Dore impamvu zatuma umwembe utabura ku ifunguro ryawe

Abahanga mu by’imirire bavuga ko ari byiza ko umuntu arya imboga n’imbuto kugira ngo agire ubuzima bwiza. Mu mbuto umuntu akwiye kurya harimo n’imyembe, akaba ari yo mpamvu twifuje kubagezaho bimwe mu byiza byo kurya urwo rubuto.

Ubundi umwembe ni urubuto rufite inkomoko mu mashyamba yo mu Buhinde, Pakistan no muri Birmanie, aho kugeza n’ubu bikimera aho mu mashyamba ya kimeza.

1. Imyembe ifasha mu kurwanya indwara ya kanseri

Nkuko tubikesha urubuga indiatimes.com, imyembe yifitemi ibyitwa “antioxidants” ari zo “quercetin”, “fisetin”, “isoquercitrin”,” astragalin”, “gallic acid” na “methyl gallate”. Izo zose ni zo zirinda umubiri w’umuntu gufatwa na kanseri y’ibere, kanseri y’urura runini, kanseri ifata mu myanya y’ibanga y’abagabo ndetse na kanseri y’amaraso.

2. Imyembe ifasha mu kuvana ibinure bibi mu mubiri

Imyembe yifitemo vitamine C nyinshi ikagira n’ibyitwa “fibre na pectin”. Ibyo ni byo bituma umwembe ari urubuto rwiza rufasha mu kugenzura ingano y’ibinure mu mubiri.

3. Imyembe ifasha mu gusukura uruhu

Ikindi kintu cyiza cyo kurya imyembe, ni uko isukura uruhu rw’umuntu bihereye imbere mu mubiri. Ni byiza kurya imyembe kuko ituma umuntu ahorana uruhu rwiza.

4. Imyembe igabanya urugero rwa diyabete

Kurya imyembe bifasha mu kugabanya urugero rwa diyabete.Ni yo mpamvu ari byiza ko abantu barwaye diyatete, bafata imyembe hagati y’itanu n’itandatu bakayibiza, bakayiraza igahora mu gitondo bakayungura umutobe wayo bakawunywa. Ikindi kandi, imyembe igira isukari nkeya, ku buryo iyo umuntu ayiriye ku rugero rwiza, idashobora kongera isukari mu maraso.

5. Imyembe ifasha mu mikorere myiza y’amaso agashobora kubona neza

Imyembe igira vitamine A ihagije, ni yo mpamvu ari urubuto rumwe mu zifasha amaso kubona neza.Ikindi kandi imyembe irinda amaso guhuma, bikanayarinda kuma(agahorana urugero rw’amarira rukenewe).

6. Imyembe ifasha mu igogora

Imyembe yifitemo ibyitwa “enzymes” bifasha mu migendekere myiza y’igogora, bikanarinda indwara z’igifu.

7. Imyembe yongera ubudahangarwa bw’umubiri

Imyembe yifitemo vitamine C na A n’izindi zitandukanye, izo zose ni zifasha umubir w’umuntu urya imyembe guhora ukomeye kandi ufite ubuzima bwiza.

8. Imyembe ifasha abantu bakunda kugira ikibazo cyo kwibagirwa cyane

Niba umuntu akunda kugira ikibazo cyo kunanirwa gukurikira (to concentrate) ndetse agakunda no kugira amazinda akabije, ibyiza ni uko yayoboka imyembe kuko izamufasha.

9. Imyembe ikungahaye ku butare bwa “Fer”, yongera amaraso

Kuba imyembe yifitemo “fer” nyinshi bivuze ko yongera amaraso, ni yo mpamvu ari umuti mwiza w’umwimerere ku bantu bakunda kugira ikibazo cyo kubura amaraso.Ikindi kandi abagore bagombye kurya imyembe cyane kugira ngo ibongerere amaraso ndetse na calcium mu mubiri.

10. Imyembe igabanya urugero rw’isukari mu maraso

Ubushakashatsi bwakozwe, bugakorerwa ku bantu bafite umubyibuho ukabije(obèses), bwagaragaje ko kurya umwembe bigabanya isukari nubwo umuntu ataba yatakaje ibiro.

11. Imyembe igabanya umuvuduko w’amaraso iyo uri hejuru

Kuko imyemye ikungahaye cyane ku butare bwa “magnesium” na et en “potassium” ndetse ikanagira urugero ruto rwa , “sodium”, ni yo mpamvu igira imbaraga mu kuringaniza umuvuduko w’amaraso.

12. Imyembe ituma ubwonko bugira ubuzima bwiza bugakora neza

Imyembe ikize cyane kuri “vitamine B6”, ni yo mpamvu ari urubuto rwiza cyane ku buzima bw’ubwonko bw’umuntu. Iyo “vitamine B6” kimwe na vitamine B, bifasha ubwonko gukora neza, bufasha imitsi itanga amakuru ku bwonko gukora neza, ndetse binafasha umuntu gusinzira neza.

13. Imyembe ituma umuntu agira amagufa akomeye

Imyembe yifitemo vitamine K,iyo ikaba ari vitamine ya ngombwa cyane ku buzima bw’amagufa, kuko ituma calcium yinjira mu magufa inyuze mu ruhu.Iyo umuntu abuze vitamine K bituma ashobora kugira ibyago byo kuvunika amagufa.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Hello, turabakurikira cyane,hano mumurenge wa Gahara i Kirehe, dukunda inyigisho mutugezaho,ark nifuzaga uburyo nyabwo bwokujya mbona inyandiko zanyu binyoroheye cyane cyne kubijyanye n,ubuzima turabashimiye.

Vedaste Niyotwiringiye yanditse ku itariki ya: 22-05-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka