Mu Rwanda kugeza ubu hari abaganga babaga mu mutwe batarenga bane bigatuma ibitaro bihorana urutonde rurerure rw’abashaka ubwo buvuzi.
Ministeri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yemereye abacuruzi bato gutangira inganda ariko bagaharanira kuzamukana ubuziranenge.
Ministeri y’Ubuzima (MINISANTE) ivuga ko itazategeka Abanyarwanda umubare w’abo buri wese yabyara, ahubwo itangaza ko hateganywa ikigega buri wese azazigamamo.
Nigeria nka kimwe mu bihanganye bya Afurika yatunguranye ntiyasinya ku masezerano yasinyiwe i Kigali, mu nama yari ihateraniye y’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe (AU).
Mu ntangiriro z’umwaka utaha ibihugu byasinye amasezerano yo kureka gukoresha ibikoresho bikonjesha (Air Condition na Frigo), bihumanya ikirere bizatangira kubisimbuza, bityo n’ibindi bihugu bitasinyeaya masezerano biboneraho kuyasinya.
Daniel Habanabakize, umusore w’imyaka 25, wo mu Murenge wa Mimuli mu Karere ka Nyagatare yatangiye umushinga wo gukora amagare y’abafite ubumuga none umwinjiriza asanga ibihumbi magana buri kwezi.
Ndizeye Jimmy na Kalisa Francois batozaga Espoir bamaze gusezererwa nyuma yo gushinjwa umusaruro muke mu gice cya mbere cya Shampiona y’uyu mwaka
Dr Ljubomir "Ljupko" Petrović utoza APR Fc aratangaza ko ikipe ye ifite ikibazo cy’ubusatirizi nyuma yo kunganya na Espoir Fc kuri uyu wa Gatatu
Bamwe bashobora kuba batangiye kwiruhutsa ngo “ya nama irarangiye, imihanda igiye kongera ibe nyabagendwa”, ariko hari ibintu bimwe idusigiye bitazibagirana mu buzima bwacu.
Muri tombola y’imikino ya Play-off muri CAF Confederation Cup, ikipe ya Rayon Sports itomboye Costa do Sol yo muri Mozambique.
Ishyirahamwe ry’Abanyarwanda baba mu Bufaransa ryamaganiye kure amagambo yavugiwe kuri Radio France Inter, apfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, aho yagereranyaga abishwe muri Jenoside n’ibigoryi.
Ibihugu bigize umugabane wa Afurika byahuriye i Kigali bisinya amasezerano atatu akomeye yo gufasha ibihugu bya Afurika gutahiriza umugozi umwe mu bukungu (AfCFTA).
Kuri uyu wa Gatandatu nibwo haza gutangira ku mugaragaro isiganwa rya Rwanda Cycling Cup rigera mu ntara zose z’u Rwanda
Umuyobozi mukuru w’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe Perezida Paul Kagame avuga ko inzozi zari zimaze imyaka 40 zabaye impamo nyuma y’amasezerano ari gusinyirwa i Kigali.
Muri tumwe mu tugari tugize Umurenge wa Muhima uherereye mu Karere ka Nyarugenge, abaturage barinubira Umutekano muke uterwa n’ubujura bukabije buharangwa, busa n’ubwananiranye ngo kuko bumaze kumenyerwa n’abatuye muri utu tugari.
Abanyamuryango 10 ba Sacco Dukire Ndego yo mu karere ka Kayonza bari mu rubanza baregamo uwahoze ari umucungamari n’uwari ushinzwe inguzanyo muri icyo kigo.
Kuri uyu wa Gatatu nibwo ikipe ya Rayon Sports iza kumenya ikipe bazahura muri 1/16 (play-off) cya CAF Confederation Cup muri Tombola ibera i Cairo
Kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo APR Fc iraza kwakira Espoir Fc idafite bamwe mu bakinnyi barimo Hakizimana Muhadjili
Umuyobozi wa Trade Mark East Africa yateze moto agiye gusinya amasezerano ya miliyari 45Frw z’inkunga iki kigo cyageneye Minisiteri y’Imari n’Ingenamigambi (MIECOFIN).
Olusegun Obasanjo yizera ko gusinya amasezerano akuraho amananiza mu bucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika ari ingenzi, ku buryo adashobora kwiyumvisha imitekerereze y’umuyobozi utakwifuza kuyasinya.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, umutoza Mashami Vincent yahamagaye Amavubi y’abatarengeje imyaka 20 agomba kuzakina na Kenya
Kaminuza eshanu z’ibihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC), ziraganira ku buryo iterambere ry’ubukungu ryajyana no kwita ku mibereho y’abantu.
Perezida Paul Kagame yamaze impungenge abakeka ko guteza imbere ubucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika bizakumira amahanga.
Perezida Paul Kagame yahaye ikaze Perezida wa Niger Mahamadou Issoufou wageze mu Rwanda bwa mbere , mu ba perezida bitabira inama y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU).
Mu gihe insengero zitujuje ibyangombwa zahagurukiwe zimwe zigahagarikwa izindi zigasabwa kubyuzuza kugira ngo habungwabungwe umutekano w’abazisengeramo, hari ahandi hantu hakunze gusengerwa na ho hakwiye kurebwaho.
Abayobozi batandukanye bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bemeza ko ingufu zikenerwa ahantu hatandukanye zikiri nkeya cyane kuko zitarenga Megawatts 4000.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo avuga ko gusinya amasezerano akuraho amananiza mu bucuruzi muri Afurika bikwiye kujyana n’ivugururwa ry’ayagenderwagaho mu bihugu.
Minisitiri w’Uburezi Mutimura Eugene yemeza ko kaminuza zo mu gihugu zidatanga amasomo yarufasha mu iterambere rirambye, ariko akemeza ko biterwa n’ubushobozi buke.
Nyuma y’umukino wo kwishyura Rayons Sport yatsindiwemo na Mamelodi Sundowns ibitego bibiri ku busa, Ambasaderi w’u Rwanda muri Afurika y’Epfo Vincent Karega ufite icyicaro mu Mujyi wa Pretoria, yabonanye n’ikipe ya Rayons Sport.
Uturere ngo tugira abakozi benshi cyane bigatuma abashinzwe kugenzura imikorere yabo bibagora ntibabashe kubakurikirana uko bikwiye, bikagira ingaruka no ku musaruro batanga.
Bamwe mu batuye Umujyi wa Kigali, baba abatwara imodoka zabo n’abatega, babyutse batungurwa na “embouteillage” mu mihanda yose ibarizwa muri Kigali.
Nyuma yo gusezererwa mu marushanwa ya CAF Confederation Cup, ikipe ya APR Fc ubu igiye gutangira gukina imikino y’ibirarane guhera kuri uyu wa Gatatu
Umutoza wa Rayon Sports w’agateganyo Ivan Minnaert agiye guhabwa amasezerano mashya nyuma yo gushima umusaruro we mu mikino mike amaze kuyitoza
Ikipe ya Rayon Sports ntiyabashije kubona itike yo kwerekeza mu matsinda ya CAF Champions League nyuma yo gutsindwa na Mamelodi Sundowns muri Afurika y’Epfo
Orchestre Salus Music Band igizwe n’abanyeshuri bakirangiza kaminuza y’u Rwanda, ije kumara inyota abakunzi b’umuziki w’umwimerere, kuko bemeza ko ugenda ukendera.
Banki y’u Rwanda (BNR) yakuyeho amananiza yo gutegereza iminsi igera kuri itatu kugira ngo umuntu abikuze amafaranga ari kuri sheki yo muri banki zitandukanye.
Serugo Shadrack (izina yahawe) umaranye diyabete imyaka 10 avuga ko yatakaje ibiro 50 kubera ukuntu iyo ndwara imubabaza ikamubuza amahwemo ikaba yaranamukenesheje.
Umuryango Imbuto Foundation usaba urubyiruko rwiga muri Kaminuza y’u Rwanda kwitabira gahunda yo kwiga kuvuga no kugaragaza ubumenyi bwabo mu ruhame.
Ikipe ya APR Fc yongeye gusezererwa itarenze umutaru n’ubwo yari ibashije gutsinda Djoliba ibitego 2-1 kuri Stade Amahoro
Abakangurambaga b’ubumwe n’ubwiyunge bahangayikishijwe n’uko n’ubwo Abanyarwanda bakomeza kugenda barushaho kubana neza kuva Jenoside yakorewe Abatutsi ariko iyo mu ngo ikarushaho kuba mibi.
Ministeri y’Ubutabera (MINIJUST) n’Abavoka basaba kudafunga umwana wese ukurikiranyweho ibyaha adafite umuntu umwunganira guhera mu bugenzacyaha.
Mu muhango wo gushyingura Mgr Bimenyimana Jean Damascene wabereye muri Diyoseze ya Cyangugu, intumwaya ya Papa mu Rwanda Mgr Andrzej Jozwowicz, yatanze ubutumwa bwoherejwe na Papa Fransisco, bufata mu mugongo umuryango w’abagatolika mu Rwanda wabuze umwe mu bashumba ba kiliziya.
Rayons Sport irahaguruka i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 17 Werurwe 2018, igana muri Afurika y’Epfo, mu mukino wo kwishyura wa CAF Champions League, uzayihuza na Mamelodi Sundowns.
Umunyarwanda Eric Eugène yambitswe umudali n’igikomangoma cya Wales HRH Prince Charles, kubera ibikorwa bye byo gukora ubukangurambaga ku bubi bwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Tombora igaragaza uburyo amakipe azahura muri 1/4 cy’amakipe yatwaye ibikombe iwayo ndetse n’andi akomeye mu Burayi (Champions League) imaze kuba kuri uyu wa Gatanu.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku mazi n’amashyamba (RWAFA) kiratangaza ko mu myaka itandatu iri imbere umugezi wa Nyabarongo uzaba urubogobogo.
Abaturage 70 batishoboye bo mu Murenge wa Gahanga muri Kicukiro bishimiye ko batazongera kurembera mu nzu kuko umuryango Rwanda Legacy of Hope wabishyuriye mituweri.
Ministiri w’Uburezi, Dr Eugene Mutimura yatashye inyubako za Kaminuza y’u Rwanda zikozwe mu mabuye y’ibirunga, zivugwaho kuzamara imyaka irenga 100 zitarasanwa.
Imwe mu nyubako za La Palisse y’i Gashora mu Karere ka Bugesera yakubiswe n’inkuba ku mugoroba wo kuri uyu wa kane, ihita ishya irakongoka.