Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda Vincent Munyeshyaka yihanangirije abacuruzi ba Sima y’u Rwanda ko badakwiye guhenda abaturage bitwaje ko yabuze.
Mu irushanwa rya Handball rihuza ibihugu bigize akarere ka Gatanu, u Rwanda rutsinze Uganda rwegukana igikombe
Mu isiganwa mpuzamahanga ryitiriwe amahoro ryabereye mu Rwanda, Nyirarukundo Salome na Hitimana Noel biegukanye imyanya ya mbere mu gice cya Marathon
Abanyeshuri biga muri kaminuza n’amashuri makuru anyuranye barasabwa kugira uruhare mu gukumira Jenoside n’ingengabitekerezo yayo kandi banabika amateka yayo mu nyandiko.
Benshi mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bavuga ko ari Imana yabahagazeho igatuma barokoka Jenoside yatwaye abarenga Miliyoni mu gihe cy’amezi atatu gusa.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside CNLG, avuga ko inyito zikoreshwa kuri Jenoside yakorewe Abatutsi zirimo ivuga ko Abatutsi bapfuye zigomba guhinduka, ngo kuko Abatutsi batapfuye urupfu rusanzwe, ahubwo bishwe.
Polisi y’u Rwanda iramenyesha abakoresha umuhanda Kigali-Gatuna bajya Uganda, ko kubera inkangu zangije uwo muhanda ku gice cya Kabale ahitwa Kyonyo muri Uganda, uwo umuhanda utari nyabagendwa.
Amavubi y’abatarengeje imyaka 20 yasezerewe na Zambia, mu guhatanira itike yo kwerekeza mu gikombe cy’Afurika kizabera muri Niger umwaka utaha.
Uwizeyimana Bonaventure ukinira ikipe ya Benediction Club yegukanye isiganwa ry’amagare ryiswe ”Farmers Circuit.”
Bamwe mu Banyarwanda bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka mu karere ka Rusizi, bavuga ko batakigira ipfunwe ryo kuganira ururimi rw’Ikinyarwanda muri Repuburika iharanira demokarasi ya Congo kubera umubano mwiza ibihugu byombi bifitanye.
Bamwe mu borozi bo mu karere ka Nyagatare bavuga ko abakiragira mu kigo cya gisirikare cya Gabiro bakwiye guhanwa nk’abanzi b’igihugu.
Simugomwa Stanislas wari wahungiye mu bitaro bya CHK (CHUK ubu) mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko kuyirokoka abikesha guhindura ahari handitse mu irangamuntu ye ko ari Umututsi, akandikamo ko ari Umutwa.
Mu rwego rwo korohereza abashoramari mpuzamahanga gushora imari yabo mu Rwanda, Banki ya Kigali igiye kurenza imipaka imigabane yayo, iyigeze ku isoko ry’imigabane rya Kenya.
Ingoro y’amateka yahoze ari inzu ya Perezida Juvénal Habyarimana yahinduwemo ingoro y’ubugeni n’ubuhanzi.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Ihuriro ry’uturere n’Umujyi wa Kigali (RALGA) bwerekanye ko abaturage 78.3% batagira uruhare mu igenamigambi n’ingengo y’imari y’ibibakorerwa.
Passy wahoze muri TNP afatanije na Butera Knowless bashyize hanze indirimbo yo mu njyana ya Zouk bise "Mbaye Wowe".
Mu mpera z’iki cyumweru mu Rwanda hateganijwe imikino itandukanye, ndetse n’amakipe atandukanye ari mu marushanwa hanze y’u Rwanda
Umubare w’abaturage baguraga gazi n’abayikoreshaga mu Rwanda urimo kugenda ugabanuka, kubera abayicuruza bakomeza kuzamura ibiciro byayo kandi bakabikora ku giti cyabo nta mabwiriza bahawe.
Minisitiri w’intebe Dr Edouard Ngirente, avuga ko mu bushakashatsi bwakozwe mu mwaka wa 2016, bugaragaza ko umubare w’abana bagwingira wagabanutse ku kigereranyo cya 13%.
Ibihugu bya Afurika bikomeje inzira yo kwishakamo ibisubizo mu kwicungira umutekano no guhosha amakimbirane hagati yabyo, bitegura igisirikare gifite ubumenyi buhanitse mu gucunga umutekano wa Afurika.
Ubushakashatsi bwakozwe na Minisiteri y’Ubuzima bwerekanye ko abana b’abahungu ari bo bakorerwa kenshi ihohoterwa ryo ku mubiri (gukubitwa) kuko ari 59.5%.
Umuhanzi Uwayezu Thierry utuye mu gihugu cya Afurika y’Epfo mu Mujyi wa Cape Town, yashyize hanze amashusho y’indirimbo yise “Mbabarira”, igamije gukangurira abagabo gucika ku muco wo guca inyuma abo bashakanye.
Ikipe y’igihugu ya Handball y’abatarengeje imyaka 20 inyagiye u Burundi ibitego 37 kuri 22, ihita ibona itike yo gukina 1/2 mu gikombe IHF Challenge Trophy kiri kubera muri Uganda.
Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 20 yamaze kugera i Lusaka muri Zambia, aho igomba gukina umukino wo kwishyura na Zambia kuri uyu wa Gatandatu
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yahakanye ko ifite gahunda yo gukuraho ibizami bya leta bisoza amashuri abanza n’ayisumbuye, ivuga ko ibyo Minisitiri wa MINEDUC yavuze byumvikanye uko bitari.
Abavoka bo mu Rwanda babangamirwa no kutemererwa gukorera mu bindi bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC) kandi ababikomokamo bo badakumirwa.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) ivuga ko abakekwaho kunyereza umutungo wa Leta,imitungo yabo izajya ifatirwa bakiri mu kazi.
Ikipe ya Rayon Sports inganyirije na Young Africans muri Tanzania ubusa ku busa, mu mukino wabereye muri Tanzania
Mu Rwanda hatangiye kubakwa uruganda ruzajya rukora imiti irimo amoko arenga ijana harimo igabanya ubukana bw’agakoko gatera Sida, igituntu na Malariya.
Umuryango "Never Again Rwanda"watangije umushinga ugamije kuzamura uruhare rw’abaturage mu miyoborere no mu bibakorerwa.
Rwandair yatangiye ingendo zerekeza mu Mujyi wa Cape Town muri Afurika y’Epfo, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Gicurasi 2018.
Abari bitabiriye inama yateguwe na Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) batunguwe no kubona injangwe igendagenda mu cyumba cy’inama yari yitabiriwe na Minisitiri w’Ubutabera Johnston Busingye.
Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ni yo Jenoside ya mbere mu mateka y’isi yahitanye abantu benshi mu gihe gito, kuko yatwaye abarenga Miliyoni imwe mu gihe cy’amezi atatu gusa.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangiye gusuzuma umushinga wo gukuraho ibizami bisoza amashuri abanza bizwi nka “Exetat”, abanyeshuri bakajya barangiza amashuli abanza bahita bakomereza mu yisumbuye.
Minisiteri y’ibikorwaremezo (MININFRA) yafashe ingamba zizihutisha imirimo ku buryo, mu ntangiriro cy’icyumweru gitaha umuhanda Kigali-Gatuna uzongera ukaba nyabagendwa.
Urubyiruko rwibukijwe ko amahirwe rwagize yo kuvuka igihugu cyaraciwemo amacakubiri, rutagomba kuyapfusha ubusa ngo rube rwasubiza igihugu aho cyahoze.
Bamwe mu banyeshuri bo mu Karere ka Kamonyi bavuga ko mu bituma bareka ishuri harimo kwimwa ifunguro rya ku manywa bakajya kwirwanaho hanze.
Abagabo bo mu Karere ka Rubavu bamaze gusobanukirwa akamaro ko kuboneza urubyaro ku buryo ngo atari ikibazo kuri bo ahubwo byungura imiryango yabo.
Benshi mu bapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, bavuga ko yatewe n’ihanurwa ry’indege y’uwahoze ari Perezida wa Repubulika, Habyarimana Juvenal.
Ubuyobozi bwa CECAFA bwamenyesheje ikipe ya Rayon Sports ko igomba kwitabira irushanwa rizatangira mu kwezi gutaha, guhera tariki ya 28 Kamena kugeza 12 Nyakanga 2018, rikabera i Dar -es-Salam mu gihugu cya Tanzania.
Minisitiri w’Ingabo Gen. James Kabarebe yemeza ko muri iki gihe iterambere ryageze hose, ingabo zidakwiye gusigara nta bumenyi buhagije zifite mu kurinda umutekano.
Umusore witwa Ngabo Francois Jean de Dieu ni umwe mu banyamideli bamaze kumenyekana mu Ntara y’Uburengerazuba kubera uko imyenda ya Kinyafurika.
Polisi y’igihugu yaburiye abashoferi bakoresha umuhanda wa Gatuma - Gicumbi - Kigali ko wangijwe n’ibiza utarimo gukora.
Mu irushanwa rya Handball ryitwa IHF Challenge trophy riri kubera Uganda, aho itsinze Uganda ibitego 30 kuri 29