U Rwanda n’u Burusiya bisangiye umubano ushingiye ku mikoranire myinshi muri politiki ariko ubufatanye mu bya gisirikare ni bwo buza ku isonga.
Umwe mu bana bahoze ari inzererezi, araburira abandi ko kuba mu muhanda biteza ibyago birenze gutoterezwa mu miryango.
Mu Rwanda hagiye kubakwa ikigo gikomeye kizavura indwara zitandukanye z’umutima, bikazatuma abajyaga kuwivuriza hanze bahenzwe babona ubuvuzi hafi.
Perezida Paul Kagame atangaza ko ashimishijwe cyane n’ubwiyongere bw’ingagi zo mu Birunga, nyuma yo kwiyongeraho 25% mu myaka umunani gusa.
Abari baturiye ibitaro bya Kabutare kimwe n’abahahungiye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bavuga ko ibi bitaro byiciwemo Abatutsi benshi.
Mu mukino w’ikirarane wahuje Rayon Sports na Police Fc, urangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1 kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burusiya Sergey Lavrov ategerejwe mu Rwanda kuri iki cyumweru tariki 3 Kamena 2018.
Ibigo bicunga umutekano byo mu Rwanda n’ibyo mu Budage basinyanye amasezerano y’imikoranire mu guhana imyitozo, igikorwa kitezweho kuzamura ubunararibonye bw’ayo mu Rwanda.
Vuguziga Innocent umaranye imyaka myinshi ubumuga bwo kutabona, abasha gukoresha mudasobwa zikoreshwa n’ababona ndetse akaba ari n’umwarimu w’ikoranabuhanga (ICT).
Umunyarwanda Bonaventure Uwizeyimana niwe ukomeje kuyobora isiganwa ribera muri Cameroun, aho ayoboye urutonde rusange kugeza ubu.
Umuryango FPR-Inkotanyi wateguje abanyamuryango bawo ko ugiye guha amahirwe abifuza kuzawuhagarira mu matora y’Abadepite muri NZeri 2018.
Abanyarwanda batuye i Burayi batangiye gukoranaho ngo bazahe ikaze Perezida Paul Kagame uzitabira inama izaba yiga ku iterambere ry’uwo mugabane.
Kamili Athanase wari usanzwe ari umunyamakuru w’Ikigo cy’igihugu cy’Itangazamakuru (RBA) ni we wasimbujwe Jean Claude Karangwa Sewase wari umaze iminsi itandatu ku buyobozi bw’Akarere ka Gicumbi.
Intumwa idasanzwe y’Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Amajyepfo David Shearer,ari mu Rwanda mu ruzinduko rugamije kuganira ku ngabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Amajyepfo.
Ihuriro ry’amasosiyete akora iby’ikorabuhanga mu Bufaransa "French Fintech", rigiye kubaka mu Rwanda icyicaro, kizagenzura ibikorwa byose izakorera muri Afurika.
Yankurije Collette yicuza ubuzima bwose yabayeho atazi gusoma no kwandika, akavuga ko iyo aza kuba yarize ubuzima bwe butari kuba bwaramukomereye nk’uko byagenze.
Jean Claude Karangwa Sewase wari wagizwe umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Gicumbi yayise yegura nyuma y’iminsi itandatu gusa agiriwe icyizere na Njyanama.
Impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu (CLADHO), isanga amafaranga agenerwa abana ashyirwa mu ngengo y’imari ya Leta akiri make, ibyo bigatuma batitabwaho bihagije.
Ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi bugaragaza ko, zimwe mu mvugo abayiteguye bakanayishyira mu bikorwa mu 1994 bakoreshaga, bazikomora ku bakurambere babo bazwiho kwimakaza urwango ku Batutsi.
Inama njyanama y’Akarere ka Huye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 31 Gicurasi 2018, yateranye inenga imikorere ya Komite nyobozi y’Akarere, iyitakariza icyizere, inafata icyemezo cyo kuyihagarika ku kazi.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) hamwe n’Umuryango ‘Humanity and Inclusion (HI), baravuga ko gushakana no kubyarana kw’abantu bataziranye biri mu biteza ihohoterwa.
Igitego cya Mugisha Gilbert cyahaye Rayon Sports amanota atatu imbere ya AS Kigali, mu mukino w’ikirarane wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Abanyamuryango ba Koperative Nyamirundi ikora ubucuruzi bw’Ikawa mu Karere ka Nyamasheke, barasaba ubuyobozi bw’Akarere kubagaruriza umutungo usaga Miliyoni 16 z’amafaranga y’u Rwanda, bavuga ko zanyerejwe na Perezida wa Koperative yabo ndetse n’umucunga mutungo wayo.
Amakuru agera kuri Kigali Today aremeza ko Komite nyobozi y’Akarere ka Nyagatare yari igizwe na Mupenzi George wayoboraga Akarere, Kayitare Didace wari ushinzwe ubukungu ndetse na Musabyemariya Domitile wari ushinzwe imibereho myiza bamaze kwegura.
Polisi y’igihugu ivuga ko mu kwezi izamara mu bikorwa yahariye abaturage, igomba gufatanya n’inzego z’ibanze kurandura ibyaha mu midugudu.
Minisiteri y’Ubuzima itangaza ko ikoreshwa ry’udukingirizo na gahunda yo gufasha ababyeyi banduye virusi itera SIDA kubyara abana bazima (PMTCT) byahagaritse ubwiyongere bwa SIDA.
Banki ya Kigali (BK) ivuga ko ishingiye ku nyungu ibona, hamwe n’ikoranabuhanga ryiswe “Singombwakashi”, izagabanya inyungu yaka ku nguzanyo iha abayigana.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) yatangaje ko itegeko rirebana n’intwaro u Rwanda rugenderaho ridasobanuye ko kuzitunga, kuzicuruza no kuzikora byoroshye ku buryo uwo ari wese yabyemererwa.
Umwe mu bakandida biyamamariza kuyobora Zimbabwe witwa Nelson Chamisa yatunguranye, atangaza ko yaba yarafashije Perezida Paul Kagame mu guteza imbere u Rwanda.
Utekereza gukorera Jenoside abantu, abanza kubagira babi, akabitirira ikibi cyose gishoboka, kugira ngo uzabica azumve ko akoze igikorwa cyiza cyo kwikiza abantu babi.
Ellen DeGeneres umunyamakuru ukomeye muri Leta zunze Ubumwe za Amerika usanzwe ufite ibikorwa mu Rwanda byo kwita ku ngagi yakiriwe na Perezida Paul Kagame.
Umuhanzi Bonhomme arategura igitaramo cyo gushimira Inkotanyi zahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, zikagarura amahoro mu Banyarwanda, ndetse zikanasubiza icyizere abumvaga ubuzima bwabarangiriyeho bategereje kwicwa.
Amakipe ahatanira kudasubira mu cyiciro cya kabiri akomeje kwiyongera, aho kugeza ubu amakipe atandatu yose arebeye nabi ebyiri zamanuka mu cyiciro cya kabiri
Nyuma y’ikibazo cy’amikoro cyavuzwe mu ikipe ya Miroplast, iyi kipe ngo irateganya kwandikira ubuyobozi bwa Ferwafa isezera muri Shampiona y’uyu mwaka
Umuryango uharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 IBUKA, uratangaza ko abacitse ku icumu batazongera gusaba amakuru y’ahajugunywe imibiri y’ababo.
Abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bavuga ko yatewe n’ihanurwa ry’indege y’uwahoze ari Pereziza w’Igihugu Habyarimana Juvenal ariko amateka agenda agaragaza ibihabanye.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko mu Rwanda abana 12% bakirwara impiswi kubera amazi mabi akoreshwa mu miryango yabo.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Dr. Alvera Mukabaramba yiyemeje kwikurikiranira imikorere ya Komite nyobozi nshya y’Akarere ka Ruhango.
Impera z’iki cyumweru gishize, zisize ikipe ya Mukura naKiyovu zitakaje, Miroplast ibura ku kibuga, naho APR BBC na REG zegukana irushanwa mpuzamahanga ryo kwibuka
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi iravuga ko ibigega bishinzwe kugoboka abaturage bahuye n’ibibazo byuzuye ibiribwa, ku buryo nta muturage wahombejwe n’ibiza uzasonza.
Madame Jeannette Kagame arashimira abakomeje kugira uruhare mu gusobanurira amahanga jenoside yakorewe Abatutsi bifashishije ibimenyetso bifatika.
Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera Nsanzumuhire Emmanuel n’abamwungirije bose beguriye icyarimwe, bakaba bakurikiye inkundura y’abayobozi b’uturere bamaze igihe begura.
Ikipe ya Miroplast ibuze ku kibuga mu mukino wagombaga kuyihuza na Rayon Sports kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Chorale de Kigali imenyerewe mu ndirimbo zo guhimbaza Imana mu idini gatulika, yibutse abahoze ari abaririmbyi bayo bagera kuri 23 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ubuyobozi bwa IPRC-Huye buvuga ko n’ubwo bivugwa muri iri shuri ryahoze ari iry’aba sous-officiers (ESO) hiciwe abatutsi benshi, nta mubiri barahabona.
Minisitiri wa Siporo n’Umuco mu Rwanda, Uwacu Julienne ashishikariza abanyafurika kwandika no gusoma amateka n’umuco bya Afurika kuko byongera ubumenyi bikanagaragaza aho Afurika yavuye n’aho yerekeza.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) itangaza ko harimo gutegurwa uburyo bw’ikoranabuhanga buzajya bwifashishwa hagamijwe guca amanyanga yabaga mu kurangiza imanza.