Uwari myugariro wa FC Barcelona, Umufaransa Eric Abidal wari umaze iminsi afite uburwayi bw’umwijima yatangaje ku mugaragaro n’agahinda kenshi ko asezeye ku mupira w’amaguru.
Hashize iminsi Leta y’u Rwanda isaba Abanyarwanda kugira umuco wo kwakira neza ababagana, nka bumwe mu buryo bwo kubafasha kugera ku iterambere. Bamwe mu bacururiza mu isoko ryo mu mujyi wa Butare batugaragarije ko bumva neza icyo bagomba gukora.
Umuryango Imbuto Foundation wakoze ubukangurambaga ku ndwara ya malariya ku baturage batuye mu murenge wa Mageragere mu karere ka Nyarugenge kuri uyu wa Kane tariki 30/05/2013. Igikorwa cyaranzwe n’ibiganiro n’imikino bigamije kwerekana ububi bwa malariya.
Abahagarariye inzego z’urubyiruko mu karere ka Kayonza barasabwa kuba aba mbere mu kwitabira umurimo kugira ngo babere intangarugero urundi rubyiruko bahagarariye.
Imurikagurisha ryari kuba mu karere ka Nyamasheke kuva tariki ya 31/05/2013 kugeza ku ya 06/06/2013 ryasubitswe, nk’uko byemezwa n’ubuyobozi bw’Urugaga rw’Abikorera mu karere ka Nyamasheke ndetse n’ubuyobozi bw’aka karere.
Abasore batatu tutabashije kumenya amazina batuburiye umugenzi amafaranga ibihumbi 100 muri gare ya Kayonza baracika, ariko nyuma baza gufatirwa mu kabari bari bagiye kwiyakiriramo bakubitwa n’abaturage karahava mbere yo kugezwa kuri Polisi.
Raporo yashyizwe ahagaragara na Banki nyafurika itsura amajyambere (AfDB) ku bufatanye n’umuryango w’Abanyamerika Global Financial Integrity (GFI) igaragaza ko mu myaka 30 umugabane w’Afurika wabuze amafaranga arenga miliyari 1000 z’amayero.
Radiyo y’Abaturage Isangano ivugira i Rubengera mu karere ka Karongi yasuye umukecuru Nyiraminani Mariya ufite imyaka 79 warokotse Jenoside utuye mu kagari ka Mataba mu murenge wa Rubengera.
Bamwe mu bageni bo mu karere ka Bugesera bavuga ko bategekwa kuzana inyemezabuguzi z’ibishyingiranwa aba batahanye ku mugabo kugirango harebwe agaciro bifite kuko iyo umugabo asanze nta bintu azanye bifatika ahita asubizwayo.
Nshimiyimana Kayitani w’imyaka 29, yiciwe mu muhanda uva ku Ruyenzi werekeza i Gihara, mu rukerera rwa tariki 30/05/2013, ahagana saa cyenda n’igice z’ijoro. Mu bakekwaho kumwica basangiriraga mu kabari, umwe niwe umaze gutabwa muri yombi.
Abahanzi b’abanyarwanda Tom Close na Ama- G The Black bazagaragara mu gitaramo kizaba kirimo umuhanzi w’icyamamare mu gihugu cya Uganda Ragga Dee kikazabera i Kigali tariki 08-09/06/2013.
Umugabo witwa Twiringiyimana Stanislas afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Remera akurikiranyweho icyaha cyo kuburanira abandi (avoka) kandi atabifitiye uburenganzira.
Aborozi bo mu mirenge y’akarere ka Rutsiro iherereye ku ishyamba rya Gishwati bavuga ko amafaranga 80 bahabwa kuri litiro y’amata ari macye cyane bagereranyije n’ingufu ubworozi bwabo bubasaba ndetse n’agaciro k’ifaranga muri iki gihe.
Mu ruzinduko abasenateri bo muri komisiyo ishinzwe ubukungu bagirira mu karere ka Nyabihu tariki 29-31/05/2013 bagaragarijwe ikibazo cya SACCO zitanga inguzanyo zidakurikije amabwiriza yo gutanga inguzanyo.
Bimenyimana Remy wo mu karere ka Rusizi yahumye amaso yombi afite imyaka 12 ariko akora ibintu bitangaje kuko abasha kumenya aho ageze akoresheje amaso y’umutima ku buryo utamuzi washidikanya ko afite ubumuga bw’amaso.
Ubuyobozi bwa EWSA bugiye gutangira gukora isuzuma ry’amashyuza ngo barebe ko yatanga umuriro w’amashanyarazi wakongera uwari usanzwe mu Rwanda. Iri gerageza rizabera mu murenge wa Kabatwa mu karere ka Nyabihu.
Umuyobozi w’akagari ka Ijwi mu murenge wa kamember ari mu maboko ya Polisi akekwaho gufata ruswa y’amafaranga ibihumbi 120 yahawe n’abo yari yafatiye imitego ya kaningini itemewe.
Kuva tariki 01-15/06/2013 hazaba amarushanwa yo kwibuka abari abakunzi b’imikino mu Rwanda bazize Jenoside yakorewe Abatutsi. Aya marushanwa yateguwe na Minisiteri ya Siporo n’umuco ku bufatanye na Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) n’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB).
Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Kabahizi Célestin, aratangaza ko imihigo y’uturere twose tugize iiyo ntara igeze kuri 80%, kandi ko na 20% bisigaye nabyo bizagerwaho muri Kamena 2013.
Abana bo mu mudugudu wa Gakagati, akagali ka Rutungo, umurenge wa Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare bashinja ababyeyi babo kutita ku myigire yabo ariko ababyeyi bo bavuga ko biterwa n’amafaranga bacibwa n’ubuyobozi bw’ishuli ribanza barereraho.
Umunyamabanga nshingwabikorwa wa komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC), Dr Habyarimana Jean Baptiste, arasaba abasura inzibutso za Jenoside kutabikora nk’umuhango gusa kuko gusura izi nzibutso ari kimwe mu bishimangira ubumwe n’ubwiyunge.
Havugimana Emmanuel w’imyaka 35 y’amavuko wo mu mudugudu wa Nkuro mu kagari ka Vugangoma mu murenge wa Macuba afungiye kuri Station ya Police ya Kanjongo kuniga undi mugabo amushinja ko yamusambanyirizaga mushiki we.
Umusaza witwa Kajanja Jonas wo mu murenge wa Kabaya mu karere ka Ngororero arasaba ubufasha kuri Leta n’abafatanyabikorwa bayo mu by’ubuzima kugira ngo abashe kwivuza uburwayi bwo kutumva amaranye imyaka 19.
Minisitiri w’umutekano mu gihugu, Cheik Musa Fadhil Harerimana, arasaba abaturage bigishijwe gusoma, kwandika no kubara mu karere ka Gisagara kutihererana ubwo bumenyi kandi bukanababera intangiriro yo kwiteza imbere.
Nyuma y’aho shampiyona irangiriye, mu Rwanda ndetse no muri Uganda hakwirakwiye amakuru avuga ko Police FC yamaze guha akazi k’ubutoza umunya Uganda Sam Ssimbwa ndetse ko yaba yararangije gusinya amasezerano yo kuzayitoza imyaka ibiri ariko ubuyobozi bw’iyo kipe ntiburashyira ahagaragara ukuri nyako.
Uko umujyi wa Karongi utera imbere ni n’ako abagore n’abakobwa baho bagenda bajijuka bagatinyuka gukora imirimo yafatwaga nk’iy’abagabo gusa harimo kwihangira imirimo n’ubucuruzi butandukanye.
Ikipe ya AS Kigali y’abagore yegukanye igikombe cya shampiyona ku nshuro ya gatanu, iracyafite ikibazo cy’uko yitwara neza mu Rwanda ariko ikaba itajya isohoka ngo ihagararire u Rwanda mu mikino y’igikombe gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika (CAF Champions League).
Ubuyobozi bwa komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu burashimira Polisi y’igihugu ibikorwa igaragaza mu kubahiriza uburengenzira bw’ikirenwamuntu mu gihugu ndetse no hanze yacyo.
Mu mahungurwa barimo guhabwa n’umuryango mpuzamahanga uharanira gukemura amakimbirane mu mahoro (Search for Common Ground), abanyamakuru baturuka mu Rwanda, u Burundi na Congo baratangaza ko bajyiye kugira uruhare mu gukemura amakimbirane ari mu bihugu byabo bifashishije umwuga wabo.
Umuhungu na mushiki we bakomoka mu Kagali ka Huro, Umurenge wa Muhondo mu Karere ka Gakenke bamaze amezi atatu baryamana nk’umugabo n’umugore kandi bava inda imwe.
Umusore w’imyaka 20 wo mu murenge wa Kamembe yacunze umwana asohotse iwabo maze yica ingufuri yinjira mu nzu yiba matora ariko ubwo umwana wari ku rugo yagarukaga yahise asakirana na Havugimana yikoreye matora y’iwabo.
Umuyobozi ushinzwe igenamigambi mu mushinga wo gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi mu cyaro (EARP), Ngizwenayo Dieudonné yizeza ko buri karere ko mu Ntara y’Amajyaruguru kazaba gafite umuriro w’amashanyarazi ku gipimo kiri hejuru ya 10% mu mpera za 2013.
Bamwe mu Banyarwanda baba muri Amerika basabye Perezida Barack Obama kudasura igihugu cya Tanzaniya, niba umukuru wacyo Jakaya Kikwete ativuguruje kubera ibyo yasabye ko u Rwanda rwashyikirana n’umutwe wa FDLR.
Mudahigwa w’imyaka 55 wari utuye mu Kagali ka Kamonyi, Umurenge wa Rusasa mu Karere ka Gakenke yitabye Imana aguye mu muyoboro w’amazi y’urugomero rw’amashanyarazi ya Musarara ahita yitaba Imana.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 01/06/2013, Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sport buzatangiza kuzengurukana igikombe cya shampiyona iyo kipe iheruka kwegukana, hirya no hino mu turere tw’u Rwanda mu rwego rwo kukimurikira abakunzi bayo.
Guverineri wa Banki nkuru y’igihugu (BNR), Rwangombwa John, yasuye imishami rya banki nkuru y’igihugu mu karere ka Rusizi ndetse anareba uko imikorere imeze hagati y’ibigo by’imari n’abikorera.
Itsinda ryabantu bakora munzego zitandukanye bo mu gihugu cya Tanzania basuye abakora umwuga w’uburaya bo mu karere ka Rusizi bazwi ku izina ry’abatabazi uburyo bwiza bafite bwo kurwanda icyorezo cya SIDA.
Umukinnyi wa Cricket Srinath Vardhineni w’ikipe ya Challengers yabaye umukinnyi wa mbere watsinze amanota arenga ijana mu mukino umwe, ibi yabigezeho tariki 26/05/2013 mu mukino wahuje ikipe ya Challengers Cricket Club n’Indorwa Cricket Club mu gikompe Computer Point T20 Cup.
Mu baturage 2500 bakoranye n’umushinga Ibyiringiro wakoraga ibikorwa bitandukanye by’iterambere mu karere ka Bugesera, 60% babashije kuva mu bukene, bisunga ibimina bivuguruye bagura amasambu, amatungo, bibonera amacumbi, abandi barihira abana babo amashuri.
Umugabo witwa Yohani Uwihoreye utuye mu mudugudu wa Mututu mu murenge wa Nyarusange arashinjwa kwica abantu batatu ubwo yashakaga kwivugana umukuru w’umudugudu wamutanzeho amakuru avuga ko yatemye ibiti ku buryo butemewe.
Tuyishime Jibu arwariye mu bitaro bya Rubavu nyuma yo gutemagurwa na se amuhora ko amubajije uburenganzira ku mutungo wabo yarimo ajyana ku undi mugore yashatse.
Abaturage bo mu mudugudu wa Rukoro, akagari ka Kanyefurwe, umurenge wa Nyakiriba mu karere ka Rubavu barasaba ko amazi ava ku muhanda wa Musanze-Rubavu yashakirwa indi nzira kuko abangiriza.
Kuri uyu wa gatatu tariki 29/05/2013, u Rwanda na Lesotho byasinye amasezerano y’ubufatanye agamije kujya bihana amakuru n’ubumenyi bijyanye no guteza imbere imiyoborere myiza.
Umuyobozi w’akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodise, ahakana ko abarwayi bo mu mutwe bakomeza kugaragara mu karere ka Ngoma bufite aho buhuriye n’amarozi yakomejwe kuvugwa mu cyahoze cyitwa Kibungo.
Mu mudugudu w’Amabumba n’uwa Rugarama mu kagali ka Kinyonzo mu murenge wa Kazo haravugwa abantu biba bakahungabanya umutekano nijoro babanje gufungirana abantu bari mu mazu. Ngo barabanza bagashyira umwanda w’abantu (amabyi) imbere y’inzu.
Bamwe mu baturage twaganiriye,bibaza cyane aho insanganyamatsiko “Tekereza,Urye unibuka kuzigama” yagenewe umunsi mpuzamahanga w’ibidukiki ku isi ihuriye n’ibidukikije.
Bamwe mu baturage barwariye mu bitaro bya Kabgayi mu karere ka Muhanga barasaba umuryango Imbuto Foundation ko wajya ubakorera ubuvugizi maze bakajya bahabwa inzitiramubu hakiri kare kuko ngo ziza izindi zarashaje.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) riratangaza ko amakipe 18 y’abagabo n’abagire yo mu Rwanda, Burundi, Kenya, Uganda, Tanzania na Congo Brazzaville yemeje ko azitabira irushanwa ryo kwibuka abari abakinnyi, abayobozi ndetse n’abakunzi ba Volleyball bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.