Gutangira guteranya imodoka za VW mu Rwanda byigijweho inyuma ukwezi
Uruganda rw’Abadage VolksWagen (VW) rukora imodoka ngo ruzatangira guteranyiriza imodoka za rwo mu Rwanda muri Kamena aho kuba mu mpera za Gicurasi nk’uko byari byitezwe.

Muri Mutarama uyu mwaka, umuyobozi w’uru ruganda muri Africa y’Epfo, Thomas Schaefer, yari yatangaje ko guteranyiriza izo modoka mu Rwanda bishobora gutangira mbere y’uko ukwezi kwa gatanu kurangira.
Ibi yabivuze ubwo yasobanuriraga abanyamakuru kuri uyu mushinga uru ruganda rufite wo kwinjira ku isoko ryo mu Rwanda.
Icyo gihe yavuze ko urwo ruganda ruzatangira guteranyiriza imodoka mu Rwanda ruhereye ku modoka zo mu bwoko bwa VW Polo, VW Passat [zo mu bwoko bwa Sedan] na VW Teramont (SUV).
Mu nama ya Transform Africa 2018 iri kubera i Kigali hagaragaye imodoka z’ubwoko bwa VW Passat ziri gutwara abantu bitabiriye iyo nama zibavanye ku kibuga cy’indege cya Kanome zibajyana kuri Kigali Convention Center ahari kubera inama.

Bamwe mu babonye izo modoka bavugaga ko zigaragaza ko uruganda VW rwaba rwamaze gutangiza imirimo yo guteranyiriza imodoka mu Rwanda.
Ariko Michaella Rugwizangoga uhagarariye VW mu Rwanda yavuze ko igihe cyo gutangira guteranyiriza imodoka za VW mu Rwanda cyigijwe inyuma, bikazatangira mu kwezi kwa Kamena 2018.
Abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter yagize ati “Izi modoka (VW Passats) zavanywe hanze mu rwego rw’ubufatanye uruganda rwa VW rufitanye n’inama ya Transform Africa.
Uru ruganda rwatangaje ko ruzaha akazi abakozi 1000 nirutangira gukorera mu Rwanda. Biteganijwe ko mu Rwanda ruzatangirana ingengo y’imato ya miriyoni 20 z’amadollars.
Mu mwaka wa 2016, nibwo Leta y’u Rwanda yagiranye amasezerano n’uruganda rwa Volkswagen, yo gutangiza uruganda mu Rwanda ruteranya imodoka
Inkuru zijyanye na: TransformAfrica2018
- U Rwanda ruzifashishwa mu gusakaza intenet ya 4G mu karere
- VIDEO: Umunya Niger yahigitse 5 yegukana irushanwa rya Ms Geek Africa 2018
- Umunya Niger yahigitse 5 yegukana irushanwa rya Ms Geek Africa 2018
- Drones zigiye gutangira kwifashishwa mu kuvugurura imibereho y’Abanyarwanda
- Urubyiruko rwasabwe gufata iya mbere mu gukemura ibibazo birwugarije
- Perezida Kagame atangiza Transform Africa 2018 yashimangiye ko Africa idakennye
- Imyumvire ihejeje Abanyafurika mu bukene - Perezida Kagame
- Ijambo Perezida Kagame yageje ku bitabiriye umuhango wo gutangiza Transform Africa 2018
- Ikoranabuhanga ni ryo rizihutisha ukwihuza kwa Afurika – Perezida Kagame
- Amakiriro ya Afurika ashingiye ku murongo mugari wa Internet – Perezida Kagame
- Ibintu 5 bitandukanya Transform Africa n’izindi nama
Inkuru zijyanye na: Volkswagen
- Kuba u Rwanda rutajenjekera ruswa ni kimwe mu byatumye Volks Wagen yemera gukorana na rwo
- U Rwanda rwamuritse ku mugaragaro uruganda ruteranya imodoka
- Imodoka yabonye ari umwana, ibaye iya mbere ikorewe mu Rwanda ari Perezida
- Siemens igiye gutera ikirenge mu cya Volkswagen ishora imari mu Rwanda
- Imodoka zikorewe mu Rwanda ziraba ziri ku isoko mu mwaka umwe
- 2017 izasiga hari imodoka za Volkswagen zateranyirijwe mu Rwanda
- Volkswagen igiye gutangiza uruganda ruteranya imodoka mu Rwanda
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Muraho
twishimiye uru Ruganda kuba ruje mugihugu cyacu. ariko mubyukuri igitecyerezo cyanjye nuko baduha akazi nkatwe twize ka Mechanic.
dusaba ko mwaduha uburyo twasaba akazi mururu Ruganda
mukuduha address cgw urubuga tukagira uko dusaba akazi