weguye ku mpamvu ze bwite.
U Rwanda rwatangiye kwinjira muri gahunda yo guca burundu amacupa ya palasitike yari asanzwe ashyirwamo amazi, igikorwa cyatangiriye mu bigo byose bya leta.
Mu mpera z’iki cyumweru hateganyijwe imikino itandukanye, aho ikipe y’igihugu y’amagare ariyo yonyine irihanze y’u Rwanda
Perezida Paul Kagame yakiriwe na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Dr. Abiy Ahmed, nyuma yo kuva mu Bufaransa aho yari yitabiriye inama ku ikoranabuhanga ya VivaTech.
Ingabo z’u Rwanda zibungabunga amahoro muri Centrafrique (MINUSCA) zakoze igikorwa cy’umuganda wo gusukura Umurwa mukuru Bangui.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) itangaza ko abacuruzi 30 bo muri Kigali bahanwe bazira gucuruza sima ku giciro kiri hejuru y’icyagenwe bitwaje igabanuka ryayo ku isoko.
Minisitiri ushinzwe iterambere ry’Umurango n’Uburinganire (MIGEPROF), Nyirasafari Esperence asanga ari ubugwari kuba umugabo yahunga ibibazo by’umuryango akigira mu kabari cyangwa akibera mu kazi kandi umuryango umukeneye.
Umuvugizi w’ ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SSP Jean Marie Vianney Ndushabandi, atangaza ko kuva mu ntangiriro za 2018, abantu 138 bapfuye, naho 246 bagakomereka bikomeye bazira impanuka zo mu muhanda.
Ndandu Marcel, Umunyamabanga Nshingabikorwa w’Umurenge wa Rurembo mu Karere ka Nyabihu, yagaragaye yikoreye umutwaro w’inkwi yari yakiriye umucecuru bitangaza benshi mu bamubonye.
Kayiranga Baptiste yamaze kwerekeza mu ikipe ya Alliance Sports Club yo mu cyiciro cya mbere muri Tanzania
Uwihanganye Jumaine atanga ubuhamya bw’ukuntu yatemaguye Mukamuyango Xaverine mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi akamusiga aziko yapfuye, ariko ubu akaba ari umwe mu nshuti ze magara.
Urugaga Nyarwanda rw’abikorera(PSF) rwatangaje ko imurikagurisha mpuzamahanga rya 21 riteganijwe gutangira muri Nyakanga uyu mwaka rizamara ibyumweru bitatu.
Guverineri wungirije wa Banki nkuru y’Igihugu (BNR), Dr Monique Nsanzabaganwa yemeza ko mu Rwanda umuco wo kuzigama ukiri hasi kuko ubu 13.8% gusa ari bwo bwizigame bw’igihugu.
Perezida Paul Kagame yahishuye ko u Rwanda rwasabwe gutanga umukandida uzayobora umuryango w’ibihugu bivuga Igifaransa.
Ikipe ya Rayon Sports yongeye gushimisha abafana, ubwo yatsindaga Etincelles ikanayisezerera mu gikombe cy’Amahoro kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Mu Ntara y’Amajyepfo harabarurwa impanuka 250 zahitanye abantu barenga 50,zinakomeretsa abagera 180,kuva muri Mutarama kugeza muri Mata 2018.
Perezida Paul Kagame uri mu Bufaransa yakiriwe na mugenzi we Emmanuel Macron mu ngoro akoreramo ya Elysée.
Togo yasinyanye amasezerano n’u Rwanda arwemerera gukoresha ibibuga by’indege byose by’icyo gihugu, ibyo ngo bikazatuma ubwikorezi bworoha ku buryo n’ibirayi by’u Rwanda byacuruzwayo.
U Rwanda ruzifatanya n’ibihugu byo muri Afurika mu kwizihiza umunsi wo kwibohora kwa Afurika uzizihizwa ku wa Gatanu tariki 25 Gicurasi 2018.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) rwakoze amateka rukorana amasezerano n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza,ayo masezerano azatuma iyo kipe yamamaza u Rwanda mu gihe cy’imyaka itatu.
Perezida Kagame ategerejwe i Paris mu Bufaransa kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Gicurasi 2018, uruzinduko rwa kabiri aba ahagiriye nyuma y’imyaka itatu.
Mu mukino w’umunsi wa 24 wa Shampiona, Kiyovu ku Mumena ihanyagiriye AS Kigali ibitego 4-1, iyibuza gufata umwanya wa mbere
Minisitiri w’Ibikorwa remezo n’ubwikorezi muri Togo, Ninsao Gnofam, yavuze ko bitumvikana uburyo Rwandair ku rwego rw’imitangire ya serivisi igezeho hari ibihugu bikiyima aho gukorera.
Ishuri ribanza ryitwa Jean Depaepe ry’i Musambira muri Kamonyi ryashingiye kuri gahunda yiswe gir’inka, rikaba ryoroza urukwavu umwana wese urangiza kuryigamo.
Muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 hagaragayemo ubugome ndengakamere hirya no hino mu Rwanda, bimwe byagiye bivugwa ariko hari n’ibigenda bimenyekana nyuma y’imyaka 24.
Nyuma y’aho ikipe y’igihugu ya Handball yakiriwe muri Gare ya Nyabugogo, MINISPOC iratangaza ko yiteguye kuyishyigikira mu marushanwa bafite imbere
Ikigo cya East Africa Commodities Exchange (EAX) cyazanye uburyo bwo gufasha abahinzi b’Icyayi n’Ikawa kubona ku nguzanyo.
Imikino itarakiniwe igihe muri Shampiona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, yamaze gushyirwa muri Kamena 2018, mu nama yahuje abayobozi b’amakipe
Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Henry Rao Hongwei, yemeza ko kuza gukorera mu Rwanda byorohejwe n’uruzinduko Perezida Paul Kagame yagiriye mu gihugu cye.
Abana bahuguwe n’umuryango CVT (Children’s Voice Today) ku ruhare rwabo mu ngengo y’imari bemeza ko nta byifuzo byabo bizajya bipfukiranwa kuko bazajya babyikurikiranira.
U Rwanda rwizeye inyungu mu gukoresha ibibuga by’indege bya Ghana, aho Rwandair izajya izenguruka muri icyo gihugu no hanze yacyo.
Abagore babiri batuye mu Murenge wa Gihundwe mu kagali ka Kagara mu Mudugudu wa Rubenga I, barwanye bapfa umugabo umwe ahasiga ubuzima.