Umuyobozi wa Gisirikare w’Umutwe wa M23 imaze iminsi yigaruriye umujyi wa Goma na Bukavu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, General Sultani Makenga yavuze ko Perezida wa Congo Felix Tshisekedi ari ibandi, umuyobozi utitaye ku bibazo by’abaturage.
Umunyemari Mironko François Xavier yatsinzwe urubanza yarezemo Leta y’u Rwanda aho yayishyuzaga Amafaranga arenga miliyari 18 Frw ajyanye n’isoko yahawe na Leta yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi ryo kuyiha ibikoresho bya gisirikare hagati y’umwaka wa 1993 na 1994.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yasobanuye uburyo Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yahinduye gahunda y’amahoro yari yasinyiye nk’umuyobozi w’Umuryango wa Afurika y’i Burasirazuba (EAC) akajya kurwana urugamba ridakwiriye ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihanganye (…)
Abakuru b’ibihugu by’Umuryango wa Afuria y’Uburasirazuba n’ab’umuryango wa Afurika y’Amajyepfo bahuriye i Dar-es-Salam muri Tanzaniya, mu nama yiga ikibazo cy’Umutekano mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.
Umunsi wari utegerejwe n’akarere k’Ibiyaga bigari ndetse n’umuryango w’ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika wageze.
Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA), yahagaritse imirimo mu gihe cy’amezi atandatu kubera ikibazo cyo kubura Ingengo y’Imari.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabwiye bagenzi be b’ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba ko bidatangaje kuba ikibazo cyo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo kigeze ku rwego kiriho uyu munsi.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame yavuze ko yahagaritse gahunda yo kwitabira inama yagombaga kumuhuza na mugenzi we wa Repuburika Iharanira Demokarasi ya Kongo n’umuhuza i Luanda muri Angola, kuko yabonaga harimo imyifatire iciriritse ku bayobozi ba Kongo.
Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda yasabye ba Minisitiri b’Ingabo n’umutekano mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba gufata umwanya bagasuzumira hamwe ibibazo bibangamiye amahoro n’umutekano muri Afurika.
Impuguke mu bya Politiki na Dipolomasi ivuga ko kuba Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, ataritabiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ku wa Gatandatu tariki 30 Ugushyingo 2024, bishobora kuba bivuze ko icyo gihugu cyifuza gusohoka muri uwo (…)
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda, irashima uruhare rw’abatwara amagare batabigize umwuga bazenguruka ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (Great Africa Cycling Safari), mu bukangurambaga bugamije kumenyekanisha ibikorwa by’uyu Muryango.
Perezida wa Kenya, Dr William Ruto, yagize Dr Peter Mutuku Mathuki wari Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) kuba Ambasaderi wa Kenya mu Burusiya.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Gen (Rtd) James Kabarebe, yitabiriye Inteko Rusange ya Gatanu y’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EALA.
U Rwanda rwahawe inshingano zo kuyobora umutwe w’Ingabo zihora ziteguye gutabara mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EASF) mu nama yabereye i Nairobi muri Kenya, yahuje ba Minisitiri b’Ingabo bo mu bihugu byo muri aka Karere.
Ubuyobozi bw’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), wasabye ibihugu binyamuryango kuzirikana ko impamvu shingiro yawo ari ugushyira imbere ubufatanye bugamije guteza imbere inyungu rusange n’imibereho myiza y’abaturage b’uyu muryango.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Gen (Rtd) James Kabarebe, yitabiriye inama ya 44 y’Abaminisitiri ba EAC i Arusha, muri Tanzania.
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, umutwe w’Abadepite, Hon. Mukabalisa Donatille, yitabiriye inama ya 16 ya Biro y’abahagarariye Inteko zishinga Amategeko mu bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ndetse n’Inteko Ishinga Amategeko y’uyu muryango (EALA).
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Gen (Rtd) James Kabarebe, yakiriye Umuyobozi Mukuru ushinzwe ibikorwa bya Guverinoma muri Kenya, Musalia Mudavadi.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, ku wa Kabiri tariki ya 30 Gicurasi 2023 yageze i Bujumbura mu Burundi, aho yitabiriye Inama ya 21 idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Inama y’Abakuru b’Ibihugu birindwi bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yategetse impande zose zishyamiranye mu Burasirazuba bwa Congo (DRC), guhagarika imirwano byihuse hagatangira ibiganiro.
Perezida Paul Kagame yitabiriye inama ibera mu Burundi kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 4 Gashyantare 2023 ihuje Abakuru b’Ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) biga ku mutekano muke urangwa mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Umunyamabanga Mukuru Wungirije ushinzwe Imiyoborere n’Imari mu Muryango w’Ibihugu bya Afurika y’Uburasirazuba (EAC), Bazivamo Christophe, yateguriwe ibirori byo kumusezeraho no kumushimira akazi yakoze, dore ko muri uku kwezi kwa cyenda azasoza manda ye.
Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) yamaze kwinjizwa mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bidasubirwaho, nyuma yo kuzuza ibyo yasabwaga byose. Mu gikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 11 Nyakanga 2022, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa RDC, Christophe Lutundula Apala, yashyikirije umunyamabanga mukuru wa (…)
Inama yahuje abakuru b’ibihugu byo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC, yabereye i Nairobi muri Kenya kuri uyu wa Mbere tariki 20 Kamena 2022, yigaga ku bibazo by’umutekano, yemeje umwanzuro wo kohereza ingabo zihuriweho mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, kuri uyu wa Mbere tariki 20 Kamena 2022, yageze muri Kenya yakirwa na mugenzi we Uhuru Kenyatta, aho yitabiriye Inama yiga ku bibazo by’umutekano iri kubera i Nairobi muri Kenya.
Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, basabye imitwe yitwaje intwaro yose yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) gushyira intwaro hasi, bitabaye ibyo ikagabwaho ibitero n’ingabo z’Akarere kose.
Inama y’Abaminisitiri b’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yemeje ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DR Congo) yinjira muri uyu muryango. Icyemezo kije gikurikira imishyikirano yabaye hagati ya EAC na DRC kuva tariki 15 kugeza 24 Mutarama 2022 i Nairobi.
Umuryango uhuza ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC) wifatanyije n’Abanyatanzaniya bagize ibyago byo kubura Perezida w’Igihugu cyabo, Dr John Pombe Magufuli, witabye Imana azize indwara y’umutima nk’uko ubuyobozi bw’icyo gihugu bwabitangaje. Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 17 Werurwe 2021 nibwo Visi Perezida wa (…)
Inteko isanzwe ya 21 y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba(EAC), yayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 Gashyantare 2021, yasimbuje ubuyobozi bw’uyu muryango, bukaba bwahawe igihugu cya Kenya.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame akaba ari na we uyoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 Gashyantare 2021 yayoboye inama ya 21 isanzwe y’abakuru b’ibihugu bigize uyu muryango.